Itorero Inyamibwa ry’umuryango w’abanyeshuri bacitse ku icumu bo muri kaminuza nkuru y’u Rwanda i Butare (AERG-UNR ) bashoje igikorwa cyo kwigisha amahoro mu gihugu cya Kenya babinyujije mu bikorwa ndangamuco ndetse n’imbyino gakondo berekaniraga mu iserukiramuco gakondo.
Hashize imyaka igera kuri itatu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda hatangijwe uburyo bushya bwo kwakira abanyeshuri bashya baba baje gutangira amasomo. Abanyeshuli bashya bamara icyumweru cyose (induction week) basobanurirwa banamenyerezwa ubuzima bwo muri kaminuza.
Kuri uyu wakabiri tariki ya 1 Ugushyingo nibwo filime yiswe “icyizere” ivuga ku Rwanda yerekanwa mu ishuri rikuru rya Bismarck State College ryo muri leta zunze ubumwe z’Amerika.
Kuwa 30 ukwakira 2011 polisi yataye muri yombi abagabo batatu bashinjwa kandi baniyemerera gukora ibyaha byo guhungabanya umutakano. Abo ni Matabaro Manasse w’imyaka 46 y’amavuko, Sekamana Faustin w’imyaka 30 y’amavuko na Nteziryayo Christophe w’imyaka 34 y’amavuko.
Kuri uyu wa mbere nibwo Minisiriri wa Siporo Protais Mitali yatangaje kumugaragaro ko umunyaserbia Sredojevic Milutin ‘Micho’ ari we uzahabwa akazi ko gutoza Amavubi.
U Rwanda rwatomboye kuzakina na Nigera mu majonjora y’icyiciro cya kabiri agamije gushaka itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika kizabera muri Afurika y’epfo muri 2013.
Mu Karere ka Huye mu Ntara y’Amajyepfo ikiraro cya butampu gihuza umurenge wa Simbi na Maraba muri aka Karere ka Huye cyarangiritse, iki kibazo ubu kikaba giteza ibibazo mu buhahirane bw’abaturage hagati y’iyi mirenge kandi abaturage bakaba bahangayikishijwe n’ikibazo k’iri teme mu gihe ubuyobozi bw’Akarere butabatabaye (…)
Isiganwa ry’amagare rizenguruka umujyi wa Kigali ryabaye ku iri iki cyumweru tariki ya 30 Ukwakira 2011 ryegukanwe na Adrien NIYONSHUTI
Mu nama y’umutekano yagutse y’Akarere ka Gakenke yateranye taliki ya 28 Ukwakira 2011 hagaragaye ko ibyaha byabaye atari byinshi usibye abantu umunani bahitanwe n’ibirombe by’amabuye, ubugizi bwa nabi bwahitanye umwana w’umukobwa n’impanuka zo mu muhanda ziyongereye.
Ubushakashatsi bwakozwe mu bihugu byinshi bwerekana ko ubwandu bw’indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina bwiyongereye kuva mu mwaka wa 2005. Ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), rivuga ko mu bihugu byinshi harimo n’ibikize abantu batinya SIDA gusa bakirengangiza izindi ndwara. Muri izo ndwara zongeye (…)
Kuri uyu wa gatanu urubyiruko rwahawe amahugurwa n’umushinga “Akazi Kanoze” rwashyikirijwe ku mugaragaro impamyabumenyi zarwo.
Bamwe mu bantu bari barahungiye muri Hotel ya Mille Collines mu gihe cya Jenoside, bakomeje kwamagana ibikomeza kuvugwa ko barokowe na Rusesabagina ubwo yari ku buyobozi bw’iyi Hotel, ahubwo bakemeza ko abenshi muri bo bari batunzwe n’amafaranga bishyuzwaga.
Bwa mbere mu mateka y’Afrika mu bijyanye n’ikorababuhanga nibwo hakozwe mudasobwa ntoya izwi ku izina rya Tablet, ikozwe n’umunyafurika witwa Vérone Mankou w’imyaka 25, ukomoka muri Kongo. Akaba asanzwe ari umuyobozi muri Kongo Brazaville w’ikigo cy’itumanaho ndetse n’ikoranabuhanga rya Interineti aricyo VMK.
Nile Basin Initiative (NBI) mu magambo y’icyongereza tugenekereje mu Kinyarwanda ishyirahamwe ry’ibihugu bigize ikibaya cy’uruzi rwa Nili ibicishije mu mushinga WRPM (Water Resources Planning and Management Project) ukorera Addis Ababa muri Ethiopia iri gutegura uburyo bukwiye bw’ikoranabuhanga bwo kubungabunga amazi (…)
N’ubwo atari ku rutonde rw’abatoza batanu bagomba gutoranywamo umwe uzatoza Amavubi nk’umutoza mukuru, Eric Nshimiyimana yahawe inshingano zo gutoza akanatsinda imikino ibiri u Rwanda rufitanye na Eritrea bityo u Rwanda rukabona gutangira imikino yo mu matsinda yo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi.
Ubwo rayon Sport izaba ikina na Nyanza FC mu mukino wa shampiyona uzabera kuri StadeAmahoro i remera kuri uyu wa gatandatu, Bokota Labama umaze iminsi akora imyitozao muri Rayon Sport, ashobora kuzagaragara muri uwo mukino kuko Darling Club Motema Pembe (DCMP) yakiniraga na Rayon Sport zamaze kumvikana.
Ubuyobozi bw’ishyirahanmwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa kane bwahanishije Pascal Rukundo igihano cyo kudakina imikino ibiri ya Shampiyona kubera imyitwarire mibi yagaragaje ubwo yatezaga imvururu zanumvikanyemo urusaku rw’amasasu ubwo Espoir FC akinira yari yakiriye Kiyovu Sport i Rusizi.
Abatoza batanu bagomba kuzavamo umwe uzatoza Amavubi, kuri uyu wa kane ku cyicaro cya Minisiteri ya Siporo, bakoze ikizamini cyo kwisobanura mu mvugo, bagaragaza umumenyi bwabo ndetse n’icyo bazakorera umupira w’amaguru w’u Rwanda.
Mu gikorwa cyo gusura ibitaro bya Kabutare n’ibigo nderabuzima bishamikiye kuri ibi bitaro biherereye mu karere ka Huye, Minisitiri w’ubuzima Dr Agnes Binagwaho weretswe ibibazo aya mavuriro ahura nabyo birimo n’icy’ubwisungane mu kwivuza buri gucumbagira muri ibi bihe, yavuze ko iki kibazo kiri gukemurwa kuko kigira (…)
Kuri uyu wa gatatu inteko ishinga amategeko yateranye isuzuma raporo yakozwe na komissiyo ya politiki, uburinganire n’ubwuzuzanye bw’abagore n’abagabo ku bikorwa by’umuvunyi umwaka wa 2009-2010.
Inama y’abakuru b’ibihugu na za leta zo mu muryango w’ubumwe bw’Uburayi yaraye iteraniye i Brusseli mu Bubirigi kugirango bigire hamwe ikibazo cy’imyenda kivugwa mu bihugu bikoresha ifaranga rya Euro yarangiye bemeje kwikorera imyenda y’Ubugiriki no kongera iki gihugu kugira ngo bakumire ihungabana ry’ubukungu ryari rikomeje (…)
Mu Rwanda hashize iminsi ngingo yo gukuramo inda itavugwaho rumwe na bose, aho uruhande rumwe rwemeza ko gukuramo inda ari ikosa rikomeye ariko hari na bamwe mu rubyiruko bemeza ko gukuramo inda mu gihe wayitwaye utabishaka urugero wafashwe ku ngufu ntacyo byaba bitwaye.
Ishuri ryigisha amasomo ya tekiniki n’ubumenyingiro ry’i Mpanda mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa gatatu tariki ya 26 ukwakira,2011 ryatanze impamyabumenyi kubanyeshuri 301 barangije mu masomo y’ ububaji, ubudozi, ubwubatsi , amashanyarazi, guteka n’iby’amahoteli…
Ibitaro bikuru bya Gisirikare- Kanombe bimaze gushyikirizwa imodoka ebyiri zifite ikoranabuhanga rireba indwara zo mu mubiri zizakoreshwa mu bikorwa bya Army week.
Nyuma y’ibyumweru bibiri abasirikare 300 baturutse mu bihugu 5 bigize umuryango wa Africa y’Iburasirazuba bakurikirana imyitozo ya gisirikare yiswe “Ushirikiano Imara” bishatse kuvuga ubufatanye buhamye, yaberaga mu ishuri rya gisirikare ry’i Nyakinama mu karere ka Musanze ku munsi wa none nibwo yasojwe.
Hashize igihe gisaga amezi atandatu ikipe ya Mukura idakinira kuri sitade isanzwe imenyereweho ariyo sitade ya Huye ,bamwe bita Imbehe Ya Mukura. Iyi Sitade imaze igihe irimo kuvugururwa aho biteganywa ko niyuzura izaba ari sitade iruta iyari isanzwe, haba mu bunini ndetse no mu bwiza.
Ku nshuro ya munani habaho aya marushanwa, Bwana Francois Xavier Gasimba Munezero nawe ni umwe mu begukanye igihembo kitiriwe Kadima.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Huye uzwi cyane nk’umujyi wa Butare batangaza ko mu gihe abanyeshuri ba kaminuza nkuru y’u Rwanda bari mu biruhuko, bagira igihombo gikomeye kuko aba banyeshuri aribo bagize umubare munini w’abakiriya babo.
Ku nshuro ya mbere urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha rwatanze uburenganzira bwo gufungura imfungwa yarwo yari yarakatiwe mbere y’uko arangiza igihano yari yarakatiwe cy’imyaka 8.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa kabiri ryashyize ahagaragara abatoza batanu bazatoranywamo umwe uzahabwa akazi ko gutoza ikipe y’igihugu akazatangazwa ku mugaragaro nyuma y’itariki 15 Ugushyingo.
Kuwa 24 Ukwakira 2011, Umunyarwanda Kayitesi Zainabo Sylvie perezida wa komisiyo y’igihugu y’uburenganzira bwa muntu mu Rwanda yatorewe kuba umuyobozi wungiririje wa komisiyo nyafurika ishinzwe uburenganzira bwa muntu n’abaturage.
Abanyeshuri barangije amashuri abanza bakoze ikizamini cya leta gisoza icyo cyiciro bagera ku bihumbi 167.166 mu gihugu hose.
Ikigega gishora imari cyo mu bwongereza mu mujyi wa London kirifuza kugurisha imigabane yacyo igera kuri 80% iri muri banki y’ubucuruzi y’u Rwanda, icyo kigega cyashoye muri iyo banki kuva muri 2004.
Nyuma y’aho inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite isuzumiye icyivuzo cya depite Kantengwa Juliana cyo gusuzuma ikibazo cyerekeye iboneka ry’amashanyarazi mu gihugu n’ibibazo byagaragaye mu mushinga w’urugomero rw’amashanyarazi rwa Rukarara, umwanzuro wabaye gutumiza Minisitiri ufite ingufu n’amazi mu (…)
Guhera tariki 21 Ugushyingo uyu mwaka Rwandair izatangira gushyiraho ingendo nshya, ikaba ibikesha indege iherutse kugura iri mu bwoko bwa boeing 737-800 hiyongereho n’indi iteganyijwe kugera i Kigali none tariki 25/10/2011.
Bagamije kugira ngo basobanukirwe imikorere y’inzego z’umutekano cyane cyane Local Defense (soma: Loko difensi) mu Rwanda nyuma ya genocide, itsinda ryaturutse mu Busuwisi riyobowe na Minisitiri w’umutekano, polisi n’ibidukikije wa Geneva, Madamu Fabienne BUGNON kuri uyu wa mbere ryasuye Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (…)
Amakuru yasohotse kuri uyu wa mbere tariki ya 24 Ukwakira 2011 mu kinyamakuru Alto Adige cyo mu Butaliyani aravuga ko hari umupadiri wambuwe uruhushya rwo gutwara imodoka ndetse polisi ikanamucumbikira muri gereza ategereje kujyanwa imbere y’urukiko.
Umuhanzikazi wo mu Rwanda Tete Roca ntiyemeranya n’abavuga ko akora ibinyuranyije n’umuco Nyarwanda kugira ngo amenyekane bityo akomeze gutera imbere muri muzika. Ngo kuko ibyo akora byose mu buhanzi bwe abanza kugisha inama.
Mu gihe abanyeshuri basoza amashuri abanza bazatangira ibizamini bya leta ku wa 25 Ukwakira bakazabirangiza ku wa kane tariki 27 Ukwakira 2011, bamwe mu banyeshuri biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Kamonyi mu Karere ka Kamonyi bageze ku musozo imyeteguro y’ibizamini bavuga ko ururimi rw’icyongereza rutazababera imbogamizi (…)
Nyuma yo gushishoza akabona aho u Rwanda rugeze n’uburyo rwabaye irebero mu mahanga, Pierre Célestin Rwigema wigeze kuba Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, atangaza ko aribyo byamuteye gufata icyemezo cyo kugaruka agatanga umusanzu we mu kubaka igihugu.
APR volleyball Club y’abagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) ni zo zegukanye igikombe cya Shampiyona na Carré d’As kuri iki cyumweru mu mikino yabereye kuri Petit Stade i Remera.
Umukino wahuje Rayon Sport FC na APR FC kuri Stade Amahoro i Remera kuri icyi cyumweru, mu mahane no kutavuga rumwe ku misifurire, warangiye aya makipe anganyije ibitego bibiri kuri bibiri.
Col. Muammar Gaddafi wari umaze imyaka 42 ari Perezida wa Libya, wari uzwi cyane nka prezida warindwaga n’abagore, ndetse akanakunda kwibera mu ihema igihe cyose yasuye amahanga, yanakunze kandi gushyirwa mu majwi n’ amahanga kuba yarashyigikiraga udutsiko tw’ ibyihebe.
Abaturage batuye umudugudu wa Mirambi Umurenge wa Ririma Akarere ka Bugesera mu ntara y’Iburasirazuba barasaba ubuyobozi bwa polisi ko bwafungura ishami ryayo muri aka gace kugira ngo babafashe guhangana n’ibibazo bikarangwamo birimo ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, n’ubujura.
Kuri uyu wa kane tariki ya 20 Ukwakira 2011 nibwo urukingo rwa gatatu ari narwo rwanyuma rwatanzwe ku bana b’abakobwa bari mu kigero cy’imyaka iri hagati ya 12 na 15.
Umukino wahuje aya makipe yombi warangiye amakipe anganya ibitego 2-2
Mu masaha make ari imbere saa kumi n’imwe (17h00) ruraba rwambikanye hagati ya Rayons Sports na APR mu mukino wa shampiyona ugomba kubahuza uyu munsi. imyiteguro kuri stade ni yose ku bafana b’impande zombi.