Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku mazi n’amashyamba (RWAFA) kiratangaza ko mu myaka itandatu iri imbere umugezi wa Nyabarongo uzaba urubogobogo.
Pasteri Ezra Mpyisi, umuhanga mu gusobanura bibiliya akaba n’umwe mu bagize itorero ry’abadiventiste b’umunsi wa karindwi, avuga ko gufungwa kwa zimwe mu nsengero zitujuje ibisabwa na leta y’u Rwanda, ari ingaruka zo kudakora umurimo w’Imana uko bikwiye.
Mu cyumweru gitaha mu Rwanda harateranira inama y’iminsi ine y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), izatuma hari imwe n’imwe mu mihanda yo muri Kigali izaba idakoreshwa.
Perezida Paul Kagame yemeza ko nta buryo na bumwe azi bw’imiyoborere ku isi buravumburwa, bushobora gukoreshwa bugateza imbere ibice byose byo ku isi ntacyo buhinduweho.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Mufulukye Fred avuga ko kutubahiriza inzira zisanzwe zo guhana umukozi byica akazi bigashora Leta mu nkiko.
Minisitiri w’ushinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi Jeanne d’Arc Debonheur yafashe mu mugongo abaturage b’i Nyabimata muri Nyaruguru babuze ababo bishwe n’inkuba.
Nyuma y’Inkubiri imaze iminsi yo guhagarika insengero zitujuje ibyangombwa, aho izisaga 700 zahagaritswe mu Mujyi wa Kigali, ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyarugenge bwahagaritse ikorereshwa ry’ indangururamajwi mu misigiti, ngo kuko zitera urusaku.
Urwego rushinzwe Imiyoborere (RGB) ruravuga ko uburyo bukoreshwa mu kugenzura imiyoborere muri Afurika bikwiye kuvugururwa bikajyana n’igihe isi igezemo.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) iratangaza ko abasirikare b’u Rwanda 39 bari mu mahugurwa yo kubungabunga amahoro yaberaga mu gihugu cya Bangladesh bagarutse mu Rwanda.
Nyakwigendera Musenyeri Jean Damascène Bimenyimana wa Diyoseze ya Cyangugu witabye Imana kuri uyu wa Mbere azashyingurwa kuwa Gatanu tariki 16 Werurwe 2018.
Pasiteri Matabaro Jonas uhagarariye itorero Restoration Church mu Karere ka Musanze, yatangaje ko ashyigikiye icyemezo Leta yafashe cyo gufunga insengero zitujuje ibisabwa, ngo kuko byatumye zikanguka zikihutira kubyuzuza.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Louise Mushikiwabo yavuze ko u Rwanda ntawe rushobora kwima ubuhungiro aruhungiyeho, ariko yongeraho ko uzaza wese agomba kugendera ku mategeko asanze.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Louise Mushikiwabo yatangaje ko agatotsi kaje mu mubano w’u Rwanda na Uganda atari ikibazo kizananirana kuko ibihugu byombi byiteguye kubiganiraho.
Abagororwa bagiye bakurwa muri gereza zitandukanye nk’iya Kimironko n’iya Nyamagabe, bongereye ubucucike muri Gereza ya Rusizi, ku buryo abari basanzwemo bemeza ko bibangamye.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki ya 11 Werurwe 2018, Musenyeri Bimenyimana Jean Damascène wari Umushumba wa Diyosezi ya Cyangugu, yitabye Imana azize uburwayi bwa kanseri yo mu maraso yari amaze igihe arwaye
Perezida Paul Kagame yemeza ko nubwo isi iri kugenda ishyuha uko iminsi ishira, abantu bakwiye gutekereza uko ubwo bukana bwagira akamaro, bukanifashishwa mu kurinda abantu.
Mu Karere ka Nyaruguru mu Murenge wa Nyabimata, inkuba yakubise abantu basaga 40 barimo basenga, 15 muri bo bahita bashiramo umwuka.
Mu kiganiro cy’Iyobokamana cyitwa Inspiration on Sunday kiba buri cyumweru guhera Saa mbiri z’amanywa kugera Saa yine n’igice kuri KT RADIO, Pasiteri Mpyisi ukomoka mu idini y’Abadivantisiti, azaganiriza abantu Ku ifungwa ry’insengero zitujuje ubuziranenge rimaze iminsi rikorwa.
Ubushakashatsi bwakozwe na TI - Rwanda bwamuritswe kuri uyu wa gatanu tariki 09 Werurwe 2018 bugaragaza ko hirya no hino mu gihugu hari ibikorwa bya Biogaz, amashyiga ya rondereza na cana rumwe ndetse ningufu zikomoka ku mirasire yizuba byubakiwe abaturage ariko ntibyatanga umusaruro byari byitezweho.
Abagore 70 bo mu Karere ka Rubavu bashyikirijwe inkunga igera kuri miliyoni 3Frw, izabafasha mu mishinga ituma batongera gusiga abana ku mupaka.
Perezida Paul Kagame yifurije abagore umunsi mwiza wabagenewe, avuga ko u Rwanda rwishimiye kuba rwaratanze umusanzu warwo mu kubateza imbere.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana ku burenganzira bw’abagore, wahuriranye no kwisukiranya kw’ibirego by’abagore bagaragaza ko bagiye bahohoterwa, cyangwa bagafatwa ku ngufu hirya no hino ku isi.
Mugwiza Antoine wari umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere ry’Akarere ka Nyabihu yeguye ku mirimo.
Impunzi zigera ku bihumbi bitatu zimaze kwinjira mu Rwanda, zinjiriye ku mupaka wa Rusizi, zivuga ko zihunze icyemezo cya leta ya Congo ishaka kuzisubiza i Burundi.
Abagore bagororerwa muri Gereza ya Nyamagabe bahingiye umugore utishoboye ubutaka bungana na hegitari ebyiri, mu rwego rwo kwitegura kwizihiza umunsi w’abagore.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Werurwe 2018, Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango, yirukanye ku kazi Komite Nyobozi y’aka karere, ibahora ubwumvikane bucye mu kazi ndetse n’imicungire mibi y’imari y’Akarere.
Bamwe mu baturage basanga gusabiriza biri mu bituma abantu batagishaka kwitabira umurimo, bakifuza ko hajyaho itegeko rihana abasabiriza ndetse n’ababafasha.
Umuryango utabara imbabare mu Rwanda Croix Rouge washyikirije ubutabazi bw’ibanze burimo ibikoresho by’isuku, imyambaro n’ibiryamirwa imiryango 300 yahuye yasenyewe na Sebeya ubwo yuzuraga.
Hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana ba Rwiyemezamirimo bakoresha abaturage bakabambura, bitwaje ngo Leta yatinze kubishyura.
Ingabo, abapolisi n’abasivile 36 basoje amahugurwa yo kurinda abasivile mu gihe cy’intambara, akazabafasha kwigisha abajya mu butumwa bw’amahoro mu bihugu biberamo intambara.