Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro bavuga ko bamaze imyaka ibiri barakusanyije amafaranga kugira ngo bahabwe umuriro w’amashanyarazi none barasaba ko ibikorwa byo kubegereza umuriro byakwihutishwa.
Kuva saa yine z’igitondo kuri wa 01/08/2013 inzego z’umutekano wa Congo zatangiye gufunga umupaka muto uhuza Gisenyi na Goma ku bantu bava mu Rwanda bajya Goma mu gihe ku ruhande rw’abava Goma binjira mu Rwanda nta kibazo bagira.
Komisiyo y’igihugu y’amatora iributsa abaturage ko igihe cy’amatora y’abadepite cyegereje, ikaba ibasaba kwireba ku rutonde rw’abantu bemerewe gutora kugirango ku munsi w’itora batazabuzwa amahirwe yo gutora abakandida babo.
Ubwo hatangizwaga ku mugaragaro umushinga ““Umugore Arumvwa” mu karere ka Gatsibo, Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Uwimpuhwe Esperence yagarutse ku gaciro k’umugore mu muryango Nyarwanda.
Ikigo gishinzwe ingufu, amazi, isuku n’isukura (EWSA) cyatangaje ko kubera ubucye bw’amazi muri iki gihe cy’impeshyi, cyashyizeho uburyo bwo kuyasaranganya mu bice bitandukanye bya Kigali.
Abasore 9 b’abanyeshuri biga ubuganga mu mujyi wa Goma kuri uyu wa gatatu tariki 31/07/2013 bafatiwe ku mupaka muto uhuza u Rwanda na Congo bazira ko Umunyecongo yafashwe n’inzego z’umutekano w’u Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB), cyatangaje igipimo cy’imiyoborere mu Rwanda (Rwanda governance scorecard) kuri uyu wa kabiri tariki 30/7/2013, aho kigaragaza ko umutekano, kugendera ku mategeko, uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa, uburenganzira bwa politiki n’ubwisanzure, byateye imbere cyane mu mwaka wa 2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwatangaje ko impunzi z’Abanyekongo 320 zahungiye mu murenge wa Busasamana zigiye kujyanwa mu nkambi ya Nkamira kugira ngo HCR ikorera mu Rwanda ivugane na HCR ya Congo zisubizwe mu gihugu cyabo.
Itsinda ryari rimaze iminsi ibili mu karere ka Karongi risuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imihigo y’umwaka wa 2012-2013, riratangaza ko akarere ka Karongi gahagaze neza, ariko ngo hari ibigomba gukosorwa mu mikorere ya raporo y’imihigo.
Nadja Huempfer w’imyaka 20 ufite ubwenegihugu bw’Ubudage akagira mama we w’Umudage na Papa we w’Umunyarwanda yabashije kumenya umuryango se akomokamo nyuma y’igihe kirekire awushakisha.
Nyuma y’uko Perezida Kagame yeguriye abaturage 3277 bo mu mirenge ya Buruhukiro, Gatare na Nkomane ubutaka bari baratijwe na Leta, kuri uyu wa kabiri tariki 30/07/2013 bashyikirijwe ku mugaragaro ibyangombwa by’ubwo butaka bubanditsweho.
Kuri uyu wa 30/07/2013, mu kigo cya gisirikare cya Gako mu karere ka Bugesera, hatangijwe icyiciro cya 6 cy’itorero ry’urubyiruko rw’abanyarwanda baba mu mahanga rwitwa Indangamirwa.
Umusaza Barangirana Edouard, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, araburira abagabo bakunda gukubita abagore babo ababwira ko inkoni itubaka urugo ko ahubwo irusenya burundu.
Mu mwaka wa 2011-2012 Leta yungukiye urwego rushinzwe amagereza (RCS) amafaranga miliyoni 40 nka 10% baba bemerewe kubera ibikorwa bibyara inyungu abagororwa bakoze bikinjiriza Leta amafaranga. RCS itangaza ko n’ay’uyu mwaka ari hafi kubageraho.
Urubyiruko rugera ku 1200 ruvuye mu maparoisse yose agize diyosezi Gatolika ya Kibungo barahurira muri Paroisse ya Rukira muri forum izaberamo ibikorwa nko gusenga, gukangurira urubyiruko kwirinda ibiyobyabwenge ndetse no kurutoza kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge.
Abanyarwanda 77 bari barahungiye mu ntara ya Kasai muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bakiriwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu tariki 30/07/2013.
Niyonsaba Jerome wari umukozi w’akarere ka Nyamasheke ushinzwe ubugenzuzi bw’imbere mu karere (internal auditor) yirukanwe burundu mu bakozi b’aka karere nyuma yo guhamwa n’amakosa y’agasuzuguro gakabije ndetse no kwiha inshingano zinyuranyije n’inyungu z’akazi yakoraga.
Umusaza Mujyemana ubana n’umugore we bose bageze mu zabukuru, baracumbitse nta mikoro bafite, ariko kuri ubu barashimira igikorwa cy’urubyiruko rw’abasukuti rwitanze rukaba rurimo kububakira inzu.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arasaba abakirisitu Gatolika gushyigikira gahunda za Guverinoma zigamije iterambere ry’umuturage ariryo ry’igihugu muri rusange, cyane ko iri dini rifite abayoboke benshi mu gihugu.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbitse mu nkambi ya Kigeme mu karere ka Nyamagabe ziri gukurwa mu mazu ya Shitingi zikubakirwa inzu zikomeye kurushaho hagamijwe kuzituza mu buryo buziha umutekano n’umutuzo.
Ministiri w’Ingabo, Gen James Kabarebe, yavuguruje ibivugwa ko Ingabo zari iza RPF-Inkotanyi, ndetse na nyuma y’aho zibaye Ingabo z’u Rwanda, ko zishe Abahutu mu Rwanda no muri Kongo.
Abafite ubumuga bwo kutabona bo mu karere ka Rubavu bifatanyije n’abandi mu bikorwa by’umuganda bisoza ukwezi maze babumba amatafari yo kubakira umuturage utishoboye nawe ufite ubumuga bwo kutabona mu murenge wa Rubavu.
Guverineri w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, arasaba Abanyarwanda bajya muri Congo cyane cyane mu mujyi wa Goma kugabanya ingendo bahakorera kuko n’abayobozi baho ntacyo bashaka gukora ku ihohoterwa Abanyarwanda bakorerwa mu mujyi wa Goma.
Ubutumwa bwo kugira umutima ufasha, urukundo n’ubwitange nibwo bwagarutsweho mu gikorwa cyahuje Abaislam bo mu karere ka Nyagatare n’abarwariye mu itaro by’aka karere aho basangiye ifunguro rizwi ku ifutari tariki 28/07/2013.
Ibi ni ibyagarutsweho n’abayobozi bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge, mu muganda wabaye tariki 27/7/2013; aho bibukijwe kwita ku ndangagaciro zibereye Umunyarwanda kuko ari byo bizatuma bagera ku mibereho myiza yo soko y’iterambere nyakuri.
Urubyiruko rukwiye kugira uruhare mu bikorwa by’iterambere kuko arirwo mbaraga z’igihugu, nk’uko bivugwa n’abagize itsinda ry’urubyiruko rya YCEG (youth Challenge Entertainement Group) ryo mu karere ka Kayonza.
Ubwo abagize Inama Njyanama y’akarere ka Karongi bagiranaga ikiganiro n’ibitangazamakuru 10 byo mu Rwanda tariki 26/07/2013 bagaragaje ko bishimira ko abaturage b’ahahoze hitwa Kibuye, ubu batakiri mu bwigunge bari barahejejwemo na Repubulika ya mbere n’iya kabili.
Guverineri w’intara y’Uburengerazuba yifatanyije n’abaturage b’umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Nyakanga aboneho akanya ko gusaba Abanyakarongi guha agaciro ubutumwa bahabwa nyuma y’umuganda.
Imbaraga zo kumvwa abahanzi n’abanyamakuru bafite zitezweho guhindura imyumvire y’abaturage no gukemura impaka zijyanye n’ubumwe n’ubwiyunge, kuko ngo umuhanzi abonwa nk’umuhanuzi n’umuhuza, mu gihe umunyamakuru afatwa nk’umukangurambaga.
Abanyarwanda biganjemo abana n’abagore bambutse umupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 26/07/2013, bavuye mu mashyamba ya Congo. Batangaje ko batahutse kubera ubuzima bubi babagamo kandi igihugu cyabo gitekanye kinatera imbere.