Umunyamabanga wa Leta wungirije wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ushinzwe Afurika Johnnie Carson yasuye ibitaro bya Kibagabaga yishimira iterambere u Rwanda rugezeho.
Itsinda rikorera umuziki mu Rwanda ryitwa Dream Boyz riravuga ko muri iyi minsi akazi k’umuziki ariko kari kubafasha mu mibereho yabo ya buri munsi isaba amafaranga.
Mu rwego rwo kongerera ingabo ubushobozi mu kubumbatira amahoro n’umutekano mu karere k’Afurika y’ i burasirazuba (EAC), u Rwanda rwakiriye imyitozo ya gisirikare ihuriyemo ingabo zaturutse mu bihugu bitanu bigize umuryango wa (EAC). Iyo myitozo imaze iminsi itatu itangiye mu ishuli rya gisirikare riri i Nyakinama, tariki ya (…)
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 21 ukwakira, 2011 nibwo hashojwe icyiciro cya mbere cy’urukingo rw’inkondo y’umura ku bana b’abakobwa b’abangavu, aho bahawe urukingo rwa gatatu rushimangira izindi ebyiri bahawe.uyu muhango wabereye mu karere ka Gicumbi, Intara y’Amajyaruguru.
Mu gitondo cy’ uyu munsi mu mudugudu wa Kibagabaga, ahubakwa amazu na sosiyete yitwa Thomas&Piron habaye ubwumvikane buke hagati y’ abakozi b’ iyo sosiyete n’ abayobozi babo bitewe n’ uko babirukanye nta nteguza.
Kuri iki cyumweru tariki ya 23 Ukwakira saa kumi n’igice, nibwo ruzaba rwambikanye hagati y’amakipe abiri afite abafana benshi kurusha ayandi mu Rwanda, aho Rayon Sport izaba yakira APR FC kuri Stade Amahoro i Remera.
Nyuma y’ibirwa bya Maurice na Afrika y’epfo hakurikiraho u Rwanda nk’igihugu cyiza cyakorerwamo ubucuruzi muri afurika yose nk’uko byatangajwe na banki y’isi kuri uyu wa kane muri rapport yayo yise “doing business 2012”. Iyo rapport ikaba yamurikiwe i newyork hanyuma ikurikirwa n’amashusho yerekanirwaga i Kigali mu buryo (…)
Abashinjacyaha mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, basabye ko Callixte Nzabonimana wahoze ari Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside yahabwa igihano cy’igifungo cya burundu, kubera ibyaha bya Jenoside n’iby’intambara akurikiranyweho.
Abaturage batuye ahazubakwa ikibuga cy’indege cya Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba hatuwe n’abantu babarirwa mu bihumbi 6965 baba mu mazu agera ku 1,771, bagiye gutangira kubarurirwa imitungo yabo mu gihe cya vuba.
Mu kagari ka Cyimana mu murenge wa Tumba mu karere ka Huye, polisi y’igihugu n’ubuyobozi bw’akarere ka Huye bafashe abacuruzi b’ibiyobyabwenge byo mu bwoko bwa Nyirantare bigera ku malitiro ibihumbi birindwi, bamwe muri aba bacuruzi bakaba bari banafite imigambi yo kwica bamwe muri aba bayobozi.
Umugore n’umugabo b’abanyamerika bamaze kuvugurura amaserano yabo yo kurwubaka inshuro ijana zose nyamara bamaranye imyaka 27 gusa babana. Ibyo bikaba byaratumye bahabwa guiness de record nk’abantu basezeranye kenshi ku rwego rw’isi.
U Rwanda rukomeje gushimirwa uburyo rukoresha inkunga ruhabwa; bimwe mubyo inkunga ruhabwa n’ Ikigega Global Fund yagezeho ni ukuba abantu 9000 bahabwa imiti igabanya ubukana bwa SIDA ku ubuntu.
Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 42 ari Perezida wa Libya, wari uzwi cyane nka prezida warindwaga n’abagore, ndetse akanakunda kwibera mu ihema igihe cyose yasuye amahanga, yanakunze kandi gushyirwa mu majwi n’ amahanga kuba yarashyigikiraga udutsiko tw’ ibyihebe.
Mu gihe u Rwanda rukomejeke kugirirwa icyizere cyo kwakira imikino mpuzamahanga itandukanye harimo n’iy’umupira w’amaguru, u Rwanda rugiye kubaka stade nini izajya ibasha kwakira abazajya bitabira iyo mikono.
Minisitiri wa Sport Protais Mitali aratangaza ko uzatoza Amavubi agomba gushyirwaho nyuma y’itariki 15 Ugushyingo ubwo u Rwanda ruzaba rumaze gukina na Eritrea umukino w’amajonjora yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.
Minisitiri w’imali n’igenamigambi John Rwangombwa uri mu ruzinduko mu gihugu cy’Ububiligi, yaraye agiranye ikiganiro na mugenzi we Olivier Chastel, ushinzwe ubutwererane n’iterambere muri icyo gihugu.
Polisi yo ku Gisozi yataye muri yombi umugabo ukekwaho gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14.
Komisiyo yo gusubiza mu buzima busanzwe yateguye amahugurwa agenewe abasirikare bitandukanyije na FDLR bazwi nk’izina ry’inkeragutabara hamwe n’abagore babo ku mateka y’u Rwanda n’uruhare rw’umutekano mu iterambere ry’igihugu ku wa 19 Ukwakira 2011 ku biro by’Akarere ka Gakenke. Inkeragutabara zaturutse mu turere twa (…)
Kuwa kabiri tariki ya 18 Ukwakira 2011 mu gihugu cya Djibouti mu nama yahuzaga ibihugu byo hagati n’uburasirazuba bw’Afurika ku ntwaro nto (Regional Centre on Small Arms: RECSA) byatoreye u Rwanda kuyobora igikorwa cyo kurwanya ikwirakwizwa mu basivili ry’intwaro nto. Minisitiri w’u Rwanda w’umutekano mu gihugu Musa Fazil (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera Louis Rwagaju aravuga ko Sacco Umurenge wa Mayange iza ku isonga mu gukora neza mu karere ayoboye.
Bamwe mu bacitse ku icumu n’abagize uruhare mu kubicira ababo ndetse no kwangiza imitungo yabo bibumbiye mu ishyirahamwe “Ubwubatsi bw’amahoro” ryo mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye batangaza ko mbere y’uko bahurizwa muri iri shyirahamwe, bari bafitanye urwango rwari kuzabasubiza mu mateka mabi.
Nyuma y’imikino y’amajonjora yatangiye muri Werurwe, impaka z’abegukana ibikombe bya shampiyona muri volleyball zirakemuka mu mpera z’iki cyumweru. Amakipe 4 ya mbere , mu bagabo n’abagore arahatanira imyanya ine ya mbere. Imikino izatangira ku wa gatandatu tariki ya 22 Ukwakira 2011 isaa munani, isozwe ku cyumweru.
Nk’ uko byatangajwe ejo hashize n’ abari bahagarariye itsinda ry’ abadepite bateguye umushinga w’itegeko rigenga ubuzima bw’imyororokere y’abantu ubwo bawugezaga ku nteko rusange y’ umutwe w’ abadepite mu Nteko ishinga Amategeko, bavuze ko hadakwiye gushyirwaho umubare ntarengwa w’ abana umu umuryango ukwiye kubyara.
Nyuma y‘inama yahuje Impuzamiryango zigize urugaga rwa Sosiyete Sivile y’u Rwanda kuwa 13 Ukwakira 2011, ubu noneho iyo mpuzamiryango yashyize ahagaragara itangazo ryamaganira kure icyemezo cyo gukuramo inda ku bushake rivuga ko ubuzima bwa muntu bufite agaciro ntagereranywa kandi butavogerwa.
Bamwe mu bakoraga umwuga w’uburaya bibumbiye mu ishyirahamwe “Reba kure” rikora isuku mu mujyi wa Ruhango ho mu ntara y’amajyepfo, batangaza ko ibishuko biba muri uyu mwuga, bigwatira uwukora kugeza n’ubwo aba atakibasha kuwikuramo.
Nyuma y’aho hatorewe ba visi perezida bashya mu nteko ishingamategeko y’u Rwanda umutwe w’abadepite, kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 ukwakira, 2001 habayeho umuhango w’ihererekanyabubasha hagati y’aba visiperezida bashya nabacyuye igihe.
Nk’uko tubisanga mu itegeko rigenga umuganda mu Rwanda No53/2007 ryo kuwa 17/11/2007 umuganda ni uburyo bwo guhuriza hamwe imbaraga z’abantu benshi kugirango bagere ku gikorwa bahuriyeho gifitiye igihugu akamaro. Umuganda ugamije kandi guteza imbere ibikorwa by’amajyambere mu rwego rwo kunganira ingengo y’imari y’Igihugu no (…)
Nyuma y’imikino ine gusa ya shampiyona ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu ntara y’uburengerazuba mu karere ka Rusizi yirukanye uwayitozaga Jean Paul Munyankindi kubera umusaruro mubi n’imyitwarire itarashimwaga n’ubuyobozi.
Tariki ya 30 Ukwakira nibwo ikipe y’igihungu y’umupira w’amaguru Amavubi izatangira kwitegura umukino uzayihuza na Eritrea mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igokombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Imikino y’amahirwe igiye gushyirirwaho imikorere mishya, nyuma y’itegeko rigena iyi mikino ryatowe n‘inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri, yemeje itegeko rigenga ibikorwa by’imikino y’amahirwe mu Rwanda.
Mu gihe inteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubugiriki itegura (iteganya kwemeza) itegeko ryo kwizirika umukanda kubatuye nuri icyo gihugu Kubera ikibazo cy’ubukungu bwifashe nabi, amashyirahamwe y’abakozi nayo arategura imyigarambyo y’amasaha 48 mu gihe iri tegeko ryaba ryemejwe.
Polisi yo mu karere ka Kicukiro yataye muri yombi Jean Marie Vianney Rumanyika, nyiri Hotel Okapi izwi mu mujyi wa Kigali hamwe n’umucungamari we Theoneste Mwunguzi bazira gukoresha impapuro z’impimbano kugira ngo badatanga imisoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba ababyeyi kugira umusanzu batanga ku ifunguro rihabwa abana babo ku ishuri kuko byagaragaye ko hari ingaruka nziza byagize ku myigire y’abana babo.
Nyuma y’uko nta modoka itwara abagenzi n’imwe irangwa mu mujyi rwagati, abacuruzi bahakorera bo bararira ayo kwarika ko abaguzi babo bajyanye n’izo modoka none bakaba bakomeje guhomba.
Ibiribwa bitumizwa mu bihugu byo mu karere aho ifaranga ryataye agaciro, nibyo biri kugira ingaruka ku ifaranga ry’u Rwanda ndetse no ku masoko muri rusange, nk’uko Minisitiri w’Imari n’igenamigambi John Rwangombwa abitangaza.
Mu nama y’umunsi umwe yahuje inzego zitandukanye mu burezi kubirebana n’amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ay’isumbuye muri minisiteri y’uburezi Bwana HARERAMUNGU Matiyasi yasabye abayitabiriye kwita kubumenyi bufasha uwabuhawe kwirwanaho kw’isoko ry’umurimo.
Ibiro by’ubunyamabanga bwa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika biratangaza ko Johnnie Carson, umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe Afurika, ari mu ruzinduko kuva tariki 17 kugeza 26 Ukwakira. Muri urwo ruzinduko azasura u Rwanda, Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, na Nigeria.
Kugira ngo abana bakure bafite ubumenyi n’urukundo mu gutwara amagare, ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ngo rigiye gushyira amagare yo kwigiraho kunyonga mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu gihe amasezerano ye na Simba yo muri Tanzania yegereje umusozo, Mutesa Mafisango Patrick yatangiye kuvugana na Rayon Sport ngo azaze kuyikinira mu kwezi kwa mbere, ubwo amakipe azaba yemerewe kongera kugura abakinnyi.
Leta ya Koreya y’amajyepfo yahaye amafaranga y’ama euros 3 afite agaciro k’amafaranga y’amanyarwanda atageze 3000 nk’ impozamarira ku muryango watakaje umusirikare mu ntambara yabaye hagati y’imyaka ya 1950 na 1953.
Umuririmbyi wo muri leta zunze ubumwe z’Amerika uririmba mu njyana ya rap witwa Snoop Dogg ku wagatanu tariki ya 14 Ukwakira 2011 yahagaritswe umwanya munini ku mupaka w’igihugu cya Norvege polisi yo ku biro by’abashinzwe abinjira n’abasohoka amwangiye kwinjira mu gihugu bitewe n’amafaranga menshi yagendanye.
Muri iki gihe haravugwa cyane indwara yo kujojoba cg se fistule mu ndimi z’amahanga, u Rwanda rukaba rwarahagurukiye kuyirwanya, bakangurira abantu kumenya ibiyitera, ingaruka zayo n’uko bayirinda.
Igikombe cy’abatarengeje imyaka 19 bakina muri za ‘Academies’ z’umupira w’amaguru muri aka karere cyateguwe na Academy ya SEC cyegukanywe na National Youth Talent Academy yo muri Kenya nyuma yo gutsinda SEC Academy penaliti 5 kuri enye ku mukino wa nyuma wabereye ku cyumweru kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Ikipe ya basketball Urunani y’i Burundi ku wa gatandatu tariki 15 Ukwakira yaratunguranye ubwo yatwaraga igikombe cy’akarere ka gatanu I Dar es Salaam muri Tanzania nyuma yo gutsinda Cooperative Bank yo muri Kenya amanota 69 kuri 61.
Umuyobozi mukuru w’Inkeragutabara, Lt. General Fred IBINGIRA, aributsa Inkeragutabara ko n’ubwo urugamba rw’amasasu rwarangiye mu Rwanda ariko hakiri undi mwanzi udateguza ariwe Ibiza.
Kuri uyu wa mbere, ubwo yagezaga ku Badepite mu Nteko rusange ibisobanuro byerekeye umushinga w’ itegeko rigena imisoro ku mabuye y’ agaciro na kariyeri mu Rwanda, John Rwangombwa, Ministiri w’ Imari n’ Igenamigambi yavuze ko mu butaka bw’ u Rwanda hashobora kuba harimo Diyama ariko ko hakirimo gukorwa ubushakashatsi bwimbitse.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Ukwakira 2011 mu nzu y’imikino y’abamugaye i Remera hatangiye imyitozo y’ikipe y’igihugu ya sitting volleyball aho barimo kwitegura imikino nyafurika izabera i Kigali.
Nyuma y’intambara itoroshye hagati y’abarwanira Kadafi n’abamurwanya, Bani Walid umwe mu mijyi yari istimbaraye kuri Fadafi, kuri iki cyumweru nawo bawinjiyemo.
Abayobozi bakuru b’igihugu barasabwa gufata umwanya wo kwita ku buzima bwabo no kwiyegereza Imana, aho guhora bahangayikishijwe n’imirimo yabo, nk’uko byagarutsweho mu kiganiro cyari kigenewe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, cyateguwe na Rwanda Leaders Fellowship.