Ku gicamunsi cya tariki 07/02/2013, Abanyarwanda 48 barimo abasirikare babiri bahoze muri FDLR bageze mu nkambi ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi bavuye mu mashyamba yo muri Congo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaya umurenge wa Nyarusange kuba ariho hasigaye akagari katagira inyubako gakoreramo. Akagari ka Rusovu nta nyubako gafite gakoreramo yako kuko aho gakorera ari ahantu katiye.
Imiryango 50 yo mu mirenge itanu yo mu karere ka Burera, harimo n’iy’abasigajwe inyuma n’amateka ndetse n’iy’ababana n’ubumuga, tariki 07/02/2013, yagabiwe inka kugira ngo ive mu bukene, igire imibereho myiza.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yakoranye inama n’abaturage 25 bafite isambu mu murenge wa Runda uruganda Ruliba Clays LTD rushaka gucukuramo ingwa, maze abamenyesha ko akarere kemeye kubaha ingurane maze kakaziyumvikanira na Ruliba.
Umuryango Zonta International uri gusura ibice bitandukanye by’igihugu mu rwego rwo kureba uko inkunga utera u Rwanda binyuze mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bana (Unicef) ikoreshwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burashima abafatanyabikorwa b’umushinga w’Ababiligi PROTOS ko bafasha akarere mu bikorwa cyane cyane by’iterambere ry’icyaro birimo isuku n’isukura, kugeza amazi meza ku baturage, kwita ku bidukikije, guca amatelasi y’indinganire n’ibindi.
Komite zishinzwe imiturire mu turere zirasabwa gukorera hamwe zikamenyekanisha gahunda ya Leta y’imiturire ivuguruye kugirango gahunda y’iterambere ry’imijyi n’imiturire ivuguruye mu cyaro igerweho mu gihe cyateganyijwe muri gahunda ya kabiri y’imbaturabukungu no kurwanya ubukene (EDPRS 2).
Abaturage bo mu murenge wa Musebeya mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko iyo abayobozi babasanze iwabo mu mirenge bagafatanya gukemura ibibazo mu ruhame ibibazo byari byarananiranye bikemuka vuba kandi mu buryo bunoze.
Ubuyobozi bw’abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugaragaza amahirwe yo gushora imari muri uyu murenge kuko ufite amahirwe menshi yo gukorerwamo ubucyerarugendo n’amahoteli.
Umuvugizi w’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Congo (MONUSCO) yanyomoje amakuru yatanganzwe n’umuvugizi w’imiryango itagengwa na Leta yo muri Congo wavuze ko ingabo za M23 zavuye mu duce zirimo zigasatira umujyi wa Goma zibifashijwemo n’ingabo z’u Rwanda.
Imiryango 48 yabanaga bitemewe n’amategeko hamwe n’abiteguraga kurushinga basezeranye imbere y’amategeko tariki 06/02/2013 mu kagari ka Cyanya mu murenge wa Kigarama ho mu karere ka Kirehe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu buvuga ko mu rwego rwo gushakira umutekano amakamyo ajyana ibicuruzwa muri Congo akunze gutinda ku mupaka bwashyizeho ahantu agomba kuruhukira nubwo hatajyanye n’igihe.
Ministiri w’Ubuholandi ushinzwe ubucuruzi bwo mu mahanga n’ubutwererane, Mme Liliane Ploumen, wasoje uruzinduko yagiriraga mu Rwanda tariki 06/02/2013, yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Ministeri y’ibikorwa remezo (MININFRA), yo guteza imbere ingendo z’indege z’Ubuholandi n’iz’u Rwanda.
Abagize ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere ka Burera (JADF Burera) basinyanye imihogo n’umuyobozi w’akarere ka Burera mu rwego rwo gukomeza guteza imbere ako karere hibandwa ku guteza imbere ishoramari.
Itsinda ry’abanyeshuri biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama, tariki 05/02/2013, basuye akarere ka Ngoma mu rwego rwo gusobanukirwa imikorere y’inama njyanama y’akarere ndetse n’uruhare ikorana buhanga ryagize mu kugirango akarere kagere ku iterambere.
Bamwe mu bafatanyabikorwa mu kurwanya imirimo ikoreshwa abana bitabiriye inama ibera i Kigali kuva tariki 06/02/2013, bemeza ko imibereho mibi mu miryango ari yo ituma abana bata ishuri bakajya gukora imirimo y’ingufu.
Ubuyobozi bw’uturere twa Rutsiro na Karongi, tariki 05/02/2013, basuye ikiraro kiri ku mugezi wa Muregeya ugabanya utwi turere cyari kimaze gusenyuka mu rwego rwo kureba icyakorwa ndetse no gufata ingamba zo gukumira impanuka zaterwa n’icyo kiraro.
U Rwanda ruzakomeza gukorana n’igisilikare cy’u Buholandi mu guhanahana ubumenyi, nk’uko byemejwe, nyuma y’ibiganiro Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Gen. James Kabarebe yagiranye n’ushinzwe ibikorwa by’ingabo mu Buholandi, kuri uyu wa gatatu tariki 06/02/2013.
Kapiteni Mbarushimana Jean Damascene wo mu mutwe wa FDLR yatahutse mu Rwanda ku mugoroba wa tariki 05/02/2013 yinjiriye ku mupaka wa Rusizi ya mbere. Ngo yaje aturutse muri zone ya Mwenga kandi yaje atorotse.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo buratangaza ko bwishimira muri rusange ibikorwa by’iterambere bikomeje kugenda byiyongera muri aka karere, nyuma y’aho igishushanyo mbonera cy’akarere gishyiriwe ahagaragara.
Umusaza Bihigifuku wavutse mu 1921 akaba atuye mu Kagari ka Munanira mu Murenge wa Rutare mu karere ka Gicumbi ari mu bantu ba mbere babashije gutunga imodoka mu Rwanda ku ngoma y’umwami Rudahigwa.
Minisitiri w’u Buholandi ushinzwe Ubucuruzi n’Ubutwererane, Liliane Ploumen, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 05/02/2013, yageze mu Rwanda mu ruzinguko rw’iminsi ibiri, rugamije kuganira ku bijyanye n’ubutwererane n’ubufatanye buranga ibihugu byombi.
Nyuma y’ukwezi kumwe rwinjiye mu kanama gashinzwe umutekano ku isi mu muryango w’abibumbye, u Rwanda rwatangiye kumvikanisha ibitekerezo byarwo ndetse runasaba impinduka mu imikorere y’aka kanama.
Ntirenganya Ildephonse ubuna n’ubumaga, aravuga ko ashimishijwe cyane no kuba ubuyobozi bwarafashe icyemezo cyo kumusubiza ikarito ye bwari bwaramwambuye.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yashimiye uwari ambasaderi w’Ubuyapani, Kunio Hatanaka, washoje imirimo ye yari amazemo imyaka itatu mu Rwanda, akaba asize ishuri rikuru ryigishirizwamo gukemura amakimbirane (Rwanda Peace Academy) ryuzuye, ku nkunga ya Leta y’Ubuyapani.
Abantu bagera kuri 50 bahoze ari abakozi b’isosiyete China Road and Bridge Corporation bakoze mu kazi ko kubaka umuhanda Muhanga-Ngororero-Mukamira bavuga ko bambuwe amafaranga bagiye bakatwa ku mishahara yabo nk’ingwate ijyanye n’akazi kabo.
Umubikira wo muri kominote y’abadiyakonese (communauté de Diaconesse de Rubengera) mu karere ka Karongi yafashe icyemezo kitoroshye cyo kujya mu ishyirahamwe ry’indaya kugira ngo abashe kuzigarura mu nzira nziza.
Mu misozi n’ibishanga bitandukanye byo mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Rutsiro, abana bato barimo abafite munsi y’imyaka 10 hamwe n’abagabo barimo abafite imyaka kugeza kuri 60, bacukura ijoro n’amanywa amabuye y’agaciro arimo gasegereti, colta na wolfram mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Murenge wa Rusasa, Akarere ka Gakenke bagaragaje ku buryo busanzwe ko bakunda Uwimana Emmanuel, umunyamakuru wa ORINFOR ukorera Radiyo y’Abaturage ya Musanze kubera ibiganiro abagezaho.
Mu karere ka Karongi batangiye gusiza ikibanza cy’ahazubakwa inzu y’urubyiruko y’ibyumba 25 izubakwa mu byiciro, icya mbere kikazatwara miliyoni 120FRW ku nkunga ya World Vision.