Sikubwabo Anastase watangiye igisirikare mu ngabo z’u Rwanda zatsinzwe (FAR) muri 1993 avuga ko intambara y’abacengezi na FDLR-Foca yazirwanye ariko nta nyungu yakuyemo uretse kuraswa no guta igihe mu mashyamba.
Polisi y’igihugu irasaba abashoferi kwirinda umuco wo gutanga ruswa kuko usibye guhanwa igihe ufashwe uyitanga, ruswa imunga ubukungu bw’igihugu.
Kuva kuwa 01/12/2014, Akarere ka Nyabihu gafite umunyamabanga nshingwabikorwa mushya ariwe Ngabo James.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bahamya ko abantu bose barwanyije ruswa yacika burundu, ariko ngo abayobozi nibo bagomba gufata iya mbere mu kuyirwanya baha serivisi nziza abaturage aho kubasiragiza.
Bamwe mu batuye Akagari ka Kagina hafi y’irimbi rya Ruyigi bagaragaza ko bishimiye gusubizwa uburenganzira bwo kwicukurira imva, kuko kugura imva byarushagaho gukenesha umuryango wagize ibyago mu gihe abatabaye bashoboraga kuwufasha gucukura.
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyari 13 Rwf, yo kubaka ikigo cy’ubuvuzi bw’ikitegererezo mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), kikazitwa ‘Center of Excellence in Biomedical Engineering/CEBE’.
Bamwe mu baturage bo mu kagali ka Nyumba mu murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye bemeza ko igiti cyitiriwe amahoro bateye mu mwaka wa 2007 mu gihe cy’imanza za Gacaca cyababibyemo ubumwe n’ubwiyunge mu miryango.
Rumwe mu rubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye na za kaminuza, ruremeza ko rudashobora kwanga gutanga ruswa mu gihe habonetse amahirwe y’akazi mu gihe bagenzi babo bo bavuga ko gutanga iyi ruswa atari ukwihesha agaciro.
Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Nyahinda, Akagari ka Tyazo mu Murenge wa Muhanga barinubira uburyo amazu yabo asenywa n’Isosiyeti FAIR Construction isera amabuye muri aka kagari kandi ntibahabwe indishyi ikwiye.
Abafite ubumuga bo mu Karere ka Gisagara bagiye gufasha kwigisha gahunda ya «Ndi umunyarwanda» mu bandi baturage.
Mukamparaye Anastasie w’imyaka 52 y’amavuko yiyemerera ko yari agiye kurogesha musaza we amuziza kumwima umunani mu masambu ababyeyi babasigiye.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zashyikirije ubwato bwa moteri abaturage batuye ku kirwa cya Birwa ya mbere giherereye mu kiyaga cya Burera, mu Murenge wa Kinoni, mu Karere ka Burera, kugira ngo bujye bubafasha mu ngendo zabo.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Kamonyi bavuga ko abana babo banga kubafasha gukora imirimo yo mu rugo bakirirwa ku muhanda banywa inzoga n’ibiyobyabwenge, nyamara urubyiruko rwo ruhamya ko nta kazi gahagije ko gukora gahari.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Rusizi rurasabwa gufata ingamba zo gukumira ruswa no kudahishira abayitanga kimwe n’abayisaba.
Abaturage batishoboye batahabwaga inkunga y’ingoboka kandi bayikwiye bagiye kujya bayihabwa, kuko urutonde rw’abagenewe inkunga y’ingoboka rugiye gusubirwamo abaturage bo ubwabo bakihitiramo abakene kurusha abandi bakwiye kuyihabwa.
Urubyiruko ruri mu muryango wa FPR-Inkotanyi ruhagarariye urundi mu mashuri makuru na kaminuza byo mu Karere ka Karongi rwafashe umwanzuro wo kuba intangarugero mu myifatire no mu bikorwa.
Umuyobozi wa Radio One Kakooza Nkuriza Charles “KNC”, yashyize ahagaragara amabanga yose y’uko we na Nyagatare Jean Luck bamenyanye n’uko bafatanyije gushinga Radio One, Mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu 6/12/2014.
Mu gikorwa cyo kwamagana ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga ku bufatanye n’umuryango UCEF uhuje abagore b’abakirisitu bagaragaje ko impamvu zituma ihohoterwa ridacika ari ukubera ko abarikorerwa batarishyira ahagaragara.
Madame wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yasabye ababyeyi ko batagomba kwibuka igihe cyarenze gusengera abana no kubafasha kwirinda icyorezo cya SIDA. Bibi yabitangaje ubwo yari mu gikorwa cyo gukusanya inkunga izagenerwa bamwe mu babana n’ubwandu bw’agakoko gatera SIDA, cyateguwe n’umuryango wa gikirisitu wa CVX.
Abayobozi munzego zibanze barasabwa kujya bajya inama n’abaturage igihe hari gahunda y’iterambere bashaka gushyira mu bikorwa kuko iyo bagiye inama aribwo iyo gahunda igerwaho vuba kandi neza.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero bugaragaza ko abantu ibuhumbi 173 bangana na 51% by’abatuye akarere bakiri mu bukene. Aba baturage bose biteganyijwe ko bazafashwa kubuvamo mu gihe gito, nkuko bivugwa n’umukozi wako ushinzwe igenamigambi.
Abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu karere ka Nyabihu barasaba ko ururimi rw’amarenga rwakwigishwa henshi mu Rwanda kuko rubafasha gusobanukirwa no kumva ubutumwa bubagenewe nabo bakaba bagira uruhare mu gushyira mu bikorwa ibivuzwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burasaba abaturage guhindura imyumvire bakumva ko amafaranga y’inkunga y’ingoboka ya VUP atari ay’abasaza n’abakecuru ahubwo ari ay’abantu batishoboye.
Bamwe mu batuye mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gakenke bemeza ko bamaze gusobanukirwa n’akamaro ko kwigira kuko bituma umuntu ashobora kwikemurira bimwe mu bibazo bye ntawe ategeye amaboko.
Inkeragutabara zo mu Karere ka Nyamasheke zasabwe kuba umusemburo w’iterambere, zibumbira mu makoperative hagamijwe kuba indashyikirwa mu iterambere kandi zubaka igihugu.
Umwana w’imyaka 17 witwa Higaniro Jules aravuga ko uwamufasha akamujyana mu kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cya Iwawa ubuzima bwe bwahinduka.
Abagabo bagera kuri 17 biganjemo abashoferi bafatiwe mu cyuho bagerageza guha ruswa abapolisi ahantu hatandukanye mu gihugu.
Akarere ka Kicukiro kashyikirije uwitwa Niyotwizera Maurice wo mu Murenge wa Niboye igihembo cy’ibihumbi 100 by’amafaranga y’u Rwanda, ashimirwa amakuru yatanze y’umuntu wagendaga asoresha abacuruzi atabyemerewe abandi akabaka ruswa.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Ngoma bavuga ko hari amagambo yo muri bibiliya usanga afobya abafite ubumuga ndetse ngo bamwe bikabakomeretsa igihe bagiye gusenga bagasoma ayo magambo.
Mu gihe bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze bavuga ko abaturage banga kwitabira inama, umuyobozi w’akarere ka Nyaruguru habitegeko Francois we aratangaza ko nta muturage mubi utumva ubaho, ahubwo ko habaho umuyobozi utumva wananiranye.