Nyuma y’imikino ine gusa ya shampiyona ikipe ya Espoir FC ibarizwa mu ntara y’uburengerazuba mu karere ka Rusizi yirukanye uwayitozaga Jean Paul Munyankindi kubera umusaruro mubi n’imyitwarire itarashimwaga n’ubuyobozi.
Tariki ya 30 Ukwakira nibwo ikipe y’igihungu y’umupira w’amaguru Amavubi izatangira kwitegura umukino uzayihuza na Eritrea mu majonjora yo gushaka itike yo kuzakina igokombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Imikino y’amahirwe igiye gushyirirwaho imikorere mishya, nyuma y’itegeko rigena iyi mikino ryatowe n‘inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite, kuri uyu wa Kabiri, yemeje itegeko rigenga ibikorwa by’imikino y’amahirwe mu Rwanda.
Mu gihe inteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubugiriki itegura (iteganya kwemeza) itegeko ryo kwizirika umukanda kubatuye nuri icyo gihugu Kubera ikibazo cy’ubukungu bwifashe nabi, amashyirahamwe y’abakozi nayo arategura imyigarambyo y’amasaha 48 mu gihe iri tegeko ryaba ryemejwe.
Polisi yo mu karere ka Kicukiro yataye muri yombi Jean Marie Vianney Rumanyika, nyiri Hotel Okapi izwi mu mujyi wa Kigali hamwe n’umucungamari we Theoneste Mwunguzi bazira gukoresha impapuro z’impimbano kugira ngo badatanga imisoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera burasaba ababyeyi kugira umusanzu batanga ku ifunguro rihabwa abana babo ku ishuri kuko byagaragaye ko hari ingaruka nziza byagize ku myigire y’abana babo.
Nyuma y’uko nta modoka itwara abagenzi n’imwe irangwa mu mujyi rwagati, abacuruzi bahakorera bo bararira ayo kwarika ko abaguzi babo bajyanye n’izo modoka none bakaba bakomeje guhomba.
Ibiribwa bitumizwa mu bihugu byo mu karere aho ifaranga ryataye agaciro, nibyo biri kugira ingaruka ku ifaranga ry’u Rwanda ndetse no ku masoko muri rusange, nk’uko Minisitiri w’Imari n’igenamigambi John Rwangombwa abitangaza.
Mu nama y’umunsi umwe yahuje inzego zitandukanye mu burezi kubirebana n’amasomo ya tekiniki, imyuga n’ubumenyi ngiro, umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ay’isumbuye muri minisiteri y’uburezi Bwana HARERAMUNGU Matiyasi yasabye abayitabiriye kwita kubumenyi bufasha uwabuhawe kwirwanaho kw’isoko ry’umurimo.
Ibiro by’ubunyamabanga bwa Leta muri Leta zunze ubumwe za Amerika biratangaza ko Johnnie Carson, umunyamabanga wa Leta wungirije ushinzwe Afurika, ari mu ruzinduko kuva tariki 17 kugeza 26 Ukwakira. Muri urwo ruzinduko azasura u Rwanda, Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo, na Nigeria.
Kugira ngo abana bakure bafite ubumenyi n’urukundo mu gutwara amagare, ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (FERWACY) ngo rigiye gushyira amagare yo kwigiraho kunyonga mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu gihe amasezerano ye na Simba yo muri Tanzania yegereje umusozo, Mutesa Mafisango Patrick yatangiye kuvugana na Rayon Sport ngo azaze kuyikinira mu kwezi kwa mbere, ubwo amakipe azaba yemerewe kongera kugura abakinnyi.
Leta ya Koreya y’amajyepfo yahaye amafaranga y’ama euros 3 afite agaciro k’amafaranga y’amanyarwanda atageze 3000 nk’ impozamarira ku muryango watakaje umusirikare mu ntambara yabaye hagati y’imyaka ya 1950 na 1953.
Umuririmbyi wo muri leta zunze ubumwe z’Amerika uririmba mu njyana ya rap witwa Snoop Dogg ku wagatanu tariki ya 14 Ukwakira 2011 yahagaritswe umwanya munini ku mupaka w’igihugu cya Norvege polisi yo ku biro by’abashinzwe abinjira n’abasohoka amwangiye kwinjira mu gihugu bitewe n’amafaranga menshi yagendanye.
Muri iki gihe haravugwa cyane indwara yo kujojoba cg se fistule mu ndimi z’amahanga, u Rwanda rukaba rwarahagurukiye kuyirwanya, bakangurira abantu kumenya ibiyitera, ingaruka zayo n’uko bayirinda.
Igikombe cy’abatarengeje imyaka 19 bakina muri za ‘Academies’ z’umupira w’amaguru muri aka karere cyateguwe na Academy ya SEC cyegukanywe na National Youth Talent Academy yo muri Kenya nyuma yo gutsinda SEC Academy penaliti 5 kuri enye ku mukino wa nyuma wabereye ku cyumweru kuri Stade Regional i Nyamirambo.
Ikipe ya basketball Urunani y’i Burundi ku wa gatandatu tariki 15 Ukwakira yaratunguranye ubwo yatwaraga igikombe cy’akarere ka gatanu I Dar es Salaam muri Tanzania nyuma yo gutsinda Cooperative Bank yo muri Kenya amanota 69 kuri 61.
Umuyobozi mukuru w’Inkeragutabara, Lt. General Fred IBINGIRA, aributsa Inkeragutabara ko n’ubwo urugamba rw’amasasu rwarangiye mu Rwanda ariko hakiri undi mwanzi udateguza ariwe Ibiza.
Kuri uyu wa mbere, ubwo yagezaga ku Badepite mu Nteko rusange ibisobanuro byerekeye umushinga w’ itegeko rigena imisoro ku mabuye y’ agaciro na kariyeri mu Rwanda, John Rwangombwa, Ministiri w’ Imari n’ Igenamigambi yavuze ko mu butaka bw’ u Rwanda hashobora kuba harimo Diyama ariko ko hakirimo gukorwa ubushakashatsi bwimbitse.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 17 Ukwakira 2011 mu nzu y’imikino y’abamugaye i Remera hatangiye imyitozo y’ikipe y’igihugu ya sitting volleyball aho barimo kwitegura imikino nyafurika izabera i Kigali.
Nyuma y’intambara itoroshye hagati y’abarwanira Kadafi n’abamurwanya, Bani Walid umwe mu mijyi yari istimbaraye kuri Fadafi, kuri iki cyumweru nawo bawinjiyemo.
Abayobozi bakuru b’igihugu barasabwa gufata umwanya wo kwita ku buzima bwabo no kwiyegereza Imana, aho guhora bahangayikishijwe n’imirimo yabo, nk’uko byagarutsweho mu kiganiro cyari kigenewe abayobozi bo ku rwego rwo hejuru, cyateguwe na Rwanda Leaders Fellowship.
Ku umunsi wa kane wa shampiyona amakipe yagaragaza ko ashobora kuzahangana na APR bitewe n’abakinnyi yaguze nka Rayon Sport na Police FC yombi yatakaje amanota atatu.
u Rwanda ruteganya vuba aha gutera ibiti bigera kuri miliyoni 67. Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’amashyamba n’umutungo kamere (MINIRENA) Caroline Kayonga, yabitangaje kuri uyu wa gatandatu ubwo yahaga ikiganiro abayobozi bo mu Karere ka Rwamagana mu ntara y’uburasirazuba.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zishyize ingufu mu guta muri yombi Abanyarwanda 9 bashinjwa kuba baragize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994. Abo bose igihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika cyashyizeho igihembo kingana na miliyoni eshanu z’amadolari ku muntu wese uzafata cyangwa akagira uruhare mu (…)
Robert Muhire uri mu kigero cy’imyaka 20 ashimishwa no kubona umugezi wa Nyabarongo wuzuye kubera imvura, kuko mu gihe abagenzi babuze uko bahanyura, akazi ke kaba gatangiye kuko abashyira ku mugongo akabambutsa.
Isiganwa ku magare Kigali-Huye ryabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 Ukwakira 2011 ryahuje abakinnyi bose hamwe 75 harimo 36 basiganwa ku magare asanzwe na 39 basiganywa bakoreshe amagare yagenewe amasiganwa.
Amakipe umunani y’abagabo agize ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda (FERWACY) ni yo azitabira isiganwa Kigali-Huye rizwi ku izina rya “ Ascension des milles collines” rizaba kuri uyu wa gatandatu tariki ya 15 aho abazasiganwa bazahagurukira kuri stade Amahoro bagasoreza i Huye.
Amakuru dukesha ikinyamakuru The New Times aravuga ko kurwanya amasashi (emballages plastiques) byaganirwaho mu bihugu biri mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba.
Liam Fox,minisitiri w’ingabo w’igihugu cy’Ubwongereza yeguye kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Ukwakira 2011. Ibi bikaba byababaje minisitiri w’intebe David Cameron kuko Fox abaye minisitiri wa kabiri weguye mu minsi 17 ikurikiranye.
Inama yaberaga i Kigali ihuje ibihugu by’Afurika byiga ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu yarangiye kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 Ukwakira 2011.
Mu bihe by’imvura indwara ziterwa n’umwanda ndetse n’imibu zikunze kwiyongera.Muri ibyo bihe nibwo usanga ibinogo birekamo amazi mabi byiyongera cyane cyane mu ngo zitagira imiyoboro isohora amazi hanze ku buryo bunoze.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (OMS) ritangaza ko Abanyarwanga bangana na 28% by’Abanyarwanda bose barwaye indwara y’ihungabana kubera Jenoside yakorewe abatutsi mu mwaka w’1994, igahitana abasaga miliyoni imwe.
Urubuga rwa internet rwo muri Amerika USweekly.com rwanditse kuri uyu wa gatanu ko rwabonye amakuru avuga ko Ne-Yo, umwanditsi w’indirimbo akaba n’umuririmbyi mu gihugu cy’amerika kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Ukwakira 2011 yagize umwana we wa kabiri mu gihe kitarenze umwaka. Umuhanzi Shaffer Chimere Smith uzwi cyane ku (…)
Rayon sport irifuza kugarura Bokota Labama mu munsi mike, nyuma yo kumenya ko itazakinisha myugariro wayo Usengimana Faustin kuko agomba gusanga bagenzi be bakinanye igikombe cy’isi cy’abatarengeje imyaka 17 bagakora ikipe y’abatarengeje imyaka 20.
Igicuri n’indwara yibasira abantu benshi ariko usanga itaramenyekana kuri bamwe:nk’uko bitangazwa na Nzeyimana Vincent hamwe na Rosine Musabyemeriya,abakozi muri serivise ishinzwe kwita ku buzima bwo mu mutwe mu bitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga ngo indwara y’igicuri ni indwara ikunze kwibasira abana bakiri mu myaka yo (…)
Abadepite bemeje itegeko rigamije kugira ibitaro bya Gisirikare bya Kanombe (KMH), ikigo cya leta kandi kibarirwa mu bitaro fatizo kuko ibisabwa byose kugirango bijye muri icyo cyiciro byose bihari, nyuma y’uko Minisitiri w’ingabo yabisobanuye ubwo yari imbere w’inteko kuri uyu wa Kane.
Ikipe y’igihugu ya Volleyball yo ku mucanga yamaze gusezererwa mu mikino yaberaga muri Maroc, igamije gushaka itike yo kuzakina imikino Olympique izabera i Londres mu mwaka utaha.
Nk’uko bitangazwa na Twahirwa Antoine ushinzwe iteganyagihe muri Service y’ubumenyi bw’ikirere, iki gihembwe cy’ihinga cya 2012 A kizarangwa n’imvura ihagije mu turere dutandukanye tw’u Rwanda.
Ubwo rwongeraga gusubukuraga ku wa Kane tariki 13 Ukwakira 2011, Urukiko Rukuru rwemeje ko inzitizi abunganira Ingabire aribo Me Gatera Gashabana na Me Edward Ian bagaragaje nta shingiro zifite, bityo iburanishwa rihita rikomeza Ingabire yiregura kuko atanajuririye icyo cyemezo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rutshuru gaherereye muri Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangaza ko kugirango babashe kugira igikorwa bakorera ku butaka bwabo, babanza gutanga imisoro ku barwanyi ba FDLR basa n’aho bigaruriye ako gace.
Kuva mu mwaka 2004 nibwo bamwe mu bahinzi bo mu Karere ka Rwamagana batangiye guhinga ibihingwa nka Macadamia na Jatrofa.Moringa yo bavuga ko bayihinze mbere yaho nk’uko Mutibagirana Evariste wahinze Macadamia na Moringa abivuga. Abhinga ibi bihingwa biganje mu murenge wa Karenge n’icyahoze ari Bicumbi ubu habaye akarere (…)
Umuririmbyi uririmba mu njyana ya Afrobeat akaba n’umwanditsi w’indirimbo hano mu Rwanda Adolphe Bagabo uzwi ku izina rya Kamichi aratangaza ko album ye ya mbere izaba yitwa Umugabirwa.
Ku bufatanye na Ministeri y’ iterambere ry’ umuryango, Umugi wa Kigali kuri uyu wa kane, mu cyumba cy’ inama cya Lemigo wahakoreye inama nyungurana bitekerezo ku kuzamura umuryango mu rwego rw’ ibikorwa by’ukwezi kwahariwe iterambere ry’ umuryango.
Kuri uyu wa kane tariki ya 13 Ukwakira nibwo inama ihuza ibihugu by’Afurika ku kwiga ku ikurwaho ry’igihano cy’urupfu yatangiye i Kigali.
Umuvugizi w’ingabo z’ u Rwanda Koroneli Nzabamwita Joseph aratangaza ko imgabo z’u Rwanda zitazacika intege mu butumwa zirimo bwo kugarura amahoro I Darfur muri Sudan kuko zizi icyazijyanyeyo.
Mu Rwanda mu minsi ishize hari amakuru yagaragaye mu bitangazamakuru bitandukanye avuga ko abakora uburaya bashyiraho ibiciro bitandukanye ku babagana hakurikijwe niba umukiriya yifuza cyangwa atifuza gukoresha agakingirizo. i Nyamirambo mu karere ka Nyarugenge mu mujyi wa Kigali ni hamwe mu haboneka abakora uburaya nubwo (…)
Abashakashatsi bemeza ko byibura 1/3 cy’abantu bagiye bahura n’ikibazo cy’urugendo muri aba hakaba n’ababirwara burundu, usanga batangira bayura,bagatangira kugira icyuya niyo haba hakonje,bakagira isesemi rimwe narimwe bikabaviramo kuruka,kuribwa umutwe cyangwa kutabona neza.
Bitewe n’uko isuku ari isoko y’ubuzima buzira umuze, ni byiza ko buri wese aharanira kugira isuku, cyane cyane abantu bakuru bakayitoza abana bakiri bato bagakura barayigize umuco.