Mu munsi mukuru wo gusoza umwaka Perezida Kagame yakiriramo Abayobozi muri Guverinoma, mu nzego za Gisirikare na Polisi, inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abahagarariye abikorera, abifurije umwaka mushya muhire abasaba gutarama kugeza bucyeye.
Umwaka wa 2017 urangiye hari abantu batandukanye bafite ibinezaneza kubera ibintu byiza byababayeho kuburyo badashobora kubyibagirwa mu buzima bwabo.
Polisi ya Uganda yarekuye Abanyarwanda batanu ibageza ku mupaka wa Gatuna, uhuza iki gihugu n’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare buvuga ko 90% by’abakorerwa ihohoterwa rishingiye ku gitsina baba ari abana bari munsi y’imyaka 18.
Akarere ka Kirehe karavuga ko kagiye gushora hafi miliyari ebyiri mu gusana umuhanda w’ibirometero 35 wa Cyagasenyi-Gasarabwayi-Nganda utari nyabagendwa.
Senateri Richard Sezibera agaya abantu batiyubakira ubwiherero bagategereza kubikorerwa n’abaturutse ahandi.
Abana bari kumwe n’ababyeyi babo bafungiye muri Gereza ya Musanze bakorewe ibirori bya Noheli banemererwa amata ahoraho azabafasha kurwanya imirire mibi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe igororamuco ‘National rehabilitation Servise’ kiratangaza ko umwana wavuye muri icyo kigo giherereye Iwawa uzongera gusubira mu muhanda azajya akurikiranwa mu nkiko.
Maniraguha Drocella wabyaye abana batatu b’impanga kuri Noheli, agiye kugenerwa inkunga n’Akarere ka Rulindo.
Abakirisitu bavuga ko badatumira bagenzi babo b’abasilamu mu minsi mikuru ya Noheli n’ubunani, bitewe n’uko imyemerere ya kiyisilamu itemera kwizihiza iyo minsi.
Abana 500 barererwa mu kigo “Mwana Ukundwa” kiri mu Karere ka Huye bari mu byishimo kuko bahawe ibikoresho by’ishuri bazifashisha mu mwaka w’amashuri wa 2018.
Umuryango Mizero Care Organisation wifurije isabukuru nziza urubyiruko rutazi igihe rwavukiye n’abatagira ababifuriza isabukuru nziza.
Musenyeri Philippe Rukamba agaragaza ko ubworohera, kubabarira no kwakira abandi aribyo bigomba kuranga abakristu mu mwaka wa 2018.
Itorero Victorious Life Church ryahaye umunsi mukuru wa Noheli abana bo mu muhanda ndetse n’abandi bana baturuka mu miryango itishoboye basaga 500.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 25 Ukuboza 2017, umunsi abakirisitu bizihirizaho Noheri ibibutsa ivuka rya Yezu/Yesu, Umubyeyi witwa Maniraguha Drocella yabyariye abana batatu b’impanga mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali.
Minsitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Bufaransa budakwiye gukomeza guca iruhande uruhare rwarwo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko u Rwanda rufite raporo simusiga igaragaza Abafaransa n’uruhare rwabo muri Jenoside.
Hari abagenzi baturuka hirya no hino mu ntara bajya mu zindi baraye muri Gare ya Nyabugogo bavuga ko babuze imodoka.
Ku mugoroba wo ku wa 24 Ukuboza hirya no hino abantu batangira gushyashyana, bitegura ibirori bya Noheri iba iri bube ku munsi ukurikira.
Maj Evariste Ndayishimiye uzwi nka Maj. Kizito, umwe mu bayobozi ba FDLR, wari wishyikirije MUNUSCO ngo imufasha gutaha mu Rwanda,byarangiye imushyikirije ingabo za Congo FARDC.
Gatsinzi Fidele Umunyarwanda wari warafashwe n’inzego z’iperereza za Uganda (CMI), zimushinja kuba maneko w’u Rwanda, yageze mu Rwanda kuri uyu wa gatanu tariki ya 22 Ukuboza 2017 atabasha gukandagira kubera iyicarubozo yakorewe n’izo nzego.
Umucamanza w’umufaransa witwa Jean-Marc Herbaut yafashe icyemezo cyo guhagarika iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ryari ryubuwe ku nshuro ya kabiri.
Perezida Paul Kagame avuga ko Abanyafurika badakwiye kurambiriza ku mutungo kamere kuko abaturage ubwabo bafite imbaraga zazamura igihugu, nk’uko byagenze ku Rwanda.
Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bagize Inteko ishinga amategeko (FFRP) ryagiranye amasezerano n’Umuryango “Plan International-Rwanda” yo gufasha abakobwa gutinyuka no kwirinda ababashuka.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Ukuboza 2017, Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi muri Sudani, yataramanye na Mugenzi we Omar El Bashir mu mugoroba wiganjemo imbyino gakondo zo mu gihugu cya Sudani.
Bamwe mu batunze imbwa mu Mujyi wa Kigali baravuga ko iyo zishaje hari abajya kuzijugunya mu nkengero z’uwo mujyi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Sudan aho ari bugirane ibiganiro na Perezida w’icyo gihugu Omer al-Bashir.
Inama y’Umushyikirano wa 2017 yari iteraniye i Kigali isoje hafashwe imyanzuro umunani igomba gushyirwa mu bikorwa mu gihe cy’umwaka.
Perezida Paul Kagame yagaragaje uburyo ababyeyi b’iki gihe bahangayikishijwe bikomeye n’ibiyobyabwenge byibasiye urubyiruko, avuga ko hakwiye kongerwa imbaraga mu kubirandura burundu kuko bikomeje gufata indi ntera
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Edouard Bamporiki yibukije urubyiruko ko aho Abanyarwanda bicaye ubu hakomoka ku butwari no ku bwitange bw’abababanjirije, abasaba guca bugufi no kubigiraho kugira ngo bazatere ikirenge mu cyabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yafunguye uruganda rukora ibikoresho by’ubwubatsi muri beto (Beton) bizorohereza abakora umurimo w’ubwubatsi.