Urubuga rwa interineti www.anyvitamins.com ruvuga ko vitamini A irinda umubiri kurwara indwara zandura (infections) n’indwara z’uruhu.
Ubuyobozi bw’ikigo gitwara abantu mu Mujyi wa Kigali, Kigali Bus Services, bugiye gutangiza uburyo bushya bwo kwishyuza abagenda mu modoka zacyo, aho ubishaka azajya agura ikarita akazajya yishyura amafaranga 20 uko agenze ikilometero kimwe, aho kwishyura amafaranga 250 ku rugendo rwose nk’uko bisanzwe.
Justus Kangwagye, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abayobozi b’Inzego z’ibanze mu Rwanda (RALGA) avuga ko komite nshya yatowe ifite inshingano zo gukomeza inzira yo guteza imbere uyu muryango kugira ngo inyungu zigere ku baturage.
Mu nama yabereye i Jeneve mu Busuwisi kuwa 9 Ukuboza 2011, yasabye ibihugu bigifite impuzi z’Abanyarwanda kurushaho gushyira imbaraga ku gushishikariza gutaha ku bushake.
Tariki 09/12/2011, Perezida Kagame yakiriye umuyobozi w’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buhinzi (FAO), Dr Jacques Diouf, wari uje kumusezeraho nyuma yo gusoza imirimo ye.
Ejo, abasirikare 140 b’umutwe w’abasirikare b’u Rwanda barwanira mu kirere bagera ku basoje amahugurwa bari bamazemo ukwezi mu ishuri rikuru rya gisirikare i Gako mu karere Bugesera. Ayo mahugurwa yabateguraga kujya mu butumwa bwo kubungabunga amahoro i Darfur mu ngabo zihuriweho n’Umuryango w’Abibumbye n’Ubumwe bw’Afurika (…)
Tariki 09/12/2011, Tony Blair wahoze ari minisitiri w’intebe w’u Bwongereza na Perezida Kagame bemeje ishyirwaho ry’uburyo bwo kubaka ubushobozi (innovative strategic capacity building initiative) hagamijwe iterambere mu rwego rwo gufasha u Rwanda kugera ku ntego rwihaye.
Ejo, Martin Ngoga, Umushinjacyaha mukuru w’ u Rwanda, yatorewe umwanya wa perezida w’ishyirahamwe ry’abashinjacyaha bakuru bo mu bihugu bigize umuryango w’Afrika y’uburasirazuba (EAC), mu nama yabahurije i Kigali. Yungirijwe na Dr Eliezer Mbuki Felelshi, umushinjacyaha mukuru wa Tanzania.
Ejo, urugaga rw’abikorera (PSF) rufatanyije n’ikigo gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA) batangije imurikagurisha ryiswe TVET EXPO rigamije kwerekana aho u Rwanda rugeze ruteza imbere imyuga na tekinike ndetse no kurushaho kumenyekanisha akamaro kabyo. Rizarangira tariki 12/12/2011.
Mu masaha y’umugoroba ejo tariki 09/12/ 2011 nibwo komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC)yatangaje ko Kabila ari we wegukanye intsinzi mu matora ya Perezida wa Repubulika yabaye tariki 28 Ugushyingo uyu mwaka. Joseph Kabila Kabange wo mu ishyaka PPRD yagize amajwi agera kuri 48,95 %, (…)
Mu rugendo rw’iminsi ibiri rwatangiye tariki 08/12/2011, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda bagirira mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Uburengerazuba, baravuga ko iyo gahunda ibafasha kumenya nyabyo igihugu barimo kuko ari bwo bamenya ubuzima busanzwe bw’abanyarwanda.
Nk’uko bigaragazwa n’impuguke zinyuranye zirimo Dr Joseph Musaalo wo mu gihugu cya Uganda, ngo hari ibiribwa bitagoye kubibona umuntu ashobora gufata bikamurinda kugira indwara zifata imyanya myibarukiro ndetse bigafasha n’ubifata kongera ubushake mu mibonano mpuzabitsina (libido).
Ubushakashatsi bwakozwe na Astou Fall, umunyeshuri w’Umunyasenegali wiga muri kaminuza ya Auvergne, bwagaragaje ko hari abagore benshi muri Jenoside bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina na bagenzi babo, abandi bicwa na bagenzi babo.
Tuyizere Jean de Dieu, umwana w’imyaka 11 y’amavuko ukomoka mu Kagali ka Rutenderi mu Murenge wa Gashenyi mu Karere ka Gakenke yarohowe mu mugezi wa Base yapfuye.
Munyabarenzi Gaspard w’imyaka 55 y’amavuko ubu acumbikiwe muri gereza ya Musanze mu gihe ataraburana akekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka umunani.
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, Justus Kangwage, arizera ko ibyo abanyapolitiki b’abanyamahanga babonye mu cyirombe cya Nyakabingo kiri muri aka karere ari icyemeza isi ko u Rwanda narwo rwihagije ku mabuye y’agaciro.
Ku va mu mwaka w’1995 mu mikino igera kuri 14 imaze guhuza u Rwanda na Uganda, u Rwanda rumaze gutsinda imikino 6 naho Uganda itsinda inshuro 7, zinganya umukino umwe.
Umwe mu bayobozi bakuru b’ibitaro bya Calcutta, mu burasirazuba bw’Ubuhinde, aratangaza ko inkongi y’umuriro yibasiye ibi bitaro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 9 Ukuboza 2011 igahitana abasaga 73.
Mu mudugudu wa Karambo, akagari ka Tangabo, umurenge wa Manihira, mu karere ka Rutsiro, umugabo witwa Bacuma Faustin mu ijoro rya tariki 07/12/2011 atemaguye umugore we, Nyiranshuti Bonifride, amuziza isambu.
Urubuga rwa interineti www.kidshealth.org ruvuga ko iyo umuntu ageze mu myaka y’ubwangavu, umubiri utangira guhinduka bikajyana n’isaha y’umubiri aho umutegeka kuryama atinze akabyuka atinze.
Shumi zanjye (nshuti), Watsapu ? (what’s up? – amakuru ki?)
Mu karere ka Gicumbi mu Murenge wa Miyove hateye igisimba kirya amatungo y’abaturage.
Hassan Jallow, umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, tariki 07/12/2011, yatangarije akanama k’umutekano k’umuryango w’abibumbye (U.N Security Council) ko agiye kongera ingufu mu gushakisha abantu icyenda bashakishwa n’urwo rukiko.
Kuva uyu munsi, ku nshuro ya gatatu, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda batangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri yo gutambagizwa ibyiza nyaburanga by’u Rwanda n’intambwe nziza u Rwanda rukomeje gutera mu iterambere.
Tariki 06/12/2011 ahagana mu ma saa yine z’ijoro ku isaha y’i Paris, abantu bataramenyekana bateye ambasade y’u Rwanda iri i Paris mu murwa mukuru w’Ubufaransa.
Abahagaririye inzego z’umutekano baturutse mu bihugu 15 byo ku mugabane w’Afurika bari mu Rwanda aho bitabiriye inama y’iminsi ibiri ku bijyanye no kurwanya ihohoterrwa rikorerwa abagore n’abakobwa.
Abagize Ihuriro ry’Abagize Inteko zishinga Amategeko baharanira Amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari (AMANI), Ishami ry’u Rwanda, batoye komite nshya y’abayobozi bagomba kuriyobora mu gihe cy’umwaka.
Kuva tariki 05/12/2011, uwayoboraga ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri (Federation Rwandaise d’Athletisme), Rurangirwa Louis, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera azira ibijyanye n’imiyoborere ye.
Uyu munsi mu gitondo ku muhanda uva i Rwinkwavu ugana ku muhanda munini i Kabarondo ugana i Kigali habereye impanuka ya taxi mini bus itewe no gusubira inyuma ubwo yananirwaga gukomeza guterera umuhanda ahitwa Mu materasi. Kugeza ubu nta muntu witabye Imana ariko abagera kuri batatu bahise bajyanwa ku bitaro bya Rwinkwavu (…)
Umushinjachaha mu rukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, Drew White, tariki 07/12/2011, yasabiye kapiteni Nizeyimana Ilidephonse igihano cyo gufungwa burundu kubera ibyaha bya Jenoside yakoze mu Rwanda mu 1994 ubwo yari yungirije umuyobozi w’ishuri ry’abofisiye i Butare (ESO).
Abaturage batuye mu gasantere ka Gakenke, mu karere ka gakenke bavuga ko bahangayikijwe n’impanuka z’imodoka zibera muri metero 100 uvuye ku gasentere ka Gakenke.
Umuvugizi w’ubushinjacyaha bukuru, Alain Bernard Mukuralinda, tariki 06/12/2011, yashyize ahagaragara itangazo rivuguruza ibinyoma by’abavuga ko gushyira mu bikorwa iteka rya minisitiri numero 169/08.11 ryo ku wa 23/11/2011 rishyiraho abagororwa bagomba gufungurwa by’agateganyo byahagaritswe.
Tariki 07/12/2011, abantu barindwi bo mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze baguweho n’ibirombe bageregeza gucukura amabuye y’agaciro ya Wolfram k’uburyo butemewe n’amategeko.
Mu mudugudu wa Rukoko, akagari ka Gihira umurenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro, haravugwa urupfu rw’umugabo witwa Kurikiye Amiel witabye Imana kuwa mbere tariki 05/12/2011, ahitanywe n’inkangu.
Tariki ya 7 Ukuboza, mu masaa tatu za mu gitondo, umwana witwa Nowa uri mu kigero cy’imyaka 15 yagonzwe n’ikamyo yo mu bwoko bwa fuso yari ihagaze imbere y’amaduka igiye gupakurura ibirayi.
Mutabazi w’imyaka 14 y’amavuko wo mu kagali ka Kibenga, umurenge wa Mayange, akarere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi ya Nyamata azira gutema mukuru we witwa Habarurema Ezechiel w’imyaka 16 y’amavuko.
Prof. Sam Rugege wari visi perezida w’urukiko rw’ikirenga yasimbuye Aloysia Cyanzayire ku mwanya wa Perezida w’urwo rukiko wari umaze imyaka umunani aruyobora.
Ubwo yakirwaga na Perezida Kagame, tariki 07/12/2011, i Kigali, Minisitiri w’Intebe wa Kenya, Raila Odinga, yasabye abanyamuryango bagize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba gukuraho imbogamizi z’ubuhahirane muri ibi bihugu.
Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe ubumenyi bw’isanzure (NASA) cyavumbuye undi mubumbe mushya ujya kumera nk’isi kandi ushobora guturwaho.
Guveneri w’Intara y’Uburasirazuba, Uwamariye Odette, yatangiye ingendo zo gusura uturere twose tugize intara ayobora mu rwego rwo kumenye ibihakorerwa n’ibabazo bihari. Iki gikorwa cyatangiriye mu Karere ka Nyagatare ahari uruganda rw’amakaro ruherereye mu kagali ka Rutabura, umurenge wa Nyagatare.
Umuvugizi w’ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, Alain Mukurarinda, aratangaza ko urukiko rwisumbuye rwa Oslo muri Norvege rwanze icyifuzo cya Charles Bandora na zimwe mu nkiko zo muri iki gihugu cy’uko uyu mugabo ushijwa kugira uruhare muri jenoside yakoherezwa mu Rwanda.
Tariki 05/12/2011 mu masaha ashyira saa mbili za mu gitondo, muri Centre Saint Joseph mu karere ka Ngoma, umugabo witwa Patrick yafatiye umugore we mu cyuho amaranye iminsi itanu yibanira n’umusore utaramenyekanye izina kuko yahise yiruka yambaye ubusa hejuru.
Mu murenge wa Mayange, mu karere ka Bugesera haravugwa imbwa zizerera zirya amatungo n’abantu.
Umwana w’imyaka 18 y’amavuko witwa Hakizimana Noel na mushiki we bo mu murenge wa Cyabakamyi mu karere ka Nyanza bishe se babisabwe na nyina kubera isambu. Umurambo wabonetse mu bishyimbo hafi y’urugo rw’uwo nyakwigendera mu gitondo tariki 05/12/2011.
Guverinoma y’u Rwanda yatangiye gushyira mu bikorwa uburyo bushya bwo gusiramura abagabo bwitwa “PrePex” nta gisebe kibonetse. Abaganga bazajya babukoresha ntibizabasaba amahugurwa ahanitse ngo bagire ubumenyi bwo kubukoresha.
Kugira ngo Jose Mourinho agere ku ntego ye yo gutwara igikombe cya Shampiyona uyu mwaka agomba kubanza gutsinda FC Barcelona, mukeba w’ibihe byose wa Real Madrid kandi ngo yumva azabigeraho abakinnyi be nibakurikiza amategeko icumi yabahaye.
Laurent Gabgabo wahoze ari Perezida wa Cote d’Ivoire, teriki 05/12/2011, yitabye bwa mbere Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rw’i La Haye. Ubwo, Sylvia Fernandez, pererzida w’inteko iburanisha Gbagbo yamubazaga niba ashaka gusubirirwamo ibyaha aregwa, Gbagbo yavuze ko atabishaka.
Komisiyo y’amatora muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) yavuze ko gutangaza ibyavuye mu matora byigijwe inyuma ho iminsi ibiri kubera ibibazo by’ibikoresho (logistique).
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, mu muhango udasanzwe wabereye mu rugwiro tariki 06/12/2011, yakiriye impapuro z’ambasaderi batandatu zibahesha uburenganzira bwo guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.