Mu gihe mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2024 hateganyijwe amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite, abanyamakuru barasabwa gukora kinyamwuga bakagira uruhare mu gufasha abaturage kumenya amakuru yerekeranye n’amatora, no kutivanga mu bikorwa bya politiki.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko ibibazo by’ubutaka bakira muri iyi minsi ari ibishingiye ku miryango n’abaturanyi baba bapfa imbibi, atari abantu runaka bigabiza ubutaka bw’abandi, hakaba harashyizweho itsinda ryo kubikemura.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’ukwezi kwa Mata 2024, rigaragaza ko igice cy’uburengerazuba bw’Igihugu ari cyo kizagwamo imvura iri hejuru gato y’isanzwe iboneka mu mezi ya Mata, ahandi hakazagwa isanzwe.
Ambasaderi Monique Mukaruliza wabaye Minisitiri w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba mu Rwanda (MINEAC), akanayobora inzego zitandukanye, yitabye Imana aguye mu Bubiligi ku wa Gatandatu tariki 30 Werurwe 2024, aho yari amaze iminsi mike arwariye.
Ubushakashatsi bwa CRC2023 ku uko abaturage babona serivisi bahabwa mu nzego z’ibanze bugaragaza ko abaturage bakinubira serivisi bahabwa ku rwego rw’Umurenge muri serivisi y’ubuvuzi bw’amatungu, ubuhinzi n’ubworozi ndetse no mu biro bishinzwe ubutaka.
Icyegeranyo cy’Ikigo Mpuzamahanga cyitwa Z/Yen giheruka gusohoka tariki 21 Werurwe 2024, cyagaragaje ko Umurwa Mukuru w’u Rwanda Kigali wageze ku mwanya wa 67 ku Isi, mu bicumbi 121 by’Imari byakoreweho ubwo bushakashatsi.
Mu ntangiro za 2024, Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), cyatangiye ingendo mu mashuri makuru y’ubumenyingiro (IPRC), no mu mashuri makuru yigenga y’Ubumenyingiro, hagamijwe guhugura abanyeshuri uburyo imitungo yabo mu by’ubwenge yasigasirwa ikarushaho kubagirira akamaro.
Clémentine Uwera utuye i Bukomeye mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, ubu ni umuhinzi w’amashaza ushakishwa n’abacuruzi mu Mpeshyi, nyamara ngo yigeze kujya arya ari uko avuye guca inshuro.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), binyuze mu makuru yagiye atangwa n’abaturage muri 2023, bwagaragaje uko abaturage bashima serivisi zitangwa n’inzego z’ibanze, Akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere.
Abagore bo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi banywaga inzoga nyinshi, baratangaza ko byabangirizaga ubuzima bw’imiryango yabo, kuko barangwagwa n’urugomo n’amakimbirane mu miryango yabo iterambere ryayo rikadindira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’abanyamakuru bigenzura (RMC), Emmanuel Mugisha, avuga ko mu mavugurura bateganya harimo no kuzajya batanga amakarita agaragaza ibyiciro by’abanyamakuru.
Ibitaro bya nyanza byatangije gahunda yiswe Agaseke k’urukundo igamije gufasha abarwayi batishoboye bagana ibitaro, bakabura ubushobozi bwo kwishyura imiti n’ibindi bikenerwa kwa muganga.
Amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Rubavu, yasabwe kugabanya urusaku nk’uko biteganywa n’itegeko rya Minisitiri w’ibidukikije ryashyizweho mu 2023.
Mu biganiro byahuje abanyamakuru n’abayobozi bo mu Ntara y’Amajyepfo, hakomojwe ku bayobozi banga kwitaba abanyamakuru no ku banyamakuru bakora nabi, Guverineri w’iyo Ntara, Alice Kayitesi, yibutsa abayobozi ko gutanga amakuru ari inshingano zabo.
Umumenyi mu idini ya Islam, Sheikh Ashraf Ndayisenga, yasobanuye byinshi ku gisibo gikorwa n’Abayisilamu nk’imwe mu nkingi z’idini ya Islam, n’abategekwa kugikora ndetse n’abatagomba kugikora, ndetse n’impamvu umubare w’Abayisilamu bakangukira ibyo kujya mu Musigiti mu gisibo wiyongera, bikagira inyungu no ku batari Abayisilamu.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), ivuga ko abagore bakiri bake mu mirimo y’ikoranabuhanga ariko ko harimo gushyirwa imbaraga mu bikorwa bitandukanye bigamije kuzamura ubushobozi bwabo.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze, rusanga igihe kikeze ngo rureke kujenjekera umuntu wese wahirahira ahungabanya ubumwe bw’Abanyarwanda n’abakigoreka amateka y’u Rwanda, nk’intwaro yarufasha gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside n’abifuriza Igihugu gusubira mu mateka mabi cyanyuzemo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yaganiriye n’ikinyamakuru ’The Africa Report’, agaruka ku ngingo zitandukanye zirimo intambara yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), uwamusimbura uko yaba ameze, ku bimukira no ku banenga ubutegetsi bwe, akaba yakomoje kuri Ingabire Victoire ushaka kwiyamamariza (...)
Ikigo gikora ubushakashatsi kuri gahunda zitandukanye za Leta (IPAR Rwanda), kigaragaza ko mu bushakashatsi cyakoze, byagaragaye ko abagore ari bo bakora amasaha menshi kurusha abagabo.
Uyu mwaka wa 2024, Akarere ka Burera kawutangiranye n’agashya kiswe ‘Duhari ku bwanyu’, mu kurushaho kwegera abaturage mu rwego rwo kubakemurira ibibazo no kubasobanurira uruhare rwabo mu bibakorerwa, n’uruhare rwabo mu ishyirwa mu bikorwa ryabyo.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Ubwiteganyirije mu Rwanda (RSSB), bwatangaje ko umusanzu w’abanyamuryango wageze kuri Miliyari 191 mu gihembwe cya mbere cy’Ingengo y’Imari ya 2023/2024, bingana n’inyongera ya 10% ugereranyije no mu gihe kimwe cy’umwaka wawubanjirije.
Ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Banki ya Kigali yatangije gahunda yayo nshya yise ‘Nanjye Ni BK’, izafasha abakiriya bayo bo mu byiciro bitandukanye, guhera ku bafite amikoro macye kugeza ku bari mu cyiciro cyo hejuru, kubona serivisi nyinshi kandi biboroheye.
Abamotari bakorera mu Mujyi wa Kigali by’umwihariko abatarwa Moto za Spiro zizwi nka Commando zikoresha umuriro w’amashanyarazi, bavuga ko bahangayikishijwe n’amafaranga bacibwa agenewe gufata bateri bakazihabwa zituze umuriro, ubundi bakabwirwa ko batishyuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, avuga ko mu rwego rwo guhangana n’ibura rya hato na hato ry’umuriro w’amashanyarazi, hagiye kubakwa sitasiyo ntoya (Substation), y’amashanyarazi mu gihe cya vuba.
Ubushomeri mu rubyiruko ni ikibazo kibangamiye u Rwanda, Afurika n’Isi yose muri rusange. Minisiteri y’Urubyiruko yashyizeho gahunda zitandukanye ifatanyije n’inzego zitandukanye za Leta n’abikorera mu gushaka igisubizo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare, Gasana Stephen, arasaba abikorera kubyaza umusaruro agasanimetero ahubatse indake ya mbere Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabayemo igihe cy’urugamba rwo kubohora Igihugu.
Mu Mirenge ya Juru na Mwogo yo mu Karere ka Bugesera, kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, hatashywe umuyoboro w’amazi w’ibilometero 45, ugeza amazi meza mu tugari tune tugize iyi mirenge tutayagiraga.
Bamwe mu baturage b’Umujyi wa Nyagatare no mu nkengero zawo barishimira ko batakibangamirwa n’inyamanswa zitwa ibitera kuko hari abarinzi babyo babibuza kwinjira mu baturage.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Karenge Akarere ka Rwamagana bavuga ko bajyaga bishimira imiyoborere y’Igihugu n’uburyo Umukuru w’Igihugu yicisha bugufi batazi ko bikomoka ku rugamba rwo kubohora Igihugu kuko abari abasirikare ba RPA/Inkotanyi babayeho mu buzima bubi ndetse uwari umuyobozi w’urugamba arara mu mwobo (indake).
Akarere ka Gasabo kahamagariye abantu kwitabira imurikabikorwa ririmo kuhabera mu gihe cy’iminsi itatu, ku matariki ya 26-28 Werurwe 2024, kugira ngo bahamenyere amakuru arimo n’uburyo bashobora guhinga mu rugo bakarwanya imirire mibi.