Amakosa Ubwongereza bwakoze mu guhagarika umushinga wo kwimurira abimukira mu Rwanda kuva muri Mata 2024 yashyizwe ahagaragara. Iki gihugu kigomba kwishyura u Rwanda Miliyoni ijana z’Amafaranga akoreshwa mu Bwongereza(British Pounds), akaba angana na Miliyari 200.4 ubazw mu Mafaranga y’u Rwanda.
Uko imyaka ishira indi igataha usanga imivugire n’imyandikire y’ururimi rw’ikinyarwanda cyane cyane mu bakirimo kubyiruka igenda ita umwimerere, ahanini bigaterwa no kuvangavangamo izindi ndimi ziganjemo Igifaransa cyangwa Icyongereza.
Umubare w’Abanyarwanda bafite ibibazo by’ubuzima bwo mu mutwe biturutse ku gukoresha inzoga n’ibiyobyabwenge wavuye kuri 1,6% kuva mu mwaka wa 2018 bigera kuri 2,4% mu mwaka 2025.
Mu Bufaransa, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026, Abadepite bemeje umushinga w’itegeko ribuza abana bari munsi y’imyaka 15 gukoresha imbuga nkoranyambaga. Uwo mushinga ushyigikiwe cyane na Guverinoma y’icyo gihugu ugamije kurinda ubuzima bwo mu mutwe bw’ingimbi n’abangavu.
Senateri Niyomugabo Cyprien yasabye ko Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yasubizaho gahunda y’ubuvanganzo bw’inka bwahozeho Kera.
Guverinoma y’u Buyapani ibinyujije muri Ambasade yayo mu Rwanda, yasinyanye amasezerano n’Ikigo cyita ku bana b’abakobwa n’abahungu bafite Ubumuga bwo mu mutwe (Association des Volontaires pour l’Assistance aux Enfants Handicapés/ AVEH Umurerwa), yo gutera inkunga yo kubaka amacumbi.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza Bill na Joyce Cummings bazwi mu bikorwa by’ubugiraneza, Didi Bertrand Farmer, Ophelia Dahl, washinze Umuryango Partners In Health ndetse na Dr. Jim Yong Kim, Umuyobozi w’Icyubahiro wa Kaminuza ya Global Health Equity (UGHE) ndetse n’Umuyobozi Mukuru Wungirije (…)
WASAC Group, ikigo cy’Igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura, cyatangaje ko guhera ku wa 26 Mutarama 2026, zimwe muri serivisi zijyanye no gutanga amazi zatangiye gukorerwa ku rubuga rwa IremboGov, mu rwego rwo korohereza abafatabuguzi no kunoza imitangire ya serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga.
Raporo nshya ku bijyanye n’umurimo mu Rwanda (Labour Force Survey), y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), igaragaza ko mu gihembwe cya Kane cy’umwaka wa 2025, muri rusange mu Rwanda abashomeri bageraga ku 649.799 bangana na 11,7%.
Madamu wa Perezida Wa Repubulika Jeannette Kagame yakiranye ubwuzu impamyabumenyi y’icyubahiro yahawe na Kaminuza mpuzamahanga y’Ubuzima ya Butaro, avuga ko kuyemera bivuze "kwemera ko ubuzima ari uburenganzira bw’ibanze."
Minisitiri w’intebe Dr. Dr Justin Nsengiyumva yabwiye abanyeshuri barangije mu ishuri mpuzamahanga ry’ubuvuzi rya Butaro, University of Global Health Equity ko basanze isi ifite ibibazo by’uburwayi, bakaba bagomba guhangana na byo.
Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame yahawe impamyabumenyi y’ikirenga y’icyubahiro (Honorary Doctorate) na Kaminuza y’Ubuzima (University of Global Health Equity) kubera ubuyobozi bwe budasanzwe n’umusanzu we mu burezi, ubuzima n’uburinganire mu Rwanda, muri Afurika no ku isi hose.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yagize Brig Gen Gasana Godfrey, Umupilote wihariye wa Perezida, akazajya afatanya izi nshingano no kuba Umujyanama wa Minisitiri w’Ingabo mu bijyanye n’imikorere y’umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere.
Banki ya Kigali (BK) yizihije isabukuru y’imyaka 60 imaze ikora, ishimira abakiriya barenga 400 bamaze imyaka irenga 30 bakorana na yo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko 40.1% by’abawutuye bari mu myubakire y’akajagari, icyakora kakaba kagenda kagabanuka buhoro buhoro, kuko mu 2012 abatuye mu kajagari bari 62%.
Raporo ngarukamwaka y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yerekana ko kwitabira gahunda zo kuboneza urubyaro bikomeje kwiyongera.
Umuryango w’Abashinwa baba mu Rwanda wizihije Umwaka Mushya w’Abashinwa (Lunar New Year) wa 2026, wakira ku mugaragaro itsinda rishya ry’Abaganga b’Abashinwa (China Medical Team – CMT), bishimangira gukomeza ubufatanye mu by’ubuvuzi bumaze imyaka 45 hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa.
Umuhanzikazi nyarwanda Alyn Sano ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya muzika izwi nka NAMM Show 2026, ibera muri Leta ya California.
Guverinoma ya Australia yafashe icyemezo gikomeye cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga zikomeye zirimo TikTok, Facebook, Instagram na YouTube, hagamijwe kurinda ubuzima n’imitekerereze by’abana.
Minisitiri w’Ubutabera w’u Rwanda, Dr Emmanuel Ugirashebuja, yongeye gushimangira ko igihugu cyiyemeje kubahiriza amahame y’imanza ziboneye n’uburenganzira bwo kuburanishwa mu mucyo, mu gihe u Rwanda rwitabiraga Isuzuma Mpuzamahanga ku Burenganzira bwa Muntu (Universal Periodic Review – UPR) ryo mu cyiciro cya kane, (…)
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’intumwa nkuru ya Leta Emmanuel Ugirashebuja yasabye Inama ya Loni ishinzwe uburenganzira bwa muntu kutita ku bibazo by’Uburenganzira bwa Muntu byabajije u Rwanda, kuko u Rwanda rudashobora kubazwa ibiri hanze y’imipaka yarwo.
Ubuholandi bwavuze ko u Rwanda rwagize neza kugabanya imyaka umunyarwanda aba yemerewe kwifatira icyemezo cy’ubuvuzi (health consent) kikava ku myaka 18 kikajya ku myaka 15.
U Burusiya bwashimiye u Rwanda uburyo rushyira imbere amasezerano n’amategeko mpuzamahanga y’uburenganzira bwa muntu, kandi bikagaragarira no mu mibereho y’abaturage imbere mu gihugu.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro - Rwanda Revenue Authority cyashyizeho gahunda idasanzwe yo kwihutisha iyandikisha n’ihererekanya ry’ibinyabiziga.
Imiriko yo kwagura umuhanda Prince House–Giporoso–Masaka ufite igice kinini mu karere ka Kicukiro uzatangira kwezi kwa kabiri uyu mwaka nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dushimimana.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyarugenge rwemeje ko Shema Arnaud Debaucher (DJ Toxxyk) afungwa by’agateganyo kugira ngo hakomeze iperereza ku byaha aregwa.
Umuyobozi w’urwego rwa politiki rw’umutwe wa AFC/M23 yavuze ko abishe Patrick Lumumba, umunyapolitiki warwaniye ubwigenge bwa DRC kugeza abizize bazwi, kandi abari ku butegetsi muri DRC bakaba ari bene wabo.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda, RSSB, Regis Rugemanshuro, yavuze ko ubu itegeko ribemerera gufatira umutungo w’umukoresha ku birarane arimo byo guteganyiriza abakozi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi Dr Manirakiza Benjamin, umwarimu muri kaminuza ukurikiranyweho icyaha cyo gusambanya abana b’abakobwa, abashukisha amafaranga.