Urugaga rw’Abaharanira Uburenganzira bwa Muntu, Ligue des Droits de l’Homme (LDH) ruramagana icyemezo cyafashwe na Leta y’Ubufaransa cyo kwirukana umutegarugori w’umunyarwandakazi muri icyo gihugu utwite inda y’impanga y’amezi arindwi.
Impuguke mu bya gisirikari zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) zirasuzuma ibijyanye n’amahugurwa y’abasirikari mu guhangana n’ibiza, ibikorwa by’iterabwoba n’ubushimusi muri aka karere.
Bihagarariwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, tariki 13/02/2012, u Rwanda n’u Burundi byasinye amazeserano yo guhuza imipaka ya Nemba na Gasenyi (one stop border post).
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibyo abaturage b’umujyi wa Kamembe bavuga ko polisi ituma ubujura bukomeza muri uyu mujyi atari byo.
Ababyeyi baturiye imirenge ya Kigabiro, Rubona na Ruhunda muri Rwamagana bagiye kuruhuka ingendo ndende bakoraga bajya kwa muganga kuko muri iyo Mirenge hubatswe inzu eshatu zigezweho z’ababyeyi.
Guhinga ku materasi y’indinganire byatumye umusaruro wiyongera cyane ku buryo wikubye inshuro zirenga icumi nk’uko abahinzi bahinga ingano n’ibirayi mu mirenge ya Cyungo na Rukozo muri Rulindo babyivugira.
Abagabo bagera kuri 37 bo mu murenge wa Kinihira akarere ka Rulindo bibumbiye mu ishyirahamwe “Turuhure Abagore Bacu” bahisemo kwifungisha burundu kugirango baruhure abagore babo bagubwaga nabi n’uburyo bwo kuringaniza urubyaro bakoreshaga.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba abaganga n’abaforomo b’ibitaro ari bake bituma bahabwa serivisi batishimira.
Nirisarike Salomon na Rusheshangoga Michel bakina ku ruhande rw’inyuma mu ikipe y’Isonga FC, bazerekeza mu gihugu cy’Ububiligi tariki 01/03/2012. Nirisarike azaba agiye gukinira ikipe ya Royal Antwerp yo mu cyiciro cya kabiri, mu gihe Rusheshangoga azaba agiye kuyikoramo igeragezwa (test).
Imodoka yavaga ku muhanda wa Rukomo mu karere ka Gicumbi yerekeza mu murenge wa Rushaki ku mugoroba wa tariki 12/02/2012 yarahirimye ijya kuzana imicanga ariko ntihagira ukomereka.
Ngirumpatse Alphonse wo mu kagari ka Karenge umurenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Kibungo azira gutwika diplome ya licence, imyenda, n’indangamuntu bya murumuna we Nsengimana Innocent amuziza ko amusuzugura.
Kajyimbwami Eric utuye mu mudugudu wa Gasarasi, akagari ka Rwanteru mu murenge wa Kigina, akarere ka Kirehe, tariki 11/02/2012, mu ma saa tanu z’amanywa yatwitse ahantu hangana na hegitari 15.
Kubera ko u Rwanda rumaze gutera imbere mu buhinzi bw’ibinyamisogwe, rwatoranyijwe kwakira inama y’abashakashatsi mpuzamahanga yiga ku buryo ibinyamisogwe byakongererwa umusaruro kuko bifasha guca umirire mibi.
Abayobozi bo mu karere ka Burera mu Rwanda n’abo mu karere ka Kisoro muri Uganda batangaje ko bagiye gufatanya guhashya ikiyobyabwenge cya kanyanga gituruka muri Uganda kigateza umutekano muke mu karere ka Burera.
Umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, Nyiricyubahiro Musenyeri Vincent Harolimana, tariki 12/02/2012, yatuye igitambo cya Misa bwa mbere kuva yaragizwa iyi diyosezi.
Nyuma y’uko raporo ya Trevidic n’impuguke bari kumwe igaragarije ko ibisasu byarashe indege yari itwaye Perezida Habyarimana byavuye mu birindiro by’ingabo za ex-FAR, bamwe mu Babiligi batangiye kugaragaraza ko byahaye agaciro ingabo 10 zabo zaguye mu Rwanda. Izi ngabo zarimo izari zishinzwe kurinda uwari Minisitiri (…)
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Christopher Katongo, ni we watowe nk’umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi mu gikombe cya Afurika cy’uyu mwaka.
Ku cyumweru tariki 12/02/2012, Rayon Sport yatsinze Amagaju ibitego 2 ku busa mu mukino usoza icyiciro cya mbere cya shampiyona (phase aller) wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Zambia yatwaye igikombe cy’Afurika bwa mbere mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda Cote d’Ivoire penaliti 8 kuri 7 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade d’Amitié i Libreville muri Gabon mu ijoro rya tariki 12/02/2012.
Musenyeri Emmanuel Ntazinda, tariki 12/02/2012, yimitswe kuba umushumba mushya w’Itorero EAR Diocese ya Kibungo.
Abanyarwanda bahungiye mu gihugu cya Zambia bageze mu Rwanda, tariki 12/02/2012, baje kwirebera amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda kugira ngo babone amakuru nyayo azabafasha gufata icyemezo cyo gutahuka ku bushake.
Minisitiri w’Intebe yasabye abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kumenya ko ibiro byabo biri aho abaturage bakorera kugira ngo bamenye uko umuturage bashinzwe abayeho mu buzima bwa buri munsi.
Abashinzwe kurwanya ibikorwa by’ubuhigi butemewe n’amategeko mu birunga babonye ingagi y’imyaka itatu yapfiriye mu mutego.
Kuwa gatandatu tariki 11/02/2012, Umugande Dan Wagaluka ikinira APR FC yamenye inkuru mbi ko uwo bashakanye yitabye Imana.
Leta y’u Rwanda igiye kwagura no guha ingufu ikibuga cy’indege cya Kamembe giherereye mu karere ka Rusizi ku buryo kuzajya cyakira indege nini kurusha izo cyakiraga.
Urubyiruko 40 rwo mu Ntara y’Uburasirazuba rukomoka mu mitwe 10 ya politiki yemewe mu Rwanda ruri mu mahugurwa yo ku rwego rwo hejuru ruzigishwamo kwitegura imirimo ya politiki no kugena politiki nziza iteza igihugu imbere.
Police FC ikomeje kwicara ku mwanya wa mbere, nyuma yo gutsinda APR ibitego 3 kuri 2 mu mukino wa shampiyona usoza imikino ibanza (Phase Aller) wabereye kuri stade Amahoro kuwa gatandatu tariki 11/02/2012.
Mu mukino wo kuri uyu wa gatandatu tariki 11/02/2012 wo guhatanira umwanya wa gatatu w’igikombe cy’afurika cy’ibihugu (CAN 2012), ikipe ya Mali yatsinze ikipe ya Ghana ibitego bibiri ku busa.
Umuririmbyi ndetse n’umukinnyi w’amafilimi wo muri Amerika, Whitney Houston, yapfuye tariki 11/02/2012 afite imyaka 48 y’amavuko.
Minisitiri w’Intebe yanenze rwiyemezamirimo wubaka ibitaro bya Bushenge kubera ko akomeje gutinza imirimo, akaba yaranarengeje igihe yagombaga kubitangiraho.
Muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo havutse umutwe mushya witwa Raïa Mutomboki Mboko witwaje intwaro, uvuga ko wiyemeje guhangana n’inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR kubera ubwicanyi zikomeje gukorera abaturage b’Abanyekongo.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 11/02/2012, ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu bufatanyije na IBUKA, bashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bajugunywe mu byobo by’ahitwaga komini Ruje (commune rouge).
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, yasabiye Dieudonné Irankunda wari umuforomo mu bitaro bya Nyanza, ibihano byo guhagarikwa burundu mu kazi bitewe n’uburiganya yagaragaje, yica ku bushake amategeko agenga umwuga w’ubuganga.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Gérard Ntwari, yatanze ikiganiro mu ishuri Nyafurika ry’Icungamutungo (African Institute of Management) ryo muri Senegal. Yari yatumiwe mu rwego rwo gusobanuro uburyo u Rwanda rwashoboye kwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Itorero Anglican Paroisse Musenyi rifatanyije n’ingabo na Polisi n’ubuyobozi bw’umurenge wa Karangazi, bafashe amakarito 171 y’ibiyobyabwenge byiganjemo Chief Waragi, Vodka, Zebra n’izindi nzoga zo mu masashe zitemewe mu Rwanda, zengerwa mu gihugu cya Uganda.
Iburanishwa ry’imanza z’inkiko Gacaca za nyuma ku bacyekwaho uruhare rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, zigomba kurangirana n’uku kwezi kwa Kabiri, nk’uko Urwego rw’Igihugu rushinzwe Inkiko Gacaca rwabitangaje.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 10/02/2012, Otim Bosco uhagarariye polisi mu karere ka Kisoro muri Uganda yatangaje ko Umugande wakekwagaho kwica Habumuremyi Joseph wari utuye mu murenge wa Cyanika ho mu karere ka Burera yashyikirijwe inkiko.
Umunyabugeni Emmanuel Nkuranga usanzwe ukorera mu Ivuka Arts, ari mu rugendo muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, mu gikorwa cyo kugurisha ibihangano bye. Amafaranga azakuramo akazayafashisha abantu badafite ubushobozi bwo kwivuza indwara z’umutima mu Rwanda.
Minisititri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10/02/2012, yasuye ibigo bibiri byo murenge wa Shangi byari byarasenywe bikabije n’umutingito wabaye mu kwezi kwa Gashyantare 2008. Ni mu ruzinduko akomeje kugirira mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Inteko ishingamategeko y’u Rwanda izakira inama (16-18/02/2012) igamije guhagararira inyungu z’abaturage bo mu bihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa no kugeza ibyifuzo byabo mu nzego z’ihuriro z’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa (Francophonie).
Inzu y’ubucuruzi iri mu mujyi wa Nyagatare yibasiwe n’inkongi y’umuriro mu rukerera rw’uyu munsi tariki 10/02/2012 ihiramo ibintu bitandukaye byiganjemo mudasobwa na telefoni zigendanwa.
Niyomugabo Nyandwi w’imyaka 38 wapfuye ku mugoroba wa tariki 09/02/2012 ni umuntu wa gatatu upfuye muri iki cyumweru bikekwa ko bazira inzoga y’inkorano banyweye tariki 06/02/2012 ahitwa i Mwima mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Kuri uyu wa gatanu tariki 10/02/2012 akarere ka Ruhango koherereje akarere ka Nyanza abantu batanu b’inzererezi n’imburamukoro bahavuka.
Abafungiye muri gereza ya Muhanga bagaragaje ko mu magereza habamo ibyaha bya ruswa ndetse n’ibindi bivutsa uburenganzira abagororwa.
Mukandoli Beatrice, agoronome w’umurenge wa Cyungo akarere ka Rulindo, tariki 09/02/2012, yakoze impanuka y’imodoka ku bw’amahirwe ntiyagira icyo aba. Igitangaje ni uko yabaye mu buryo butumvika ndetse na nyiri kuyikora ntabasha gusobanura icyabiteye.
Minisitiri w’Intebe arashima ubushake bw’iteramabere abikorera ku giti cyabo bo mu karere ka Rusizi bagaragaza. Yabitangaje nyuma yo kwerekwa inzu y’ubucuruzi y’amagorofa ane igiye kuzura i Kamembe yubatswe n’abikorera bo muri ako karere nta nkunga batse ahandi.
Minisitiri w’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) aratangaza ko ibihugu byo muri uwo muryango bikwiye kurangwa n’imikorere ihesha inyungu ibindi biwuhuriyemo, aho kureba ku nyungu zabyo gusa.
Minisitiri w’uburezi yemereye abanyeshuri biga ku kigo Groupe Scolaire St Pierre kiri ku kirwa cya Nkombo kuzagezwaho internet bitarenze mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Uruganda ruzajya rutunganya soya rukayibyazamo amavuta rugiye kubakwa mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza ruzagirira akamaro aborozi by’umwihariko kuko rushobora no gutunganya ibyo kurya by’amatungo.
Ibyaha byo gufata ku ngufu biza ku mwanya wa mbere mu byaha byagaragaye mu karere ka Nyamagabe mu kwezi kwa mbere uyu mwaka nk’uko byagaragajwe mu nama yaguye y’umutekano mu karere ka Nyamagabe yabaye tariki 09/02/2012.