Umunyarwandakazi umenyerewe mu bikorwa byo kugaburira abarwayi mu bitaro bitandukanye bya Kigali, yabiherewe igihembo n’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II.
Uwera Chemsa kuri ubu afite umwana w’umwaka umwe,yatewe inda n’umushoferi wamushukishije lufuti kandi ataruzuza imyaka y’ubukure.
Uwamariya Veneranda ni we watorewe kuyobora Akarere ka Huye mu gihe cy’agatenyo, nyuma y’uko Kayiranga Muzuka Eugene n’abamwungirije baterewe icyizere.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yavuze ko Guverinoma itajya yivanga mu byo gushyiraho umuyobozi w’akarere runaka, hitwajwe impamvu runaka.
U Rwanda n’u Burusiya bisangiye umubano ushingiye ku mikoranire myinshi muri politiki ariko ubufatanye mu bya gisirikare ni bwo buza ku isonga.
Umwe mu bana bahoze ari inzererezi, araburira abandi ko kuba mu muhanda biteza ibyago birenze gutoterezwa mu miryango.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov ategerejwe mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki 3 Kamena 2018.
Umuryango FPR-Inkotanyi wateguje abanyamuryango bawo ko ugiye guha amahirwe abifuza kuzawuhagarira mu matora y’Abadepite muri NZeri 2018.
Abanyarwanda batuye i Burayi batangiye gukoranaho ngo bazahe ikaze Perezida Paul Kagame uzitabira inama izaba yiga ku iterambere ry’uwo mugabane.
Kamili Athanase wari usanzwe ari umunyamakuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) ni we wasimbujwe Jean Claude Karangwa Sewase wari umaze iminsi itandatu ku buyobozi bw’Akarere ka Gicumbi.
Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Amajyepfo David Shearer,ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kuganira ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Amajyepfo.
Jean Claude Karangwa Sewase wari wagizwe umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Gicumbi yayise yegura nyuma y’iminsi itandatu gusa agiriwe icyizere na Njyanama.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make, ibyo bigatuma batitabwaho bihagije.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umuryango ‘Humanity and Inclusion (HI), baravuga ko gushakana no kubyarana kw’abantu bataziranye biri mu biteza ihohoterwa.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Ellen DeGeneres umunyamakuru ukomeye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika usanzwe ufite ibikorwa mu Rwanda byo kwita ku ngagi yakiriwe na Perezida Paul Kagame.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr. Alvera Mukabaramba yiyemeje kwikurikiranira imikorere ya Komite nyobozi nshya y’Akarere ka Ruhango.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko ibigega bishinzwe kugoboka abaturage bahuye n’ibibazo byuzuye ibiribwa, ku buryo nta muturage wahombejwe n’ibiza uzasonza.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel n’abamwungirije bose beguriye icyarimwe, bakaba bakurikiye inkundura y’abayobozi b’uturere bamaze igihe begura.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu Rwanda, Uwacu Julienne ashishikariza abanyafurika kwandika no gusoma amateka n’umuco bya Afurika kuko byongera ubumenyi bikanagaragaza aho Afurika yavuye n’aho yerekeza.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018 Mudaheranwa Juvenal wayoboraga Akarere ka Gicumbi n’abamwungirije bose beguye ku mirimo yabo.
Abagore barashishikarizwa kwiyandikisha mu ba mbere kuri lisiti z’itora,mu gihe usanga akenshi bagaragara ku migereka n’ubwo baba bitabiriye ku kigero gishimishije.
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Rwakazina Marie Chantal ni we utororewe kuyobora umujyi wa Kigali, akaba asimbuye Nyamulinda Pascal weguye ku mpamvu ze bwite.
Minisitiri ushinzwe iterambere ry’Umurango n’Uburinganire (MIGEPROF), Nyirasafari Esperence asanga ari ubugwari kuba umugabo yahunga ibibazo by’umuryango akigira mu kabari cyangwa akibera mu kazi kandi umuryango umukeneye.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
U Rwanda ruzifatanya n’ibihugu byo muri Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika uzizihizwa ku wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2018.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.