Imiryango 45 yo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda; yabanaga ku buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012, inakangurirwa gutahiriza umugozi umwe.
Abakinnyi b’u Rwanda bakina imikino itandukanye bagiye mu mikino Olympique, igomba gutangira ku wa Gatanu tariki 27/07/2012 i London mu Bwongereza,baravuga ko bahanganye n’ikibazo cy’ikirere kirimo imvura nyinshi n’umuyaga batari bamenyereye.
Umwarimu witwa Gilbert Bizimana wigishaga ku ishuri ryisumbuye rya Mushubati, afungiye kuri polisi ya Nyamagana akarere ka Ruhango guhera tariki 19/07/2012 aho akekwaho gutera inda umwana bareraga, umugore we abereye nyina wabo.
Abaganga, abaforomo n’abasinziriza (Abatera ikinya) baturuka mu bitaro birindwi byo mu Rwanda, barangije amahugurwa aho bahuguwe uburyo abaganga bakorera hamwe bagafasha inkomere.
Abaturage bo mu tugari twa Nawe na Kabuye mu Murenge wa Rubona mu karere ka Rwamagana, barakangurira abandi kwibumbira hamwe bakifatira ibyemezo bibabereye, nyuma y’uko inama bakoze basaba umuriro w’amashyanyarazi yabagejeje ku ntego.
APR FC yaje kubona itike yo gukomeza muri kimwe cya kane cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup aho izakina na URA, n’ubwo yari yatsinzwe na Young Africa ibitego Bibiri ku busa, mu mukino wabihuje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012.
Amakimbirane yari amaze iminsi hagati y’umugabo witwa Samuel Sinaruhamagaye n’umugore we Annonciathe Nyiramahirane, ashingiye ku buharike, yahagurikije inzego zose z’ubuyobozi n’abaturage, nyuma y’uko byari bitangiye guteza ikibazo mu murenge.
Bamwe mu bagize koperative y’abashinzwe gucungwa umutekano mu mujyi wa Muhanga (COPEVEMU), baratangaza ko kutabona amafaranga bagenewe uko bikwiye bituha hari byinshi byangirika mu mutekano bashinzwe.
Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.
Abayobozi muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) bahakanye igihombo cy’amafaranga arenga miliyari imwe na miliyoni 695 agaragazwa muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari yo mu w’2010, yari yaragenewe kugura ifumbire n’imbuto ariko akaba yaraburiwe irengero.
Nyuma y’imyaka 44 CONFIGI ishinzwe, isigaye ivugwa nk’amateka kuko ibikorwa byayo byahagaze ndetse na bamwe mu banyamuryango bakaba barakuyemo akarenge kabo.
Abaturage bo mu murenge wa Rwaniro mu karere ka Huye bari bamaze iminsi barara bahangayitse kubera ubujura bw’inka ubu ngo babonye agahenge; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanze ubujurire Leon Mugesera yari yatanze asaba ko yahabwa igihe igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ikubiyemo ibirego aregwa.
Abaturage ba Afurika muri rusange n’Abanyarwanda by’umwihariko barakangurirwa kwitabira gukoresha imirongo ya internet (domain) iherwa n’akadomo Afrrica (.africa). Iyi domain yerekana imbuga za internet zo muri Afurika ikora nk’izanzwe iherwa na .com, .net, .rw n’izindi.
Ibiro by’akarere ka Kayonza byafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 20/07/2012 ariko nta bintu uwo muriro wangije kuko bahise bawuzimya utaraba mwinshi.
Umugabo wo mu Buhinde witwa Sohanlal Chouhan w’imyaka 45 y’amavuko ari mu maboko ya polisi azira kudodera umwenda w’imbere ufite ingufuri umugore we witwa Rhada Sitabai arwanya ko ashobora kumuca inyuma.
Mu kiganiro yahaye abanyamakuru ejo tariki 19/07/2012 muri Serela Hotel i Kigali, Josee Chameleon yatangaje ko atajya afata ku biyobyabwenge nk’uko hari bamwe babimutekerezaho.
Bayingana Aimable, uyobora ishyirahamwe ry’abasiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) azaba ari Champs-Elysées mu Bufaransa ku cyumweru tariki 22/07/2012 aho azaba yagiye kwifatanya n’abakunzi b’isiganwa rizwi ku izina rya Tour de France rizasozwa kuri uwo munsi.
Ministiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yasabye abayobozi ba za Banki Nkuru z’ibihugu bikirimo gutera imbere gukomeza gucungira hafi ingaruka z’ubukungu bumeze nabi ku isi kuko bamwe bakomeje kutitwara neza bigatuma butazamuka nko mu bihugu byateye imbere.
Amabuye adasanzwe afite forume ya mpande enye akagira uburebure bugera kuri metero eshatu kandi aconze neza wagirango n’abantu babikoze yavumbuwe ku gasozi kari mu kagari ka Butambamo, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Umutoza Ruremesha Emmanuel yongeye kugirirwa icyizere cyo gutoza ikipe ya Mukura mu gihe cy’umwaka umwe.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arashimira Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bw’uruhare yagize mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Abanyamakuru 13 ba radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo radiyo kubera ko ngo badahabwa ibyo bemererwa n’amategeko nk’abakozi, gukatwa imishahara ndetse no kwirukanwa mu buryo ngo butubahirije amategeko.
Abanyarwanda bafite amikoro aciriritse barakangurirwa gutangira kwishyira hamwe bakubaka amazu bahuriyemo agerekeranye mu rwego rwo kurondereza ubutaka kuko ikibazo cy’ubutaka gikomeje kuba ingorabahizi.
Liang Xiaoxiao wo mu gihugu cy’u Bushinwa ufite imyaka itatu y’amavuko, ibiro 2.5 areshya na sentimetero 54 bivugwa ko ariwe mukobwa muto ku isi.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodis, aratangaza ko byanze bikunze bitarenze ukwezi kwa munani uyu mwaka ikibanza cyo kubakamo hoteli y’inyenyeri eshatu y’akarere ka Ngoma kiba gitangiye gusizwa.
Byiringiro Gasana Idrissa ukorera ikinyamakuru The Chronicles umaze iminsi ibiri afunzwe avuga ko yabeshyeye inzego zishinzwe umutekano n’ubutabera bw’u Rwanda ko ahohoterwa, kugira ngo agenzure koko niba itangazamakuru mu Rwanda rihutazwa, nk’uko yagiye abyumva.
Abakobwa bo mu karere ka Nyamasheke bagiye kwitabira amarushanwa yo guhatanira kwambara ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, bamenyekanye kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012.
Abahanga mu binyabuzima bavumbuye ibisigazwa by’inyoni yo mu bwoko bwitwa Pic (inyoni zikunda kurira ibiti) mu gihugu cya Afurika y’Epfo bayitirira izina rya Nelson Mandela.
Umunya-Suede Zlatan Ibrahimovic yabaye umukinnyi wa kabiri ku isi uhembwa amafaranga menshi mu mupira w’amaguru nyuma yo gusinya amasezeranyo y’umushaha wa miliyoni 14 z’ama Euro ku mwaka muri Paris Saint Germain (PSG) yo mu Bufaransa.
Leon Mugesera yashyize ava ku izima yemera kuzaburana mu Kinyarwanda ntawe umushyizeho agahato, nyuma yo kwandikira Urukiko rw’Ikirenga arusaba gutesha agaciro ikirego yari yarushyikirije.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangije gahunda yo gukangurira Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma ihereye ku bakiri bato, nk’imwe mu nkingi zizafasha u Rwanda kugera ku iterambere muri gahunda u Rwanda rwihaye mu cyerekezo 2020.
Victoire Ingabire yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012 ajurira ku cyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyashyizwe mu byaha akurikiranyweho, nubwo yari amaze igihe kinini yaravuze ko atazongera kugaragara mu rukiko.
Munezero Bachir ukomoka mu karere ka Rubavu acumbikiwe kuri station ya Police ya Mukamira kuva tariki 15/07/2012 nyuma yo gufatirwa ku isoko rya Byangabo afite insinga z’amashyanyarazi avuga ko akoresha mu gukurura imodoka.
Umunyabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-Moon, yagize Adama Dieng wari umwanditsi w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) umujyanama we mu gukumira Jenoside.
Bamwe mu bakozi b’akarere ka Rwamagana bahemberwa muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ngo bashobora kurega Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) kuko iyi banki yafatiriye umushahara wabo w’ukwezi kwa Kamena uyu mwaka ku mpamvu batumvikanaho.
Gatesi Beatrice, umugore w’imyaka 37 utuye mu murenge wa Kibirizi mu karere ka Gisagara afungiye ku biro bya polisi y’uyu murenge azira kubyara umwana akamuniga akamuta mu gihuru nyuma umwana akagaragara yariwe n’imbwa igice kimwe.
Ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ahitwa ku Busekanka mu karere ka Rusizi, tariki 18/07/2012, hatoraguwe umurambo w’umwana w’umuhugu wigaga muri College de Nkanka bikekwa ko yaba yiyahuye mu Kivu.
Abana b’inshuke 72 bo mu kagari ka Nyamirama mu murenge wa Gitoki akarere ka Gatsibo bamaze igihe bigira mu isoko ry’inka (igikomera) kuko ntaho bafite ho kwigira kuva inzu bigiragamo yasenyuka.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasura ibikorwa by’amajyambere mu turere twa Kayonza na Rwamagana kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012.
Umusore witwa Nkurunziza Silas utuye mu karere ka Gasabo, umurenge wa Gatsata, tariki 17/07/2012, yanyoye ikinini cy’imbeba ashaka kwiyahura kubera umukobwa wamwanze ariko biba iby’ubusa ntiyapfa.
Mu rubanza rw’ umunyamakuru wa Radio Huguka ushinjwa kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside rwaburanishijwe tariki 18/07/2012 hemejwe ko ruzasomwa tariki 30/07/2012.
Umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uravuga ko umwanzuro uherutse gufatwa n’abakuru b’ibihugu biri mu muryango w’ubumwe bw’Afurika wo kwohereza ingabo ku mupaka w’u Rwanda na Congo ntacyo uzageraho.
Imurikagurisha rya munani rizagaragaramo udushya turimo n’inyamaswa zizamurikirwa abazaryitabira; nk’uko bitangaza n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rutegura iri murikagurisha riba buri mwaka.
Abarwanyi 11 ba FDLR baturutse mu mashyamba ya Kongo muri zone ya Karehe, Mwenga na Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bageze mu nkambi ya ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Jean Marie Ntagwabira wahoze ari umutoza wa Rayon Sport akayisezeramo mu ntangiro z’uku kwezi, yahagaritswe mu mupira w’amaguru mu Rwanda, nyuma y’inama yateraniye ku cyicaro cya FERWAFA tariki 18/07/2012, igamije kwiga ku bibazo bya ruswa bimaze iminsi bimuvugwaho.
Uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Clinton, atangaza ko mu buzima hakenerwa ubufatanye kuko mu gihe hari ubufatanye buhamye nta kibazo gishobora kuburirwa igisubizo.