Raporo y’Umuryango w’ibihugu by’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) iza kumurikwa ku mugaragaro kuri uyu wa gatatu tariki 04/03/2012 igaragaza ko u Rwanda ari cyo gihugu gihagaze neza mu karere mu gukuraho inzitizi z’urujya n’uruza rw’ibicuruzwa.
Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) cyasinye amasezera n’ikigo cyo muri Tanzaniya cyitwa Tanzania Telecommunications Company Limited (TTCL) kugira ngo cyongere ubushobozi bwa internet mu Rwanda.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAA 869W yari itwaye amakara yagonze umukingo ku Ruyenzi mu karere ka Kamonyi mu ma saa tanu z’ijoro ryakeye abantu babiri muri batatu yari itwaye barakomereka.
Umuhanzikazi Knowless ubwo yaririmbaga mu gitaramo aherutse kwitabira mu Bubiligi tariki 31/03/2012, yituye hasi mu buryo budasobanutse ku buryo na n’ubu impaka zitarashira ku cyamugushije.
Muri iyi minsi hirya no hino mu gihugu hakomeje imyiteguro y’icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 18 abazize Jenoside yakorwe Abatutsi, Kigalitoday yegereye Musenyeri John Rucyahana ukuriye Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunga, tuganira ku butumwa yatanga n’ibyo abona abantu bakwiye kuzirikana mu gihe nk’iki.
Mu ntara y’Iburasirazuba, imishinga 70 niyo yatoranyijwe muri gahunda yiswe HANGA UMURIMO igamije gufasha abaturage bafite imishinga myiza yakunguka ariko badafite ingwate n’igishoro.
Nyuma y’uko Musabyimana Marie Claudine atuye mu murenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu abyariye abana 3 b’impanga biyongera kuri 5 yari afite, ubuyobozi bwamuteganyirije ubufasha.
Mu mudugudu wa Runzenze, akagari ka Kabugondo, umurenge wa Mugina mu karere ka Kamonyi, Umwana witwa Niyonsenga ufite imyaka itatu, tariki ya 03/04/2012, yaguye mu kizenga cy’amazi kiri mu nkengero z’igishanga cy’umugezi w’Akanyaru ahita yitaba Imana.
Abagabo 415 n’abagore babiri bahoze mu mitwe yitwara gisirikare ariyo FDLR FOCA, RUDI-Urunana, Mayi Mayi mu mashyamba ya Kongo, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 basoje ingando bari bamazemo amezi 3 i Mutobo mu karere ka Musanze.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biri mu karere ka Muhanga bavuga ko kuba ibyo bitaro bitagira uburuhukiro bituma imibiri y’abapfuye ibikwa mu buryo budakwiye. Iyo umuntu ashatse kubika umubiri w’uwapfuye bigorana.
Mu nama y’abagize komisiyo y’umuyoboro mugari (broadband commission) iri kubera Ohril mu gihugu cya Macedonia, Perezida Kagame akomeje kugaragaza ko umuyoboro mugari ufite uruhare nunini mu iterambere rirambye cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’iterambere.
Ibitaro bya Kabgayi byo mu karere ka Muhanga, tariki 03/04/2012, byashyikirijwe inkunga y’ibikoresho na kaminuza ya Colorado yo muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika. Ibi bikoresho byatwaye amafaranga y’u Rwanda miliyoni 57, bizafasha mu maserivisi atandukanye y’ubuvuzi.
Abantu bataramenyekana umubare bagwiriwe n’igikuta cy’igorofa iri imbere ya hoteli Umubano (izwi ku izina rya petit merdien) ku Kacyiru mu mujyi wa Kigali ubwo bayisenyaga kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 mu ma saa sita z’amanjywa.
Mu kiganiro gihuza umuyobozi w’Intara y’amajyepfo, Alphonse Munyentwari, n’abanyamakuru kiba rimwe mu gihembwe cyabaye kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012 yibukije ko kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 nta Munyarwanda n’umwe bitareba.
Umuhanzi w’Umunyarwanda witwa Lil P uba mu Bwongereza yari kuririmba mu gitaramo cyateguwe na Exotic Night mu Bubiligi ariko byarangiye ataririmbye. Lil P avuga ko yasuzuguwe cyane ntibamuhe umwanya wo kuririmba kandi bari babimwemereye ndetse baranamushyize kuri affiche y’igitaramo.
Umugore witwa Kurusumu Nite, utuye Barija mu murenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare arashinjwa kuba icyitso mu gushyingira umwana witwa Mukagasana Alice bakunda kwita Mbabazi ufite imyaka 17 mu gihugu cya Uganda ababyeyi be batabizi.
Urukiko rw’Ibanze rwa Nyagatare, kuri uyu wa kabiri tariki 03/04/2012, rwaburanishije urubanza rw’Umugande witwa Musinguzi Issa ushinjwa gukoresha ubutekamutwe n’amariganya akambura abantu babiri amafaranga asaga ibihumbi 500 ababeshya ko ari umuvuzi gakondo.
Umugore witwa Elaine Davidson utuye Edinburgh mu gihugu cya Scotland yaciye agahigo ko kugira amaherena menshi ku mubiri; nk’uko bitangazwa na Guinness World Record.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwongereye Leon Mugesera igihe cy’ukwezi cyo gukomeza kuvugana n’abunganizi be mu mategeko, kuko yari yatangaje ko kugeza ubu atarabizera neza ku buryo bamuhagararira.
Si ngombwa kugira amafaranga menshi kugira ngo utangize umushinga, ahubwo uhera kuri make ufite kugira ngo n’umuterankunga azakunganire afite aho ahera; nk’uko bitangazwa n’abanyamuryango ba Koperative “Sagamba Rusake” ikorera mu murenge wa Rubavu akarere ka Rubavu.
Umurerwa Philomene, umuyobozi w’umudugudu wa Nyarusange mu kagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, yatoraguye umwana w’umukobwa w’inzererezi witwa Jeannine Gisubizo bigaragara ko ari umukobwa ariko nyuma y’amezi 3 aza gutahura ko ari umuhungu.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama yahuje ibihugu bigize itsinda ry’inshuti z’abaturage ba Siriya kugira ngo barebere hamwe icyakorwa ngo barengere abaturage ba Siriya bari mu kaga.
Abapolisi n’abasirikare bakuru 46, tariki 02/04/2012 batangiye amahugurwa y’iminsi itanu ku buryo bwo bugezweho bwo kurushaho gucunga umutekano ku kibuga cy’indege.
Imodoka itwara imizigo yo mu bwoko bwa Fuso yakoze impanuka tariki 31/03/2012 mu masaha ya saa mbiri z’umugoroba, ku bw’amahirwe nta muntu yahitanye uretse abantu bane bakomeretse bikomeye. Iyo mpanuka yabereye mu mudugudu wa Burego, akagari ka Buranga, umurenge wa Nemba mu karere ka Gakenke.
Inyeshyamba 5 za FDLR n’umusirikare umwe w’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (FARDC) baguye mu mirwano yabahuje ku cyumweru tariki 01/04/2012 ku muhanda wa Nyaruhange – Birwa mu Karere ka Rutshuru.
Umunyarwanda witwa Jacques Mungwarere ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yatangiye kuburana tariki 02/04/2012, mu mujyi wa Ottawa muri Canada.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yatangaje ko umunsi yabuze agaciro ku mwanya w’ubuyobozi azegura agasubiza imfunguzo z’ibiro bye. Ibi yabitangaje tariki 02/04/2012 ubwo yatangizaga amahugurwa y’iminsi 3 ateraniyemo abakuru b’imidugudu 420 igize akarere ka Nyanza.
Umugabo witwa Kayicondo Fidele wo mu kagari ka Gasharu mu murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi, tariki 01/04/2012, yakubise umugore we, Mukakarangwa Anonciata, amugira intere amuziza ko atagurisha imitungo yasigiwe n’ababyeyi ngo amuzanire amafaranga.
Rwamutabazi, umusaza utuye mu mudugudu w’Itaba, akagari ka Nyabisindu, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yatemewe urutoki taliki 26/03/2012 n’abantu na n’ubu bataramenyekana.
Rubasika Ngunda John arwariye mu bitaro bya Rwamagana kubera ikibazo cyo kubyimba imyanya ndangagitsina birenze urugero. Ibi ngo yabitewe n’inshoreke ye yitwa Dusengimana Kibaba bararanye mu cyumweru gishize, yataha agasiga amuroze iyo ndwara idasanzwe.
Iringiyimana Valens wo mu kagari ka Gakoni, umurenge wa Kiramuruzi mu karere ka Gatsibo yishwe n’umugore yinjiye witwa Mukagatare Lorance afatanyije n’umwana we tariki 26/03/2012 saa tanu z’ijoro kubera kumufuhira; nk’uko ba nyiri ubwite babivuga.
Umugabo witwa Biseruka Jean Bosco utuye mu kagari ka Mwendo mu Murenge wa Muko mu karere ka Gicumbi yafatiwe mu cyuho 01/04/2012 asarura urumogi yari yarahinze iwe. Ubu ari mu maboko ya polisi.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 02/04/2012 ahitwa ku Kinamba mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, imodoka yo mu bwoko bw’ivatiri yafashwe n’inkongi y’umuriro ubwo yari irimo gukorwa n’abatekinisiye, irashya irakongoka.
Perezida Kagame ari mu gihugu cya Macedoniya aho yagiye mu nama ya Komisiyo Mpuzamahanga y’Umuyoboro Mugari (broadband commission) ahuriyemo n’umuherwe wa mbere ku isi, Umunya-Mexique, Carlos Slim.
Bamwe mu basabye imyanya mu kazi ko kwigisha mu karere ka Ngoma baranenga ko hari imyanya yashwizwe ku isoko ariko iminsi y’ikizamini igahora yimurwa ndetse n’imyanya yashyizwe ku isoko ifite abayikoramo kandi ikizamini kitarakorwa.
Amafaranga milliyoni 800 niyo ateganyijwe gukoreshwa mu gukwirakwiza amashanyarazi hirya no hino mu karere ka Rutsiro; nk’uko byatangarijwe mu nama yahuje ubuyobozi bw’ako karere n’Abanyarutsiro ariko badatuye muri ako karere.
Kuva tariki 2 kugeza 6/04/2012 muri Hotel Dayenu i Nyanza harabera amahugurwa ku buryo bwo gutegura imishinga yafasha abaturage gutera imbere mu turere twa Rutsiro, Ngororero na Nyanza.
Leon Mugesera yongeye gusaba urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge kumwongerera ukwezi ko kwitegura urubanza rwe. Ari imbere y’urukiko, kuri uyu wa Mbere tariki 02/04/2012, Mugesera yasabonuye ko agikeneye kuvugana n’abamwunganira kuko atarabagirira icyizere cyose.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashishikariza abagakomokamo batuye i Kigali kugafasha kugera ku iterambere. Tariki 01/04/2012, umuyobozi wungirije w’akarere ka Gisagara ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwingabire Donathila, yahuye n’Abanyagisagara batuye i Kigali baganira ku cyateza imbere ako karere.
Nathan Byukusenge ni we Munyarwanda warangije irushanwa ryo kuzenguruka igihugu cya Maroc ku igare (Tour du Maroc) ari imbere ku mwanya wa 57.
Ubwo hakorwaga ibikorwa bya VUP mu murenge wa Kivumu akarere ka Rutsiro, tariki 31/03/2012, habonetse umubiri w’umwe mu bazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
70% by’abantu bafite hejuru y’imyaka 40 bemeza ko bagize ibyishimo nyabyo nyuma yo kugera ku myaka 33; nk’uko ubushakashatsi bwakozwe n’urubuga mpuzambaga rwo mu Bwongereza rwitwa Friends Reunited bubyerekana.
Police FC yongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona ubwo yatsindaga AS Kigali ibitego 2 kuri 1 mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona wabereye kuri stade ya Kigali tariki 31/03/2012.
Abahanzi 10 bahatanira kwegukana instinzi ya Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) bitabiriye umuganda rusange wabaye tariki 31/03/2012 mu karere ka Gasabo aho bateye ibiti bakanubaka ibiro by’umudugudu wa Nyakabungo
Ubuyobozi bwo mu kagari ka Kibogora ko umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke burasaba abaturage bako guha igihe cyo kwibuka abazize Jenoside yakoreye Abatutsi muri mata 1994 agaciro gikwiye.
Umugabo witwa Badakengerwa Vedaste afungiye ku kagari ka Mpanga mu murenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe azira gutema umugore we witwa Mukagasingwa Justine mu mutwe akoresheje ishoka bazira amakimbirane yo mu ngo.
Abayobozi b’Uturere tugize Intara y’Iburasirazuba bavuga ko mu Ntara yabo habuze rwiyemezamirimo usobanutse wabasha kugeza amafumbire n’inyongeramusaruro ku bahinzi bo muri iyo ntara.
Gashab Tshala w’imyaka 33 y’amavuko afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu karere ka Gasabo kuva tariki ya 28/03/2012 azira kugerageza kubikuza cheque ya miliyoni 8.5 ku ishami rya Banki y’Abaturage ya Kagugu mu murenge wa Gisozi.
Umukecuru witwa Nyiraherezo Daphrose mwene Rwabagabo na Nyirambungira yakubiswe n’inkuba mu mugoroba wa tariki 29/03/2012 ahita yitaba Imana.