Inama y’igihugu y’urubyiruko iratangaza ko ku isi hose urubyiruko ruhunga ibihugu bikenye rugana mu bihugu bikize rugera kuri miliyoni 175, muri aba 30% bakaba ari urubyiruko rukomoka muri Afurika.
Bamwe mu Banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bakomoka mu majyaruguru y’u Rwanda baravuga ko mu gihe cyose bamaze muri icyo gihugu batigeze bafatwa neza, kuko babayeho mu buzima bwo kwirukanwa aho bagendaga batura hose.
Perezida Bill Clinton wahoze ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika aratangaza ko abashinja u Rwanda gufasha abarwanya Leta ya Kongo babihera ku marangamutima no kwirengagiza ukuri kuko ngo nta bimenyetso bibihamya bafite.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali, ku bufatanye n’ikigo gishinzwe igenzura mikorere (RURA), hamwe n’abashinzwe gutwara abantu; barizeza ko gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange bizagera no mu mihanda mito mito, ku buryo ngo byafasha abantu kuzigama amafaranga bakoreshaga kuri moto, tagisi ‘voiture’ n’imodoka zabo bwite.
Ubuyobozi bw’itorero Peresibiteriyene mu Rwanda (EPR) burasaba abakrisito n’Abanyarwanda muri rusange gusenga kandi bagakora kugira ngo barusheho kwiteza imbere kuko iyo abakirisitu bafite imibereho myiza bifasha n’itorero gutera imbere.
Kuri uyu wa mbere tariki 12/08/2013, mu kigo cya gisirikare cya Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kabarore, hatashywe ku mugaragaro ikigo kizajya gitanga amasomo ya gisirikare cyahawe izina rya “Gabiro Combat Training Center”.
Abagenerwabikorwa b’umuryango w’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 (AVEGA) batuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza bavuga ko ubuvugizi bakorerwa n’uyu muryango bwabavanye mu kutishobora bukabageza mu kwigira.
Ubuyobozi bwa Congo bushyinzwe impunzi bwageze mu Rwanda kuri uyu wa mbere taliki 12/08/2013 gukurikirana ikibazo cy’impunzi 666 z’Abanyecongo bahungiye mu Rwanda kubera intambara yahuje umutwe wa M23 n’ingabo za Leta ya Congo.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare, burasaba abanyeshuri n’abarimu bo mu ishuri rikuru INES Ruhengeri kwifashisha imibare igaragazwa n’iki kigo, mu gihe bakora ubushakashatsi butandukanye.
Umusore witwa Kavejuru ahamya ko yakize uburwayi bw’ijisho yari afite kuva mu mwaka wa1995 kugera mu mwaka wa 2012 abikesheje amasengesho ya Padiri Ubald Rugirangoga wo muri Paruwasi wa Mushaka mu karere ka Rusizi.
Abanyarwanda babaga mu gihugu cya Tanzaniya batangiye gutahukana amatungo yabo aho kuri uyu wa 11/08/2013, ku mupaka wa Rusumo hambutse inka ziri hagati ya 2000 na 2500.
Mu gihe hasigaye ukwezi n’iminsi mike ngo habeho amatora y’abagize inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, imyiteguro irarimbanije. Ariko, kugira ngo byose bizagende neza, komisiyo y’igihugu y’amatora irasaba abayobozi b’inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano kubafasha.
Kamanzi Jean Marie Vianney w’imyaka 41 yatawe muri yombi tariki 08/08/2013 aha ruswa y’ibihumbi 50 umuyobozi wa Sitasiyo ya Polisi ya Ruli kugira ngo ahabwe moto yafashwe na Polisi.
Bihereye mu karere ka Rubavu, mu ntara y‘uburengerazuba hashyizweho itsinda rigizwe n’abacungamari n’abagenzuramari kuva ku karere kugeza ku bigo by’amashuri n’amavuriro bya Leta rishinzwe kuzajya rigenzura imikoreshereze y’amafaranga ya Leta.
Abana bahagarariye abandi mu midugudu, mu tugari ndetse no ku rwego rw’umurenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe mu nama yabahuje tariki 9/8/2013 batangaje ko mu byo ihuriro ryabo rishyize imbere harimo guhangana n’imirimo mibi ikoreshwa abana.
Kwimura abaturage ku kirwa cya Bushongo giherereye mu kiyaga cya Burera, ho mu murenge wa Rugarama, akarere ka Burera, biracyarimo ingorane kuko Abanyabushongo batumvikana n’abashoramari bashaka kubagurira ubutaka.
Mu gihe cy’igisibo cy’Abayisilamu (Ramadhan) ngo habamo ijoro rimwe ridasanzwe bagiriramo amahirwe menshi kandi bakababarirwa ibyaha byose, ndetse ngo isengesho rivuzwe muri iryo joro rya “Laylat al qadr” riruta amasengesho yose undi Muyisilamu yabasha gusenga mu myaka isaga 83.
Abanyarwanda batandukanye bakomeje kwambuka umupaka wa Rusumo bava mu gihugu cya Tanzania, aho birukanywe. Kugeza ubu abarenga 1000 nibo bamakugera mu Rwanda, aho bashyizwe mu nkambi ya Kiyanzi mu gihe hagushakishwa uburyo bwo kubatuza.
Umusaza witwa Nsekerabanzi Daniel, ufite imyaka 91 y’amavuko, utuye mu murenge wa Cyanika, akarere ka Burera, yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we ufite imyaka 71 y’amavuko kugira ngo babane byemewe n’amategeko.
Abanyarwanda 51 bagaze mu Rwanda bavuye mu gihugu cya Congo, aho bamaze imyaka 19 mu buhunzi. Bemeza ko byatewe no kutamenya amakuru y’ukuri ku bibera mu gihugu cyabo.
Kuri uyu wa 08/08/2013, Abanyarwanda 158 babaga mu gihugu cya Tanzaniya bageze ku mupaka wa Rusumo bakaba bavuga ko baza kubera bamaze iminsi babirukanye muri iki gihugu bababwira ngo batahe iwabo mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda irasaba Abanyatanzania bari mu Rwanda gutuza kuko ngo bo batazirukanwa, nk’uko Tanzania, igihugu cy’igituranyi kandi kiri kumwe n’u Rwanda mu muryango umwe, yo irimo kwirukana Abanyarwanda bari basanzwe bayituyemo.
Abanyarwanda 17 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 08/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego wo mu karere ka Kayonza. Abo batahutse baje biyongera ku bandi 20 batahutse tariki 07/08/2013 na bo binjiriye mu murenge wa Ndego.
Kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr usoza igihe cy’igisibo bita Ramadhan, Abayisilamu bo mu karere ka Rwamagana bageneye bagenzi babo b’abakene n’abatishoboye bo muri ako karere ifunguro ry’umunsi mukuru rufite agaciro k’ibihumbi 890 mu mafaranga y’u Rwanda.
Umukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yongeye kwibutsa abanyamuryango ba FPR ko badakwiriye kwishimira ibimaze kugerwaho ngo bahagararire aho, ahubwo ko bagomba kubyubakiraho baharanira kubyongera kurushaho.
Taxi Hiace ya Murasira Diogene bakunda Kadafi w’imyaka 30 yafatiriwe n’ururwe rw’ubushinjacyaha rwisumbuye rw’urukiko rwa Ngoma nyuma yuko rusanze uyu mugabo akurikiranweho ibyaha birimo ibyihezandonke.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Abanyarwanda 20 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse kuri uyu gatatu tariki 07/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego, umwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza uhana imbibe n’igihugu cya Tanzaniya.
Amwe mu makoperative n’amashyirahamwe y’abayisilamu akorera hirya no hino mu gihugu, atangaza ko hari intambwe amaze gutera, nyuma yo gusaba ka amafaranga MTN yabageneraga ku munsi mukuru wa Idil fitri yabafasha gukoramo imishinga ibateza imbere.