Umuyobozi w’akarere ka Burera aratangaza ko umuyobozi wo muri ako karere uzagaragaraho kurya ruswa azakurwa ku kazi yakoraga kandi abihanirwe n’amategeko.
Mu birori bya Salax Awards byabaye tariki 31/03/2012 kuri petit stade i Remera mu mujyi wa Kigali, King James niwe wegukanye ikamba ryo kuba umuhanzi w’umwaka awutwaye Dream Boys, Young Grace na Kamichi bahatanaga.
Ubwo mu Rwanda haza kuba hasozwa ukwezi kwahariwe umugore kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, kuri icyi cyumweru tariki 01/04/2012, haranabera umukino uzahuza amakipe y’abagore ya AS Kigali na APR FC.
Mukeshimana Rosine w’imyaka 22 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Saruhembe mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza n’umwana yari atwite bashobora kuba bahitanwe n’imiti gakondo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero bavuga ko iminzani ikoreshwa n’abacuruzi baza kurangura imyaka mwisoko rya Ngororero, batayizera kuko babona ba nyirayo baba barayitekinitse.
Urukiko rwa Rouen mu gihugu cy’u Bufaransa, kuri uyu wa Gatanu tariki 30/03/2012, rwatangaje ko rwifuza ko Claude Muhayimana, uregwa jenoside yoherezwa mu Rwanda kugira ngo abe ariho aburanishirizwa.
Minisitiri w’Ubutabera arasaba abayobozi kugira uruhare mu gufasha abagororwa gukemura ibibazo imiryango baba barasize hanze ihura nabyo. Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, mu gikorwa cyo gusoza icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko cyatangiye.
Umuryango Nyarwanda nturamenya guha agaciro umuntu wahuye n’ikibazo cyo kurwara inzwa zo mu mutwe, nk’uko bitangazwa n’intumwa ya Minisiteri y’ubuzima ivuga ko nta bufasha cyangwe ikizere bagirirwa.
Police FC ishaka igikombe igiye guhatana na AS Kigali irwanira kudasubira mu cyiciri cya kabiri.
Imvura nyinshi yaguye kuri uyu wa Gatanu tariki 30/3/2012, ahagana mu ma Saa kumi z’umugoroba, irimo umuyaga mwinshi, yagwishije amazu menshi mu kagari ka Gihinga, amwe muri yo agwira abantu batanu barakomereka.
Muvunyi Hermas, usiganwa ku maguru mu rwego rw’abamugaye, yongeye kwigaragaza ubwo yegukanaga imidali ibiri ya Zahabu mu irushanwa ryabereye i Tunis muri Tuniziya, Nyuma yo kwegukana umudali wa zahabu mu mikino Nyafurika wanamuhesheje itike yo kuzajya mu mikino Paralympique ya Londres.
Ntakirutimana Elisaphan w’imyaka 24 utuye mu Kagali ka Shyombwe, Umurenge wa Gakenke kuva tariki 19/03/2012 afungiye kuri sitasiyo ya Rushashi, mu Karere ka Gakenke akekwaho kuriganya abakiriya amafaranga agera ku bihumbi 324.
Banki ya Kigali (BK) yashyize ahagaragara inyungu y’umwaka ushize wa 2011, igera kuri miliyari 8.7 z’amafaranga y’u Rwanda ivuye kuri miliyari 6.2 muri 2010. Ababitsa n’inguzanyo zitangwa byiyongereye biri mu byatumye iyi banki yunguka, nk’uko ubuyobozi bwayo bwabitangaje.
Umugabo witwa Nathan Bazangezahe utuye mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, yirukanye umugore bashakanye n’umwana babyaranye, nyuma y’uko yari yaramushatse agifite imyaka 18.
Bamwe mu basigajwinyumanamateka bo mu karere ka Muhanga barasaba ubuyobozi bw’aka karere kujya bubagezaho zimwe mu nkunga leta zigenerwa abatishoboye, kuko babona zitabageraho nk’uko abandi batishoboye zibagezwaho.
Abahanzi barasabwa kugira uruhare mu gushaka icyabateza imbere Leta nayo ikaza ibunganira aho gutegereza ko ariyo izabibakorera. Minisitiri w’Urubyiruko na Siporo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu, ubwo yatangizaga ihuriro rigamije guteza imbere abahanzi n’ibihangano byabo.
Kompanyi ya Airtel icuruza umurongo wa telefoni zigendanwa, itegerejweho gufasha u Rwanda kugera kuri miliyoni umunani z’abakoresha telefoni zigendanwa mu 2016, biri muri gahunda yo kongera ubukungu hifashishijwe itumanaho.
Ibisasu bibiri byaturikiye mu mujyi wa Kigali mu mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 30/03/2012 mu ma saa moya z’ijoro. Igisasu kimwe cyaturikiye mu mujyi rwagati hafi y’isoko rya Nyarugenge, ikindi giturikira i Nyarutarama; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa Polisi.
Umushinga ugamije guhuriza hamwe uburyo bwo kwemera imiti ikoreshwa mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) watangiye kwigwaho kuri uyu wagatanu tariki 30/03/2012 muri Tanzania. Umunyamabanga wa EAC arasaba ibihugu bigize uyu muryango kuwushyigikira kugira ngo abaturage babyo barusheho kubona imiti yizewe (…)
Birashoboka ko umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Niyotwagira Francois, yeguye kubera ibibazo by’amasambu y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania muri 2007 ndetse n’isambu yari afite ahahawe ishuri rikuru riri mu mujyi wa Ngoma (INATEK).
Kuva muri uku kwezi kwa Werurwe 2012, abarimu 18 batari bujuje ibisabwa na Minisiteri y’uburezi kugirango babe bakwigisha mu mashuri yisumbuye bahagaritse ku mirimo y abo; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Mutakwasuku Yvonne.
Abanyamuryango basaga 200 barimo abagore 169 bo mu mpuzashyirahamwe ABAGENDANA yo mu karere ka Bugesera biyubakiye uruganda rw’imigina y’ibihumyo rwa miliyoni 52 ahitwa Nyabagendwa mu murenge wa Rilima.
Knowless ntazitabira ibitaramo byose byari byamujyanye i Burayi kuko byari biteganyijwe kuzabera muri Suede na Hollande biri ku matariki Abanyarwanda bazaba bibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda muri 1994.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke yateranye tariki 30/03/2012 yemeje ko amafaranga y’ikiguzi cy’uburezi (minerval) ndetse n’agahimbazamushyi (prime) ababyeyi batangaga yiyongera.
Urukiko rw’ubujurire rw’i Helsinki muri Finland na rwo rwakatiye umuvugabutumwa mu itorero ry’Ababatisita, Francois Bazaramba, igihano cyo gufungwa burundu kubera uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994.
Urukiko rwo mu Bufaransa, tariki 29/03/2012, rwemeje ko Umunyarwanda uba muri icyo gihugu witwa Muhayimana Claude azoherezwa kuburanira mu Rwanda mu minsi iri imbere.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturage kurushaho kubungabunga ibikorwa bibakorerwa mu rwego rwo kurwanya isuri ndetse no kubungabunga ikiyaga cya Karago.
Inama njyanama y’akarere ka Ngoma yateranye uyu munsi tariki 30/03/2012 yemeye ibyo umuyobozi w’ako karere, Niyotwagira Francois, yanditse asaba kwegura ku mirimo ye.
Kayiranga Callixte wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagali ka Nyamure mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Busasamana muri ako karere akekwaho icyaha cyo kunyereza umutungo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Huye burateganya ko abaturage batuye ako karere bagomba kuba batuye ku midugudu bitarenze muri Nzeri 2013; nk’uko bitangazwa n’umuyobozi wungirije ushinzwe ubukungu mu karere ka Huye.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binangwaho, atangaza ko umuganga wo mu bitaro bya Muhima yahagaritswe kubera kutita ku barwayi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko bwafashe ingamba ku buryo umuyobozi uzagaragaraho gutanga serivisi mbi abamugana azajya abihanirwa mu rwego rwo kwimakaza umuco wo gutanga serivisi nziza.
Komite Nyobozi na Njyanama z’uturere twose tugize Intara y’Amajyepfo zahawe amahugurwa ku kurwanya umunaniro w’akazi bakora umunsi ku wundi kugira ngo biminjiremo agafu barusheho gukora cyane birinda kugira umunaniro urwitwazo ngo bitume batuzuza neza inshingano zabo.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko witwa Ndayisaba Protogene uvuka mu kagari ka Kiryamo, umurenge wa Rusasa, akarere ka Gakenke yacitse tariki 22/03/2012 nyuma yo kwiyemerera ko yagerageje gufata ku ngufu abana batatu yigishaga mu ishuri ry’incuke rya Karukungu riri mu mudugudu wa Buhindi, akagari ka Karukungu, umurenge wa Janja.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) kiravuga ko ubukungu bw’u Rwanda buzakomeza kuzamuka ku kigero kiri hagati ya 7.5 na 8% mu myaka ibiri iri imbere.
Abacitse ku icumu bo mu kagari ka Gitarama mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi, baratangaza ko bumva baruhutse nyuma yo gushyingura mu cyubahiro ababo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu muhango wo gusezera ku muyobozi wungirije wa banki y’isi, Dr. Obiageli Ezekwesili, Perezida Kagame yatangaje ko uwo muyobozi ari umuntu ukomeye wagize uruhare mu kuzamura umugabane w’Afurika n’u Rwanda by’umwihariko.
Abinyujije mu muryango yashinze witwa Clinton Foundation, uwahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Bill Cliton, agiye gutangiza umushinga w’uruganda rutunganya soya mu ntara y’Uburasirazuba mu Rwanda.
Umuryango Haguruka urakangurira abaturage gutanga amakuru ku bikorwa by’itotezwa biba bimaze iminsi mu miryango bigashakirwa igisubizo hakiri kare hatabaye ubwicanyi.
MTN Rwanda kuri uyu wa 29/03 2012 yahaye ikigo cy’amashuru cya Rusumo High School mudasobwa 36 hamwe n’ifatabuguzi rya interineti ry’igihe kigera ku mwaka.
Abanyarwanda batandatu b’inzobere mu bunyabugeni bamuritse ibihangano byabo mu nteko ishingamategeko y’u Budage tariki 21/03/2012. Iri murikagurisha ryari rigamije no kwizihiza isabukuru y’imyaka 30 ishize u Rwanda rufite ubufatanye na Rhineland-Palatinate.
Umugabo w’Umunyamerika w’imyaka 31 y’amavuko amaze imyaka 18 yiberaho mu buzima nk’ubw’umwana w’uruhinja haba ku myambarire, ku mirire ndetse no mu buryo aryamamo.
Inama y’umutekano yaguye y’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera yabaye tariki 29/03/2012 yafashe umwanzuro ko ba “Local Defense” batatu bahagarikwa ku mirimo yabo yo gucunga umutekano kubera imyitwarire mibi irimo kurya ruswa.
Polisi y’igihugu yaguye imikorere yari isanzwe ikora mu bikorwa byo gufasha abaturage kwicungira umtekano no kubafasha mu iterambere ry’igihugu, isinya amasezerano y’ubufatanye n’uturere dutanu n’Umujyi wa Kigali.
Leta irateganya gutera inkunga inganda zo mu gihugu ku buryo muri 2020 zizaba zinjiza 26% by’umutungo w’igihugu. Ubu inganda zo mu Rwanda ni cyo gice kinjiza amafaranga make kuko zinjiza 7% gusa by’umutungo w’igihugu.
Abanyarwanda bibumbiye mu muryango Isaro Foundation bahagurukiye gufasha ibigo by’amashuri kubona ibitabo bitandukanye dore ko ibihari ari bicye n’ibihari bikaba ari ibya kera.
Abanyeshuri biga mu kiciro cya gatatu cya kaminuza mu ishami ry’ubucuruzi muri Massachusetts Institute of Science and Technology (MIT) muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika baje mu Rwanda kureba ibikorwa by’indashyikirwa u Rwanda rumaze kugeraho mu gihe gito.
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Dr Jim Yong Kim watanzweho umukandida ku buyobozi bwa Banki y’isi ku ruhare banki y’isi igira mu kugabanya ubukene no kongera ubukungu bw’isi harebewa uburyo bimwe mu bihugu bicyennye byarushaho gutera imbere.