Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Uwanzwenuwe Théoneste n’uwari umwungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukansanga Clarisse bamaze kwegura ku mirimo.
Umuyobozi w’umuryango Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni, arasaba urubyiruko gufata iya mbere bagira uruhare mu gushaka ibisubizo by’ibibazo birwugarije.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali ,Ingabire Augustin, akurikiranyweho icyaha cyo gutanga isoko ry’ibikoresho by’ibiro by’Ubutaka, mu buryo butemewe n’amategeko.
Perezida Paul Kagame asanga Abanyafurika badakwiye guhora bishyiramo ko inkunga z’imishinga ikomeye kuri uyu mugabane zikwiye guturuka hanze gusa.
Uruganda rw’Abadage VolksWagen (VW) rukora imodoka ngo ruzatangira guteranyiriza imodoka za rwo mu Rwanda muri Kamena aho kuba mu mpera za Gicurasi nk’uko byari byitezwe.
Ishami rya Polisi y’Igihugu rikorera mu muhanda ryegereje abatuye akarere ka Musanze serivisi zibafasha gusuzumisha imodoka ubuziranenge bizwi nka Contrôle technique.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Murundi mu karere ka karongi butangaza ko imiryango 16 imaze kwangirizwa n’ibiza by’umusozi waturitse.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi, bari mu bikorwa by’imyubako zitandukanye, abacuruzi ndetse n’abandi babayeho kubwumusaruro wa sima y’uruganda rwa CIMERWA, baravuga ko bahangayikishijwe n’ibura ryayo kuko hashize ibyumweru bitatu yarabuze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge bufite gahunda yo kwegurira abikorera amasoko ya Biryogo na Rwezamenyo, muri gahunda yo kuyahindura amasoko yo mu rwego rwo hejuru agendanye n’igishushanyo mbonera cy’umujyi.
Ishyaka ry’abakozi mu Rwanda PSR, rirasaba ko umushahara fatizo remezo w’amafaranga 100 ku munsi ugaragara mu itegeko ry’umurimo ukwiye guhindurwa vuba nta mananiza ukajyana n’igihe, ngo kuko ayo mafaranga adashobora gutunga umuntu mu bihe tugezemo.
Minisiteri y’ishinzwe kurwanya Ibiza no Gucyura impunzi (MIDMAR) itangaza ko yafashe umwanzuro wo icyemezo cyo guhagarika komite ihagarariye impunzi mu nkambi ya Kiziba.
Abanyarwanda bahunze mu myaka y’i 1959 kubera kumeneshwa mu gihugu cyabo, bibaza uko hari abakingingirwa gutahuka mu gihe bo n’uwahirahiraga bakamufata yabiziraga.
Mu ijoro ryakeye mu Karere ka Ngororero imvura yaguye ari nyinshi iteza inkangu ndetse inasenya amazu, bihitana abantu icyenda, abandi babiri baburirwa irengero.
Nyuma y’aho abayobozi batanu b’ikigo cy’igihugu giteza imbere uburezi REB, bahagaritswe n’inama y’abaminisitiri yateranye tariki ya 11 Mata 2018, REB yahawe abayobozi bashya.
Umuyobozi w’umuryango Mo Ibrahim yemeza ko abantu bamwumva nabi iyo anenga abayobozi batandukanye, akemeza ko anenga abayobora nabi gusa.
Sena y’u Rwanda yasabye inzego kugaruza za miliyari zimaze guhombera mu gukoreshwa nabi no kunyereza umutungo wa Leta.
Ingabo z’igihugu ziyemeje gufasha abaturage batuye habi n’abandi bafite ibibazo bijyanye n’isuku nke, muri iki gihe ziri mu gukora ibikorwa bigamije gufasha abaturage.
Perezida Kagame yongeye kwitabira umuhango wo kwerekana filime “The Royal Tour: Rwanda” ivuga ku Rwanda, bwa mbere mu Mujyi wa New York.
Filime ’ Rwanda Royal Tour’ ivuga ku Rwanda izerekanwa bwa mbere kuri Televiziyo y’u Rwanda (TVR) kuri uyu wa Gatanu tariki 27 Mata 2018.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) kuri uyu wa 24 Mata 2018 cyasheshe amasezerano aha Radio Amazing Grace uburenganzira bwo gukorera mu Rwanda.
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’uko Abanyarwanda batagana ibigo by’ubwishingizi, bikaba ari imwe mu mpamvu zahagurukije ibigo by’ubwishingizi kwegera Abanyarwanda.
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.
Ingabo z’igihugu zatangiye gufasha abaturage mu bikorwa bibagirira akamaro, gahunda izamara igihe kigera ku mezi atatu zizenguruka hirya no hino mu gihugu.
Minisitiri w ingabo Gen James Kabarebe wifatanyije n’abatuye Akarere ka Nyabihu mu Murenge wa Muringa gutera Ibirayi, yijeje abaturage gutera imbere bafatanyije n’ubuyobozi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 mata 2018, ibikorwa by’ingabo mu iterambere ry’abaturage, byahoze byitwa Army Week, byatangijwe hirya no hino mu gihugu.
Ibikorwa ngarukamwaka by’Ingabo z’igihugu bigamije gufasha abaturage kwiteza imbere mu buzima bwa buri munsi byitwaga ARMY WEEK, byahinduriwe inyito bizajya byitwa “Ingabo mu iterambere ry’abaturage”.
Perezida Paul Kagame atangaza ko urugendo rw’u Rwanda rugaragaza neza ko nta gihugu gito kidashobora gutera imbere kimwe n’uko nta gihugu kinini kitagira intege nke.
Bamwe mu batuye mu turere dutandukanye tw’Umujyi wa Kigali bavuga ko hari aho serivisi zigitinda, bagasaba ko byakosoka kuko bituma basiragira bagatakaza umwanya bakoramo ibindi.
Perezida Paul Kagame uri mu Bwongereza aho yitabiriye inama y’umuryango wa Commonwealth, yagiranye ibiganiro n’igikomangoma Henry bakunze kwita Harry.
Perezida Paul Kagame ari mu bakuru b’ibihugu 53 bazitabira ihuriro ry’ibihugu bigize umuryango wa Commonwealth, riteganyijwe i Londres mu Bwongereza muri iki cyumweru.