Imiyoborere izira ’cachot, cachet na cash’ yagarutsweho mu Nama y’Umushyikirano, isobanura ubuyobozi bwiza bwegerejwe abaturage, kandi butabahutaza ahubwo bubashyira ku isonga, burangajwe imbere na Perezida Paul Kagame.
Mudenge Boniface akaba n’umurinzi w’igihango waturutse mu Karere ka Rubavu witabiriye Umushyikirano, yabajije ikibazo kijyanye n’imiturire kuko mu karere atuyemo abaturage bakiri mu gihirahiro cyo kumenya ahagenewe gutura no guhinga.
Perezida Paul Kagame yavuze ko inama zitandukanye zihuza Abanyarwanda mu gushakira hamwe ibisubizo by’ibibazo bafite zikwiye kuba zitanga umusaruro wifuzwa. Ni ubutumwa yatanze kuri uyu wa Gatanu, ubwo yasozaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 20 yaberaga muri Kigali Convention Centre tariki 5-6 Gashyantare 2026.
Mu kiganiro yatanze mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano, kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Gashyantare 2026, Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), Dr Doris Uwicyeza Picard, yavuze ko mu myaka 32 ishize u Rwanda rwibohoye, isura y’imiyoborere mu Rwanda yahindutse.
Depite Mukabalisa Germaine avuga ko umushyikirano ari umwanya mwiza wo guha ijambo buri wese mu biganiro bigamije kureba ibyagezweho no kuganira kuri gahunda za Guverinoma no gusuzuma ahagomba kongerwamo imbaraga.
Perezida Paul Kagame yabwiye abari mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano ko nta muntu uri ku isi utahura n’ibibazo, ndetse ko n’abifuriza u Rwanda inabi, nabo bageraho ibyago bifuriza u Rwanda bikabageraho.
Umunyarwenya Ndaruhutse Merci, watangije ibitaramo byo gusetsa yise GenZ Comedy, yatumiye Perezida Kagame mu bitaramo byo gusetsa bibera mu Mujyi wa Kigali kabiri mu mwaka, amwizeza ko umunsi yaje na we bazamusetsa ivumbi rigatumuka.
Ikibazo cy’ibyangombwa bijyanye na serivise z’ubucuruzi ubundi zigomba gutangirwa hamwe(one stop centre) cyongeye kugaragarizwa mu ruhame mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano.
Minisitiri w’Uburezi yavuze ko u Rwanda rudashobora gushora imari mu mishinga idafatika, nka Kaminuza ya INATEK yahoze ikorera i Ngoma mu murenge wa Kibungo, intara y’u Burasirazuba.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda (MINEDUC), yatangaje ko Politike y’uburezi budaheza, yashyizweho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi, yatumye umubare w’abagana amashuri wiyongera uhereye mu y’inchuke.
Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Abanyamakuru bigenzura, yasabye ko Leta yagira amafaranga igenera ibinyamakuru, ku bw’umurimo bikora, cyane cyane wo gutanga amakuru ajyanye na gahunda Leta ishaka ku baturage.
Icyamamare ku mbuga Nkoranyambaga, Gatete Nyiringabo Ruhumuriza, yabajije impamvu u Rwanda rutarega igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) rukomeza kuvuga amagambo asesereza, ndetse ashobora gukurura urwango ruganisha kuri Jenoside muri aka karere.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb Olivier Nduhungirehe yahishuye ukuntu, mbere yo gusinya amasezerano y’amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), babanje kwiyambaza Imana kugira ngo ayo masezerano azashyirwe mu bikorwa.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) nk’urwego rufite mu nshingano gucunga ifaranga ry’u Rwanda, iraburira abantu bose kwirinda gukoresha inoti z’amafaranga y’u Rwanda mu bikorwa bijyanye no gukora imitako, imirimbo no mu bindi byangiza.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ikomeje kuba urubuga ruhuza abaturage n’abayobozi, aho baganira ku iterambere ry’Igihugu; aho rigenda neza, aho ribangamiwe, n’inkomyi ituma intambwe u Rwanda rwateye idakomeza nk’uko bikwiriye.
Minisitiri w’Imali n’Igenamigambi, Yusouf Murangwa, yavuze ko u Rwanda rukora ibintu byinshi byiza, ariko ko hari ibintu bine rudakora bituma rutihuta mu iterambere uko bigomba.
Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko Akarere ka Gicumbi kadafite ubukene bukabije ugereranyije n’ikigero buriho ku rwego rw’Igihugu, ariko kakaba kari hejuru mu igwingira, aho riri kuri 40%.
Niyishobora Kamo Faustin, umwe mu batunganyije amazi y’uruganda rwa Nzove yabwiye abitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ko yishimira kuba abatuye mu Mujyi wa Kigali babasha kubona amazi meza ku kigero cya 87%.
Mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, abayobozi mu nzego zitandukanye bagaragaje aho igihugu kigeze mu iterambere, harimo n’ibyo u Rwanda rwohereza mu mahanga.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yavuze ko mu butaka bw’u Rwanda buhingwa, 50% ari ubutaka busharira, ariko abaturage batuye i Nyaruguru na Nyamagabe, ngo bamaze kumva ko imiyoborere myiza ari yo y’ingenzi.
Perezida Paul Kagame asanga Umuryango w’Abibumbye (UN) ntacyo wigeze ugeraho mu myaka umaze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu bijyanye no gukemura ibibazo by’umutekano mucye bimaze igihe kinini mu Burasirazuba bw’iki gihugu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasetse abuririye ku byo u Rwanda ruherutse kuvuga ko rufite uburyo rukorana na M23 mu kumenya amakuru atandukanye arufitiye akamaro ku nyungu z’umutekano warwo.
Isheja Butera Sandrine, Umuyobozozi Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) akaba ari we musangiza w’amagambo mu Nama y’Umushyikirano irimo kubera i Kigali kuva tariki 5 kugeza tariki 6 Gashyantare 2026, yagaragaje ko yishimira iterambere agezeho, aho yavuze ko inama nk’iyi ya mbere yabaye mu mwaka wa (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutazatezuka kubaza umuyobozi ibyo ashinzwe gukora, byaba ngombwa akabyishyura.
Abanyarwanda b’ingeri zose bateraniye i Kigali, abandi nabo bategereje kuri za televiziyo n’amaradiyo kugira ngo bakurikire inama y’Igihugu y’Umushyikirano iteranye ku nshuro ya makumyabiri.
Gusambanya umwana, gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsina y’undi, ni ibyaha bifungishije by’agateganyo, Dr Manirakiza Benjamin.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu Dr Bizimana Jean Damascene yabwiye Abasenateri ko bakwiye gusobanurira abakiri bato kwirinda gukoresha ijambo ‘Gutwika’ kuko ari ijambo ridasobanura ibirori no kwishima kuko mu gisobanuro cy’amateka ya kera rivuga kwica.
FDLR (Forces Démocratiques de Libération du Rwanda) ni umutwe w’inyeshyamba ugizwe ahanini n’Abanyarwanda basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ukaba ufite icyicaro n’ibikorwa byinshi mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Bitewe n’ inyota n’amatsiko Abanyarwanda benshi bafite yo kurushaho kumenya, gusobanurirwa, kumva no kureba amateka yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda, abaturage batuye mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Kicukiro basuye ku Mulindi w’ Intwari nka hamwe mu hari ibirindiro bikomeye bya RPA mu gihe cy’urugamba rwo kubohora (…)
Imirenge ya Cyeza mu bahungu na Shyogwe mu bakobwa, niyo yegukanye ibikombe mu marushanwa Umurenge Kagame Cup, inahabwa ibihembo by’amafaranga 500.000frw buri umwe.