Umujyi wa Uvira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo wugarijwe n’ibikorwa by’urugomo rukabije, nyuma yaho umutwe wa AFC/M23 uwuviriyemo mu cyumweru gishize, ukigabizwa n’abagizi ba nabi biganjemo Wazalendo.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi Dr. Telesphore Ndabamenye yabwiye Abasenateri ko mu itegeko rigenga ubworozi hazongerwamo ingingo yo gucunga ibiribwa by’amatungo kugira ngo hakemurwe ibibazo bigaragaramo.
Perezida Paul Kagame, yakurikiye umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika 2025 cyaberaga muri Maroc cyasojwe kuri uyu wa 18 Mutarama gitwawe na Senegal.
Perezida Paul Kagame yashimye ikipe y’Igihugu ya Senegal Lions de la Teranga yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yo gutsinda Maroc yari yarakiriye iri rushanwa igitego 1-0.
Iki cyumweru dushoje, abaturage ba Guineya bari mu birori byo kwakira indahiro Perezida w’Igihugu cyabo yagiriye imbere y’imbaga y’abaturage, akabasezeranya uburenganzira n’uburinganire busesuye, hamwe n’ubukungu butajegajega.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye Perezida watowe wa Uganda, Yoweli Kaguta Museveni watowe ku majwi 71 kongera kuyobora igihugu muri manda y’imyaka itanu.
Nyuma y’ınkuru yasakaye kuva ku wa Gatanu tariki 16 Mutarama, ko ku ishuli rya G.S Rwinzovu mu Karere ka Musanze habaye ibonekerwa, Padiri mukuru wa Paroisse ya Busogo, Jean Bosco Nambaje, yibukije abakiristo ko atari bo bemeza ibonekerwa.
Umutwe wa AFC/M23 wasohotse burundu mu mujyi wa Uvira nk’uko wari wabiteguje, mu rugendo rwo kwerekana ubushake bwo kugarura amahoro mu karere k’Uburasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo no kubahiriza amasezerano y’agahenge.
Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Amatora muri Uganda yatangaje ku mugaragaro ko Perezida uriho, Yoweri Kaguta Museveni, uyobora ishyaka riri ku butegetsi National Resistance Movement (NRM), ari we watorewe kongera kuyobora igihugu mu yindi manda y’imyaka itanu, bityo akazageza mu 2031 akiri ku butegetsi.
Mu gihe u Rwanda rwitegura Isuzuma Mpuzamahanga Ngarukagihe ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review/UPR), Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST), yatangaje ko ibihugu bifata ijambo ku Rwanda byikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka 14 ishize.
Sena yateguye igikorwa cyo gusura abaturage mu gihugu hose, hagamijwe kureba ibikorwa mu guteza imbere ubworozi. Iki gikorwa giteganyijwe ku itariki ya 20 kugera ku kuya 28 Mutarama 2026.
Banki ya Kigali (BK), ku bufatanye n’Ishyirahamwe ry’abacuruza n’abatubura imbuto nziza mu Rwanda (NSAR), biyemeje kurushaho guteza imbere urwego rw’ubuhinzi mu Rwanda, nka rumwe mu nkingi za mwamba z’ubukungu.
Abikorera bari mu bucuruzi, cyane cyane ubwo kuri Internet barakangurirwa gufata ikirango cya Digital Trust Seal, kigaragaza icyizere igicuruzwa runaka gifitiwe, bityo bikaborohera gucuruza mu Rwanda ndetse no ku masoko mpuzamahanga nta nkomyi.
Perezida Yoweri Museveni ari mu nzira yo gutsinda manda ya karindwi ayobora Uganda, nyuma yo kubarura amajwi ahera kuri 60% by’amatora amaze kubarurwa.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, yageze i Lomé muri Togo aho yitabiriye inama y’urwego rwo hejuru igamije guteza imbere amahoro mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ndetse no mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Albert Rudatsimburwa, Umunyarwanda uzi cyane amateka ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), cyane cyane intandaro y’ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuma bw’iki gihugu, avuga ko mu 2021, Perezida Tshisekedi yagiriwe inama mbi yo gukubita M23 aba ari we ukubitwa.
Abanya-Uganda bategerezanyije amatsiko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu bazindukiyemo, kuri uyu wa Kane tariki 15 Mutarama.
Kuri uyu wa 15 Mutarama, Perezida w’Uburusiya Vladimir Putine yakiriye impapuro yashyikirijwe na Maj. Gen. Joseph Nzabamwita zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda mu Burusiya.
Ihuriro ry’imiryango itanga ubufasha muby’amategeko LAF ryagaragarije Abadepite bagize Komisiyo y’Ubumwe bw’Abanyarwanda, Uburenganzira bwa Muntu no Kurwanya Jenoside ko hakiri ikibazo mu bunganira abana bato bari mu magororero kubera ubumenyi buke mu bijyanye no kunganira abana.
Kuva kuri uyu wa 14-16 Mutarama 2026, Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, yitabiriye Inama ya 28 y’Abayobozi b’Inteko Zishinga Amategeko mu Muryango wa Commonwealth (CSPOC), ibera mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko y’u Buhinde, i New Delhi.
Imiryango itegamiye kuri Leta irasaba ko hajya hatangwa ibindi bihano bitari ugufunga umuntu mu rwego rwo kugabanya ubucucike mu magororero.
Nyuma yo gukuraho inyubako yakoreragamo kugira ngo itange ikibanza cy’ahazagurirwa umuhanda Prince House-Masaka, Resitora y’Abanyamerika yigaruriye imitima ya benshi yatangiye kubaka inzu nshya izakoreramo.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu MINUBUMWE iratangaza ko kwitabira Urugerero, ari kimwe mu bigamije gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda, kuko rukomoka mu muco w’abakurambere nk’indangagaciro y’ubwitange.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame, yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’ingabo z’u Rwanda zibarizwa muri Brigade ishinzwe ubwubatsi (Engineering command) mu rwego rwo gufasha iki gihugu cyo mu birwa bya Caraïbes kongera kwiyubaka binyuze mu gusana no kubaka ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga (Hurricane Melissa) yakibasiye umwaka ushize.
Umugenzi uteze bisi ava muri Gare yo mu Mujyi ajya Kimironko ashobora kwishyura amafaranga atandukanye n’aya mugenzi we uvuye Kimironko aviramo muri Gare yo mu Mujyi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwatangiye kuburanisha ku ifunga n’ifungurwa mu rubanza umunyamuziki Shema Arnold wamamaye nka DJ Toxxyk aburanamo n’ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho ibyaha bine.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Uwitonze Mahoro Eric, yasabye abagera ku 41,900 batangiye urugerero rw’Intore z’Inkomezabigwi icyiciro cya 13, hirya no hino mu Gihugu, guhanga udushya no kurangwa n’indangagaciro zirimo ubupfura.