Ubuyobozi bw’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, buributsa abafite za Resitora kwita ku isuku y’aho bategurira n’aho bakirira amafunguro, kugira ngo batangiza ubuzima bw’abo bakira.
Hashize igihe kinini havugwa ikibazo cy’abivuriza kuri Mituweli ku bigo nderabuzima, ariko imiti bandikiwe ntibayihabwe cyangwa bakabona mike, bikaba ngombwa ko bajya kuyigurira kuri farumasi, abatabishoboye bagatahira aho.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT), Ingabire Paula, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 yasobanuriye Inteko, Umutwe wa Sena aho gukoresha indangamuntu nkorabuhanga bigeze.
Isuzuma ry’imikorere y’Inama Njyanama z’Imirenge 15 igize Akarere ka Bugesera mu mwaka ushize, ryashyize Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamata ku mwanya wa mbere mu gukora neza, n’amanota 98% mu mirenge 15. Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhuha yaje ku mwanya wa kabiri n‘amanota 97%. Imirenge ya Juru na Ngeruka yaje ku mwanya (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Arabie Saoudite, by’umwihariko mu nzego (…)
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Ubusesenguzi bwimbitse bwakorewe mu bigo ngororamuco mu Rwanda, bwerekanye ko 74% by’ababijyanwamo batarangije amashuri abanza, ndetse ko 17% muri bo batazi gusoma no kwandika, bivuze ko batigeze bagera mu ishuri.
Imitangire y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza umenyerewe nka Mituweli yajemo impinduka, haba mu mafaranga yishyurwa, ndetse n’inkomoko y’amafaranga.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa 20 rwaturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda rwashoje rwiyongereye ku rutonde rw’abahindura ubumenyi mu ikoranabuhanga mo ibisubizo bifatika mu Rwanda.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).
Abagororwa bitegura gusoza ibihano by’ibyaha bahamijwe ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabwe gukurikira no kuzirikana inyigisho bateguriwe kuko zizabafasha kurushaho kubana neza n’abo basanze ndetse no kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Rwanda zivuga ko kwihuza n’Abanyarwanda bakibumbira hamwe byabafashije gukira ihungabana, batangira gukora ibikorwa bibaganisha ku iterambere nk’abandi.
Abanyeshuri 970 bazatangira Kaminuza umwaka utaha mu Karere ka Kamonyi, bahawe impamba y’ubumenyi ngiro mu bigo n’amashuri byigisha imyuga.
Imyambarire bamwe babona ko idahwitse ni ikibazo kidakunze kuvugwaho rumwe, kuko hari abasanga uko umuntu yambaye, cyane cyane ab’igitsina gore bambara imyenda migufi cyangwa ibahambiriye, hari abatabibonamo ikibazo, abandi bakabona ari amahano.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru, hari bamwe mu baturage bagerageje kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza, Mutuelle de Sante, abenshi bakunze kwita Mituweli y’umwaka utaha (2026-2027), ariko bakwinjira muri sisitemu bagasanga warazamuwe ku bwikube bw’inshuro hafi zirindwi.
Col Charles Sumanyi uherutse kugirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Gisirikare yarahiriye kuzuza inshingano ze nk’uko ziteganywa n’amategeko ya Repubulika y’u Rwanda
Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri Banki Nkuru y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo kuzamura igipimo cy’inyungu fatizo ho 0.50%, kigera kuri 7.25%, mu rwego rwo kugabanya igitutu cy’izamuka ry’ibiciro rikomeje kugaragara mu gihugu.
Kelia Ganza Umukunzi, ni umwana w’umukobwa w’impunzi zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, ufite inzozi zo kuzambika Perezida wa Repubulika Paul Kagame, mu gihe azaba arangije amashuri ye.
Intara y’Iburengerazuba igizwe ahanini n’imisozi miremire kandi ihanamye, bigatuma iyo imvura iguye hamanuka amazi menshi ndetse rimwe na rimwe agateza n’inkangu, bityo aho ayo mazi anyura akahateza imyuzure ihitana abantu n’ibintu, ari yo mpamvu y’uyu munshinga watangijwe wo gukumira ibyo byago.
Kuva kuri uyu wa 18 Gashyantare, i Kigali hateraniye inama y’iminsi ibiri ihuza abayobozi bashinzwe imari mu bihugu bigize Umuryango w’Ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) igamije kurebera hamwe uburyo bwo gushakira amafaranga imishinga yo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.
Iterambere ry’Igihugu ryifuzwa ntiryagerwaho ibibazo byugarije imiryango bititaweho ngo bikemurwe. Iyi ni yo mpamvu mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro bateguye ubukangurambaga buzamara ibyumweru bitatu (kuva tariki 15/02 – 08/03/2026) bujyanye no gukemura ibibazo byugarije umuryango nyarwanda, by’umwihariko (…)
Inama y’Umushyikirano yateraniye i Kigali ku nshuro ya 20 kuva tariki 05 kugeza tariki 06 Gashyantare 2026 iyobowe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yafatiwemo imyanzuro 12, harimo irebana n’ubukungu, imibereho myiza n’imiyoborere.
Komisiyo y’u Rwanda ishinzwe gusezerera no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu ngabo, yakiriye intumwa z’Ihuriro ry’Abakozi riharanira Amahoro n’Ubwiyunge mu Karere k’Ibiyaga Bigari, zasuye ikigo cya Mutobo (Demobilization Centre) giherereye mu Karere ka Musanze.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buraburira abaturage bawo ko hateganyijwe imvura nyinshi y’Itumba, bityo bagasabwa kwirinda kuko ishobora guteza ibiza.
Hashize imyaka umunani, abayobozi ba Afurika bashyigikiye igitekerezo kidasanzwe: ko umugabane ushobora gutangira kongera ubucuruzi hagati y’ibihugu byawo, ko abantu bashobora kujya mu mijyi itandukanye byoroshye hakoreshejwe indege, kandi ko Afurika yakwishyurira ibikorwa byayo idategereje inkunga z’amahanga.
Kuri uyu wa 16 Gashyantare, Perezida w’u Burundi Evariste Ndayishimiye yagarutse mu gihugu cye avuye mu nama ya Afurika yunze Ubumwe, aho yahawe umwanya wo kuyobora Inteko rusange y’uyu muryango muri uyu mwaka.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) igaragaza ko mu myaka icumi ishize u Rwanda rwashyize ingufu mu gutunganya imihanda y’imigenderano yo mu cyaro, mu rwego rwo korohereza umusaruro w’ubuhinzi n’ubworozi kugera ku isoko.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko bwageze ku ntego ikomeye yo kwinjiza Miliyoni 5.06 z’Amadolari ya Amerika, avuye mu bikorwa by’ubukerarugendo, bingana n’izamuka rya 5.4% ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2024.
Abagenzi ba RwandAir berekeza cyangwa bava i Nairobi bagizweho ingaruka n’ihungabana ry’imikorere ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Jomo Kenyatta (JKIA), rituruka ku makimbirane y’abakozi ari guhungabanya serivisi zisanzwe.