Kuri uyu wa 13 Kanama 2018, umuryango FPR Inkotanyi watangije igikorwa cyo kwamamaza abakandida bawo bazahatana mu matora y’abadepite azaba muri Nzeri 2018, igikorwa cyabereye mu Karere ka Rulindo.
Abagore, abagabo, abasore n’inkumi barerewe muri SOS Village d’Enfants ya Byumba basubiye gushimira ababyeyi babareze nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Ubumwe Nyarwanda bw’abatabona (RUB), buhamya ko igihe cyo kuvuga ko utabona ari umuntu utishoboye cyarangiye kuko hari byinshi akora ndetse akanafasha n’ababona.
Uruganda rwa Volkswagen rwagabanyirije abakozi ba Leta bifuza kugura imodoka kuri uru ruganda 5% ku giciro gisanzwe cy’imodoka rukora.
Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) ivuga ko hakwiye gukorwa ibishushanyo mbonera by’Imijyi yunganira uwa Kigali bijyanye n’ubushobozi bw’abaturage.
Berwa Gisèle, umwe mu rubyiruko rushaka kujya mu Nteko ishinga amategeko, yemeza ko kuyobora akiga muri kaminuza ari byo byamuteye ishyaka ryo kwiyamamariza kuba depite.
Perezida Paul Kagame avuga ko imyitwarire ya bamwe mu bayobozi idakwiye, bitewe n’uko aho gukemura ibibazo by’abaturage bahora bahugiye mu gukemura amakimbirane abaranga.
Intore z’u Rwanda zataramiye abakinnyi b’ikipe ya Arsenal, mu rwego rwo kwibifuriza amahirwe masa muri shampiyona ya 2018/2019 bagiye gutangira.
Kuri uyu wa Kane ni bwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari busese Inteko ishinga amategeko umutwe w’Abadepite, isoje manda y’imyaka itanu.
Bamwe mu bakandida bigenga bazahatana mu matora y’Abadepite azaba muri Nzeri 2018, bemeza ko biteguye bihagije ku buryo ngo badashidikanya ku ntsinzi.
Perezida Kagame arayobora umuhango wo gusinya Imihigo y’umwaka w’ingengo y’imari wa 2018/2019 hamwe n’abayobozi b’ inzego nkuru z’igihugu nab’inzengo z’ibanze.
Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana Mbonyumuvunyi Radjab, arizeza abategera imodoka i Rwamagana ko igihe cy’imvura kitazasanga bakizitegera ahantu h’amanegeka.
Umuryango Commonwealth uhuza ibihugu byakoronijwe n’u Bwongereza hamwe n’ibikoresha ururimi rw’Icyongereza, uravuga ko u Rwanda ruzarusha ibindi bihugu biwugize kwakira inama yawo muri 2020.
Umubare w’abemerewe kuzahatanira kwinjira mu nteko ishinga amategeko uyu mwaka wiyongereyeho 27% ugereranije na manda ishize, mu gihe abagore bemerewe kuziyamamaza bazamutseho 10%.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha RIB kuri uyu wa mbere tariki 06 Kanama 2018 rwerekanye abantu babiri bakurikiranyweho icyaha cy’ubujura bukoresheje ikoranabuhanga.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ibikorwaremezo, Jean de Dieu Uwihanganye, yatangaje ko umuhanda Huye-Kibeho-Ngoma uratangira gushyirwamo kaburimbo muri Nzeri 2018.
Mu Kagari ka Gahana mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bijihije umuganura ingo 34 zabanaga mu buryo butemewe n’amategeko zisezerana.
Antoine Mugesera wahoze ari Umusenateri mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yanyomoje abavuga ko bakoze impinduramatwara mu myaka y’1959 - 1962 abinyujije mu gitabo yanditse cyitwa "Rwanda 1959 - 1962, La Révolution Manquée" kivuga ku cyiswe impinduramatwara nyamara itaragezweho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu n’ibigo bicuruza amazi byatangiye ivugururwa ry’icuruzwa ry’amazi yoherezwa Goma Abanyarwanda bakayabura.
Igitabo “Umugabo mu mugambi w’Imana” cyanditswe na Rev Dr Antoine Rutayisire wo mu Itorero ‘Anglican’, kirasaba abagabo gukorera ingo zabo.
Mu gihe usanga abakundana cyangwa abagabo n’abagore bitana ba sheri (chéri), Liberata Hategekimana we hashize umwezi kumwe atangiye kurihamagara umugabo bamaranye imyaka 10.
Uyu munsi Perezida Kagame aritabira kandi anageze ijambo ku bitabiriye inama y’Ihuriro Nyafurika ku Buyobozi ibera i Kigali kuva 2-3 Kanama 2018.
Abatuye mu Murenge wa Mimuli wo mu karere ka Nyagatare, barifuza ko serivise y’irangamimerere yashyirwa ku tugari kuko hari abatabasha kuza ku mirenge.
Minisitiri w’Urubyiruko, Rosemary Mbabazi, yemeza ko umuntu unywa ibiyobyabwenge aba yabaye ingarani (poubelle) ababicuruza babijugunyamo, hanyuma bo bakiyungukira amafaranga.
Raporo y’Urwego Ngenzuramikorere rw’igihugu (RURA) yashyize KT Radio mu ma radiyo atatu aza ku isonga mu gusakaza amajwi ku buso bunini mu Rwanda.
Ingo 300 zo mu Kagari ka Remera mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru ni zo zigiye kubona amashanyarazi aturuka ku Rugomero ruri kubakwa ku mugezi wa Mudasomwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero buratangaza ko bukeneye hejuru ya Miliyali ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda kugira ngo hubakwe amazu hafi 800 yangijwe n’ibiza.
Abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Karere ka Rusizi bavuga ko gufunga kare imipaka ibahuza n’u Burundi na Congo bibangamira ubuhahirane hagati yabo n’ibi bihugu, bikabatera ibihombo.