Umunyamabanga w’ishirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, Gasingwa Michel, avuga ko buryo bubiri bwo kumenya niba igitego cyinjiye mu izamu buzakoreshwa buzagabanya ibibazo biri kugaragara mu mupira.
Imodoka ebyeri zari zitwaye abahanzi bo muri Primus Guma Guma bari baje kwiyereka abakunzi babo mu karere ka Nyagatare zagonganye tariki 19/05/2012 ahagana masaa mbiri n’igice z’umugoroba ariko ku bw’amahirwe nta wakomeretse.
Perezida wa Sena, Dr. Ntawukuriryayo Jean Damascene aherekejwe n’abasenateri, kuri uyu wa gatandatu tariki 19/05/2012, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Cyabingo, mu Karere ka Gakenke mu muganda wo gukora amaterasi.
Abaturage bo mu kagali ka Nkomero, mu murenge wa Mukingo, mu karere ka Nyanza, bamaze icyumweru nta serivizi babona kubera ko ibiro by’ko kgli byafunze nta mukozi ugikora.
Umuhanda wo mu Karere ka Gakenke wasibanganyijwe n’imvura yaguye ari nyinshi ikuzuza umugezi wa Mukungwa nawo ukamena mu muhanda, wari wagoranye kuwunyuramo aho byasabaga ko abagenzi bahekwa ku mugongo n’abasore bakoreraga amafaranga.
Ushinzwe uburezi mu ntara y’Amajyaruguru arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye muri iyo ntara, kuba ku bigo bayobora kugira ngo bagenzure ibijyanye n’uburezi kuri ibyo bigo, bityo ireme ry’uburezi ryiyongere.
Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC buratangaza ko bugifitiye icyizere umutoza Ernie Brandts kandi ko azakomeza gutoza iyi kipe nyuma yo kwegukana igikombe cya Shampiyona cy’uyu mwaka, n’ubwo hari bamwe mu bafana bakomeje kunenga ubushobozi bwe.
Abafite mu nshingano zabo kubungabunga amaparike n’ubukerarugendo mu bihugu bihuriye kuri Pariki y’i Birunga, bahangayikishijwe n’uko ishobora kuzangizwa n’intambara iri kubera muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Hatangijwe gahunda yiswe “Ubufatanye Bushya mu kwihiza mu biribwa”, igamije kongera ingufu mu bikorwa byo kwihaza mu biribwa bibanda ku ishoramari rishingiye ku buhinzi, guhanga udushya no guha uruhare rugaragara abikorera.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza Gatolika y’u Rwanda iherereye mu karere ka Gisagara, mu murenge wa Save, baratabaza ko umutekano wabo uhungabanywa n’abajujra babambura amatelefoni bagahohotera n’abakobwa.
Umugore witwa Donata Tuyisabe ukomoka mu murenge wa Mushubati akarere ka Rutsiro, ahanganye n’umusore amushinja ko yamwibye amashuka ubwo yazaga ku musura agasanga yanitse.
Imvura yaguye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18/05/2012, yasize yishe abana babiri b’abahungu inasenya amazu agera kuri 74, mu mirenge irindwi igize akarere ka Gakenke.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz igonze itagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace hafi saa moya z’uyu mugoroba ariko Imana ikinze ukuboko kuko nta muntu uhasize ubuzima uretse batanu bakomeretse cyane.
Imibiri y’abantu babiri bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda imaze imyaka ibiri mu biro by’akagali ka Cyerezo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza itarashyingurwa mu cyubahiro.
Murekatete Jacqueline ukomoka mu mudugudu wa Nshuli, akagali ka Gitengure, amurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare afungiwe kiri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kubyara umwana akamuta musarani mu ijoro rishyira tariki 18/05/2012.
Abavandimwe batatu bo mu kagari ka Ruhunga, umurenge wa Kibirizi mu karere ka Nyamagabe bakomerekejwe n’igisasu cya gerenade yo mu bwoko bwa ‘Stick’ bari batoraguye ku mugezi bavomaho.
U Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu ku isi kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage uba buri tariki 18 Gicurasi. Ku rwego rw’igihugu uwo muhango wizihirijwe i Rwesero ahubatswe ingoro y’ubuhanzi n’ubugeni mu karere ka Nyanza.
Inteko ishinga amategeko imitwe yombi, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, yatoye abadepite icyenda bazahagararira u Rwanda mu nteko ishinga amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Nyuma y’imyaka 10 atagaragara muri politiki, Pierre Celestin Rwigema, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yagiriwe icyizere n’Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda atorerwa guhagararira u Rwanda mu Nteko Ishinga amategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA).
Mu rwego rwo kurwanya ubujiji mu ntara y’Amajyaruguru, hafashwe ingamba ko ukwezi kwa Kamena 2012 kuzarangira abaturage batuye iyo ntara batari bazi gusoma babizi ndetse n’abandi basigaye bari mu mashuri.
Polisi yo mu karere ka Nyagatare yatwitse toni eshanu n’igice z’ibiyobyabwinge byaturutse mu mirenge inyuranye y’ako karere cyane cyane ihana imbibi na Uganda.
Ubushinjacyaha burasabira Usengumuremyi Jean Marie Vianney, uhagarariye ishuri ryisumbuye rya E.S.S.T.R riri mu karere ka Ruhango, gufungwa ukwezi kubera icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murerwa Furaha atabifitiye uburenganzira.
Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, tariki 17/05/2012, yatemye se umubyara witwa Shumbusho Ezechias ufite imyaka 50 bapfa kwanika imyumbati hejuru y’inzu.
Biteguwe na Talent Group, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, Elion Victory, Khizz Kizito, Olivis, Paf G na Jack B barataramira abakunzi babo kwa Mutangana i Nyabugogo guhera 19h00.
Umuririmbyikazi Jennifer Lopez aza imbere ku rutonde rw’icyamamare ku isi; nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Forbes cyo muri Amerika.
Abaturage bo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero batunguwe no kubona ibagiro ryari muri uwo murenge ahitwa Kucyome ryarafunzwe kandi ryari rihamaze imyaka itari mike.
Umuryango w’Abibumbye (UN) ufatanyije na Leta y’u Rwanda bari kwigira hamwe igenamigambi ry’imyaka itanu ry’ibikorwa UN izakorera mu rwanda guhera 2013 kugeza 2018.
Kubera intambara ikomeje guca ibintu hagati y’ingabo za Leta ya Kongo n’inyeshyamba ziyirwanya, umubare w’impunzi zihunga iyi ntambara ziza mu Rwanda ukomeje kwiyongera kandi zishimira uko zakirwa iyo zigeze mu Rwanda.
Ushinzwe umutekano (local defence) yatoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa RPG Anti-Tank mu mudugudu wa Mubuga, akagari ka Ruronde, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro, kuwa kane tariki 17/05/2012 mu masaha y’igicamunsi.
Ikipe y’abaganga batandatu b’Abanyamisiri basoje icyumweru cy’ubufasha batangaga mu bikorwa by’ubuvuzi mu Rwanda, barifuza ko byakomeza byashoboka hakanashyirwaho ishuri ry’ubuvuzi ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barashima ubuyobozi ko butegura inteko y’akarere ihurizwamo ibiganiro hagati y’abaturage n’abayobozi hamwe n’abafatanyabikorwa bigatuma haba impinduka mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza mu karere.
Gato Sano Alexis, umuyobozi wa gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza afungiye sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akekwaho kunyereza umutungo wa gereza yayoboraga.
Umuganga w’ibitaro bya Byumba n’umukuru w’abaforomo mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro bashinjwa ibikoresho byo kwa muganga byasigaye muri nyababyeyi y’umubyeyi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo witwa Murekatete Zawadi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye abantu batatu yakoze impanuka mu buryo butunguranye hafi ya sitasiyo ya lisansi iri Nyarutarama aho bakunze kwita kwa Ndengeye mu ma saa cyenda uyu munsi tariki 17/05/2012 ariko nta muntu wapfuye.
MTN Rwanda yatashye ku mugaragaro icyumba kizigishirizwamo ibijyanye n’ikoranabuhanga mu ishuri ryusumbuye rya Gihundwe mu karere ka Rusizi. Icyo kigo ni icya karindwi gifunguwe muri gahunda ya ICT Schools Connect Project.
Ikigo cy’umuryango w’abibumbye gishinzwe ubutabazi (OCHA) cyatangaje ko inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zimaze kwica Abanyekongo b’abasivili bagera kuri 50 kuva intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Kongo n’iziyomoye ku gisirikari cy’igihugu itangiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Domitila Mukankundiye utuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, aravuga ko ahangayikishijwe n’inzu ye yasenywe n’imodoka yayigonze, ubwo yataga umuhanda igeragezaga guca ku yindi.
Kwizera Mohamed uri mu kigero cy’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mududugudu wa Kinama, akagari ka Musamo,umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 14/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kwihisha inkiko Gacaca.
Hagendewe kuri raporo mpuzamahanga zigenda zigaragaza intambwe igaragara u Rwanda rwateye mu kurwanya ruswa, Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’uko u Rwanda rwaza mu bihugu 10 bya mbere ku isi birwanya ruswa.
Mafisango Patrick wakiniraga ikipe y’igihugu (Amavubi) na Simba yo muri Tanzaniya yitabye Imana Imana azize impanuka kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 saa kumi za mu gitondo mu mujyi wa Dar Es Salaam.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakiriye inama y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko rifite inshingano zo kurwanya ruswa (APNAC). Abayitabiriye bararebera hamwe ibyo u Rwanda rwagezeho mu gukorera mu mucyo no guhanahana amakuru, nka zimwe mu nzira zo kurwanya ruswa.
Umushumba w’imyaka 25 y’amavuko waragiraga inka z’uwitwa Nzayisenga Obed utuye mu murenge wa Kintobo mu karere ka Nyabihu yatoraguwe mu mugezi wa Kinoni hagati y’akarere ka Nyabihu na Musanze yapfuye kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangije ubufatanye na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) mu rwego rwo gufasha abafatabuguzi bayo kwigurira telefone zigezweho zo mu bwoko bwa BlackBerry (smart phones).
Ndacyayisenga Gratien wo mu mudugudu wa Gikomero, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatemye Nsengimana Gaspard w’imyaka 18 amuziza ko yahira imigozi y’ibijumba mu murima we.
Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Senegali witwa Boubacar Boris DIOP atangaza ko igihugu cye kitagomba kwinjira mu kibazo cya Ingabire kuko byaba ari ubusazi n’icyasha kidasibangana kuri Senegali mu maso y’Afurika n’isi yose.
Nyuma y’icyumweru kirenga Emmy wari mu marushanwa ya PGGSS 2 agiye muri Amerika, ubuyobozi bwa Bralirwa na East African Promotors (EAP) bwemeje ko asimburwa n’itsinda Urban Boys kandi rigafata numero 1 Emmy yari afite.
Ubutaka bungana na hegitari ebyiri bwo ku gasozi ko mu mudugudu wa Kibingo, umurenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita uko iminsi ishira ku buryo bumaze kumanukaho metero zirindwi z’ubujyakuzimu.
Uwumugisha Boniface w’amezi atanu y’amavuko mwene Mukansigaye Eugenie utuye mu mudugudu wa Mabera, akagari ka Rwoga, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 16/05/2012 atwitswe na matora yatwitswe na mukuru we.
Simbarikure Francois w’imyaka 26 y’amavuko yagiye kwiba inka mu mudugudu wa Bwangacumu mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 16/05/2012 abaturage bamuta muri yombi baramukubita bamutera icyuma mu nda amara arasohoka.
Minisiteri ifite kwita ku mpunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR), tariki 16/05/2012, yakiriye umusore w’Umunyekongo w’imyaka 25 witwa Boniface Zihire umaze ibyumweru bibiri yokejwe ibirenge n’abantu batazwi bamushinja ko ari umusirikare.