Bamwe mu bafatanyabikorwa b’iterambere ry’Akarere ka Rusizi JADF Isonga, bavuga ko batagira uruhare mu igenamigambi ry’ibikorerwa mu karere kabo.
Minisitiri Amb. Gatete yatangiye kubona ibimenyetso bya mbere by’imikoreshereze mibi y’amafaranga muri MININFRA.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Mata 2018, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Pascal Nyamulinda wari umuyobozi w’Umujyi wa Kigali yamaze kwegura ku buyobozi bw’umujyi, ariko kugeza ubu nta makuru aratangazwa ku mpamvu yatumye yegura.
Perezida Paul Kagame yemeza ko amateka y’u Rwanda atemerera abayobozi gukora batarasa ku ntego, kuko ibyo bakora bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) urasaba ko hakwiye kubaho imitegurire yihariye y’abakoze Jenoside basoza ibihano, mbere y’uko basubizwa mu miryango.
Abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hashyirwa imbaraga cyane cyane mu bikorwa by’isanamutima, kuko bigaragara ko uruhare rwabo rukiri rukeya.
Iyi nkuru ije ikurikira iyo duherutse kubagezaho muri iki cyumweru, aho umuyobozi w’Akarere ka Musanze Habyarimana Jean Damascene yatamaje bamwe mu bayobozi mu ruhame.
Aborozi b’ingurube bavuga ko hari abamamyi bakunze kwitambika hagati y’abaguzi b’ingurube na ba nyirazo bigatuma bagurisha kuri make bikabateza igihombo.
Abayobozi b’inzego z’ibanze bakoze amakosa anyuranye, bihanangirijwe mu ruhame ndetse basabwa kwisubiraho bitaba ibyo bagasezera akazi kagahabwa abandi.
Urubyiruko ruhurira mu matsinda yo gukiza no komora ibikomere akorana n’umuryango Never Again Rwanda (NAR) rwemeza ko abafasha gukira ihungabana rikomoka kuri Jenoside.
Umukuru w’urwego rw’igihugu rw’imiyoborere, Prof Shyaka Anastase, aranenga abayobozi basuzugura ubushobozi bw’abo bayobora, aho bibwira ko hari zimwe muri gahunda zibagenewe badashobora kugishwaho inama ngo kuko zirenze imyumvire yabo.
Bamwe mu bakuru b’imidugudu bavuga ko abayobora amatsinda y’ingo yiswe “amasibo”, babagabanirije imvune bagiraga mu gukemura ibibazo by’abaturage.
Abantu bane bari bagwiriwe n’ikirombe cy’amabuye ya Gasegereti giherereye mu Murenge wa Mwurire mu karere ka Rwamagana kuva ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, babashije gukurwamo ari bazima.
Impunzi z’Abarundi zari mu Rwanda ariko zikiyemeza gutaha kubera imyemerere, zivuga ko ntacyo zishinja u Rwanda ariko zigashimangira ko zidateze guhindura imyemerere zifite.
Zimwe mu mpunzi z’Abarundi zari zimaze ibyumweru bitatu zihungiye mu Rwanda, zahise zisurubira i Burundi igitaraganya zitahamaze kabiri.
Umujyi wa Kigali watangije ku mugaragaro igikorwa cyo kubaka umudugudu uzatuzwamo abari batuye mu gace gaherere i Nyarutarama kazwi nka "Bannyahe."
Impunzi z’Abarundi zari ziherutse guhungira mu Rwanda ariko zanga kubarurwa na zimwe muri serivisi zagenerwaga zirimo ubuvuzi, zahisemo gutahuka zisubira i Burundi.
Umuyobozi wa Transparency International Rwanda, Ingabire Immaculle, yabwiye abayobozi b’uturere ko abiyumvishaga ko ntacyo agomba kubabaza mu mikorere y’uturere bayobora bibeshya.
Abayobozi b’uturere basabwe guhora basangira amakuru kuri ba Rwiyemezamirimo baha amasoko, kugira ngo hirindwe ko abambuye abaturage bongera guhabwa amasoko.
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’abayobozi bo mu nzego z’ibanze yabibukije ko inshingano zabo ari ugufasha abaturage kubaho neza ku isi, bitegurira kuzabaho neza mu ijuru.
Perezida Paul Kagame avuga ko arambiwe abayobozi bananirwa kuzuza inshingano bahawe, bagahora basaba imbabazi ariko ntibikosore.
Perezida Paul Kagame atangiza Umwiherero w’abayobozi bo mu Nzego z’ibanze, yabasabye guhora batekereza uburyo bwo gukorera neza abaturage kuruta gukora bagamije inyungu zabo bwite.
Abayobora amatorero mu karere ka Nyagatare, bemeza ko bamunzwe n’ivangura rishingiye ku moko n’uturere abantu baturutsemo.
Perezida Kagame arageza ijambo ku bayobozi b’ibanze mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro Umwiherero wabo, kuri uyu wa Gatatu tariki 28 Werurwe 2018.
Abayobozi bo mu Murenge wa Kimihurura bavuga ko nyuma yo gusura Inzu Ndangamurage ikubiyemo amateka yerekana uburyo ingabo zahoze ari iza FPR –Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, batahanye ishyaka ryo kurwana intambara yo guhashya ubukene mu bahatuye.
Kuri iki cyumweru Perezida Paul Kagame ari mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe mu gihugu cya Uganda, aho ari bugirane ikiganiro cyihariye na Mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni.
Shehe Bahame Hassan watumiwe mu mwiherero w’abagize Inama y’Igihugu y’Abagore(CNF), avuga ko Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu(MINALOC) ihangayikishijwe n’ibibazo birimo amavunja.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima, Dr Patrick Ndimubanzi, yavuze ko abantu batagomba gutezuka kuri gahunda zo kwirinda SIDA, nubwo imiti igabanya ubukana bwayo iboneka