Assistant Inspector of Police Narcisse Kagabo wayoboraga Police Station ya Gihango mu karere ka Rutsiro yitabye Imana tariki 29/08/2013 azize indwara.
Minisitiri w’Intebe wa Tanzaniya, Mizengo Pinda, yamenyesheje Inteko ishingamategeko y’icyo gihugu ko Perezida Kikwete yasabye Perezida Museveni wa Uganda ko yaba umuhuza akamushyikiranya na Perezida Kagame.
Nyuma y’urupfu rw’umuntu umwe abandi bagakomereka kubera ibisasu byarashwe mu mujyi wa Rubavu, kuri uyu wa 29/08/2013, ngo bitewe n’ingabo za Kongo ku bufatanye na FDLR, Leta y’u Rwanda yatangaje ko itacyihanganiye “ubwo bushotoranyi”, ikaba ndetse yohereje ibimodoka by’intambara 20 byo kwirwanaho.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buratangaza ko ingendo zo mu mujyi zigiye kurushaho gukorwa neza, nyuma y’aho kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 usinyaniye amasezerano y’imikorere n’amakompanyi atwara abagenzi.
Ishyaka rya Green Party rimaze iminsi ryemewe gukorera mu Rwanda riratangaza ko n’ubwo ritabashije kwitabira amatora y’abadepite azaba mu kwezi 09/2013, bafite ikizere cy’uko bazanitabira ay’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri 2017.
Kuri uyu wa kane tariki 29/08/2013 saa 9h15 igisasu kivuye mu bice bya Congo kiguye iruhande rw’isoko rya Mbugangari mu mujyi wa Rubavu gihitana umubyeyi naho umwana yari ahetse ndetse n’undi muntu barakomereka ndetse kinasenya inzu.
Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur bo muri Rwanbatt 36 ikorera i Kabkabiya, tariki 26/08/2013, bateye inkunga abana 22 babishyurira amafaranga y’ishuri y’umwaka wose, ndetse banabaha bimwe mu bikoresho by’ishuri birimo amakayi n’amakaramu.
Abaturage bagana ibigo bitanga servisi byaba ibya Leta ndetse n’ibyigenga mu karere ka Nyagatare baratangaza ko hakiri utubazo mu mitangire ya servisi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 28/10/2013, i Nyakinama mu karere ka Musanze, hashojwe amasomo yahuje abashinzwe umutekano n’abasivili baturuka mu bihugu bitandatu byo mu karere, ku bijyanye n’uko ubutabera bwagarura amahoro mu bihugu byahuye n’intambara.
Abanyarwanda 30 biganjemo abana n’abagore bavuye mu mashyamba ya Kivu y’Amajyepfo muri Congo bagarutse mu Rwanda tariki 27/08/2013 binjiriye ku mupaka wa Rusizi I.
Umuyobozi wungirije wa komisiyo y’igihugu y’amatora, Ndahiro Kansanga Marie Odette, arasaba Abanyarwanda bazitabira amatora kuzatora neza umukandida bumva ari ingirakamaro kuko ngo uzatora imfabusa azaba nawe yigize imfabusa.
Kuva saa 11h55 zo kuri uyu wa 28/08/2013, ibisasu bitatu bimaze kugwa mu Rwanda bivuye muri Kivu y’Amajyaruguru aho ingabo za Congo (FARDC) zihanganye n’inyeshyamba za M23 mu bice bya Kanyarucinya.
Ubwo yatangizaga gahunda y’ibiterane byiswe “Rwanda Shima Imana” bizakorerwa hirya no hino mu gihugu, umuvugabutumwa w’Umunyamerika, Pastor Rick Warren, yatangaje ko gahunda yo gukorera ku ntego ari icyifuzo cy’Imana ku Rwanda n’Abanyarwanda
Abapfakazi ba Jenoside bibumbiye mu muryango AVEGA Agahozo mu ntara y’Uburengerazuba barizezwa ko ibibazo bagifite bizakemuka kuko uwo muryango ugifitanye umubano mwiza n’abaterankunga; nk’uko byemezwa na Mukandori Dancile, Visi Prezidante wa AVEGA ku rwego rw’igihugu.
Abanyarwanda bongeye gusubira gukorera i Goma nyuma y’ubwoba bwinshi batewe n’imyigaragambyo yabaye taliki 24/08/2013 ikagira n’Abanyarwanda ihitana.
Bamwe mu batuye mu karere ka Muhanga barasaba Leta ko yashyiraho ikigo ngororamuco cy’abakobwa b’inzererezi kuko nabo bamaze kurembya Abanyarwanda benshi.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) igiye gutangiza uburyo bwo gutanga amakuru byibura mbere ho amasaha atatu, ku mvura ishobora kugwa cyangwa ibiza bishobora kwitura ku baturage.
Abasenateri bo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bayobowe na Senateri Graham Lindsey bageze mu Rwanda kuri icyi cyumweru taliki 25/08/2013 mu rugendo bagirira mu karere haganirwa ku cyatuma umutekano ugaruka mu karere k’ibiyaga bigari.
Abakandida bari ku rutonde rw’abazatorerwa kujya mu nteko ishingamategeko, baratangira kwiyamamaza guhera tariki 26/08/2013 kuzageza tariki 15/09/2013.
Umwanditsi w’urukiko rwihariye rwashyiriweho igihugu cya Sierra Leone, Madamu Binta Mansaray, yatangaje ko ibyo abanya Sierra Leone umunani bafungiye mu Rwanda bahabwa birenze ibyo bari bagenewe.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Rusumo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero ararega umuturage akaba n’umucuruzi mu kagali ayobora ko yigomeka ku buyobozi bw’akagali ndetse akanamwangisha abaturage n’abayobozi bamwe na bamwe.
Umurenge wa Busoro ubarizwa mu gice cyitwa icy’amayaga ukaba ari n’umwe mu mirenge 10 igize akarere ka Nyanza waje ku isonga mu kuba imihigo yose wiyemeje yaragezweho mu mwaka wa 2012-2013 hitawe kuri gahunda Guverinema y’u Rwanda igenderaho.
Ingabo zigize itsinda rya Joint Mechanism Verification (JMV) kuri iki cyumweru taliki 25/08/2013 ryasuye ahatewe ibisasu mu karere ka Rubavu bivuye muri Congo kugira ngo bazagaragaze niba byararashwe n’ingabo za Congo cyangwa niba byararashwe na M23.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye riri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’epfo (UNMISS) ryambitse imidari y’ishimwe Ingabo z’u Rwanda zo muri batayo ya kabiri irwanira ku butaka, hamwe n’umutwe wa 85 w’ingabo zirwanira mu kirere, kuri uyu wa gatanu ushize tariki 23/8/2013.
Abagore 26 bahatanira kuzatorwamo abadepite 6 bazahagararira intara y’Iburasirazuba mu nteko ishinga amategeko bahawe amabwiriza y’uko bazitwara mu gihe cyo kwiyamamaza no mu matora nyirizina kandi berekwa abayobozi b’inzego z’ibanze n’iz’umutekano banabasaba kuzabafasha mu buryo bwemewe n’amategeko.
Kuwa gatanu tariki 23/8/2013 mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo guhemba no gushimira abantu bose cyangwa ibigo byateye inkunga mu gutanga amafranga mu kigega Agaciro Development Found.
Abasirikare n’abapolisi bakuru b’ibihugu bitandatu by’Afurika baje mu Rwanda kwiga uburyo bwo kubaka amahoro n’ubutabera bwunga mu bihugu bivuye mu ntambara, bavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari icyaha kirenze kamere, kandi ko abayikoze aho bari hose bagombye gukurikiranwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bwagiranye inama n’abaturage mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, yari igamije kubahumuriza no kubasaba kwirinda kugendagenda kugira ngo ibisasu biri guterwa mu Rwanda bitagira uwo bihitana.
Imurikagurisha n’imurikabikorwa ryari ritegerejwe mu karere ka Nyamasheke ryatangijwe ku mugaragaro kuri uyu Gatanu tariki 23/08/2013. Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT), Jean Philbert Nsengimana, waritangije yashimiye abikorera intambwe bagezeho y’ibikorwa bigaragara, anabasaba (…)
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana arasaba urubyiruko gukangukira gukoresha ikoranabuhanga, koko ari wo murima wo gukuramo umusaruro ubuziraherezo.