Umukobwa w’imyaka 16 y’amavuko ukomoka mu mudugudu wa Murambi, akagari ka Shororo mu murenge wa Busanze mu karere ka Nyaruguru amaze ukwezi kurenga ari mu karere ka Rutsiro ashakisha uwamuteye inda.
Nyuma y’uko umwe mu bashyushyarugamba bo kuri Radio Isangano ikorera mu karere ka Karongi atangaje ko ikivu cyafunguwe (gusubukura uburobyi bw’isambaza), umuyobozi w’akarere ka Karongi yavuguruje iyo nkuru kuko ikivu gifunze kuva kuwa 16 Nzeri kugeza kuwa 16 Ugushyingo.
Mu gikorwa cya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ndetse no kwizihiza umunsi wo gukunda igihugu ku rwego rw’intara y’Amajyeofo cyabereye mu karere ka Muhanga ku 01/10/2013, bagaye Abanyarwabda bajya hanze basebya igihugu cyabo kugirango babone indoke.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert, arashimira urubyiruko rwibumbiye muri koperative ishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima (Biocoop Rwanda) kuba rwarishyize hamwe ruhereye ku gukora ibintu bitoya no kubyaza umusaruro amahirwe aboneka iwabo, bakaba bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.
Abayobozi b’inzego za Kiliziya n’iza Leta mu Rwanda no muri Congo biyemeje gukomeza gutahiriza umugozi umwe mu kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubworoherane mu batuye akarere k’ibiyaga bigari.
Nyuma y’uko akarere ka Rutsiro gasomwe ku mwanya wa 25 mu kwesa imihigo y’umwaka 2012/2013 ndetse bamwe bagakeka ko ari wo mwanya kabonye, umuyobozi w’ako karere arazenguruka mu karere abasobanurira imiterere y’amanota n’imyanya byahawe uturere mu kwesa imihigo.
Uwase Natasha wiga muri Notre Dame de Citeaux na Joshua wiga muri KIST ni bo babashije gusubiza neza ibibazo babazwaga ku giti cyabo mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku kwihangira umurimo yateguwe na Rwanda inspiration Backup.
Komisiyo y’igihugu y’abantu bafite ubumuga iratangaza ko ikibazo cy’abasabirizi atari uko bose ari ubukene ahubwo ari ikibazo cy’imyumvire. Barasabwa kuyireka kubera ingufu igihugu cyashyize mu kugira ngo igihugu gitere imbere.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbitse mu nkambi ya Kiyanzi bavuga ko bishimiye uburyo bakiriwe mu Rwanda kuko imiryango itandukanye igenda ibatera inkunga mu bintu bitandukanye birimo ibyo kurya n’ibikoresho byo kuryamira.
Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Abihayimana bo muri diyosezi Gatulika ya Cyangugu mu Rwanda, abo muri arkidiyosezi ya Bukavu na diyosezi ya Uvira muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo barungurana ibitekerezo ku buryo akarere k’ibiyaga bigari karushaho kurangwamo amahoro n’ubworoherane.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Abanyarwanda batandatu bari mu gihugu cya Congo mu mutwe wa FDLR hamwe n’umunyarwanda wari mu gisirikare cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo taliki 30/9/2013 bavuga ko barambiwe kubaho mu muzima butari bwiza kandi mu gihugu cyabo hari umutekano.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), avuga ko abitewe n’uko yigeze kuba ku muhanda, yahisemo gushaka inzu yajya yegeranyirizamo abana asanze ku muhanda bose (bitwa mayibobo), akaba ajya kubashakisha, yababona akabajyana muri urwo rugo rwe.
Umusirikare wa FDLR witwa Mapendo Prosper Mutimapembe avuga ko yarwanyije M23 mu ntarambara iheruka kubera Kanyarucinya na Mutaho igahuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.
Imodoka ifite purake zo muri Congo 4160AC/19 yafatiwe ku mupaka munini w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu taliki 26 /o9/2013 ihetse ibiro 375 by’amabuye y’agaciro ya Coltan yari igiye kwinjiza mu Rwanda.
Nubwo ikirere cyari cyaramutse hasa n’ahariho ibicu biremereye ndetse bikaza kubyara imvura mu masaha ya mu gitondo na nimunsi, ibyo ntibyaciye intege Abadiventiste b’umunsi wa karindwi bo ku itorero rya Gahogo na Gitarama kwitabira umuganda ku bwinshi.
Mu muganda rusange wabaye tariki 28/09/2013, Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi na bamwe mu bayobozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu gikorwa cyo guhanga umuhanda mushya wa kilometero imwe n’igice.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yifatanyije n’Abanyagicumbi mu muganda rusange wabereye mu murenge wa Shangasha tariki 28/09/2013 ahasijijwe ikibanza ndetse bikorera n’amabuye yo gukora umusingi ndetse bikorera n’ibiti bizakoreshwa mu kubaka amashuri.
Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangiza ukwezi kwahariwe umuganda kuri uyu wa Gatatandatu tariki 28/09/2013 mu Karere ka Gakenke, yatangaje ko umuganda ugira uruhare mu kwihutisha iterambere, abantu bose bakuze bakaba bagomba kuwitabira.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi bemeza ko ko kuba hariho imyanya yihariye y’abadepite bahagarariye abagore, bifasha mu kumvikanisha no kumenyekanisha ibibazo by’umwihariko bagira.
Inzu ya mbere yo kwifashishwa n’abanyamyuga (cyangwa abanyabukorikori) bo mu Karere ka Huye iri gukorerwa imirimo ya nyuma. Igisigaye ni ukureba abazayifashisha mu bikorwa byabo.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, aratangaza ko bitarenze ukwezi kwa 02/2014, umuhanda wo mu cyarabu wangiritse uzaba wamaze gusanywa. Ibi bikaba biri buhe icyizere abaturage bari bamaze igihe binubira uko uyu muhanda utitabwaho.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangirije mu Murenge wa Ruli wo mu Karere ka Gakenke igikorwa cyo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi izamara imyaka igera kuri itatu.
Ikiraro gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu bigaragara ko cyari kimaze gusaza cyateje imbogamizi kuko nta modoka ipakiye imizigo iri kuhanyura kubera ko ibyuma byari bigifashe byacitse kubera gusaza.
Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bemeye gufata ingamba zo kuva muri uwo mutwe baratangaza ko ngo baruhutse imirimo y’agahato FDLR yari imaze igihe ibakoresha, kuko ngo bakoraga bakaruha cyane kandi ngo ntibabone inyungu z’imirimo bakoze.