Prof. Senait Fisseha, Umunyamahanga wamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, arishimira uburyo atewe ishema n’Igihugu cye cy’u Rwanda, afata nk’igihugu cy’amahitamo ye.
Mu kiganiro yagejeje ku bari bitabiriye umunsi wa mbere wa Rwanda Day, Perezida wa Toronto Raptors, ikipe ikina basketball muri shampiyona ya Amerika (NBA), akaba n’umuyobozi wa Giants of Africa, Masai Ujiri, yahishuye ko kugira ibikorwa remezo bigezweho biri mu bifasha yaba siporo, imyidagaduro n’ibindi gutera imbere, (...)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabwiye Abanyarwanda baba mu mahanga, ko n’ubwo bavuye mu Rwanda bakaba batuye aho bashaka ku Isi, rwo rutigeze rubavamo bityo ko ari bo bafite icyerecyezo cyarwo mu biganza.
Umuyobozi wungirije w’Ikipe ya Basket Ball ya Toronto Raptors yo muri Amerika, akaba yaranashinze Giant of Afrika Masai Ujili, arasaba Abanyarwanda baba mu mahanga gutekereza ku Gihugu cyabo na Afurika muri rusange aho gutekereza ko gakonda ntacyo imaze.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Rwanda Dr Vincet Biruta yamurikiye abitabiriye Rwanda day umusaruro ukomeje kuva mu bikorwa by’ububanyi n’amahanga aho u Rwanda rumaze kugira abaruhagarariye mu bihugu bitandukanye 47 naho abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda bakaba 45.
Minisitiri w’Urubyiruko Utumatwishima aratangaza ko uko u Rwanda ruhagaze kuva mu myaka 30 ishize rubohowe, bitanga icyizere cy’uko ruzaba igihangange nka Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA).
Nyuma y’uko mu 2020 Akarere ka Gisagara kihaye umuhigo w’inka kuri buri muryango, hari imidugudu yamaze kubigeraho 100%, kandi ahanini ngo babikesha amatsinda yo korozanya bibumbiyemo.
Abatuye mu Kagari ka Sabusaro mu Murenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara, ari ho iwabo w’Intwari Agatha Uwiringiyimana, baterwa ishema n’Intwari yavutse iwabo, bakanavuga ko kurera neza abo wabyaye ari bwo butwari bukomeye.
Umuryango Nyarwanda utari uwa Leta witwa ‘Hope for Life Association’ hamwe n’abafatanyabikorwa batandukanye barimo Umuryango Nyarwanda w’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (RNUD), ku nkunga y’umuryango Disability Rights Fund, tariki 02 Gashyantare 2024, bahuriye mu nama nyunguranabitekerezo igamije gukorera ubuvugizi (...)
Ku munsi wa mbere wa Rwanda Day i Washington D.C, tariki 2 Gashyantare 2024, ba rwiyemezamirimo, abayobozi mu rwego rw’imari n’abashoramari bahuriye mu Nama yiga ku Bukungu, yateguwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB).
Ku wa Gatanu tariki ya 02 Gashyantare 2024, Amb. Col (Rtd) Donat Ndamage, yashyikirije Perezida w’igihugu cya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, inyandiko zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga, aho Fred Gisa Rwigema yavukiye, baravuga ko bazahora bakora cyane kugira ngo izina rye ryatumye u Rwanda rubohorwa bataryanduza.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Beninka mu Kagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, barishimira umuhanda wa kaburimbo biyubakiye ufite uburebure bwa metero 800, ukaba watashywe tariki 01 Gashyantare 2024 ubwo hizihizwaga Umunsi w’Intwari z’Igihugu.
Mu kwizihiza Umunsi w’Intwari, abaturage bo mu Karere ka Gakenke bagaragaje ko ibikorwa by’indashyikirwa bakomeje kwegerezwa, byashowemo za Miliyari z’Amafaranga y’u Rwanda, batari kubigeraho iyo Intwari zititangira Igihugu.
Nyuma y’uko umuryango w’abantu bane batuye mu Murenge wa Cyuve, inzu yabo ihiye n’ibyarimo bigakongoka, babonye umugiraneza uzabubakira inzu yo kubamo.
Abagabo babiri bari bagwiriwe n’ikirombe mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Rugarika, Akagari ka Nyarubuye mu Mudugudu wa Ndagwa tariki 31 Mutama 2024, umwe yabashije kuvamo ari muzima nyuma yo kumaramo umunsi umwe n’amasaha 5.
Urubyiruko mu Murenge wa Muhima, Akarere ka Nyarugenge, ruri mu bitabiriye ibikorwa bitandukanye byaranze kwizihiza umunsi w’Intwari, aho bagaragaje ko bazitangira Igihugu iteka ryose, urukundo rwacyo rukababamo nk’uko amaraso atembera mu mubiri.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bari i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bitabiriye umusangiro wateguwe na Senateri Bill Nelson n’umugore we Grace Cavert, basanzwe ari inshuti z’u Rwanda.
Ku mugoroba tariki 1 Gashyantare 2024, icyumba cya Paruwasi ya Sainte Famille gikoreshwa nk’ibiro, cyafashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo byose birakongoka.
Perezida Paul Kagame uri muri Amerika, yagaragaje ko mu myaka 30 ishize, mu gihe Abanyarwanda bizihizaga umunsi w’Intwari, hari byinshi byagezweho birimo kuba abaturage barashyize imbere Ubumwe bwabaye ishingiro ryo kuba Igihugu ubu gitekanye, ndetse kandi gikomeje no gutera imbere.
Ibirori byo kwizihiza umunsi w’Intwari z’u Rwanda Mu Mudugudu wa Kinunga, mu Kagari Ka Niboye, mu Murenge Niboye, mu Karere Kicukiro, byabimburiwe n’urugendo rwaturutse ku biro by’Akagari ka Niboye, abarwitabiriye berekeza ahazwi nka Sonatubes, baragaruka bakomereza ahabereye ibiganiro.
Bamwe mu bamugariye ku rugamba rwo kubohora Igihugu ndetse n’abahishe Abatutsi mu gihe cya Jenoside, bahawe inka mu rwego rwo kubashimira ibikorwa by’ubwitange n’Ubutwari bakoze.
Abari abanyeshuri 47 mu mwaka wa Gatanu n’uwa Gatandatu mu ishuri ryisumbiye ry’i Nyange, mu Karere ka Ngororero, bahamije Ubunyarwanda imbere y’abacengezi bakabizira, hari ubutumwa baha urubyiruko rw’iki gihe.
Ku itariki 26 Mutarama 2024, Minisitiri w’Urubyiruko, Utumatwishima Abdallah, yatanze igitekerezo ku rubuga rwa X, cyo kurebera hamwe uko abangavu bafite imyaka 15 bahabwa imiti ibarinda gusama.
Abatuye imijyi ya Goma na Gisenyi batangaza ko nubwo mu nkengero z’umujyi wa Goma, humvikana intambara ikomeye, bitabuza abatuye imijyi yombi guhahirana.
Ahagana saa yine z’igitondo kuri uyu wa Kane tariki 1 Gashyantare 2024, Abayobozi bakuru barimo Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, bunamiye Intwari z’Igihugu ku Gicumbi cy’Intwari i Remera hafi ya Sitade Amahoro.
Igitaramo gisingiza Intwari z’u Rwanda ni kimwe mu bikorwa byabanjirije umunsi nyirizina wo kwizihiza Intwari z’u Rwanda. Iki gitaramo cyabaye mu ijoro tariki 31 Mutarama 2024 muri Kigali Conference and Exhibition Village ahazwi nka Camp Kigali, gihuza abayobozi mu Nzego Nkuru z’Igihugu, urubyiruko rwaturutse mu bice (...)
Inteko Rusange ya Sena yemeje itangira ry’inshingano z’abayobozi barimo Bugingo Emmanuel, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Zambia na Ngango James woherejwe guhagararira u Rwanda mu Busuwisi, akanaruhagararira mu Biro by’Umuryango w’Abibumbye i Genève.
Ku wa Gatatu tariki 31 Mutarama 2024, Musenyeri Vincent Harolimana, yishimiye imyaka 12 amaze atorewe kuba Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri. Ni nyuma y’uko ku itariki 31 Mutarama 2012 yakiriye inkuru nziza iturutse i Vaticani ya Papa Benedigito XVI ubwo yari umuyobozi wa Seminari nto ya Nyundo, imugira (...)
Abakoresha Gare ya Muhanga barishimira ko yatangiye gusanwa, imirimo ikaba igana ku musozo, nyuma y’igihe kirekire yari imaze yarangiritse ikazamo ibinogo, ikajya irekamo amazi y’imvura, yatumaga abahategera imodoka bahabwa serivisi zitanoze kubera umwanda n’ibyondo.