Abapolisi 150 bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti bagarutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki 06/07/2013 nyuma yo gusimburwa na bagenzi babo mu cyumweru gishize.
Abanyarwanda barenga 4500 bahungiye mu gihugu cya Zambia ngo bashobora kudataha ahubwo bagahabwa ibyangombwa by’Ubunyarwanda bakigumira muri iki gihugu.
Komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, Senateri Joseph Karemera, arasaba abanyamuryango bo mu ntara y’Uburasirazuba gufata iya mbere mu kuzamura ubukungu bw’iyo ntara n’ubw’igihugu muri rusange.
Umuyobozi mukuru wa Polisi y’igihugu mu Rwanda, IGP Gasana Emmanuel, asaba Imbanzabigwi mu gukumira ibyaha kunoza akazi bashinzwe kuko aribwo bazaba bagana mu cyerecyezo cyo kwigira u Rwanda rwihaye.
Umukozi ushinzwe ubuhinzi (Agronome) mu murenge wa Hindiro wo mu karere ka Ngororero yatawe muri yombi tariki 05/07/2013 akurikiranyweho kunyereza amafaranga akoreshwa mu guca amaterasi.
Umugaba mukuru w’Ingabo za Burkina Faso umaze icyumweru mu Rwanda, avuga ko yazaniye Perezida Kagame ubutumwa bugamije gushimangira umubano n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Burkina Faso yahorerejwe na Perezida Blaise Compaoré.
Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi aratangaza ko uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014 uzasiga abaturage barenga 70% babona amazi meza kandi bayabonera hafi y’aho batuye.
Imiryango 50 y’abatishoboye batagiraga aho batuye bo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/07/2013 yatujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nganzo mu kagari ka Ntendezi mu murenge wa Ruharambuga wubatswe n’Umuryango Mpuzamahanga Utabara Imbabare (Croix-Rouge).
Ihuriro ry’abanyeshuri biga muri za Kaminuza (FAGER) bari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga yo kubakira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuri uyu wa Gatanu tariki 05/06/2013 bakiriye inkunga y’abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abadiventisiti (UNILAK) igera kuri miliyoni 1,75.
Kimwe n’utundi turere tw’igihugu, Akarere ka Rulindo kizihije umunsi wo kwibohora kuri uyu wa Kane tariki 04/07/2013. Ku rwego rw’Akarere ka Rulindo, iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Kisaro, Akagari ka Kamushenyi.
Mu gihe mu Rwanda hose bizihiza ku nshuro ya 19, isabukuru yo kwibohora, abatuye umurenge wa Rugarika mu karere ka Kamonyi barishimira intambwe igihugu kimaze kugeraho mu iterambere kibikesha imiyoborere myiza igaragaramo uruhare rwa buri wese nta vangura.
Abasirikare n’abapolisi 35 barangije amasomo bari bamazemo ibyumweru 28 i Nyakinama mu karere ka Musanze, aho bigaga mu bijyanye no kuyobora abasirikare ku rugamba, ibijyanye gufata ibyemezo, gufata ibyemezo, ibirebana n’akazi ko mu biro n’ibindi.
Ubwo abagore bari bamaze gushima Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ko Leta y’u Rwanda ayobora yahaye agaciro umugore, yabashubije ko byaba ari ikibazo kudateza imbere abagore aho ari ho hose ku isi, kuko atari ubugira neza baba bagiriwe, ahubwo ari uburenganzira bemererwa, bagomba no guharanira.
Abagororwa 22 kuri 60 basabye guhuzwa n’imiryango biciye ababo muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ngo bayisabe imbabazi. Iki gikorwa cyabereye mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza tariki 03/07/2013.
Abanyarwanda 120 batashye kuri uyu watanu taliki 05/07/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye mu gihugu cya Congo aho babaga mu duce twa Masisi na Rutchuro na Minova.
Abaturage batanu bo mu murenge wa Bugeshi bagize uruhare mu guhisha abahigwa mu gihe cya Jenoside bashyikirijwe inka nk’ishimwe ry’ubutwari bagize mu gihe byari bikomeye.
Brig. Gen. Nabere Honore Traore, umugaba mukuru w’igisirikare cya Burkina Faso uri mu ruzinduko rw’icyumweru mu Rwanda, yemeza ko igisirikare cy’iwabo cyagirana umubano wihariye n’icy’u Rwanda, akanemeza ko nta mupaka n’umwe abona wabangamira uwo mubano.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karereka Burera gukomeza urugamba rwo kwibohora kugira ngo imbaraga zakoreshejwe mu kubohora u Rwanda zitazapfa ubusa.
Abayoboke b’idini ya Islam bo mu mudugudu wa Gikwege, akagari ka Mpenge umurenge wa Muhoza mu karere ka Musanze baravuga ko bishimira ubwisanzure babonye ubwo igihugu cyibohoraga, none ubu ihezwa bakorerwaga rikaba ryarabaye amateka.
Mu nama nyunguranabitekerezo yahuje abagore bari mu nzego z’ubuyobozi mu nama y’igihugu y’abagore mu turere twose tw’intara y’uburasirazuba, Guverineri w’iyo ntara yavuze ko umudamu agize uruhare mu gukemura ibibazo biri muri sosiyete byagabanuka ndetse bikazagera n’igihe birangira burundu.
Mu ishyamba riri munsi y’inkambi ya Gihembe irimo impunzi z’Abanyekongo iherereye mu karere ka Gicumbi hasigaye haza abantu baje kuhasengera mu matsinda ngo bahabonere ibitangaza.
Nyuma yo kwizihiza umunsi wo kwibohoza ku nshuro ya 19, umunsi wizihirijwe mu midugudu, biteganyijwe ko abayobozi b’ubuturere bahura na Perezida Kagame kuri uyu mugoroba wa taliki ya 4 Nyakanga 2013.
Umuyobozi w’akarere ka Rwamagana arahamagarira abatuye ako karere n’Abanyarwanda bose muri rusange kwishimira ibyiza bagejejweho na Leta yabohoye u Rwanda ingoma y’abicanyi, ariko agasaba abakiboshywe n’imyumvire mibi kubohoka bakayoboka inzira y’iterambere.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame arasaba Abanyarwanda ko n’ubwo bamaze imyaka 19 bibohoye, bidakwiye guhagararira aho kuko bakwiye no gukora ibyo babona byabateza imbere aho gutegereza ko hari undi uzabibakorera.
Mu gihe Abanyarwanda bizihiza umunsi wo kwibohora ubuyobozi bubi, abaturage bo mu murenge wa Kanama mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira ibikorwa byo kwibohora ubukene n’imibereho mibi babikesha ubuyobozi bwiza bubaba hafi.
Bamwe mu bayobozi b’izari ingabo za RPF baratangaza ko bagowe cyane no kubohoza igihugu cyari mu kaga mu mwaka w’1994 kuko hajemo Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi kandi batarigeze na rimwe bakeka ko Abanyarwanda bashobora kwicwa nk’uko byagenze.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’igihugu cya Burkina Faso, Gen Nabère Honoré Traoré waje gushaka ubufatanye n’u Rwanda mu bya gisirikare, yavuze ko urwibutso rwa Jenoside rugomba gushimangira amateka, nk’uko urwa Goreé muri Senegal rwibutsa akababaro k’Abanyafurika kubera ubucuruzi bw’abacakara bajyanwaga muri Amerika.
Amakuru dukesha inzego zitandukanye mu karere ka Ngororero avuga ko hamaze iminsi hari kutumvikana hagati y’akanama gashinzwe gutanga amasoko mu karere ka Ngororero n’umwe muri ba rwiyemezamirimo warenganijwe mu gupiganirwa isoko.
Biteganyijwe ko imiryango 188 yo mu Karere ka Gakenke ituye mu manegeka (high risk zone) izaba yimuwe yose mbere y’impera za Nzeri z’uyu mwaka. Ibikorwa byo kuyimura bigeze kure aho hasizwa ibibanza n’amatafari akaba abumbwa.
Abapolisi 140 bahagurutse kuri uyu wa Kabiri tariki 02/06/2013 ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kanombe bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Haiti.