Abanyarwanda biganjemo abana n’abagore bambutse umupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, bavuye mu mashyamba ya Congo. Batangaje ko batahutse kubera ubuzima bubi babagamo kandi igihugu cyabo gitekanye kinatera imbere.
Umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi Gatera Stanley yasohotse muri gereza nyuma y’umwaka afunze.
Urubyiruko ruri mu mashuri makuru na kaminuza ruravuga ko gutora abadepite bitakagombye gutorwa binyuze mu mitwe ya politike, ahubwo bakifuza ko umuntu wese wifuza kuba umudepite yakwiyamamaza ku gite cye.
Umuyobozi w’itsinda ririmo gusuzuma imihigo mu karere ka Nyamagabe, Sibomana Saidi, yatangaje ko imihigo ituma inzego zikora ariko ahanini ikaba igamije guhanga udushya dutandukanye, no kureba ubushobozi bw’abakozi.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa (JADAF) b’akarere ka Gicumbi riramurika ibintu bitandukanye abafatanyabikorwa b’ako karere bafasha mu iterambere ryako. Iri murikabikorwa rizamara iminsi itatu ryatangiye tariki 26/07/2013
Hagiyeho itsinda rigamije gusuzuma ibyangombwa bisabwa abaturage mu bigo bya Leta kugira ngo ibyo bizagaragara ko bibangamira abaturage bikanabatinza mu kubona serivisi bifuza mu buryo bwihuse bikurweho.
Ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita kumiturire (UN Habitat), akarere ka Ngororero kagiye gutangira gahunda yo kwita ku mijyi no kuvugurura imiturire ndetse no gucunga neza ubutaka.
Abagororwa 109 bo muri gereza ya Nyanza bahawe impamyabumenyi ziri ku rwego mpuzamahanga mu bijyanye n’inyigisho y’igitabo cya Bibiliya kugira ngo ubwo bazaba barangije ibihano bakatiwe n’inkiko bazavemo abavugabutumwa, abapasiteri n’abandi bakozi b’Imana.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Madame Louise Mushikiwabo, asanga harabaye ibiganiro byinshi ku kibazo cya Congo, ku buryo noneho abantu bakwiye gutangira ibikorwa bifatika bigamije kurangiza ikibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo.
Abanyeshuri bo muri kaminuza ya Kenya Mount Kenya nabo bakusanyije inkunga y’amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyoni ebyiri zo gufasha kubakira batishoboye basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidele Ndayisaba, arasaba abagore bo mu murenge wa Gatsata babashije kwiteza imbere nyuma yo kuva mu mirimo yabandagazaga mu muhanda, gufasha bagenzi babo batarabona ayo mahirwe kugira ngo nabo bazamuke.
Abayobozi b’akarere ka Rwamagana baravuga ko noneho bizeye kuzaserukana umwanya mwiza mu kwesa imihigo 48 bari bahigiye Perezida wa Repubulika, dore ko mu myaka yashize ako karere kakunze kuza mu myanya iri inyuma ya 20.
Mu igenzura ry’imihigo y’akarere ka Rubavu 2012-2013, ubuyobozi bw’ako karere bwagaragaje imbogamizi buhura nayo irimo kuba bamwe mu baturage batitabira gahunda y’ubwisungane mu kwivuza kubera gukoresha imiti ya magendu bagura mu mujyi wa Goma.
Abayobozi b’ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko mu nama y’ibihugu byo mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR), bateraniye i Kigali kuva 24-25/07/2013, aho bajya impaka ku myanzuro bazashyikiriza abakuru b’ibihugu byabo, basaba ko habaho gukemura mu buryo bwa politiki, amakimbirane n’intambara bibera mu bihugu bigize ICGLR.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 24/07/2013 mu Karere ka Gakenke hatangijwe ku mugaragaro umushinga “Umugore arumvwa” wa Care International ifatanyije na Haguruka ugamije kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Umuryango w’Abibumbye wagaragaje icyizere ufitiye u Rwanda muri gahunda z’ubukungu, uhuriza hamwe inkunga zanyuraga mu miryango yayo itandukanye. Ku ikubitiro watanze miliyoni 400 z’amadolari y’Amerika azakoreshwa mu myaka itanu.
Niyodusenga Christine ufite imyaka 10 na Uwamahoro Chance w’imyaka 7 bose bo mu kagali ka cyome mu murenge wa Gatumba akarere ka Ngororero bitabye Imana saa munani tariki 24/07/2013, baguye mu mugezi wa Nyabarongo.
Kompanyi ikora ibikorwa byo gucunga umutekano w’abantu n’ibintu yitwa RGL (Rwanda Garden and Landscaping Security Company) igiye gutanga akazi ku bantu 200 bavuye ku rugerero bazwi ku izina ry’Inkeragutabara, mu bikorwa byo gucunga umutekano.
Mu ruzinduko rw’umunsi umwe umuyobozi w’intara y’Amajyepfo Munyantwari Alphonse yagiriye mu karere ka Ruhango abaturage bamugaragarije ibyishimo baterwa na Leta y’ubumwe kuko yatumye bashobora kwigeza ku bikorwa by’iterambere kandi mu gihe gito.
Mu gihe bikunze kubera abantu urujijo ukuntu uturere duhiga imihigo nyuma tukavuga ko twayesheje ku gipimo gisaga 100%, Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, avuga ko ibi bishoboka kandi atari ugukabya ahubwo ko biterwa n’imbaraga nyinshi abantu bagenda bashyira mu mihigo no kwiyumvamo inshingano (…)
Ihuriro ry’abagore bo muri Congo, u Rwanda n’u Burundi (La synergie des femmes pour la paix et reconciliation des peoples des grands lacs d’afrique) ngo rimaze gutera intabwe ishimishije kuko ngo basigaye bambukiranya imipaka badafite ubwoba kuko ngo baba bafite bagenzi babo basangayo.
Umukiristu wavuze mu izina ry’abandi mu muhango wo kwimika Mgr Antoine Kambanda tariki 20/07/2013 yavuze ko umushumba babonye aziye igihe kandi ko adakwiye guterwa ikibazo n’ibibazo bikiri muri iyi diyosezi kuko abakiristu n’abapadiri bahinduye imyumvire.
Nyuma y’igenzura ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013 mu karere ka Ngororero, abakozi b’ako karere bashimiwe ko hari imihigo imwe nimwe bahiguye kugipimo kiruta kure icyo bari barihaye.
Amapfa yibasiye imwe mu mirenge igize akarere ka Kayonza, ndetse n’indwara y’uburenge yamaze amezi hafi atandatu muri ako karere kakanashyirwa mu kato ngo nibyo byatumye ako karere kesa imihigo ku gipimo cya 95,3% aho kuba 100% nk’uko bari babyiyemeje.
Kuva tariki 22-28/07/2013 mu karere ka Nyamagabe hazatahwa ibikorwa byagezweho mu mihigo y’umwaka wa 2012-2013, iki cyumweru kigasozwa n’isuzuma ry’imihigo rizakorwa n’itsinda riturutse ku rwego rw’igihugu.
Abagize umudugudu wa Kanserege ya kabiri mu murenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro tariki 21/07/2013 basuye urugomero rwa Ntaruka mu karere ka Burera mu rwego rwo kurebera hamwe uburyo hakumirwa ikibazo cy’inkongi y’umuriro imaze iminsi ibera mu turere dutandukanye mu gihugu.
Abakozi ba sosiyete zifite inkomoko muri Afrika y’Epfo, bizihije isabukuru y’amavuko ya Nelson Mandela tariki 18/07/2013 basiga irange ku ishuri Groupe Scolaire de Bisate, riherereye mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze.
Guhanahana amakuru no kunoza serivise zihabwa abaturage hagamijwe iterembere ryabo nizo ntego zihawe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye mu murenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare ubwo basozaga umwiherero w’iminsi ibiti tariki 19/07/2013.
Umusore w’Umunyarwanda witwa Samuel yafatiwe mu mujyi wa Goma taliki 20/07/2013 n’ingabo za Congo zimutwikisha amakara ubundi ziramubohera amaboko inyuma ziramukubita zimusaba kwemera ko ari umusirikare w’u Rwanda.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR), Antoine Ruvebana, yatangaje ko u Rwanda ruri gukora ibishoboka ngo impunzi z’Abanyecongo bari mu nkambi ya Nkamira babone aho bajyanwa kuko aho bari babayeho nabi.