Mu matora y’abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite aherutse kuba muri Nzeri 2013, umuryango FPR-Inkotanyi hamwe n’indi mitwe ya politike byifatanyije begukanye imyanya 41. PSD yegukanye imyanya 7 naho PL yegukana imyanya 5.
Urubyiruko rukomoka mu mujyi wa Goma muri Congo n’urwo mu mujyi wa Gisenyi rwibumbiye mu muryango witwa “Tujenge Amani” taliki 21/9/2013 rwahuriye i Rubavu kugira ngo ruganire uburyo imijyi rutuyemo yakomeza kurangwa n’ubumwe no gushaka amahoro mu bihugu byombi.
Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques, aratangaza ko igikombe ako karere kegukanye kubera kwesa imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari 2012/2013, kagikesha ubufatanye n’abaturage bagaragaje mu gushyira mu bikorwa ibyo bari biyemeje mu mihigo.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe mu gucyemura ibibazo abaturage bagiye bahura na byo bitabonewe ibisubizo, ryagiye mu karere ka Ngororero mu ntara y’Uburengerazuba kureba uko bimwe muri ibyo bibazo byakemuka kuri uyu wa Gatanu tariki 20/09/2013.
Bavakure Emmanuel w’imyaka 57 umaze imyaka 25 acuruza amagi, yemeza ko umuntu ariwe umenya uko ategura ubuzima bwe bw’ejo hazaza, nk’uko nawe yahisemo kwikorera ubucuruzi buciriritse n’ubwo ageze mu zabukuru bwose.
Umukuru w’abayisilam mu karere ka Ngoma (Imam),Abdoulkalim Hakizimana,yeguye ku mirimo ye yo kuyobora Islam mu karere ka Ngoma kubera impamvu ze bwite.
Imiryango 28 yo mu karere ka Rwamagana mu murenge wa Rubona yasenyewe aho yabaga n’imvura n’imiyaga byinshi byadutse kuva ku mugoroba wo kuwa Kane tariki 19/09/2013 bikageza mu rukerera rwo kuwa Gatanu tariki 20/09/2013.
Abanyafurika 23 barimo n’Abanyarwanda barangije amahugurwa y’ibyumweru bibiri i Nyakinama mu karere ka Musanze, baravuga ko biteguye kuba batangira gutanga umusaruro mu butumwa bw’amahoro igihe cyose bagirirwa ikizere.
Ministre ushinzwe ibibazo by’impunzi no kurwanya Ibiza yabwiye impunzi z’Abanyecongo ziri mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi ko nta Munyarwanda uyobewe ko ubuhunzi buryana, ari yo mpamvu Leta y’u Rwanda itazigera ibatererena.
Abagize umuryango PICO-Rwanda bafatanije n’abakirisitu ba Centre Christus batanze ubufasha bugizwe n’ibikoresho bitandukanye ku Banyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe.
Bamwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzania bivugwa ko badafite ibyangombwa byo kuhaba barafashwa guhura n’imiryango yabo mu Rwanda.
Abanyarwanda biganjemo abagore n’abana bageze mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi, tariki 19/09/2013, bavuga ko batahutse kuko ntacyo bishinja dore ko ngo bagiye bakiri bato bahunganye n’ababyeyi babo.
Ikigo gishinzwe iterambere mu Rwanda (RDB) hamwe n’umuryango ‘Generation Rwanda’, bivuga ko bizatumira abashoramari bava hirya no hino ku isi, kugira ngo baze gufasha imishinga mito n’iciriritse, harimo iyakozwe n’abanyeshuri biga muri kaminuza n’amashuri makuru bafashwa na Generation Rwanda.
Imiryango 15 yo mu karere ka Rwamagana yagabiwe inka 15 zo mu bwoko bita Frisian cyangwa Frisonnes mu muhango wabereye ahitwa Nzige muri Rwamagana uyu munsi kuwa 19/09/2013.
Sergeant Basabose na mugenziwe Sergeant Niyonzima Patrice baraye batahukanye na bagezi babo b’abasoldat batatu bavuga ko barambiwe no kurwana urugamba rutarangira. Ngo nta na rimwe bigeze bumva amahoro kuko ngo bahoraga biteguye ko isaha nisaha barwana.
Ben Llewellyn- Jones OBE, uhagarariye Ubwongereza mu Rwanda yasuye gereza ya Nyanza hagati ya saa tatu na saa yine za mu gitondo tariki 19/09/2013 maze nyuma y’uruzinduko rwe avuga ko ibyo yabonye bitandukanye n’ibiyivugwaho.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoberere myiza (RGB) gifatanyije na Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) byatangije gahunda y’imyaka itanu izita ku kunoza no kongera serivisi zijyanye n’ubutabera no guha abaturage serivisi mu rwego rwo guteza imbere demokarasi.
Abandi Banyarwanda 28 bagejejwe mu karere ka Gisagara nyuma yo kwirukanwa muri Tanzaniya bavuga ko bahirukanywe nabi bakubitwa mu gihe bari bizeye ko bagiye gusonerwa bakagumana n’imiryango yabo iri muri iki gihugu birukanywemo.
Juvenal Hakizinka w’imyaka 65 y’amavuko yanze gusaza asabiriza ahitamo kwihangira umwuga wo gucuruza takataka mu ikarito.
Abarwanyi batatu basanzwe muri FDLR bageze mu karere ka Rubavu n’imiryango yabo, Kuri uyu wa Gatatu tariki 18/09/2013. Bavuga ko baje barembye kubera uburwayi bafite babuze uko babwivuza bahitamo kwiyizira mu gihugu cyabo.
Imbangukiragutabara (ambulance) yavaga mu karere ka Karongi yerekeza i Kigali yakoze impanuka igeze mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga ariko abarimo ntacyo babaye.
Bikorimana Willy w’imyaka 18, ufite uruhu rutandukanye n’urw’abandi (Nyamweru) ngo yafashe gahunda yo kuza mu mujyi wa Kamembe kuko abasore bo mu rungano rwe kimwe n’abandi bose bamuhaga akato bityo ngo ntihagire umwegera ngo babe baganira.
Mwanawumuntu Silas wo mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Kamonyi avuga ko atatuza muri we atabonye umugore we basezeranye byemewe n’amategeko bakabyarana abana batatu hanyuma akaza kumunyura inyuma agashaka undi mugabo.
Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Musengo, akagari ka Kivumu mu murenge wa Cyeza baratangaza ko babangamiwe n’uko hari abantu bubatse mu muhanda bihangiye, ubuyobozi bwabo ntibugire icyo bubikoraho.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Ruhunde, akarere ka Burera, bagana ikigonderabuzima cya Ruhunde kiri mu murenge wabo, bavuga ko bahabwa serivisi mbi na bamwe mu baganga bahakora babakira nabi bakabarangarana kandi baba barwaye.
Nyuma y’iminsi 3 ari ku butaka bw’u Rwanda aho yafatiwe yitwaje intwaro n’imyenda ya gisirikare, Sergeant Major Kusukana usanzwe ukorera ingabo za Congo mu ntara ya Bukavu yasubijwe igihugu cye cya Congo kuri uyu wa 17/09/2013.
Croix Rouge y’u Rwanda mu karere ka Rubavu iri kwifashishwa n’ubuyobozi bw’intara ya Kivu y’Amajyaruguru kugira ngo harebwe uburyo hakorwa gahunda y’imyaka itanu yo guhangana n’ibiza.
Ubuyobozi bukuru bwa Polisi y’u Rwanda burashimira abapolisi 80 barimo 24 b’igitsina gore bavuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu Ntara ya Darfur muri Sudani kuba barakoze neza akazi kabo.
Staff Sergeant Rutagengwa Yannick avuga ko avuka Gisenyi, ariko akaba yari amaze imyaka 6 muri Congo aho yashyizwe mu gisirikare ku ngufu.
Umusirikare w’ingabo za Congo, Sergent majoro Kusakana Munanga Andre, yashyize yemera ko yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda ariko avuga ko atari azi ko yageze mu Rwanda kuko atari amenyereye i Goma.