Kuri uyu munsi wa Eid al-Fitr usoza igihe cy’igisibo bita Ramadhan, Abayisilamu bo mu karere ka Rwamagana bageneye bagenzi babo b’abakene n’abatishoboye bo muri ako karere ifunguro ry’umunsi mukuru rufite agaciro k’ibihumbi 890 mu mafaranga y’u Rwanda.
Umukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, yongeye kwibutsa abanyamuryango ba FPR ko badakwiriye kwishimira ibimaze kugerwaho ngo bahagararire aho, ahubwo ko bagomba kubyubakiraho baharanira kubyongera kurushaho.
Taxi Hiace ya Murasira Diogene bakunda Kadafi w’imyaka 30 yafatiriwe n’ururwe rw’ubushinjacyaha rwisumbuye rw’urukiko rwa Ngoma nyuma yuko rusanze uyu mugabo akurikiranweho ibyaha birimo ibyihezandonke.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge, Dr Habyarimana, avuga ko ishyirahamwe Inyenyeri rikorera mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu rizakomeza gufashwa kwimakaza ibikorwa ryatangiye byo kubaka ubumwe n’ubwunge.
Abanyarwanda 20 babaga mu gihugu cya Tanzaniya batahutse kuri uyu gatatu tariki 07/08/2013 binjiriye mu murenge wa Ndego, umwe mu mirenge y’akarere ka Kayonza uhana imbibe n’igihugu cya Tanzaniya.
Amwe mu makoperative n’amashyirahamwe y’abayisilamu akorera hirya no hino mu gihugu, atangaza ko hari intambwe amaze gutera, nyuma yo gusaba ka amafaranga MTN yabageneraga ku munsi mukuru wa Idil fitri yabafasha gukoramo imishinga ibateza imbere.
Abakozi 400 bakoreye sosiyete Rural development Solution Company (RDSCO), baravuga ko bategereje guhembwa amafaranga yabo bakoreye mu bikorwa byo gukora umuhanda none amaso yaheze mu kirere.
Kuri uyu wa 06/08/2013 Abanyarwanda 33 bageze mu Rwanda bavuye muri Tanzaniya baje basanga abandi 48 baje umunsi umwe mbere yaho. Bose bacumbikiwe mu karere ka Kihere mu murenge wa Nyamugari.
Biteganyijwe ko imiryango 28 y’abasigajwe inyuma n’amateka izimurirwa mu mudugudu yubakiwe mu murenge wa Jali mu karere ka Gasabo, nyuma yo kwimurwa i Kimironko aho bari babayemo ubuzima butari bwiza.
Umuryango w’Urubyiruko rwa Kiyislamu rugamiije iterambere, AJMD Njye Nawe, rwahuguye abari n’abategarugori 15 bo mu karere ka Kicukiro mu gukora ubukorikori; mu rwego rwo kubaha ubumenyi buzabafasha kwikura mu bukene.
Abaturage bo mu kagari ka Buvungira mu murenge wa Bushekeri wo mu karere ka Nyamasheke barasaba ubuyobozi kubafasha kubona irimbi hafi yabo kuko iyo hagize umuturage upfa, ibijyanye no gushyingura bibagora kuko bakora urugendo rurerure cyane kandi ku buryo bavuga ko buhenze.
Kuri uyu wa kabiri tariki 06/08/2013 umugore witwa Munezero Madina, utuye mu murenge wa Nyamirambo akarere ka Nyarugenge, yerekeje mu murenge wa Kinigi akarere ka Musanze gushaka se w’abana be amaze amezi agera kuri atatu atazi ibye.
Abasirikari 94 b’u Rwanda bitabiriye icyiciro cya karindwi cy’imikino ya Gisirikari n’iserukira muco mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (7th Edition of the East Africa Military Games and Cultural Events), barasabwa kwitwara neza barangwa n’ikinyabupfura mu rwego rwo kugaragaza isura nziza ku Rwanda.
Kuri uyu wa mbere tariki 05/08/2013, imashini ikora isuzuma ry’ibinyabiziga (control technique) yatangiye gukorera mu karere ka Musanze, aho izamara icyumweru mbere yo gukomereza ahandi.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe na Fondasiyo y’uwahoze ayoboye Leta zunze ubumwe za Amerika, Bill Clinton, ku bufatanye n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM), biyemeje kurwanya imirire mibi no guca burundu impfu z’ababyeyi mu gihe cyo kubyara n’iz’abana batarageza ku myaka itanu.
Umuhango wo kwizihiza yubire y’imyaka 50 ya Paruwasi Gaturika ya Mushaka mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 04/08/2013 witabiriwe n’imbaga nyamwinshi y’Abanyarwanda harimo na Nyakubahwa Madame Jeannette Kagame.
Jean Ntakirutimana yiyemerera ko yari mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wo gutera gerenade zahitanye babiri zikanakomeretsa 32 i Nyabugogo tariki 26/07/2013 batumwe n’umwe mu bayobozi ba FDLR.
Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu murenge wa Nzahaha kuwa 03/08/2013, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba mKabahizi Celestin, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze bata imirimo bashinzwe bakajya kwiga hanze y’igihugu guhitamo kimwe.
Abanyesuri barangije n’abakiga mu ishuri rya ISPG barasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugirango imihanda ihagana ikorwa neza, kuko bitabaye ibyo izadindiza umuvuduko w’iterambere urimo kugaragara i Gitwe aho iri shuri riherereye.
Abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barasabwa kujya bagirira icyizere abayobozi babari hafi mu kubakemurira ibibazo aho kwirirwa bategereje abandi bo mu rwego rwo hejuru kuko bose babatoye kugirango babafashe kubakemurira ibibazo.
Inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 02/08/2013 ifata imyanzuro itandukanye irimo isuzuma bushobozi ku bakozi b’akarere aho abadafite impamyabushobozi zisabwa bahawe iminsi 30 ngo babe bakemuye icyo kibazo.
Bizihiza ibirori by’umuganura, abaturage b’umurenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara, bishimiye intera bamaze kugeraho mu bumwe n’ubwiyunge babikesha umuryango International Alert washishikarije abakoze Jenoside gusaba abo bayikoreye imbabazi baharanira kubana neza.
Abanyarwanda bakorera n’abajya kwiga mu mujyi wa Goma bongeye gusubirayo nta kibazo, kubera agahenge kagarutse muri uyu mujyi nyuma y’uko hagati muri iki cyumweru dusoza hari hatangiye isakwa rikomeye hakagira n’abagabo n’abasore bafatirwayo n’ubu bataragaruka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisozi bwasabwe kugira ibiro bishya bwatashye ingoro y’abaturage bazajya baboneramo serivisi zose bifuza, kuko kugira ngo wubakwe byavuye mu mbaraga zabo, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba ubwo yatahaga ibi biro bishya biherereye mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa (…)
Imiryango igera kuri itanu yo y’abasigajwe inyuma n’amateka mu kagali ka ka Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yashyingiranywe imbere y’amategeko, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abatuye akarere ka Rusizi baratangza ko biteguye uru ruzinduko rwa Madamu Jeannette kagame azagirira muri aka karere. Byatumye bamwe batangira kwimenyereza mu mbyino no mu ndirimbo, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya muri Nyakanga 2013 barasaba ubufasha kugira ngo babe babona uburyo basubira mu gihugu cya Tanzaniya kuzana imitungo yabo basizeyo irimo n’inka.
Ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma kirakomeje aho uretse kuba inzego zishinzwe umutekano zishimuta Abanyarwanda, bamwe mu bahohoterwa bavuga ko bikorwa n’urubyiruko rwo mu mujyi wa Goma.
Nyuma y’uko itsinda risuzuma ry’imihigo risuye ibikorwa bitandukanye byahizwe mu mwaka wa 2012-2013 ryashimye akarere ka Gakenke ko ibikorwa kagezeho bifatika bikaba bifitiye akamaro abaturage ariko ngo hari ibyo kagomba kongeramo imbaraga.