Mahirwe Nadine w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu Murenge wa Ruhango, Akarere ka Ruhango, niwe munyamahirwe wegukanye imodoka ya 6 mu irushanwa ryateguwe na MTN ryiswe Sharama.
Imiryango itatu y’Abanyarwanda birukanwe mu gihigu cya Tanzaniya batuzwa mu murenge wa Musaza akarere ka Kirehe, bakomeje kwishimira uko bakiriwe n’uburyo babayeho mu Rwanda.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 22/11/2014, hirya no hino mu gihugu habereye igikorwa cy’umuganda cyahuriwemo n’intore ziri ku rugerero n’abatoza bazo. Kigali Today yabahitiyemo amwe mu mafoto agaragaza uko iki gikorwa kitabiriwe n’uru rubyiruko.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru ya bamwe mu bakozi bubaka ibiro by’akarere ka Kamonyi i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; bakoze igisa n’imyigaragambyo bakanga gukora tariki 19/11/2014; ababakoresha n’ubuyobozi bw’akarere bahagurukiye ikibazo amafaranga ya bo bayahabwa nyuma y’iminsi ibiri.
Bamwe mu batuye umurenge wa Rutunga mu karere ka Gasabo barokotse Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994 n’abayikoze cyangwa abasahuye imitungo y’abandi baremeza ko ubwiyunge bushoboka bagendeye ku buryo babashije kongera kuvugana batabitekerezaga.
Abagore bakwiye gutinyuka imyuga bamwe bafata nk’iy’abagabo kuko icy’ingenzi ari uko umuntu akora umwuga we awukunze kandi akumva ko umuhesheje ishema.
Nyuma y’aho akarere ka Rusizi gakomeje kugaragaza ko ariko gafite imyenda myinshi y’ubwisungane mu kwivuza mu ntara yose y’iburengerazuba kandi ariko gafite ubukungu bufatika muri iyo ntara, byatumye abashinzwe ubugenzuzi mu bijyanye n’amafaranga ku rwego rw’intara y’iburengerazuba boherezwa muri ako karere kugira ngo (…)
Koperative y’abikorera bahoze mu gisirikare (Kigali Veterans Cooperative Society/K.V.C.S) iravuga ko mu batwara ibinyabiziga hari ababihagarika ku mihanda ariko ntibishyure amahoro basabwa n’iyo koperative; ikaba ibaburira ko barimo kwica amategeko ya Leta agenga itangwa ry’amahoro.
Ubuhamya butangwa n’umuvugabutumwa, uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi ndetse n’uwayigizemo uruhare bushimangira ko hagunda ya “Ndi Umunyarwanda” n’ijambo ry’Imana byuzuzanya kuko byose bihamagarira abantu kubana neza mu mahoro, bakubahana, bakoroherana, bakagira ubumwe n’ubwiyunge kandi buri wese agaharanira guha agaciro (…)
Abatuye umurenge wa Muganza bibumbiye mu matsinda y’ubumwe n’ubwiyunge, baratangaza ko bishimira aho bageze mu bwiyunge, bakifuza ko Umunyarwanda wese yagera aho bageze.
Mu muhango wo kugabana ubwasisi bwa miliyoni 80 hagati y’abanyamuryango bagize koperative COCAMU y’ubuhinzi bwa kawa mu murenge wa Musaza, Perezida Kagame yaboherereje intumwa ko abemereye imodoka ya FUSO izabafasha kugeza umusaruro ku ruganda.
Ababyeyi barasabwa kongera uruhare rwabo rwo kwita no guteza imbere uburenganzira bw’abana, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama nkuru y’igihugu ngarukamwaka y’abana kuri uyu wa kane tariki 20/11/2014.
Ubwo yatangizaga ihuriro ry’urubyiruko rwo mu idini ya Gaturika, kuri uyu wa 20/11/2014, intumwa ya papa mu Rwanda, Francis Russo Ruciano, yahaye ubutumwa urubyiruko bwo kuba umusemuro w’amahoro.
Bamwe mu baturage mu Murenge wa Nyabitekeri mu Karere Ka Nyamasheke bavuga ko bamaze gutera intambwe ikomeye kandi idasubira inyuma mu kubaka amahoro arambye y’igihugu bishingiye ku bumwe n’ubwiyunge bakangurirwa kandi bigishwa umunsi ku munsi.
Benshi mu bayobozi b’akarere ka Nyagatare banenze raporo y’ubushakashatsi yakozwe n’ikigo Illumination Consultancy Training Center ku bibazo bibangamiye iterambere ry’umuturage mu Karere ka Nyagatare.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali n’ubwa Polisi y’igihugu byahize imihigo yo gukomeza guteza imbere umutekano n’isuku mu mujyi wa Kigali, kugira ngo u Rwanda rukomeze ruhige indi mijyi mu bwiza.
Umuvugizi wa FDLR yatangaje ko ubu nta zindi mbogamizi zizabuza abarwanyi ba FDLRbashyize intwaro hasi kujya aho bateguriwe kuko inkambi bateguriwe iri i Kisangani yujuje ibisabwa.
Minisitiri Tugireyezu Vénantie ukorera mu biro bya Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari mu birori bya koperative COCAMU y’i Kirehe byo kwishimira inyungu ya miliyoni zisaga 80 yungutse muri uyu mwaka wa 2014, abanyamuryango bakaba baza no kugabana iyo nyungu ku gicamunsi.
Abakozi 40 bakora mu mirimo y’ubwubatsi bw’ibiro bishya by’akarere ka Kamonyi birimo kubakwa i Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge, mu gitondo cya tariki 19/11/2014 bakoze igisa n’imyigaragambyo basaba kwishyurwa amafaranga bamaze gukorera.
Umwe mu babyeyi bo mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi arashimirwa umutima w’impuhwe yagize nyuma yo gufata abana babiri b’impinja bari batawe n’ababyeyi babo bakimara kuvuka bakabura ababarera.
Impuzamiryango “Pro-Femmes twese hamwe” iratagaza ko n’abagabo bakorerwa ihohoterwa n’abo bashakanye, ariko ntibatinyuke kubivuga.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Kaboneka Francis, asaba urubyiruko rw’u Rwanda kurangwa n’ibikorwa byiza biganisha ku iterambere, ruharanira kugira imyitwarire iboneye kandi rwirinda kwibonekeza.
Ababyeyi barasabwa guhindura uburyo bareragamo abana babo bijyanye n’ibihe byashize, bakita ku kubarera bijyanye n’umuco n’igihe isi igezemo babafasha kugira uruhare mu byemezo babafatira.
Bamwe mu batuye mu karere ka Gasabo barasaba ko ibyangombwa byose bijyanye n’ubutaka nko kubaka no guhindura ibyangombwa by’ubutaka bidakwiye kuba bishakirwa ku karere, kuko bibarushya kubibona kandi bagatakaza n’umwanya babyirukaho.
Leta y’u Bwongereza, mu ijwi rya Ambasaderi wayo mu Rwanda, William John Gelling, iravuga ko nta ruhare na ruto yagize mu kuba igitangazamakuru BBC cyarakoze kikanatangaza ikiganiro kirimo kwamaganwa hirya no hino mu Rwanda no ku isi, ko gipfobya Jenoside yakorewe abatutsi kikanasebya Ubuyobozi bukuru bw’u Rwanda.
Muri gahunda yo gukomeza gushimangira umuco w’ubumwe n’ubwiyunge, mu Murenge wa Nzahaha hashizweho intango y’umuco nyarwanda idakorwaho n’umuntu ubonetse wese. Iyo ntango ni inzoga y’umwimerere iri mu kabindi inyobwaho n’abamaze gutera intabwe mu gikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge gusa.
Mu nama yahuje na Komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge hamwe n’inzego z’ubuyobozi ndetse n’impuguke mu by’ubuzima bwo mu mutwe, byagaragaye ko mu karere ka Muhanga hakigaragara imyumvire mike ituma gahunda ya ndi umunyarwanda idakora neza.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Nirere Madeleine, arasaba abayobozi mu nzego z’ibanze kwimakaza imiyoborere myiza bumva n’uruhare rwabo mu kurengera uburenganzira bwa muntu kuko imiyoborere myiza ari yo shingiro ryabwo.
Mu gihe byari bimenyerewe ko abubaka nta byangombwa byo kubaka bafite aribo basenyerwa, umugabo witwa Ndamage Sylvin utuye mu mudugudu wa Rutenga, Akagari ka Gahogo mu Murenge wa Nyamabuye yaraye asenyewe kuri uyu wa 17/11/2014 nyuma y’uko yubatse afite ibyangombwa bibimwemerera.
Abamotari bo muri koperative 12 zabyawe na sindika y’abamotari yitwa SYTRAMORWA, kuri uyu wa kabiri tariki 18/11/2014, bakoze urugendo rwo kwamagana igitangazamakuru cya BBC, kubera filime “Rwanda: The Untold story” cyasohoye igaragaramo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.