Umunya-Mexique witwa Manuel Uribe ari hafi kuzuza imyaka 47 y’amavuko kuri ubu afite ibiro 200. Amaze gusohoka mu nzu inshuro eshatu mu gihe cy’imyaka itandatu ariko afite icyizere ko azongera gusohoka ku nshuro ya kane ndetse akanakora ubukwe.
Umugabo yanyoye zo mu bwoko bwa Mitzing mu kabari k’uwitwa Rugerinyange François kari mu mujyi wa Nyanza agenda atishyuye maze arakubitwa ahinduka intere tariki 10/07/2012.
Komiseri mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro (RRA), Ben Kagarama, arashimira imikoranire myiza iri hagati y’abikorera bo mu karere ka Rusizi n’ikigo ayobora.
Umuryango mpuzamahanga w’ibihugu bivuga igifaransa (OIF) watangije gahunda imeze nk’ubudehe mu bihugu bine bya Afurika birimo n’u Rwanda. Iyi gahunda izamara imyaka itatu yatangiranye ingengo y’imari y’amayero ibihumbi 300 mu turere twa Nyanza, Ngororero na Rutsiro.
Umuyobozi w’akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, yasabye abatwara abagenzi kuri moto kumenya amategeko agenga koperative ndetse no gutekereza ku kindi bakora kitari gutwara moto gusa.
Umuyobozi w’umutwe Union des Patriotes Congolais, Thomas Lubanga, kuwa kabili tariki 10/07/2012 yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka 14 n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rukorera mu Buholande (ICC).
Mu Rwanda haje indi sosiyete yitwa Canal+ icuruza imirongo ya televiziyo na radio hifashishijwe icyogajuru (Satelite). Ubu buryo ngo buje guhangana n’imiterere mibi y’ikirere n’imisozi byo mu Rwanda.
Abagore bagera ku 150 basiganywe ku maguru bambaye inketo ndende n’utujipo tugufi i Moscou mu gihugu cy’u Burusiya aho hari hateraniye imbaga y’abantu benshi bari baje kureba ari rushanwa.
Umugabo ufite imyaka 55 wo muri Zimbabwe arakekwaho gusambana n’umwe mu bana 5 yabyaranye n’umukobwa we bwite.
Umwuka watangiye kuba mwiza mu mudugudu wa Nyandarama, akagari ka Kagara, umurenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi nyuma y’ukwezi havugwa umutekano muke uturuka ku kibazo cy’amarozi hagati y’abaturage.
Ingabo za Leta ya Kongo n’iza ONU (MONUSCO) zoherejwe mu mujyi wa Goma mu rwego rwo kwitegura ibitero bakeka ko M23 yagira kuri uyu mujyi. M23 imaze iminsi wigarurira uduce dutandukanye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
East African Promotors na Bralirwa, tariki 09/07/2012, batangaje amanota abahanzi bari muri PGGSS 2 bagiye bagira mu rwego rwo kumara Abanyarwanda impungenge.
Abo mu muryango wa nyakwigendera Sentore Athanase ndetse n’abategura iki gikorwa cyo kwibuka baragirana inama n’abanyamakuru muri Goethe Institute kuri uyu wa kabiri tariki 10/07/2012.
Nyuma y’ibyumweru bitatu gusa mu mujyi wa Ruhango hatangijwe imyidagaduro y’ibimansuro, abagore baratangaza ko bahangayitse cyane kubera ko abagabo benshi ntibagitaha kare ndetse ngo n’ihaho bageneraga ingo zabo ryaragabanutse.
Umusore w’imyaka 28 yatawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Nyarugenge akekwaho kwiba insinga z’umuriro w’amashyanyarazi z’ikigo cy’igihugu gishinzwe amashyanyarazi, isuku n’isukura (EWSA) cyo ku Muhima agambiriye kuzigurisha.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yajuririye urubanza rwa Callixte Nzabonimana wabaye Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside.
Impuguke z’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku miturire (UN Habitat) ziri gusura imidugudu itandukanye mu Rwanda mu rwego rwo kureba aho u Rwanda rugeze mu rwego rw’imiturire.
Munyarubuga André w’imyaka 63 yiyahuye ahita apfa, mu gitondo cya tariki 09/07/2012, kubera kutumvikana n’umuryango we. Uyu musaza yari atuye mu mudugudu wa Kambyeyi, akagari ka Gihinga, umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi.
Minisiteri y’Ubuzima na Ambasade y’u Bufaransa byasinyanye amasezerano yo gufasha mu guha ubumenyi bukenewe kaminuza zigisha iby’ubuvuzi mu Rwanda.
Mutungirehe Evariste utuye mu murenge wa Ngororero mu kagali ka Mugano mu mudugudu wa Nyabisindu, mu rukerera rwo kuwa gatandatu tariki 07/07/2012, yatangiriwe n’abantu bataramenyekana baramukubita banamwambura amafaranga ibihumbi 307 ariko abikuramo ariruka.
Insoresore zitwaje amabuye n’inkoni zo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo zirukanye uwitwa ko ari Umunyarwanda ubarizwa muri uwo mujyi, tariki 09/07/2012, zivuga ko zitabashaka ku butaka bwa Kongo.
Umugore witwa Uwikunda Beatrice uvuka mu Rwanda ariko washatse muri Uganda yafatiwe muri Uganda, mu gitondo cya tariki 09/07/2012 aregwa kwiba umwana w’amezi atanu mu Rwanda akamujyana muri Uganda kumugurisha.
Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) yahaye akarere ka Nyanza imashini 10 zibumba amatafari n’amategura nk’uko Niyitegeka Venant ushinzwe imiturire muri aka karere yabitangaje tariki 09/07/2012.
Nyuma y’umwaka n’amezi 4 habaye ubufatanye mu buhahirane hagati y’u Rwanda na Gabon, Abanyarwanda bafunguye amarembo yo kwereka Abanya-Gabon ibikorerwa mu Rwanda.
Nyirabagande Grace w’imyaka 51acumbikiwe kuri polisi ya Kabarore acyekwaho kwiyicira umugabo mu ijoro rishyira tariki 09/07/2012 mu mudugudu wa Kabeza, akagari ka Nyabukiri umurenge wa Kabarore.
Kuwa kane tariki 05/07/2012, abahanzi b’Abanyarwanda bifatanije n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Darfur mu gitaramo cyateguwe mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 ishize u Rwanda rubonye ubwigenge, n’izabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Urupfu rw’umusirikare w’umunyakenya wishwe azira gushaka kuvuga amakuru yerekeye Kabuga ndese no gutahurwa amufotora rwihishwa nirwo rwabaye intandaro y’amakuru avuga ko umutwe w’ubutasi wo muri Kenya ukorana na Kabuga Felicien.
Umurambo wa Kayumba Vincent w’imyaka 73 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kamugaza, akagari ka Bunyogombe, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango watoraguwe tariki 09/07/2012 munsi y’umukingo muri uwo mudugudu.
Tujilane Chizumila, ukuriye urwego rw’Umuvunyi muri Malawi, ari mu ruzinduko mu Rwanda guhera kuri uyu wa mbere tariki 09/07/2012, aho aje kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukemura ibibazo hagati ya Leta n’abaturage.
Ingabo z’ibihugu bigize umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba (EAC) ziri mu nama i Kigali kuva tariki 09-13/07/2012 igamije kwemeza icyo buri gihugu gisabwa gutanga mu myitozo yiswe “USHIRIKIANO IMARA” izabera mu Rwanda mu kwakira uyu mwaka.
Ku muhanda Butare- Kigali, ukiva ku iteme rya Kayumbu mu murenge wa Cyeza ho mu karere ka Muhanga igiti kinini cyaguye mu muhanda kibuza imodoka zavaga i Kigali ndetse n’izajyagayo gutambuka.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 (Amavubi U20) yanyagiye Etincelles ibitego 4 ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu ku cyumweru tariki 08/07/2012.
Sibomungu Innocent, Niyibigira Vincent na Ndatsibuka bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango bafungiye kuri polisi ya Kinazi guhera tariki 08/07/2012 bakekwaho guhitana ubuzima bwa Mukanyandwi Eugenie w’imyaka 32.
Ntihemuka Daniel w’imyaka 28 wo mu mudugudu wa Ruhuha, akagari ka Munini, umurenge wa Ruhangomu karere ka Ruhango yatwitswe n’umugorewe Yankurije Jeannette tariki 06/07/2012 amumennyeho inyama yari amaze guteka.
Ngiruwosanga Eugene ukomoka mu karere ka Muhanga amaze kwitaba Imana naho abandi bantu batanu bo mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango baracyarwana n’ubuzima bazira kurya inyama z’ingurube yarwaye indwara itaramenyekana.
Mu rwego rwo kwirinda umubyigano w’imodoka (ambouteillage) n’imihanda miremire ituma abagenda mu mujyi wa Kigali batinda kugera iyo bajya, ubuyobozi bw’uyu mujyi burimo kubaka no gushyira kaburimbo mu mihanda yambukiranya ibice biwugize.
Mu rugendo yagiriye mu murenge wa Butare, tariki 07/07/2012, umuyobozi wa polisi mu karere ka Rusizi, Supt. Gasana Yusuf, yashimiye byimazeyo inzego zose zikorera muri uwo murenge zaba iza gisivire n’iza gisirikare kuko bafatanya kugira ngo umutekano ugerweho.
Colonel Sultani Makenga, uyobora umutwe wa M23, tariki 08/07/2012, yatangarije abanyamakuru ko ingabo ze zigiye kuva mu duce zigaruriye mu burasirazuba bwa Kongo uretse aka Bunagana, ariko ntiyavuze igihe zizahavira.
Umuganga mu bijyanye n’indwara z’abagore ku bitaro bya Kaminuza i Butare, Dr. Kalibushi Bizimana Jean asobanura ko imwe mu miti yifashishwa mu kuboneza urubyaro ishobora gutuma nyiri ukuyifata abyibuha, ariko ngo ubundi ntibyakagombye kurenza ikilo kimwe ku mwaka.
Abatuye mu kagari ka Kibu mu murenge wa Mugombwa, mu karere ka Gisagara batewe impungenge n’abaturage bakomeje kwiyahura abandi ugasanga babigerageza bagateshwa.
Umwe mu bantu bazwi muri Showbiz Kalisa John uzwi ku izina rya Kjohn, yari azi abahanzi batatu bari buze gusezererwa mbere y’uko ibirori byo kubatangaza bigera ku mugoroba wa tariki 07/07/2012.
Bigirimana Gael, umukinnyi w’imyaka 18 ukomoka mu gihugu cy’u Burundi yasinye amasezerano y’imyaka itanu yo gukinira ikipe ya Newcastle United yo mu cyiciro cya mbere cya shampiyona y’igihugu cy’Ubwongereza.
Umusuwisi Roger Federer yegukanye igikombe cya Wembledon ku nshuro ya 7 atsinze Umwongereza Andy Murray amaseti atatu kuri imwe mu mukino wari witabiriwe n’imbaga nini ku cyumweru tariki 08/07/2012.
Ku nshuro ya kabiri ikipe ya Rwamagana yegukanye igikombe cya shampiyona ya Goalball ikinwa n’abatabona nyuma yo gutsinda Kaminuza y’u Rwanda ibitego 13 kuri 3 ku mikino wa nyuma wabaye tariki 07/07/2012 mu nzu y’imikino y’abamugaye i Remera.
Abajura bibye mu rugo rwa Mushayija Yassin utuye mu mudugudu wa Nyanza, akagali ka Nyanza, umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza mu ijoro rishyira tariki 08/07/2012 baburirwa irengero.
Dominique Decherf wahoze ahagarariye igihugu cy’Ubufaransa mu Rwanda atangaza ko inyito z’amoko “Hutu na Tutsi” ari inyito zazanywe n’abazungu bagamije ivangura hagati y’Abanyarwanda.
Gahunda yo gushyira imyaka mu buhunikiro imaze gucengera mu baturage ariko uko bagenda bayitabira ni nako bagenda bayibonamo ibibazo bitandukanye nk’uko abahinzi bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza babitangaza.
Buregeya Etienne w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Kinama, akagari ka Munini umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango, afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana azira gucuruza urumogi.
Abagize inama njyanama y’Akarere ka Huye biyemeje gushishikariza abaturage bo mu mirenge bahagarariye kuboneza urubyaro, kwirinda SIDA ndetse no kwita ku burere bw’abana babo babarinda guhohoterwa.