Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO), isanga amafaranga agenerwa abana ashyirwa mu ngengo y’imari ya Leta akiri make, ibyo bigatuma batitabwaho bihagije.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) hamwe n’Umuryango ‘Humanity and Inclusion (HI), baravuga ko gushakana no kubyarana kw’abantu bataziranye biri mu biteza ihohoterwa.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko Komite nyobozi y’Akarere ka Nyagatare yari igizwe na Mupenzi George wayoboraga Akarere, Kayitare Didace wari ushinzwe ubukungu ndetse na Musabyemariya Domitile wari ushinzwe imibereho myiza bamaze kwegura.
Ellen DeGeneres umunyamakuru ukomeye muri Leta zunze Ubumwe za Amerika usanzwe ufite ibikorwa mu Rwanda byo kwita ku ngagi yakiriwe na Perezida Paul Kagame.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Dr. Alvera Mukabaramba yiyemeje kwikurikiranira imikorere ya Komite nyobozi nshya y’Akarere ka Ruhango.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi iravuga ko ibigega bishinzwe kugoboka abaturage bahuye n’ibibazo byuzuye ibiribwa, ku buryo nta muturage wahombejwe n’ibiza uzasonza.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Nsanzumuhire Emmanuel n’abamwungirije bose beguriye icyarimwe, bakaba bakurikiye inkundura y’abayobozi b’uturere bamaze igihe begura.
Minisitiri wa Siporo n’Umuco mu Rwanda, Uwacu Julienne ashishikariza abanyafurika kwandika no gusoma amateka n’umuco bya Afurika kuko byongera ubumenyi bikanagaragaza aho Afurika yavuye n’aho yerekeza.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018 Mudaheranwa Juvenal wayoboraga Akarere ka Gicumbi n’abamwungirije bose beguye ku mirimo yabo.
Abagore barashishikarizwa kwiyandikisha mu ba mbere kuri lisiti z’itora,mu gihe usanga akenshi bagaragara ku migereka n’ubwo baba bitabiriye ku kigero gishimishije.
Kuri uyu wa 25 Gicurasi 2018, Akarere ka Ruhango kamaze kubona Komite Nyobozi nshya isimbura iherutse kwegura.
Rwakazina Marie Chantal ni we utororewe kuyobora umujyi wa Kigali, akaba asimbuye Nyamulinda Pascal weguye ku mpamvu ze bwite.
Minisitiri ushinzwe iterambere ry’Umurango n’Uburinganire (MIGEPROF), Nyirasafari Esperence asanga ari ubugwari kuba umugabo yahunga ibibazo by’umuryango akigira mu kabari cyangwa akibera mu kazi kandi umuryango umukeneye.
Perezida Paul Kagame yahishuye ko u Rwanda rwasabwe gutanga umukandida uzayobora umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa.
Perezida Paul Kagame uri mu Bufaransa yakiriwe na mugenzi we Emmanuel Macron mu ngoro akoreramo ya Elysée.
U Rwanda ruzifatanya n’ibihugu byo muri Afurika mu kwizihiza umunsi wo kwibohora kwa Afurika uzizihizwa ku wa Gatanu tariki 25 Gicurasi 2018.
Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Henry Rao Hongwei, yemeza ko kuza gukorera mu Rwanda byorohejwe n’uruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriye mu gihugu cye.
Polisi y’u Rwanda iramenyesha abakoresha umuhanda Kigali-Gatuna bajya Uganda, ko kubera inkangu zangije uwo muhanda ku gice cya Kabale ahitwa Kyonyo muri Uganda, uwo umuhanda utari nyabagendwa.
Bamwe mu Banyarwanda bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu karere ka Rusizi, bavuga ko batakigira ipfunwe ryo kuganira ururimi rw’Ikinyarwanda muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kubera umubano mwiza ibihugu byombi bifitanye.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Ihuriro ry’uturere n’Umujyi wa Kigali (RALGA) bwerekanye ko abaturage 78.3% batagira uruhare mu igenamigambi n’ingengo y’imari y’ibibakorerwa.
Umuryango "Never Again Rwanda"watangije umushinga ugamije kuzamura uruhare rw’abaturage mu miyoborere no mu bibakorerwa.
Minisiteri y’ibikorwaremezo (MININFRA) yafashe ingamba zizihutisha imirimo ku buryo, mu ntangiriro cy’icyumweru gitaha umuhanda Kigali-Gatuna uzongera ukaba nyabagendwa.
Perezida w’Inama y’ubuyobozi ya SOS Rwanda John Nyombayire, avuga ko icyo kigo kigifite ikibazo cy’uko ingengo y’imari gikoresha mu kurera abana ituruka hanze.
Musabimana Odette, wari umuyobozi w’ishuri ryisumbuye rya Rega mu Murenge wa Jenda, niwe utorewe kuyobora Akarere ka Nyabihu by’agateganyo.
Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame ntibatanzwe no kugaragarizanya urukundo,ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’ababyeyi.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi Harerimana Frederic na we yinjiye mu nkubiri y’abayobozi barimo kwegura muri iyi minsi.
Mbabazi Liliane ufite umwana wavukanye uburwayi budasanzwe bw’amara ari hanze arashimira abamuteye inkunga agashobora kuvuza umwana we iyo ndwara.
Leta y’u Rwanda imaze gutanga miliyoni zisaga 340Frw mu gusana ibyangijwe n’ibiza no gufasha abo byasenyeye kugira ngo ubuzima bukomeze.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente avuga ko Guverinoma idashobora gutegereza ko umuturage ahitanwa n’ibiza, yitwaje ko adashaka kwimuka cyangwa ko adasobanukiwe n’iby’ibiza.
Umugore w’umunyapolitiki wo muri Zambia, Inongee Mbikusita Lewanika, aravuga ko kuba nta gihugu na kimwe cya Africa kuri ubu kiyobowe n’umugore ari imbogamizi ikomeye ku iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire kuri uyu mugabane.