Polisi y’igihugu yatangiye kwegereza abatwara ibinyabiziga, service yo kubisuzumira ubuziranenge kizwi nka “Controle technique”. Iyi gahunda yatangirijwe mu karere ka Huye mu kigo cy’imyuga cya IPRC-South ahahoze hitwa muri Ecole des Sous Officier (ESO).
Nyuma y’imyaka itatu Diyosezi Gatorika ya Kibungo itagira umushumba, kuri uyu wa 20/07/2013 uherutse kugenywa na papa Francois yimitswe ku mugaragaro kuba musenyeri wa diyosezi gatorika ya Kibungo.
Guhera mu masaa kumi n’ebyiri z’umugoroba kuri uyu wa gatandatu tariki 20/07/2013, amwe mu maduka yo mu mujyi rwagati wa Kigali hitwa muri ‘quartier Mateus’, yibasiwe n’inkongi y’umuriro itaramenyekana impamvu.
Ertharin Cousin, umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (WFP/PAM), kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 20/07/2013 yageze mu Rwanda anyuze mu karere ka Rubavu, aravuye muri Congo mu rugendo rwo kureba uburyo impunzi ziri mu nkambi ya Mugunga ya mbere zibayeho nyuma y’imirwano imaze iminsi ibera mu nkengero (…)
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba abayobozi bose b’inzego z’ibanze kubahiriza indagaciro zabafasha kugera ku musaruro bifuza no kuba intangarugero kubo bayobora; harimo kugira intego, kurara aho bayobora, kwirinda ruswa, guharanira impinduka, kwirinda ubusinzi no kutiyandarika.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, John Mugabo, avuga ko amatara yashyizwe ku mihanda y’umujyi wa Kayonza azatuma ubucuruzi muri uwo mujyi bukorwa amasaha 24 kuri 24.
Bamwe mu baturage binubira serivisi bahabwa nabo baratungwa agatoki ko kurushya abo bakeneyeho serivisi bigatuma rimwe na rimwe bahabwa nabi ibyo basabaga. Ibi bikaba mu gihe mu Rwanda hakomeje gahunda zitandukanye zo kurebera icyaba gitera serivisi zitanoze henshi.
Abanyarwanda bakorera mu mujyi wa Goma mu gihugu cya Congo bashoboye gukomeza ibikorwa byabo nyuma yuko tariki 18/07/2013 bari batinye kwambuka kubera gutinya ibikorwa by’ihohoterwa abaturage bo mu mujyi wa Goma bafatanyije n’inzego z’umutekano bakorera Abanyarwanda.
Gahunda Men Care+ y’umuryango RWAMREC ngo izafasha guhashya ihohoterwa ryo mu miryango, aho izaganira n’abagabo hagamijwe kubakangurira ibyiza byo kwita ku muryango we, ndetse no kuwurinda amakimbirane agera no ku ihohoterwa.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari tugize Akarere ka Gakenke baje ku biro by’akarere kabo biteguye gukurikirana ikiganiro cy’imbonenkubone (live) n’abayobozi bakuru hakoreshejwe ikoranabuhanga bakanatanga ibitekerezo ariko ntibyakunda kubera umuriro wabuze igihe kigera ku masaha ane.
Nyuma y’uko mu karere ka Kirehe habereye impanuka ikomeye igahitana abantu batandatu naho abandi 15 bagakomereka, tariki 18/07/2013, Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye abarwariye mu bitaro bya Kirehe anihanganisha ababuriye ababo muri iyi mpanuka.
Nyuma yo kwerekwa mu nyandiko ibyo akarere ka Rulindo kakoze mu rwego rwo kwesa imihigo y’umwaka 1012-2013, kuri uyu wa 17/07/2013 itsinda rigenzura imihigo ryagiye aho ibyakozwe biri maze bashima ko ibyo beretswe mu nyandiko byakozwe koko.
Mu nama yahurije hamwe Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) n’abagize komite nyobozi na njyanama mu nzego z’ibanze kuri uyu kane tariki 18/07/2013, hagaragajwe ko abayobozi bo mu nzego z’ibanze barutanwa mu mafaranga bahabwa, ndetse ntibabone n’umwanya uhagije wo gukora, kubera guhozwa mu nama.
Abahagarariye ingabo muri ambasade y’Ubudage, Ububiligi, Ubufaransa, Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Tanzaniya kuri uyu wa kane tariki 18/07/2013 bageze aharashwe ibisasu n’ingabo za Congo zifashijwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Imodoka yavaga i Bukavu yerekeza Uvira muri Congo yakoreye impanuka mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 18/07/2013 ahagana saa yine n’igice abantu batandatu bahasiga ubuzima abandi barakomereka.
Polisi y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umukirisitu wo mu idini Zion Temple ushinjwa kuba yashatse gutwika umukuru w’iryo dini Paul Gitwaza ku mugoroba wa tariki 17/07/2013 mu rusengero rwabo ruri mu murenge wa Kigabiro mu karere ka Rwamagana.
Ku bw’inama n’inyigisho bahawe na komite ishinzwe kurwanya ihohoterwa, abaturage bo mu murenge wa Muganza mu karere ka Gisagara bari babanye mu makimbirane, ubu ngo babanye neza ariyo babikesha.
Jean Paul Samputu, umuhanzi nyarwanda umenyereweho gutumirwa hirya no hino mu biganiro by’amahoro, yatumiwe gutanga ikiganiro i La Haye mu Buholandi tariki 09/09/2013.
Nubwo ingabo za LONI muri Kongo zaraye zihakanye ko zitigeze zifasha ingabo za Kongo kurasa ku Rwanda, ibimenyetso bitajijinganywaho biragaragaza ko MONUSCO iri gukorana bya hafi n’ingabo za Kongo kandi ibyo binyuranye n’amahame ibihugu byo mu karere byemeje kugenderaho ngo Kongo ibone umutekano.
Uwahoze ari Umukinnyi w’ikirangirire akamenyekana cyane muri Manchester united, Quinton Fortune, wasoje uruzinduko rwe rw’iminsi ibiri mu Rwanda kuri uyu wa gatatu tariki 17/07/2013, avuga ko yanejejwe cyane no gusura u Rwanda kandi ko azakomeza kuza kurusura.
Umuyobozi w’intara y’Amajyaruguru, arasanga imyaka ishize abagore baboneka ku mwanya w’abayobozi b’uturere bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage yarabaye igihe gihagije cyo kwitegura ku buryo bashobora kuzamurwa ku buryo 30% by’abayobozi b’uturere muri manda itaha baba ari abagore.
Amakuru atangajwe n’umuvugizi w’ingabo za M23, Col. Jean Marie Kazarama, aremeza ko kuri uyu mugoroba tariki 17/07/2013, barashe ingabo za FARDC zimwe zikambuka umupaka ziza mu Rwanda.
Gatoya Nsengiyumva Samson w’imyaka 63 yabuze aho akomoka nyuma yo gutahuka avuye muri Congo tariki 28/06/2013. Ibi ngo biterwa no kuba uyu musaza yaravukiye muri Congo aho ababyeyi be bamubwiraga ko inkomoko ye ari mu icyahoze ari perefegitura ya Ruhengeri.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ifatanyije n’abafatanyabikorwa batandukanye, iri gutegura icyiciro cya 6 cy’ITORERO ry’urubyiruko rutuye mu mahanga.
Abanyarwanda 25 bageze mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi tariki 16/07/2013 bavuye muri Congo aho batangaza ko ngo banze gukomeza kwitwa impunzi kandi mu igihugu cyabo hari umutekano.
Mu gihe intambara irimbanyije mu nkengero z’umujyi wa Goma hagati y’abarwanyi ba M23 n’ingabo za Congo (FARDC) Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma bakomeje gukorerwa ihohoterwa no kuburirwa irengero.
Bamwe mu bantu baganiriye na Kigali Today, kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, baje kureba aho bakorera ikizamini cy’impushya za burundu zo gutwara ibinyabiziga bemeza ko gukorera impushya byorohejwe, kugira ngo uyibone bisaba kuba witeguye neza.
Ubwo hatangizwaga igikorwa cyo kugenzura uko imihigo y’uturere y’umwaka wa 2012-2013 yashizwe mu bikorwa, hagaragayemo amatsinda abiri ashinzwe kugenzurana. Abagenzura imihigo nabo bafite irindi tsinda rigomba kugenzura uburyo babikora.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Musoni James, akaba n’ushinzwe kureberera akarere ka Nyanza muri guverinema ubwo tariki 16/07/2013 yagiriraga uruzinduko rwe rw’akazi muri ako karere yasabye abagatuye kudapfusha ubusa amahirwe ahaboneka.
Ministiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yatangarije abagize Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa kabiri tariki 16/07/2013, ko ibyiciro by’ubudehe bigiye kuvugururwa kugirango bihuzwe n’imibereho ya nyayo y’Abanyarwanda, hagamijwe kuzamura imibereho y’abatishoboye.