Urwego rw’Umuvunyi rurasaba abaturage gukomeza kugaragaza ubufatanye narwo batunga agatoki aho bakeka icyaha cya ruswa, bakanatangira amakuru ku gihe aho baba babonye yagaragaye kugira ngo ikoneze icike mu Rwanda.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) yatangije igikorwa cy’umuganda mu nkambi z’impunzi mu rwego rwo kuzifasha kubugabunga aho ziri no gukora bimwe mu bikorwa byazifasha kwiteza imbere.
Abarwanyi 26 ba FDLR n’abagize imiryango yabo 19 bagejejwe mu nkambi i Kisangani ahagomba gutuzwamo abarwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi ku bushake basabye abasigaye mu mashyamba kurambika intwaro hasi.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé, arasaba abaturage bo mu karere ka Burera baba bafite bene wabo cyangwa se n’abandi bazi bakiri mu mashya ya Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, mu mutwe wa FDLR, kubahwiturira bagataha bakaza gufatanya n’abandi kubaka u Rwanda.
Ahitwa i Kibeho mu karere ka Nyaruguru hari kubera imihango yo kwibuka ku nshuro ya 33 Bikira Mariya nyina wa Yezu abonekeye abakobwa b’Abanyarwandakazi.
Ababana na virusi itera SIDA mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kurwanya amakimbirane ndetse no gukumira icuruzwa ry’abantu, ngo kuko biri ku isonga mu bikomeza gukwirakwiza virusi itera SIDA.
Ingabo z’u Rwanda zivuye mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfour muri Sudan zirashimwa ibikorwa byiza zisizeyo birimo kurihira abana amashuri, guhuza impande zombi zishyamiranye n’ibikorwa by’umuganda byose byiyongera ku nshingano nyamukuru yazijyanye yo kirinda umutekano.
Abasore bane bari abarwanyi ba FDLR n’abana babiri bakoranaga na bo, kuri uyu wa 27/11/2014 bahisemo gutahuka mu Rwanda aho kujya Kisangani aho abandi barwanyi ba FDLR bashyize intwaro hasi bajyanwe mu nkambi yabateguriwe.
Abasigajwe inyuma n’amateka batuye mu Mudugudu wa Mukamba mu Kagari ka Ngondore mu Murenge wa Byumba, kuwa 26/11/2014 basinyanye imihigo n’ubuyobozi bw’umurenge wa Byumba mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere no guhindura imyumvire ikirangwa muri iyi miryango.
Ishyirahamwe nyarwanda ry’abanyamakuru (ARJ) ryamenyesheje Urwego rw’Umuvunyi hamwe n’urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) ko n’ubwo hagiyeho itegeko ryerekeye kubona amakuru, hakiri ikibazo cy’inzego zimwe na zimwe zititabira gusubiza umunyamakuru usabye kuvugana nazo.
Umuryango Mpuzamahanga udaharanira inyungu ushingiye ku myemerere “Women Foundation Ministries” ukaba ugamije gukomeza imiryango binyuze mu gufasha abagore urategura igikorwa ngarukamwaka cyo gushima Imana (Thanks Giving) kigiye kuba ku nshuro ya munani.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya batuye mu Karere ka Kayonza barasabwa kugaragaza uruhare rwa bo mu iyubakwa ry’amazu bazatuzwamo. Amazu bubakirwa yubakwa n’umuganda rusange w’abaturage, ariko rimwe na rimwe abubakirwa ntibagaragara muri bene uwo muganda.
Abakozi bashinzwe imibereho myiza y’abarturage mu turere 10 twakira kurusha utundi Abanyarwanda batahuka bava mu buhunzi, bari kwibutswa uburyo bakwiye kujya baha ikaze Abanyarwanda batahuka bakanabafasha gusubira mu buzima busanzwe.
Bamwe mu bahejejwe inyuma n’amateka batuye mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bamaze gutera intambwe mu mibereho yabo ku buryo ngo batagishaka kwirirwa mu byondo babumba.
Abaturage 72 batishoboye bo mu Murenge wa Murambi mu Karere ka Karongi, kuri uyu wa 26/11/2014, binyuze mu giterane “Murambi Shima Imana”, bahawe abishingizi muri gahunda ya “parrainage” igamije gufasha abaturage batishoboye kuva mu bukene bwaba ubwo mu mutwe cyangwa mu mitungo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Ruhashya buratangaza ko babashije kurwanya ubujura bw’inka babikesha guhoza ijisho ku bakekwaho kuba ari bo biba. Ni nyuma y’uko mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Huye hagiye haboneka ubujura bw’inka bukabije mu minsi yashize.
Abaturage bo mu murenge wa Cyeru, mu karere ka Burera, barishimira isanwa ry’ikiraro cyo ku mugezi wa Karuruma ngo kuko mbere kitarasanwa bahuraga n’ingorane mu kugeza umusaruro wabo w’ubuhinzi ku isoko.
Urugaga rw’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Rutsiro rwemeza ko gahunda ya Ndi Umunyarwanda muri rusange imaze gushinga imizi muri ako karere gusa ngo haracyari imbogamizi zirimo kutagira imfashanyigisho.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Mudugudu wa Rugeyo ya Kabiri mu Murenge wa Mwili wo mu Karere ka Kayonza baravuga ko bafite inzara bagasaba inzego z’ubuyobozi kubagoboka.
Kuri uyu wa gatatu tariki ya 26/11/2014, biteganyijwe abarwanyi ba FDLR bari Kanyabayonga bajya Kisangani baciye ku kibuga cy’indege cya Goma.
Padiri Hakizimana Celestin yagizwe umwepiskopi wa Diyoseze ya Gikongoro kuri uyu wa 26/11/2014, diyosezi yari imaze imyaka ibiri n’amezi umunani nta mushumba ifite.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) buragaragaza ko ikibazo cyo kurangiza imanza cyagaragaye nk’igituma abaturage bavuga ko bahabwa serivisi zitanoze.
Abakiristu babarirwa muri 300 bavuga ko baturutse mu turere tumwe na tumwe tw’Intara y’Amajyaruguru y’u Rwanda biyemeje kugenda n’amaguru bibabaza, kugeza bitabiriye isabukuru y’imyaka 33 ishize i Kibeho mu karere ka Nyaruguru habereye amabonekerwa ya Bikiramariya.
Abanyarwanda 80 barimo abagabo 4, abagore 25 n’abana 51 bose baturutse muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo tariki 25/11/2014 bakiriwe mu nkambi yakira impunzi by’agateganyo ya Nyagatare iherereye mu karere ka Rusizi.
Umukecuru Nyirabahutu Daphrose bahimba “Umukecuru wa Perezida”, utuye mu Kagari ka Raranzige, Umurenge wa Rusenge mu Karere ka Nyaruguru avuga ko agize amahirwe yo kongera kubonana na Perezida wa Repubulika ngo hari ibanga yamuhishiye yamugezaho.
U Rwanda rumaze kohereza izindi ndege ebyiri mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, zikaba ziyongereye ku zindi ebyiri zari zisanzweyo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994 ndetse n’imiryango y’abayikoze bagasaba imbabazi bagafungurwa, nyuma yo gutuzwa mu mudugudu umwe, barashima intambwe bamaze kugeraho mu kwiteza imbere bafatanije babikesha ubumwe n’ubwiyunge.
Ingabo na Polisi by’u Rwanda bishimirwa kuba bifata iya mbere mu gukumira ibyaha by’ihohotera n’icuruzwa ry’abantu, mu gihe insanganyamatsiko mpuzamahanga muri uyu mwaka wa 2014 yamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’icuruzwa ry’abantu, igaragaza ko hari uruhare igisirikare kibigiramo.
Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye, ndetse n’abari bamwungirije aribo Munara Jean Claude wari umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu na Uwimana Marie Louise wari umuyobozi w’akarere wungirije ufite mu nshingano imibereho myiza y’abaturage, beguye ku mirimo yabo ku gicamunsi cyo kuwa (…)
Bamwe mu baturage mu mujyi wa Muhanga barinubira ibikorwa byo kubaka byangiza ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi, ibi ngo bituma umuriro n’amazi bihagarara muri tumwe mu duce dutuwe n’abantu benshi.