Perezida Kagame asanga abantu badakwiye gufata Afurika mu isura ya ruswa kuko ari ikibazo kiri ku isi yose, ariko akongeraho ko hakenewe ubushake n’ingamba zo kuyica muri Afurika.
Mu masaa yine z’ijoro yo kuri uyu wa 28 Mutarama, ahakorerwa amasabune muri Gereza ya Huye hafashwe n’inkongi, Polisi itabara bwangu harazimywa.
Hari Abanyafurika n’abayobozi bakomeye ku isi batangiye kugaragaza uburyo biteze byinshi kuri Perezida Paul Kagame uzatangira kuyobora Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku mugaragaro kuwa Mbere.
Abagore bo mu Karere ka Nyamasheke barimo gutaka kubera abagore bafite amafaranga babatwarira abagabo, bigasenya ingo n’imiryango.
Padiri Mudahinyuka Charles wari umwe mu bahanzi bakomeye wamamaye mu ndirimbo yakunzwe cyane “U Rwanda rw’ejo” kuri uyu wa gatanu yitabye Imana azize uburwayi.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko Amerika yafashije u Rwanda mu rugendo rw’iterambere rwatangiye, anizeza ko iyo mikoranire izakomeza ku mpande zombi.
Benshi mu rubyiruko barangije za kaminuza bavuga ko batanyurwa n’imitangire y’akazi kuko ngo hari ababaka ruswa batayitanga n’akazi ntibakabone bikabaheza mu bushomeri.
Perezida Paul Kagame, uri mu nama yiga ku bukungu bw’isi i Davos mu Busuwisi, yagiranye ikiganiro kigufi na Perezida w’Amerika Donald Trump.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse avuga ko mu cyumweru cyahariwe ubufasha bw’amategeko abagabo bazigishwa kudakubita abagore bitwaje ubusinzi.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta itagifatwa nk’abagiraneza, ko ahubwo isigaye ifatanya na Leta mu guteza imbere igihugu mu nguni zose z’imibereho bityo igafatwa nk’abafatanyabikorwa.
Mazimpaka Patrick umwe mu batangije Umuryango wa FPR Inkotanyi yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mutarama 2018.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa hari abamusabye kugabanya u Rwanda mo za leta nto kugira ngo zitandukanye amoko.
Senateri Jim Inhofe wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagiranye ikiganiro na bagenzi be kivuga aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uruhare Perezida Paul Kagame yabigizemo.
Mu biganiro birimo guhuza abakuru b’ibihugu bitabiriye Ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku isi (WEF 2018) i Davos mu Busuwisi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri muri iyi nama, azagirana ikiganiro na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika Donald Trump.
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku Isi. Iri huriro ryitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bitandukanye by’ubukungu.
Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwizwa mu bitangazamakuru ko rwasinyanye na Leta ya Isiraheli mu ibanga amasezerano yo kwakira abimukira iki gihugu kidashaka ku butaka bwacyo.
Umwana Nkunda Amahoro wamamaye cyane ku makaye yo mu mashuri abanza, amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ubu yabaye umusore utagira uko asa.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeza bidasubirwaho imirimo yo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uzava Isaka ukagera i Kigali izatangira mu Kwakira 2018.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Abagenagaciro ni abantu bashinzwe guha agaciro imitungo itimukanwa (Amazu n’amasambu) kugirango beneyo babashe guhabwa inguzanyo mu ma banki, cyangwa se bahabwe ingurane, bimurwe kuri iyo mitungo kubw’inyungu rusange.
Diamond Platinumz umuhanzi ukomoka mu gihugu cya Tanzania, yageze mu Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, aho aje muri gahunda ze bwite zirimo igikorwa cyo gusura ikigo kirera abana bafite ubumuga bwo kutabona kitwa Jordan Foundation.
Itorero ry’Abangilikani mu Rwanda ryatoye Reverend Dr. Laurent Mbanda nk’Umuyobozi Mukuru waryo asimbuye Onesphore Rwaje wari umaze imyaka irindwi ariyobora.
Perezida Paul Kagame yabwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko umwaka ushize wabaye mwiza ariko ikibazo cy’abimukira bakomeje gushirira muri Libiya kikaba cyaragoranye cyane.
Oumar Daou uhagarariye igihugu cya Mali mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi, kuri uyu wa kabiri ari mu bashyikirije Perezida w’u Rwanda Paul Kagame ibyangombwa bimwemerera guhagararira igihugu cye mu Rwanda.
Hakizimana Aimée Luc ni umwana w’imyaka 24 y’amavuko. Iyi myaka yose akaba ayimaze mu gihugu cy’u Burundi.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kiziguro bishyuwe ibyangijwe na Sosiyete y’Abashinwa icukura amabuye ya Hunnan Road and Bridge Construction Group (HRBCG).
Nicolas Sarkozy wigeze kuyobora u Bufaransa yakoreye uruzinduko mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida paul Kagame mu biro bye.
Pasiteri Ezra Mpyisi wamenyekanye kubera uko avugamo ubutumwa bw’Imana mu buryo butandukanye n’ubwari bumenyerewe, yongeye gutungurana ahamya ko amasengesho ari uguterekera.
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeranya ku mushinga wo kubaka umuhanda wa Gare ya Moshi uzahuza icyambu cya Dar es Salaam n’u Rwanda.
Ministiri w’Intebe, Edward Ngirente yasabye amadini n’amatorero afashijwe n’Imana, kurera neza urubyiruko kugira ngo rucike ku biyobyabwenge n’izindi ngeso mbi.