Sebutege Ange atorewe kuyobora Akarere ka Huye asimbura Muzuka Eugene weguye na Komite bakoranaga nyuma yo gukurwaho icyizere tariki ya 31 Gicurasi 2018.
Volks Wagen ni rumwe mu nganda zatangiye gukorera muri Africa mbere. Mu myaka 67 ishize, nibwo VW yatangije ishami ryayo hanze y’ubudage, muri Africa y’Epfo. Uretse muri Africa y’Epfo, uru ruganda runafite ibikorwa muri Kenya no muri Nigeria.
Padiri Twizeyumuremyi Donatien uyobora Caritas ya Kigali, avuga ko ipfundo ry’ikibazo cyo kujya mu mihanda kw’abana, ari uburere bwabuze mu miryango imwe n’imwe. Hari n’abandi batemeranya n’uyu mu padiri, bavuga ko ubukene ari yo ntandaro nyamukuru ituma abana bajya mu mihanda. Iyumvire muri iyi nkuru icyo abarebwa n’iki (…)
Benshi mu bize muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye ikiri Kaminuza imwe Nkuru y’u Rwanda, bakumbuye kubona uko isigaye isa no kubona uko inkengero zayo zisigaye zimeze. Hari na benshi bafite amatsiko yo kumenya bimwe mu bice byayo byavuguruwe cyangwa se ibishya byahubatswe. Kigali Today irabamara ayo matsiko mu mafoto.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero baratabaza ubuyobozi nyuma yo kutabona amafaranga bakoreye mu bikorwa byo gutunganya umuhanda wa Rubagabaga- Gatega bakaba bamaze amezi arenga arindwi batarishyurwa.
Inteko rusange y’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije, Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) yemeje ko Dr. Frank Habineza akomeza kuyobora iryo shyaka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), Isaac Munyakazi, avuga ko nta muntu wize Korohani wakabaye agaragara mu bikorwa bibi kuko irimo inyigisho nziza.
Muri Nyakanga u Rwanda ruzagendererwa n’abayobozi bakomeye barimo uw’u Bushinwa, u Buhinde n’uwa Mozambique, mu rwego rwo kunoza umubano ibihugu bifitanye.
Abanyarwanda bishimira byinshi bagezeho birimo iterambere ariko hari n’utundi tugeso twacitse, ku buryo iki gihe utugaruye byagutera ipfunwe mu bandi.
Abakozi b’Ikigo East African exchange (EAX) basuye Ingoro y’amateka y’urugamba rwo kubohora igihugu.
Abana bo mu Karere ka Nyamasheke barashinja ababyeyi kutita ku nshingano zo kubarera bigatuma hari abatakaza uburere bakiri bato bikabaviramo ubuzererezi.
Ubwo abatuye umudugudu wa Muhororo mu murenge wa Kinyinya muri Gasabo basuraga Ingoro y’amateka yo guhagarika Jenoside, bibukijwe ko gukorera hamwe bituma bagera ku ntego.
Perezida Paul Kagame yifatanije n’abitabiriye siporo rusange yo kuri iki Cyumweru tariki 17 Kamena 2018, avuga ibyiza abayikora bayikuramo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko abayobozi bitwara nabi bakwiye kubibazwa, kandi ko badakwiye gukomeza kurwazwa nyamara bahemukira abaturage.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abayisilamu, abifuriza umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Umunsi mukuru ngarukamwaka w’Abayisilamu uzwi nka Eid - El- Fitr, muri uyu uyu mwaka waranzwe n’ibikorwa by’urukundo n’ubutumwa bwo gusaba abayoboke kwirinda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba avuga ko guhugura abagize inzego z’umutekano, ari uburyo bwizewe bwo kurwanya ihohoterwa n’ibyaha ndengamipaka.
Laboratwari y’igihugu yatangaje ibiciro ku bipimo by’ibanze by’utunyangingo (DNA), birimo n’ibizafasha abantu kumenya niba abantu runaka bafitanye isano.
U Rwanda rwatangije ikigega kizajya gifasha abashakashatsi mu mirimo yabo kikazakuraho inzitizi z’amikoro bagiraga zabangamiraga iterambere ry’ubushakashatsi.
Urwego rw’Umuvunyi runenga zimwe mu nzego kudatanga amakuru, bikaba bishobora guteza ibibazo hagati yazo n’itangazamakuru mu gihe ryatangaje amakuru atari ukuri.
Kuva kuri Cyumweru abakoresha urubuga rwa Twitter babonye uburakari bw’abantu kubera akabari kitwa “Cocobean” gashinjwa kwanga kwakira umukobwa kuko afite ubumuga bw’uruhu.
Murekatete Thriphose, Nyirinkuyo Mediatrice, Kanyamashuri Janvier na Tuyizere Michel nibo batorewe kuzahagararira umuryango wa RPF Inkotanyi mu matora y’abadepite mu karere ka Rubavu.
Imiryango irenga 100 yo mu murenge wa Nyarugunga y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’abaturage baturanye na bo batishoboye bahawe ivomo ry’amazi meza baruhurwa ibirometero byinshi bakoraga bajya gushaka amazi yo mu gishanga.
Amatora y’ibanze mu tugari hashakwa abazahagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu nteko ishinga amategeko, abenshi mu biyamamaje bari basanzwe ari abadepite.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe na Minisitiri w’umutekano wa Congo Henri Mova Sankanyi bashyize umukono ku masezerano yo kwemeza imbago 22 zashyizweho.
U Rwanda rwiteguye gukorana n’ibihugu bya Afrika mubyerekeranye n’ubuhahirane bushingiye ku ngufu z’amashanyarazi, aho rushobora gutangira kujya rugura cyangwa se rukagurisha amashanyarazi mu bindi bihugu bya Afrika hifashishijwe imiyoboro migari.
Abayisilamu biga mu gihugu cya Arabie Soudite bahaye bagenzi babo bagororerwa muri Gereza ya Mpanga amafunguro yo kwifashisha mu gihe cy’igisibo.
Ubuzima bw’agace ka Koridoro ya Giporoso, burangwa n’umubare munini w’indaya zihaba mu ijoro, imikino y’amahirwe yararuye benshi, ubusinzi buhinguranya ijoro ndetse n’urugomo rwa hato na hato. Haratinyitse ariko hanateye amatsiko. Kurikira Ikiganiro Inyanja twogamo cya KT RADIO cyakorewe muri aka gace.
Akarere ka Gasabo kihaye umuhigo wo gushakisha abagabo n’abagore batandukanye n’abo bashakanye kugira ngo bandikwe mu gitabo cy’ irangamimerere, gusa ngo ntibakunze kwigaragaza ku buryo bigira ingaruka ku buzima bw’akarere.
Niba waracitswe n’ikiganiro Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka yakoreye kuri KT Radio, Radio ya Kigali Today, avuga ku bayobozi b’uturere bamaze iminsi begura, gikurikirane kuri Podcast yacu.