Polisi y’igihugu yafashe ibiyobyabwenge bigizwe n’imisongo igera ku 2.300 y’urumogi na litiro 1.280 z’inzoga z’inkorano, mu mukwabo yakoze mu turere dutandukanye muri iki cyumweru dusoza.
Umuhanda uhuza umurenge wa Mwogo n’uwa Nyamata kubera ko igishanga unyuramo cyarengewe n’umwuzure, mu rwego rwo gukumira impanuka z’amazi zatwara ubuzima bw’abaturage bambukira muri uwo muhanda.
Minisitiri w’Umutungo Kamere (MINIRENA), Stanislas Kamanzi, aratangaza ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bukigaragaramo akajagari mu mikorere yabwo, aho hari abakitwikira ijoro bikabaviramo no kuhasiga ubuzima.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira ziratangaza ko zishimiye uko zakiriwe na Leta y’u Rwanda, ariko zigasaba Leta y’u Rwanda gukomeza kuzikemurira ibibazo byinshi zifite.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, kuri uyu wa gatanu tariki 11/05/2012, yatangaije ku mugaragaro ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga ku Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari tugize Intara y’Iburengerazuba barangizaga Itorero bari bamazemo iminsi 13 ku Kigo cy’Amahoro n’Imiyoborere Myiza cya Nkumba mu karere mu karere ka Burera.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zakiriye neza ibihano byakatiwe Abanyarwanda batatu bakoze Jenoside mu Rwanda, ndetse zikanagaya kuba hari abantu benshi bagize uruhare muri Jenoside bakidegembya hirya no hino ku isi.
Hashyizweho igice cy’Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kizakomeza gufasha u Rwanda gukurikirana amadosiye y’abakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ubwo uru rukiko ruzaba rusoje imirimo yarwo mu mpera z’uyu mwaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amagereza (RCS) cyahakanye ibivugwa n’umwunganizi wa Deo Mushayidi ko afungiye mu kato ndetse ngo akaba yabujijwe gusurwa.
Akanama ngishwanama mu ikigo cya Leta y’Amerika cyita ku miti n’ibiribwa (FDA) karasaba ko umuti witwa Truvada wakwemezwa nk’umuti urinda ubwandu bw’agakoko ka SIDA ku bantu bafite ibyago byinshi byo kuyandura.
Amazi y’imvura yinjira mu butaka yangije umuhanda wa kaburimbo, amazu 6 ndetse n’imyaka y’abaturage mu murenge wa Bushoki akarere ka Rulindo, mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.
Ubuyobozi bwa Polisi iri mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye i Darfur (UNAMIS) burashima ibikorwa by’abapolisi b’u Rwanda bari muri Sudani, bukanasaba ko bishobotse umubare wabo wakongerwa.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali burasaba abagenzi batega imodoka mu mujyi wa Kigali, kujya bahwitura abashoferi batinda ku byapa bashyiramo cyangwa bakuramo abagenzi, kuko binyuranyije n’amabwiriza agenda ingendo mu Mujyi.
Abagabo bakoraga akazi k’ubwubatsi ku nzu y’ubucuruzi mu gasanteri ka Nkambi mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bagwiriwe n’iyo nzu bubakaga, ku gicamunsi cya tariki 10/5/2012, umwe witwa Hagenimana Gaspard ahita yitaba Imana.
Sudani y’Amajyepfo yemerewe kuba umunyamuryango wa CECAFA, ikaba nayo igiye gutangira kwitwabira amarushwanwa atandukanye aba buri mwaka nk’igikombe cy’abatarengeje imyaka 17, igikombe cya CECAFA cy’abakuru ndetse na CECAFA Kagame Cup.
Mu gihe amakipe menshi yo muri shampiyona y’u Rwanda asigaje gukina imikino ibiri, APR FC yo isigaje gukina umukino umwe izakina na Nyanza FC kuri uyu wa gatandatu tariki 12/05/2012 kuri Stade Mumena ariko ntabwo irizera gutwara igikombe.
Umunyamerika umwe rukumbi wagumye mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Carl Wilkens, yaganirije abanyeshuri bo muri kaminuza ya Indiana State University muri Amerika uburyo yanze gusiga abari mu kaga.
Ikamyo yo muri Uganda ifite purake UAG 320T yakoreye impanuka mu murenge wa Mukamira, akagari ka Rubaya hafi y’ahubatse ibiro by’akarere ka Nyabihu mu masaha ya saa yine z’ijoro tariki 10/05/2012 ariko nta muntu yahitanye.
Abantu 5 barimo abana 3 n’abagore 2 bamaze guhitanwa n’inkangu zabagwiriye ndetse amazu agera ku 100 amaze gusenyuka kubera imvura nyinshi yaguye mu karere ka Nyabihu mu ijoro rishyira tariki 10/05/2012.
Ishami rya Polisi rifasha abagore n’abana bahuye n’ikibazo cyo gufatwa ku ngufu “Isange One Stop Center” ryahesheje u Rwanda igihembo cy’Umuryango w’Abibumbye cy’umwaka wa 2012 cyitwa United Nations Public Award kubera intambwe u Rwanda rwateye mu guhashya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwemereye Leon Mugesera indi minsi 15 yo kwitegura kuburana urubanza rwo gufungwa by’agateganyo mu gihe azaba yitaba inkiko. Mugesera azagaruka imbere y’urukiko tariki 24/05/2012.
Geradine Mukakabego yongeye kubonana n’abana be babiri yari amaze amezi agera kuri atatu yarasize mu gihugu cya Zambia. Ubwo yazaga kureba uko mu Rwanda hameze, yafashe icyemezo cyo kudasubirayo ahubwo asaba ko bazamuzanira abo bana yari yarasizeyo.
Imirimo yo kubaka parikingi nshya yo mujyi yo mujyi wa Kigali yari yarahagaze igiye gusubukurwa nyuma yo kuvugurura igishushanyo mbonera cyayo kikajyana n’icyo Umujyi wa Kigali uteganya.
Abagore babiri n’abana babiri bahitanywe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo kuwa 09/05/2012 igeza mu masaha ya mu gitondo cyo kuwa 10/05/2012 mu murenge wa Jomba mu Karere ka Nyabihu.
Nubwo ari ibihugu bitandukanye cyane ku iterambere ry’umupira w’amaguru, birashoboka ko impera za shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda byamera nk’ibyabaye muri shampiyona ya Espagne (La Liga) muri uyu mwaka.
Akarere ka Ngoma katangiye umushinga w’uruganda rubyaza umusaruro imyanda iva mu mujyi wa Kibungo mu rwego rwo kurengera ibidukikije. Uwo mushinga watangiye kwigwaho mu 2008 uzarangira mu 2013 utwaye akayabo k’amafaranga miliyoni 120.
Kuva kuwa gatatu tariki 09/05/2012, hari amakuru avuga ko umuhanzi Emmy wari mu bahanzi 10 bahatanira Primus Guma Guma Super Star 2 yaba yarerekeje ku mugabane w’Amerika ku cyumweru tariki 06/05/2012 ngo akaba yarajyanye n’umuryango we wose.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare bwahagaritse by’agateganyo umwe mu baganga babyo igihe cy’ukwezi kubera ko atubahirije inshingano ndetse n’amahame agenga umwuga w’ubuganga mu Rwanda.
Hari ikizere ko Desire Mbonabucya watsinze ikizamini cy’abahagararira inyungu z’abakinnyi (football agent) cyakozwe muri Werurwe nawe ashobora kujya ku rubuga rwa FIFA nka mugenzi we, Muhombo Jean-Pierre; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga wa FERWAFA.
Inyeshyamba za FDLR n’abarwanyi ba Mai-Mai bafashe ku ngufu abagore bane bo mu duce twa Lubero na Walikale mu majyepfo y’iburasizuba bwa Kanyabayonga muri Kivu y’Amajyaruguru mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 08/05/2012.
Ministeri ishinzwe imirimo y’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (MINEAC) igiye gutangiza gukangurira Abanyarwanda gushyira mu bikorwa gahunda z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) kuko byagaragaye ko abaturarwanda batitabira gahunda z’uwo umuryango nk’uko bikwiye.
Imodoka itwara abagenzi yo mu bwoko bwa Hiace yabuze feri igonga igipangu cy’Ibitaro bikuru bya Gisenyi, abantu babiri bahita bitaba Imana abandi babiri barakomereka bikomeye mu gitondo cya tariki 10/05/2012.
Umutoza wa Police FC, Goran Kopunovic, aratangaza ko adatewe ubwoba na Marine FC benshi bavuga ko ikunze gutesha igikombe amakipe ahanganye na APR FC. Police ifite umukino na Marine kuwa gatandatu tariki 12/05/2012 i Rubavu.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, biteganyijwe ko azasura ingomero z’amashanyarazi zo mu turere twa Gakenke na Musanze kuwa gatanu tariki 11/05/2012.
Abafite inganda mu Rwanda zikora ibicyenerwa mu buzima bwa buri munsi bagiye kujya bahuzwa n’abacuruzi bo mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo gufasha ibicuruzwa bikorerwa mu Rwanda kugera ku isoko ryo mu karere.
Imvura yaguye tariki 03/05/2012 imaze kwangiza hegitari 169 z’imyaka y’abaturage mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza; nk’uko bitangazwa n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murundi, Murekezi Claude.
Abayobozi b’amadini bo mu karere ka Rulindo barasabwa gukangurira abayoboke babo kwitabira ubwisungane mu kwivuza kubera ko bafite ijambo rikomeye imbere yabo.
Mu rubyiruko ruba rufite imico itari myiza rujyanwa Iwawa kugororwa no kwigishwa imyunga, 95% bagaruka mu murongo; nk’uko byemezwa n’umuhuzabikorwa w’ikigo cya Iwawa, Niyongabo Nicolas.
Guhera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012, igiciro cya lisansi cyavuye ku mafaranga 1000 kuri litiro imwe kijya ku mafaranga 1030. Igiciro cya mazutu cyo cyagumye ku mafaranga 1000 kuri litiro; nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM).
Nyuma yo gutsinda Isonga FC ibitego 2 ku busa mu mukino wa shampiyona w’ikirarane wabereye kuri stade Amahoro tariki 09/05/2012, umutoza wa Rayon Sport, Jean Marie Ntagwabira, yavuze ko iyo ntsinzi yamufashije gutegura neza igikombe cy’Amahoro.
Abacamanza bo mu rugereko rw’ubujurire mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 08/05/2012, bafashe icyemezo cyo kohereza dosiye ya Ntaganzwa Ladislas kugirango naramuka atawe muri yombi azaburanishwe n’inkiko zo mu Rwanda.
Mukagatare Dative w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Nyabihanga, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amaze umwaka n’igice acumbikiwe n’umuturanyi we Evelyn Mukakabaga nyuma yaho inzu ye imusenyukiyeho mu kwezi kwa 02/2011.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe baratangaza ko bahangayikishijwe cyane n’izamuka rya bimwe mu biciro by’ibiribwa. Bamwe mu baturage bavugako bafite impungenge z’uko ibiciro bizakomeza kuzamuka bikarenga ubushobozi bafite.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, asanga abayobozi b’ibihugu bya Afurika bakwiye gufasha abaturage bayobora kwiyungura mu bumenyi, kuko aribo mutungo wa mbere uyu mugabane ufite.
Kuri uyu mugoroba ruraba rwambikanye hagati ya Atletico Madrid na Athletic Bilbao mu mukino wa nyuma wa Europa League. Atletico Madrid iheruka gutwara iki gikombe cya mbere ku mugabane w’uburayi mu mwaka wa 2010, naho Athletico Bilbao irifuza kugitwara bwa mbere mu mateka yayo.
Gatete Fabien w’imyaka 30 afungiye kuri poste ya Polisi ya Nyamugari mu murenge wa Nyamugari, karere ka Kirehe azira kubura gitansi yakiyeho amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruzatangira kumva ibirego bishinja Leon Mugesera kuri uyu wa kane tariki 10/05/2012 isaa cyenda z’igicamunsi; nk’uko byatangajwe n’urwo rukiko uyu munsi tariki 09/05/2012.
Mu rwego rwo kunezeza ababagana no kunoza imikorere, guhera tariki 10/06/2012 Rwandair izongera ingendo zerekeza Johannesburg muri Afrurika y’Epfo uturutse i Kigali ndetse n’iziza i Kigali uvuye Johannesburg zive kuri enye zibe umunani mu cyumweru.
Kayijamahe utuye mu murenge wa Gitoki, akagari ka Cyabusheshe mu karere ka Gatsibo yashatse kwicisha umwana we isuka bapfuye iseri ry’imineke ariko Imana ikinga ukuboko aramukomeretsa gusa.