Perezida Paul Kagame yifatanije n’abitabiriye siporo rusange yo kuri iki Cyumweru tariki 17 Kamena 2018, avuga ibyiza abayikora bayikuramo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka, avuga ko abayobozi bitwara nabi bakwiye kubibazwa, kandi ko badakwiye gukomeza kurwazwa nyamara bahemukira abaturage.
Perezida Paul Kagame yifatanyije n’abayisilamu, abifuriza umunsi mukuru mwiza wa Eid al-Fitr.
Umunsi mukuru ngarukamwaka w’Abayisilamu uzwi nka Eid - El- Fitr, muri uyu uyu mwaka waranzwe n’ibikorwa by’urukundo n’ubutumwa bwo gusaba abayoboke kwirinda.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’ u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba avuga ko guhugura abagize inzego z’umutekano, ari uburyo bwizewe bwo kurwanya ihohoterwa n’ibyaha ndengamipaka.
Laboratwari y’igihugu yatangaje ibiciro ku bipimo by’ibanze by’utunyangingo (DNA), birimo n’ibizafasha abantu kumenya niba abantu runaka bafitanye isano.
U Rwanda rwatangije ikigega kizajya gifasha abashakashatsi mu mirimo yabo kikazakuraho inzitizi z’amikoro bagiraga zabangamiraga iterambere ry’ubushakashatsi.
Urwego rw’Umuvunyi runenga zimwe mu nzego kudatanga amakuru, bikaba bishobora guteza ibibazo hagati yazo n’itangazamakuru mu gihe ryatangaje amakuru atari ukuri.
Kuva kuri Cyumweru abakoresha urubuga rwa Twitter babonye uburakari bw’abantu kubera akabari kitwa “Cocobean” gashinjwa kwanga kwakira umukobwa kuko afite ubumuga bw’uruhu.
Murekatete Thriphose, Nyirinkuyo Mediatrice, Kanyamashuri Janvier na Tuyizere Michel nibo batorewe kuzahagararira umuryango wa RPF Inkotanyi mu matora y’abadepite mu karere ka Rubavu.
Imiryango irenga 100 yo mu murenge wa Nyarugunga y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu n’abaturage baturanye na bo batishoboye bahawe ivomo ry’amazi meza baruhurwa ibirometero byinshi bakoraga bajya gushaka amazi yo mu gishanga.
Amatora y’ibanze mu tugari hashakwa abazahagararira umuryango FPR-Inkotanyi mu nteko ishinga amategeko, abenshi mu biyamamaje bari basanzwe ari abadepite.
Minisitiri w’Ingabo Gen James Kabarebe na Minisitiri w’umutekano wa Congo Henri Mova Sankanyi bashyize umukono ku masezerano yo kwemeza imbago 22 zashyizweho.
U Rwanda rwiteguye gukorana n’ibihugu bya Afrika mubyerekeranye n’ubuhahirane bushingiye ku ngufu z’amashanyarazi, aho rushobora gutangira kujya rugura cyangwa se rukagurisha amashanyarazi mu bindi bihugu bya Afrika hifashishijwe imiyoboro migari.
Abayisilamu biga mu gihugu cya Arabie Soudite bahaye bagenzi babo bagororerwa muri Gereza ya Mpanga amafunguro yo kwifashisha mu gihe cy’igisibo.
Ubuzima bw’agace ka Koridoro ya Giporoso, burangwa n’umubare munini w’indaya zihaba mu ijoro, imikino y’amahirwe yararuye benshi, ubusinzi buhinguranya ijoro ndetse n’urugomo rwa hato na hato. Haratinyitse ariko hanateye amatsiko. Kurikira Ikiganiro Inyanja twogamo cya KT RADIO cyakorewe muri aka gace.
Akarere ka Gasabo kihaye umuhigo wo gushakisha abagabo n’abagore batandukanye n’abo bashakanye kugira ngo bandikwe mu gitabo cy’ irangamimerere, gusa ngo ntibakunze kwigaragaza ku buryo bigira ingaruka ku buzima bw’akarere.
Niba waracitswe n’ikiganiro Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka yakoreye kuri KT Radio, Radio ya Kigali Today, avuga ku bayobozi b’uturere bamaze iminsi begura, gikurikirane kuri Podcast yacu.
Umunyarwandakazi umenyerewe mu bikorwa byo kugaburira abarwayi mu bitaro bitandukanye bya Kigali, yabiherewe igihembo n’Umwamikazi w’u Bwongereza Elizabeth II.
Uwera Chemsa kuri ubu afite umwana w’umwaka umwe,yatewe inda n’umushoferi wamushukishije lufuti kandi ataruzuza imyaka y’ubukure.
Uwamariya Veneranda ni we watorewe kuyobora Akarere ka Huye mu gihe cy’agatenyo, nyuma y’uko Kayiranga Muzuka Eugene n’abamwungirije baterewe icyizere.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka yavuze ko Guverinoma itajya yivanga mu byo gushyiraho umuyobozi w’akarere runaka, hitwajwe impamvu runaka.
U Rwanda n’u Burusiya bisangiye umubano ushingiye ku mikoranire myinshi muri politiki ariko ubufatanye mu bya gisirikare ni bwo buza ku isonga.
Umwe mu bana bahoze ari inzererezi, araburira abandi ko kuba mu muhanda biteza ibyago birenze gutoterezwa mu miryango.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burusiya Sergey Lavrov ategerejwe mu Rwanda kuri iki cyumweru tariki 3 Kamena 2018.
Umuryango FPR-Inkotanyi wateguje abanyamuryango bawo ko ugiye guha amahirwe abifuza kuzawuhagarira mu matora y’Abadepite muri NZeri 2018.
Abanyarwanda batuye i Burayi batangiye gukoranaho ngo bazahe ikaze Perezida Paul Kagame uzitabira inama izaba yiga ku iterambere ry’uwo mugabane.
Kamili Athanase wari usanzwe ari umunyamakuru w’Ikigo cy’igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) ni we wasimbujwe Jean Claude Karangwa Sewase wari umaze iminsi itandatu ku buyobozi bw’Akarere ka Gicumbi.
Intumwa idasanzwe y’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Amajyepfo David Shearer,ari mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kuganira ku ngabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Amajyepfo.
Jean Claude Karangwa Sewase wari wagizwe umuyobozi w’agateganyo w’Akarere ka Gicumbi yayise yegura nyuma y’iminsi itandatu gusa agiriwe icyizere na Njyanama.