Kuva mu cyumweru gitaha abafite amadini n’abandi bashaka kuyashinga bazajya bagendera ku itegeko rishya ryari rimaze igihe ritegerejwe na benshi, rikaba rigiye gusohoka.
Itsinda riyobowe n’umukuru w’ishuri ryigisha ibijyanye no kubungabunga amahoro mu Budage ryishimiye umusanzu ingabo z’u Rwanda zikomeje gutanga mu kubaka amahoro muri Afurika.
Perezida Paul Kagame avuga ko ingabo z’u Rwanda zidatorezwa kugira ngo zishoze intambara, ahubwo ngo zitorezwa kurinda igihugu kugira ngo hatagira uwagishozaho intambara.
Mu myaka 15 ishize,Leta imaze gukumira Abakozi bagera ku 1.800 bakoreraga Leta nyuma bakaza kugira imyitwarire mibi ituma, ubu barashyizwe ku rutonde rw’abadashobora kongera guhabwa akazi mu nzego zayo zose.
Perezida Paul Kagame atangaza ko imwe mu nzira zafashije u Rwanda kuva mu icuraburindi ry’ubukene ari ugukemura ikibazo kimwe ku kindi nta kubyigamba.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney yemeza ko gusigasira umutekano n’amahoro igihugu gifite bizajyana n’uko urubyiruko rwitabiriye umurimo.
Umwami Cyirima II Rujugira watwaye u Rwanda guhera mu 1675 agatanga mu 1708,ni we bakomoyeho umugani ugira uti “ U Rwanda ruratera ntiruterwa.”
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko ikiraro gihuza Umurenge wa Nyagatare n’uwa Rukomo cyamaze gufungwa kubera umutekano w’abaturage.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Moto ihiriye mu muhanda uva Nyarutarama ugana ku Kinamba irakongoka, uwari uyitwaye ahita yurira indi moto arahunga.
Umuryango Never Again-Rwanda n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB), barasabira abaturage guhabwa igihe gihagije cyo gutanga ibitekerezo mu gutegura imihigo.
Komisiyo y’amatora (NEC) itangaza ko gukoresha ikoranabuhanga mu gutora mu Rwanda bikiri kure kuko bitaranozwa, bikaba ari ukwirinda ko byateza ibindi bibazo byabangamira amatora.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), itangaza ko n’ubwo hari intambwe ubutabera mpuzamahanga bumaze gutera mu gukurikirana abasize bakoze Jenoside mu Rwanda, hakiri byinshi byo kunenga ubwo butabera.
Depite Nkusi Juvénal wari umwe mu Badepite bari bamaze igihe kirekire mu Nteko ishinga amategeko, ntazongera kugaragara mu nteko nyuma y’uko yari ayimazemo imyaka 24.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, Bosenibamwe Aimé avuga ko mu nzererezi ziri mu bigo ngororamuco, abenshi baturuka mu Ntara y’Amajyepfo.
Umuyobozi mukuru w’umuryango FPR Inkotanyi Paul Kagame yasabye abazawuhagararira mu Nteko ishinga amategeko kutazakora ibibafitiye inyungu gusa.
Umubare w’impunzi zahungiye mu Rwanda umaze kugabanukaho abantu ibihumbi 20.991 mu meze atanu ashize, kandi abenshi bagiye ku mpamvu zabo bwite.
Perezida Paul Kagame yatangaje ko hari igihe biba ngombwa ko no mu bayobozi ayoboye akoresha igitsure kugira ngo ibyemeranyijwe bigerweho.
Tom Ndahiro, umunyamakuru akaba n’Umushakashatsi kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, avuga ko anezezwa cyane no kubona umwana yakuye mu mirambo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, yarashinze urugo ubu akaba ari umubyeyi.
Umuryango utagengwa na Leta “Umwana ku isonga” wakoze raporo izashyikiriza Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe (AU) ku bibazo bikibangamiye uburanganzira bw’umwana mu Rwanda.
Urubyiruko n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, batangiye kubakira Ruzigamanzi Deo warwanye urugamba rwo kubohora igihugu.
Perezida Paul Kagame yibukije abana bagize amahirwe yo kwiga bakaminuza bakaba bikorera cyangwa bakorera Leta kujya bibuka bagafasha ababyeyi babo kuva mu bukene, badategereje igihe Leta izabagereraho ngo ibafashe.
Perezida Paul kagame yatangaje ko adashaka kongera kumva ko hari abaturage baburiye serivisi mu Rwanda bigatuma bambuka imipaka bajya kuzishakira mu bihugu by’abaturanyi.
Abayobozi n’abavuga rikijyana mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bagiye kwigana ubutwari bw’Inkotanyi mu kuyobora abaturage.
Madamu Jeannette Kagame yasabye ko hashakwa uburyo imitungo y’abakecuru n’abasaza bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabungabungwa.
Abanyamuryango ba FPR inkotanyi bo mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo bagobotse umukecuru warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi wabaga mu nzu yenda kumugwaho.
Mu ijambo rifungura inama ya 31 y’abayobozi b’Ibihugu na za Guverinoma bibumbiye mu muryango wa Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame akaba n’umuyobozi w’uyu muryango, yamaganye ibitero by’iterabwoba biherutse kwibasira abayobozi ba Ethiopie na Zimbabwe.
Mukamusoni Julienne utuye i Mbazi mu Karere ka Huye, avuga ko atumvaga akamaro k’umuganda mbere y’uko abwirwa ko uzamwubakira inzu yizeye kuzataha mbere y’umuhindo.
Urwego rw’Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rwatangaje ko imfungwa n’abagororwa b’igitsina gore 607 bari basigaye mu cyahoze ari Gereza ya Kigali (1930) bamaze kwimurirwa i Mageragere aho iyi Gereza yimuriwe.
Perezida Kagame, akaba n’Umukuru w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yageze i Nouakchott ho muri Repubulika ya Kiyisilamu ya Mauritania aho azayobora Inama ya 31 Isanzwe y’Ihuriro ry’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).
Nyuma yo kwegura kw’abayobozi b’uturere dutandukanye two mu gihugu tugasigara tuyoborwa n’abayobozi b’agateganyo, kuri uyu wa Gatanu hakozwe amatora muri utwo turere, agamije gushyiraho abayobozi bashya basimbura abeguye.