Polisi yo mu karere ka Nyagatare yatwitse toni eshanu n’igice z’ibiyobyabwinge byaturutse mu mirenge inyuranye y’ako karere cyane cyane ihana imbibi na Uganda.
Ubushinjacyaha burasabira Usengumuremyi Jean Marie Vianney, uhagarariye ishuri ryisumbuye rya E.S.S.T.R riri mu karere ka Ruhango, gufungwa ukwezi kubera icyaha cyo kuvogera urugo rwa Murerwa Furaha atabifitiye uburenganzira.
Shumbusho Pierre uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu mudugudu wa Mabunga, Akagari ka Mubumbano, Umurenge wa Kagano, tariki 17/05/2012, yatemye se umubyara witwa Shumbusho Ezechias ufite imyaka 50 bapfa kwanika imyumbati hejuru y’inzu.
Biteguwe na Talent Group, kuri uyu wa gatanu tariki 18/05/2012, Elion Victory, Khizz Kizito, Olivis, Paf G na Jack B barataramira abakunzi babo kwa Mutangana i Nyabugogo guhera 19h00.
Umuririmbyikazi Jennifer Lopez aza imbere ku rutonde rw’icyamamare ku isi; nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru Forbes cyo muri Amerika.
Abaturage bo mu murenge wa Gatumba mu karere ka Ngororero batunguwe no kubona ibagiro ryari muri uwo murenge ahitwa Kucyome ryarafunzwe kandi ryari rihamaze imyaka itari mike.
Umuryango w’Abibumbye (UN) ufatanyije na Leta y’u Rwanda bari kwigira hamwe igenamigambi ry’imyaka itanu ry’ibikorwa UN izakorera mu rwanda guhera 2013 kugeza 2018.
Kubera intambara ikomeje guca ibintu hagati y’ingabo za Leta ya Kongo n’inyeshyamba ziyirwanya, umubare w’impunzi zihunga iyi ntambara ziza mu Rwanda ukomeje kwiyongera kandi zishimira uko zakirwa iyo zigeze mu Rwanda.
Ushinzwe umutekano (local defence) yatoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa RPG Anti-Tank mu mudugudu wa Mubuga, akagari ka Ruronde, umurenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro, kuwa kane tariki 17/05/2012 mu masaha y’igicamunsi.
Ikipe y’abaganga batandatu b’Abanyamisiri basoje icyumweru cy’ubufasha batangaga mu bikorwa by’ubuvuzi mu Rwanda, barifuza ko byakomeza byashoboka hakanashyirwaho ishuri ry’ubuvuzi ku bufatanye bw’ibihugu byombi.
Abaturage bo mu karere ka Gatsibo barashima ubuyobozi ko butegura inteko y’akarere ihurizwamo ibiganiro hagati y’abaturage n’abayobozi hamwe n’abafatanyabikorwa bigatuma haba impinduka mu bikorwa by’iterambere n’imibereho myiza mu karere.
Gato Sano Alexis, umuyobozi wa gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza afungiye sitasiyo ya polisi ya Ngoma mu karere ka Huye akekwaho kunyereza umutungo wa gereza yayoboraga.
Umuganga w’ibitaro bya Byumba n’umukuru w’abaforomo mu bitaro bikuru bya Kigali (CHUK) bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kicukiro bashinjwa ibikoresho byo kwa muganga byasigaye muri nyababyeyi y’umubyeyi ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo witwa Murekatete Zawadi.
Ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO yari itwaye abantu batatu yakoze impanuka mu buryo butunguranye hafi ya sitasiyo ya lisansi iri Nyarutarama aho bakunze kwita kwa Ndengeye mu ma saa cyenda uyu munsi tariki 17/05/2012 ariko nta muntu wapfuye.
MTN Rwanda yatashye ku mugaragaro icyumba kizigishirizwamo ibijyanye n’ikoranabuhanga mu ishuri ryusumbuye rya Gihundwe mu karere ka Rusizi. Icyo kigo ni icya karindwi gifunguwe muri gahunda ya ICT Schools Connect Project.
Ikigo cy’umuryango w’abibumbye gishinzwe ubutabazi (OCHA) cyatangaje ko inyeshyamba zo mu mutwe wa FDLR zimaze kwica Abanyekongo b’abasivili bagera kuri 50 kuva intambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Kongo n’iziyomoye ku gisirikari cy’igihugu itangiye mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Domitila Mukankundiye utuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo, aravuga ko ahangayikishijwe n’inzu ye yasenywe n’imodoka yayigonze, ubwo yataga umuhanda igeragezaga guca ku yindi.
Kwizera Mohamed uri mu kigero cy’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mududugudu wa Kinama, akagari ka Musamo,umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana guhera tariki 14/05/2012 akurikiranyweho icyaha cyo kwihisha inkiko Gacaca.
Hagendewe kuri raporo mpuzamahanga zigenda zigaragaza intambwe igaragara u Rwanda rwateye mu kurwanya ruswa, Guverinoma y’u Rwanda ifite gahunda y’uko u Rwanda rwaza mu bihugu 10 bya mbere ku isi birwanya ruswa.
Mafisango Patrick wakiniraga ikipe y’igihugu (Amavubi) na Simba yo muri Tanzaniya yitabye Imana Imana azize impanuka kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 saa kumi za mu gitondo mu mujyi wa Dar Es Salaam.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yakiriye inama y’ihuriro ry’inteko zishinga amategeko rifite inshingano zo kurwanya ruswa (APNAC). Abayitabiriye bararebera hamwe ibyo u Rwanda rwagezeho mu gukorera mu mucyo no guhanahana amakuru, nka zimwe mu nzira zo kurwanya ruswa.
Umushumba w’imyaka 25 y’amavuko waragiraga inka z’uwitwa Nzayisenga Obed utuye mu murenge wa Kintobo mu karere ka Nyabihu yatoraguwe mu mugezi wa Kinoni hagati y’akarere ka Nyabihu na Musanze yapfuye kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda yatangije ubufatanye na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) mu rwego rwo gufasha abafatabuguzi bayo kwigurira telefone zigezweho zo mu bwoko bwa BlackBerry (smart phones).
Ndacyayisenga Gratien wo mu mudugudu wa Gikomero, akagari ka Mubumbano, umurenge wa Kagano mu karere ka Nyamasheke yatemye Nsengimana Gaspard w’imyaka 18 amuziza ko yahira imigozi y’ibijumba mu murima we.
Umwanditsi w’ibitabo ukomoka muri Senegali witwa Boubacar Boris DIOP atangaza ko igihugu cye kitagomba kwinjira mu kibazo cya Ingabire kuko byaba ari ubusazi n’icyasha kidasibangana kuri Senegali mu maso y’Afurika n’isi yose.
Nyuma y’icyumweru kirenga Emmy wari mu marushanwa ya PGGSS 2 agiye muri Amerika, ubuyobozi bwa Bralirwa na East African Promotors (EAP) bwemeje ko asimburwa n’itsinda Urban Boys kandi rigafata numero 1 Emmy yari afite.
Ubutaka bungana na hegitari ebyiri bwo ku gasozi ko mu mudugudu wa Kibingo, umurenge wa Rwaza mu karere ka Musanze bugenda burigita uko iminsi ishira ku buryo bumaze kumanukaho metero zirindwi z’ubujyakuzimu.
Uwumugisha Boniface w’amezi atanu y’amavuko mwene Mukansigaye Eugenie utuye mu mudugudu wa Mabera, akagari ka Rwoga, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yitabye Imana tariki 16/05/2012 atwitswe na matora yatwitswe na mukuru we.
Simbarikure Francois w’imyaka 26 y’amavuko yagiye kwiba inka mu mudugudu wa Bwangacumu mu kagari ka Nyamagana umurenge wa Ruhango akarere ka Ruhango tariki 16/05/2012 abaturage bamuta muri yombi baramukubita bamutera icyuma mu nda amara arasohoka.
Minisiteri ifite kwita ku mpunzi mu nshingano zayo (MIDIMAR), tariki 16/05/2012, yakiriye umusore w’Umunyekongo w’imyaka 25 witwa Boniface Zihire umaze ibyumweru bibiri yokejwe ibirenge n’abantu batazwi bamushinja ko ari umusirikare.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 33 zirimo imiryango itandukanye zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012 mbere y’uko zimurirwa mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda barangije amashuri yabo muri University of Arkansas at Little Rock (UALR) muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika baravuga ko biteguye guhita bashyira mu bikorwa ibyo bize kugira ngo bafatanye n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu cyabo.
Abaturage bo mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera batewe n’imvubu yatorotse pariki mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu tariki 16/5/2012 ariko abashinzwe umutekano babatabara ntawe iragirira nabi.
Imbogo zigera ku ijana zo muri parike y’Akagera, kuri uyu wakabiri tariki 15/05/2012, zatorotse parike zangiza imyaka myinshi y’abaturage, ndetse zinakomeretsa umuntu umwe; nk’uko umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude yabitangaje.
Minisitiri ufite umutungo kamere mu nshingano ze, Kamanzi Stanislas, afitanye inama n’abayobozi b’Intara y’Iburengerazuba kuri uyu wa kane tariki 17/05/2012 ku cyicaro cy’Intara mu karere ka Karongi; nk’uko amakuru yizewe neza agera kuri Kigali Today abitangaza.
Ku butumire bwa Perezida Barack Obama, Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) azitabira inama ya 38 y’ibihugu umunani bikize ku isi (G8) izabera muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 18-19/05/2012 ndetse anakirwe mu biro bya Perezida wa Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (White House).
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda yahaye UNICEF/Rwanda ibihumbi 50 by’amadorali y’Amerika (arenga miliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda) byo gufasha impunzi z’Abanyekongo zahungiye mu Rwanda.
Minisitiri w’Intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba ko imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Gashashi ruri mu murenge wa Kigeyo mu karere ka Rutsiro yakwihutishwa abaturage bakabona umuriro w’amashanyarazi vuba.
Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga b’u Rwanda na Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo, bazahurira i Kigali ku nshuro ya gatanu tariki 17-18/05/2012 mu rwego rwo kongera kuganira ku buhahirane buhoraho hagati y’ibihugu byombi.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, kuri uyu wa gatatu tariki 16/05/2012, yifatanije n’abaturage b’utugari twa Gasura na Nyamitanzi mu murenge wa Jomba mu karere ka Nyabihu mu muganda wo gusubiranya ibikorwa byangijwe n’ibiza byatewe n’imvura imaze iminsi ihagwa.
Ibihugu byo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba hamwe na Sudani bitaraniye i Kigali mu nama bihererekanya ubunararibonye n’imbogamizi bihura nazo mu guteza imbere ishoramari n’imishinga.
Amagaju yarangije shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru itsinze Kiyovu Sport igitegokimwe ku busa mu mukino wabereye i Nyagisenyi tariki 15/05/2012. Igitego cyahesheje Amagaju intsinzi cyatsinzwe na Bangamwabo Karim ku munota wa 70.
Munyentwari Jean wari umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu mu karere ka Nyanza afungiye kuri station ya polisi i Busasamana mu karere ka Nyanza akekwaho gushaka kwicisha umugore we bashakanye.
Mu rwego rwo kunoza imikoranire myiza hagati y’u Rwanda na Uganda, itsinda ry’abasirikare ba Uganda basuye abasirikare b’u Rwanda bakorera mu karere ka Gicumbi (division ya 2 ya RDF) barebera hamwe uko umutekano w’ibihugu byombi uhagaze.
Ubwo yari agiye mu Budage guhura na Chancelier Angela Merkel kuwa kabiri tariki 15/05/2012, Perezida w’u Bufaransa, François Hollande, byabaye ngombwa ko agarukira mu nzira nyuma y’uko iyo yarimo Falcon 7X yakubiswe n’inkuba.
Bamwe baturage batuye mu kagari ka Cyabararika, umurenge wa Muhoza ho mu karere ka Musanze baratangaza ko nta yandi mazi bashobora kunywa uretse amazi ari muri ako gace aryohereye avubuka mu butaka bita “amakera”.
Ishyirahamwe ry’imikino rizaba ritarabona ubuzima gatozi tariki 30/06/2012 ntirizongera gufashwa nk’uko byemerejwe mu nama y’inteko rusange ya komite y’igihugu y’imikino Olympique yabereye i Rubavu tariki 12/05/2012.
Igitego cya Sebanani Emmanuel “Crespo” wahoze ari umukinnyi wa APR FC nicyo cyahaye APR FC igikombe cya 13 ubwo Mukura yansindaga Police FC igitego kimwe ku busa tariki 15/05/2012 mu mukino wabereye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Mu gihugu hose, biteganyijwe ko uyu munsi tariki 16/05/2012 ndetse no kuwa gatandatu tariki 19/05/2012 hakorwa umuganda udasanzwe mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’ibiza bimaze iminsi bihitana abantu n’ibintu bigasenya amazu n’ibikorwa remezo.
Biteganyijwe ko abaturage 2000 bazabona amashanyarazi mu gihe kitarenze amezi atanu nyuma y’uko imirimo yo kubaka urugomero ruto rw’amashanyarazi ruri mu kagari ka Kayenzi, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi isubukuwe.