Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, arasaba abatuye akarere ka Bugesera kubyaza umusaruro ibiyaga n’inzuzi bigaragara muri ako karere aho kugirango bibabere umutwaro kuko bitwara ubuzima bw’abantu.
Bamwe mu baturage bakoze imirimo yo kubaka ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 ku rwunge rw’amashuri rwa Kabeza mu Murenge wa Rwimiyaga, baravuga ko bambuwe amafaranga bakoreye hagiye gushira umwaka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke bwafashe icyemezo cyo guca ibikomoka kuri peterori bicururizwa mu mabutiki ndetse no mu ngo z’abaturage ku mpamvu bemeza ko ari iz’umutekano w’abaturage, ndetse no kwirinda ubujura bwa hato na hato bwakorwaga n’abatwara ibinyabiziga by’isosiyete ikora umuhanda mu karere.
Abaturage bo mu karere ka Nyabihu mu murenge wa Bigogwe bashishikarijwe kwandikisha abana babo ku gihe (nk’uko amategeko abigena) kuko ari ingenzi cyane. Mu gihe hanagize umuntu upfa nabwo bakibuka kubimenyekanisha ku gihe.
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame arasaba abagize ihuriro ry’inganda mu Buhinde CII, Confederation of Indian Industry, kongera ishoramari mu Rwanda no mu karere k’Afurika y’Iburasizuba muri rusange kubera ko ngo hari amahirwe menshi yo gushoramo imari.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase, yatangaje ko amakosa yagaragaye mu kongera imbago z’imihanda arimo kutishyura neza abaturage babaruriwe no kutubahiriza agaciro k’imitungo y’abaturage byamaze gukosoka n’ibindi bitararangira bikaba biri mu nzira.
Abanyarwanda 13 batahutse bava mu mashyamba ya Congo kuri uyu wa 04/11/2014 baravuga ko batinze kugaruka mu gihugu cyabo kubera icyizere bari bafitiye umutwe wa FDLR aho wabizezaga ko uzabacyura ukoresheje imbaraga zawo ariko ubu icyo cyizere cyarashize.
Ubwo Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa yatangizaga inama z’abana zitegura Inama nkuru y’igihugu ya 10 y’abana mu karere ka Gicumbi kuri uyu wa 3/11/2014 yasabye ababyeyi kubahiriza uburenganzira bw’abana.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), Nsengimana Jean Philbert, asaba urubyiruko kubyaza umusaruro amahirwe aruzengurutse ubundi rugaharanira kwihangira imirimo kugira ngo rurwanye ubushomeri.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Cyanika baratangaza ko sosiyete y’abashinwa ya CHICO (China Henan International Cooperation Group) iri gukora imihanda yabateje isuri bitewe n’uko bayoboye imiyoboro y’amazi mu mirima yabo bikangiriza imyaka.
Bamwe mu baturage bahawe akazi n’akarere ka Rusizi ko gucunga abinjira n’abasohoka banyuze ku byambu by’ikiyaga cya Kivu n’imigezi, baravuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo gukora badahembwa aho ngo bamaze amazi 8 basaba guhembwa, abayobozi b’imirenge babakoresha bakababwira ko batarashyirwa mu ngengo y’imari.
Ubwo hatangizwaga urugerero mu ishuri rikuru rya Kibogora (KP: Kibogora polytechnic), Umuyobozi wa komisiyo y’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface yasabye abanyeshuri kuba umusemburo nyawo w’iterambere ry’aho batuye bahazana amajyambere, kandi bimakaza indangagaciro na kirazira mu mibereho yabo.
Innocent Sebayoboke, umugore n’abana be batandatu batuye mu Kagari ka Nyabikokora umurenge wa Kirehe bamaze icyumweru bacumbitse mu baturanye nyuma yo gusenyerwa n’imvura yaguye tariki 25 Ukwakira 2014.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe, Mutwarangabo Simon yihanangirije abagifite imyumvire y’uko iyo abanyeshuri baje mu biruhuko ari isenene ziba ziguye, kuko uzafatwa yashutse umwana azabihanirwa bikomeye.
Mukamana Jeannette utuye mu kagari ka Nyabigugu mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango, atunzwe n’akazi ko mu bucukuzi bw’amabuye mu birombe biri muri uyu murenge, akavuga ko aka kazi kamurinze ibishuko byinshi ajya abona abakobwa bakunze kugwamo.
Abaturage bo mu karere ka Ngororero bahawe inguzanyo zo kwiteza imbere binyuze muri VUP (Vision 2020 Umurenge Program) barasabwa kwishyura umwenda bahawe kugira ngo uhabwe abandi baturage nabo bakeneye kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umuryango Pro-Femmes Twese Hamwe, Emma Marie Bugingo, arasaba abagore kudakoreshwa na kamere yabo ngo bitwaze ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye kuko hari abagore bitwaza iryo hame bagakora ibyo bishakiye ndetse bakanahohotera abagabo.
Aba baturage bo ku kirwa cya Nkombo mu karere ka Rusizi baravuga ko bamerewe nabi n’imvura ibanyagirira ku byambu bibahuza n’indi mirenge kuko aho biri hitaruye amazu bashobora kugamamo.
Mu kwizihiza umunsi w’abatagatifu bose ku itariki 01 Ugushyingo 2014, Padiri mukuru wa Paruwasi ya Kirehe Diyosezi ya Kibungo, César Bukakaza, yijeje ko kuba umutagatifu ku Munyarwanda bishoboka ngo icyangombwa ni igukora ugushaka kw’Imana.
Abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagiriye uruzinduko mu karere ka Rusizi kuri uyu wa gatandatu tariki 01/11/2014, batungurwa n’iterambere abaturage bo mu cyaro bamaze kugeraho bitandukanye n’ibyo basanzwe bumva.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu murenge wa Ngoma mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko bagiye kurushaho kunoza imikorere kuko ngo bigaragara ko hari imirimo idakorwa nk’uko bikwiye.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu murenge wa Kiyombe bakora muri gahunda ya VUP bishimira iterambere bamaze kugeraho, bamwe mu bageze mu zabukuru bo bahabwaga inkunga y’ingoboka inyuze muri iyi gahunda bo bavuga ko batakiyibona, ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko abakiri muri iyi gahunda bose bagihabwa iyi nkunga uretse (…)
Bamwe mu bagore bo mukarere ka Nyaruguru baratangaza ko n’ubwo bahawe ijambo bakaba basigaye babasha kujya mu bandi ngo bakibangamiwe n’uko abagabo babo babashakiraho abandi bagore bikadindiza iterambere ryabo.
Abasivili 44 bava mu bihugu umunani by’umuryango w’Afurika y’Iburasizuba bifite ingabo ziteguye gutabara aho rukomeye (EASF), kuri uyu wa Gatanu tariki 31/10/2014 barangije amahugurwa abategurira ibikorwa byo kugarura amahoro mu butumwa bw’amahoro bukorerwa hirya no hino muri Afurika.
Minisitiri w’Umuco na Siporo arasanga harabayeho amakosa yo kwemeza no gutangaza amabwiriza hatabayeho kubanza kubaza Abanyarwanda. Asabira imbabazi abakoze aya mabwiriza akavuga ko yakomeza kugibwaho impaka byaba na ngombwa akarekwa hagakomeza imyandikire isanzwe.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 01/11/2014, abahagarariye ibihugu bitandukanye mu Rwanda barakorera uruzinduko mu karere ka Rusizi aho biteganijwe ko bazasura ibikorwa binyuranye.
Abayobozi n’abashinzwe umutekano mu karere ka Ngororero bavuga ko abagabo bo muri aka karere aribo bakunze kwiyahura kurusha abagore. Ibi bikaba bishobora kuba bifitanye isano n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge bikunze kugaragara cyane mu bagabo kurusha abagore.
Mu gihe mu Rwanda harimo gutegurwa Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 10 izatangirizwa ku rwego rw’igihugu mu Karere ka Gicumbi tariki 03/11/2014, abana ndetse n’ababyeyi bo mu Karere ka Karongi bafite ibyo basaba byazaganirwaho byafasha umwana wo mu cyaro.
Inzego zishinzwe umutekano mu karere ka Ngororero zivuga ko ikibazo cy’iyimuka ry’abana bava mu karere bajya ahandi hantu hatazwi impamvu cyaba gifitanye isano n’ibyaha by’icuruzwa ry’abantu (Human Trafficking), ubu hakaba barimo gushakishwa impamvu z’uko kugenda n’abababifitemo uruhare.
Mu gihe guhera kuwa 25 kugeza kuwa 31/10/2014, mu Rwanda ari icyumweru cyahariwe kuzigama, kuri uyu wa 30/10/2014 abantu 18 barimo abagabo n’abagore bahawe inyoroshyangendo zigizwe n’igare n’igikapu kuri buri umwe bizaborohereza kurushaho kunoza umurimo wabo w’ubukangurambaga bashishikariza abaturage hirya no hino mu (…)