Abaturage bo mu murenge wa Murunda, akarere ka Rutsiro, barasabwa gutera ibiti bifata ubutaka no kwitabira gahunda yo gukomeza gucukura imirwanyasuri, kuko aribwo buryo bushoboka bwo guhangana n’inkangu ndetse n’isuri.
Inama Njyanama y’Akarere yakuye ku buyobozi bw’ibigo, abayobozi b’ibigo by’amashuri umunani bazira kudatanga umusaruro uhagije mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange mu myaka ibiri yikurikiranya.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ishami rya Gisenyi, barasabwa kuba urumuri rw’Abanyarwanda, nk’uko babisabwe n’umuyobozi wayo mu gikorwa cyo guha impamyabushobozi abagera kuri 689, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Abakinnyi n’abatoza b’ikipe y’igihugu Amavubi, bizeye kuzatsindira ikipe ya Nigeria i Kigali mu mukino uzabahuza kuwa Gatatu, bagendeye ku mateka ikipe y’igihugu ya Zambia yanditse ubwo yatsindaga Cote d’Ivoire ku mukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika (CAN).
Minisitiri w’Intebe wakoreye igikorwa cy’umuganda mu karere ka Rulindo kuri uyu wa Gatandatu tariki 25/02/2012, yasabye abaturage batuye aka karere kurushaho gutura mu midugudu, bitewe n’uko ariko karere kakiri inyuma ugereranyije n’urugero igihugu kiriho.
Abahinzi b’inanasi bibumbiye muri Koperative COOPAF, ihuriyemo abahinzi b’imbuto bo mu murenge wa Gacurabwenge, batangaza ko kubura isoko rihoraho ry’umusaruro wabo bituma bagurirwa ku biciro bitajyanye n’ingufu bakoresha mu ihinga.
Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha (ICTR), kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012 rwafashe icyemezo cyo kohereza urubanza rwa Fulgence Kayishema ushinjwa ibyaha bya Jenoside kuburanishwa n’ubutabera bw’u Rwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rusasa n’abanyamabanga nshingwabikorwa babiri b’utugari, birukanywe ku mirimo yabo bashinjwa imicungire mibi y’umutungo wa Leta no gukoresha impapuro mpimbano. Byemejwe n’inama Nyanama y’akarere yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012.
Imbwa zariye abana batatu bo mu murenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke, bari bagiye ku ishuri zibakomeretsa mu maso no mu mutwe bahita bamjyanwa mu mu bitaro bya Nemba.
Mu Ihururo ry’Abavuzi Gakondo bo mu Rwanda (AGA Rwanda Network) haravugwa amakimbirane ashingiye ku mpano y’inka esheshatu zahawe Perezida waryo Rekeraho Emmanuel. Yazihawe mu busabane bwo gusoza umwaka no kwishimira ibyo bagezeho mu mwaka wa 2011, bwabereye i Kabere mu Karere ka Nyagatare.
Polisi y’u Rwanda n’iya Tanzania byiteguye gukomeza ubufatanye mu guhererekanya amahugurwa, nk’uko byaganiriweho na Minisitiri w’Imbere mu gihugu wa Tanzania, Shamsi Nahodha wari wasuye umukuru wa Polisi y’u Rwanda, Emmanuel K. Gasana, kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Ndayishimiye Onesphore wabonye amanota ya mbere mu bizamini bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda, atangaza ko iyo ntsinzi ayikesha gusenga, kubaha ababyeyi ndetse no gukoresha neza igihe cye.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Ingabire Diane yatoraguwe mu Murenge wa Jenda mu Karere ka Nyabihu.
Umusore witwa Habumuremyi Charles ukomoka mu karere ka Nyabihu aratangaza ko kuva aho ikigo yigagaho bagifungiye yabuze ubundi bushobozi bwatuma ajya gushaka ikindi kigo yakwigaho none ubu yikorera akazi k’ubuyede.
Umusore witwa Habanabakize uzwi ku izina rya Kibwa wo mu Murenge wa Muko mu kagari ka Ngange, yaburiwe irengero kuva tariki 23/02/2012, nyuma yo kwiba mwishywa we, Bimenyimana Jean Claude, ihene y’ishashi n’umufuka wuzuye ibishyimbo.
Abanyeshuri 1032 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuzima rya Kigali (KHI) umwaka ushize bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu birori byabere muri stade ya Camp Kigali.
Umuryango ufasha mu bikorwa bigamije iterambere ry’imiturire, Shelter Afrique, uratangaza ko ugiye gushora miliyoni 10 z’Amadolari y’Amerika mu myubakire y’amazu yo guturamo mu Rwanda ashobora gukodeshwa cyangwa kugurwa n’abatari abaherwe (middle income).
Minisitiri w’Urubyiruko Nsengimana Philibert arasaba urubyiruko rwo mu karere ka Karongi kwitoza umuco wo gukunda akazi kuko ari wo musingi w’iterambere rirambye.
Abayobozi bakuru muri Guverinoma n’abo mu muryango wa Nyakwigendera Tharcisse Shamakokera bamusezeyeho mu cyubahiro, mu gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu nzu Inteko Ishingamategeko ikoreramo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) rirasaba ko umukino uzahuza Amavubi na Nigeria tariki 29/02/2012 mu rwego rwo gushaka itike yo guhatanira gikombe cy’Afurika utabera kuri stade Ragional ya Kigali.
Ikipe ya APR Basketball Club izatangira imikino ya Play off y’uyu mwaka ikina na Espoir mu mikino izabera i Nyanza na Huye kuwa gatandatu no ku cyumweru (tariki 25-26/02/2012).
Abaturage bagera kuri 2200 bo mu tugari twa Kawangire na Rwimishinya mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bamaze kwipimisha ku bushake agakoko gatera SIDA mu gihe cy’ukwezi kumwe.
Mu gihe imihigo y’umwaka 2011-2012 isigaje amezi ane ngo igaragarizwe abayobozi, akarere ka Rulindo karerekana ko kamaze kwesa 70% by’imihigo yose kahize uko ari 44.
Intara y’Uburasirazuba ariyo ifite inka nyinshi ugereranyije n’izindi ntara ariko izo nka zifitwe n’abantu bakeya ugereranyije n’umubare w’abaturage batuye iyi ntara; nk’uko bitangazwa na Guverineri w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette.
Inka 20 zahawe abaturage bo mu mudugudu w’icyitegererezo wa Nyagatovu mu murenge wa Mukarange wo mu karere ka Kayonza tariki 22/02/2012. Izi nka zatanzwe n’umuryango Heifer International zije zisanga izindi 15 uyu muryango uherutse gutanga muri uyu mudugudu.
Abana bane bo ku rwunge rw’amashuri rwa Gihara mu karere ka Kamonyi barahungabanye ubwo inkuba yakubitaga kuri iryo shuri tarkiri 23/02/2012 saa tanu n’iminota cumi n’itanu.
FERWAFA yateye mpaga Isonga FC nyuma y’ikirego cyatanzwe na AS Kigali ishinja Isonga ko yakinishije Nirisarike Salomon kandi atemerewe gukina muri shampiyona mu mukino wahuje aya makipe yombi tariki 15/02/2012.
Ikigo cy’igihugu cyita ku buvuzi (RBC) cyatangiye gahunda nshya yo gutanga imiti ituma umubyeyi wanduye agakoko ka SIDA atanduza umwana atwite. Mu buryo bushya umubyeyi ubana na VIH/SIDA azajya akomeza gufata iyo miti bitandukanye n’uburyo bwari busanzwe aho yayirekaga amaze gucutsa umwana.
Dosiye w’uwahoze ari Minisitiri wo gutwara abantu n’ibintu muri Leta yayoboraga mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994, Rafiki Nsengiyumva, yaburiwe irengero bituma urukiko rw’ubujurire rw’i Paris rutabasha gutanga umwanzuro kw’iyoherezwa rye mu Rwanda.
Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Karongi aratangaza ko gushyingura mu cyubahiro imibiri y’abazize Jenocide bitagomba gutegereza igihe cy’icyunamo gusa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashyizeho « ikayi y’imihigo » izajya yifashishwa mu guhiga no guhigura imihigo iganisha ingo ku iterambere zo muri iyo ntara ku iterambere.
Umusore witwa Nsengimana John yananiwe kubana n’abantu abitewe n’imico yatojwe n’inyamanswa z’ishyamba zamureze kuva akiri uruhinja kugeza akuze nyuma yo kujugunywa n’ababyeyi bamwibarutse.
Umugabo witwa Mugambira Vedaste utuye mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gatore kuva tariki 21/02/2012 azira gufatanwa ibiro 21 by’urumogi.
Mu ntara y’amajyaruguru, akarere ka Burera niko ka mbere muri gahunda yo guhuza ubutaka bugahingwamo igihingwa cyatoranyijwe; nk’uko byagarajwe tariki 22/02/2012.
Perezida w’u Burundi, Pierre Nkurunziza, yatumiwe kuzabwiriza mu giterane cy’ububyutse cyateguwe n’itorero Zion Temple cyizabera i Londre mu Bwongereza tariki 24/02/2012.
Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yateranye tariki 22/02/2012 yongeye kwemeza ibihano yari yahaye abakozi 5 b’ako Karere bazira kurangara mu irushanwa ry’Imiyoborere myiza bigatuma akarere ka Rwamagana kakaba aka nyuma mu gihugu cyose gahawe amanota 0%.
Imishinga ya Leta n’iy’abikorera ifitiye abaturage akamaro ikorera mu nzego z’ibanze iramutse ihurijwe hamwe yatanga umusaruro wisumbuyeho; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), Prof. Anastase Shyaka.
Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi witwa Mathias Bushishi yawekuwe by’agateganyo n’urukiko rw’i Buruseli mu Bubiligi tariki 17/02/2012.
Abanyamerika bahariye ukwezi kwa kabiri ibikorwa byo kuzirikana akababaro n’ubugome bujyanye n’ivanguramoko Abanyamerika bakomoka muri Afurika bakorewe kuva mu kinyejana cya 19 ubwo batari bafite uburenganzira bungana n’ubw’abazungu.
Itsinda ry’Abaganga b’inzobere mu kubaga bo mu gihugu cy’u Bwongereza baturutse mu muryango All Nations bamaze icyumweru mu bitaro by’ADEPR-Nyamata mu karere ka Bugesera mu gikorwa cyo kuvura abagabo indwara yo kubyimba udusabo tw’intanga (ernie).
Uwari umuyobozi akaba n’umufatanyabikorwa wa Rayon Sport, Albert Rudatsimburwa, yambuwe iyo kipe isubizwa abafana bakuru kubera ko yananiwe gushyira mu bikorwa ibyo yumvikanye nabo ubwo yayihabwaga.
Urwego rurwanya icyorezo cya SIDA mu karere ka Rusizi rurasaba urugaga rw’ababana na VIH/SIDA muri ako karere kugira uruhare mu gukumira ubwandu bushya. Urugaga rw’ababana na VIH/SIDA mu karere ka Rusizi rwatoye komite nshya tariki 22/02/2012.
Ndahimana Gregoire, wayoboraga icyahoze ari Komini ya Kivumu muri Perefegitura ya Kibuye yasabiwe igifungo cya burundu n’ubushunjacyaha mu rukiro Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Umurundi witwa Singirankabo Jean ari mu maboko ya polisi, kuva tariki 22/02/2012, acyekwaho gusambanya umugore wa Nsabimana Aimable utuye mu murenge wa Ntongwe akarere ka Ruhango amubeshya ko agiye kumuha umuti umuvura ku tabyara.
Abasore batanu bashinjwa ubujura bwa mudasobwa zo mu biro (desktops) 16 n’ibikoresho byazo bibye ku kigo cy’amashuri cya La Colombiere mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 21/02/2012 bafungiye kuri station ya polisi i Remera mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda nta gahunda rufite yo guhamagaza Ambasaderi warwo mu Bufaransa. Yanavuze ko kuba u Rwanda rwaranze uwari gusimbura Ambasaderi y’u Bufaransa mu Rwanda ari uburenganzira bwa rwo kuko amategeko agenga ububanyi n’amahanga abyemera.
Isonga FC yashoje imikino ibanza muri shampiyona y’u Rwanda iri ku mwanya wa munani nyuma yo gutsinda La Jeunesse igitego kimwe ku busa mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu tariki 22/02/2012.
Leta y’u Rwanda irashishikariza inganda zo mu gihugu gukorana n’inganda zikomeye zo mu bihugu byateye imbere mu bucuruzi bwo kugabanya ibyuka bihumanya ikirere (Clean Development Mechanism).