Jacques Mungwarere yagejejwe bwa mbere imbere y’ubutabera bw’umujyi wa Ottawa, muri Canada, kugira ngo asomerwe ibyaha yakoreye mu Rwanda muri Jenoside y’Abatutsi 1994, mu rubanza rwatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 28/05/2012.
Umunyarwandakazi, Depute Julianna Kantengwa, yatorewe kuba Visi Perezida wa Kane w’Inteko Ishinga amategeko Nyafurika (PAP), atsinze Umunyakenya ku majwi 89 kuri 59.
Abadepite bagize komisiyo ishinzwe imibereho myiza baragaragaza impungenge baterwa n’uko ubutaka buzaba bucye mu gihe kizaza, bitewe no guhamba abantu mu mva za kijyambere bisigaye bigezweho.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 28/05/2012, isuzuma uko umutekano uhagaze, yongeye kwikoma abacuruzi n’abanywi b’ibiyobyabwenge ko bakomeje kutava ku izima.
Abafundi bubatse amashuri abanza ya Kabonanyoni mu murenge wa Rukozo, akarere ka Rulindo, barasaba ko barenganurwa, bakishyurwa amafaranga yabo bakoreye mu myaka itanu ishize.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buratangaza ko mu cyumweru cyahariwe kwita ku bidukikije, hazakorwa igenzura ku bacuruzi bagikoresha amasashe kandi bitakemewe.
Uruhinja rwari rwavutse amara n’umwijima biri hanze, rwitabye Imana mu ijoro rishyira ku Cyumweru tariki 27/05/2012, nyuma y’iminsi ine gusa ruvutse.
Minisitiri ushinzwe Ububanyi n’Amahanga akaba n’Umuvugizi wa Leta y’ u Rwanda, Louise Mushikiwabo, atangaza ko ibikubiye muri raporo ya ONU itarasohoka, ishinja u Rwanda gutera inkunga inyeshyamba zo mu Burasirazuba bwa Congo ari ibihuha.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NSIR), kirasaba Abanyarwanda kuzatanga amakuru nyayo ubwo ibarura rusange rya Kane mu Rwanda rizaba ritangiye, guhera tariki 16/08/2012 kugeza 30/08/2012.
Bamwe mu bana bari munsi y’imyaka itanu bo mu karere ka Nyabihu bahawe urukingo rw’impiswi, ari naho iki gikorwa cyatangirijwe ku rwego rw’igihugu kuwa Gatanu tariki 25/05/2012.
Umunyarwanda waje ku mwanya wa hafi mu Isiganwa ry’Amahoro ryabereye i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 27/5/2012, yaje ku mwanya wa gatatu muri kimwe cya kabiri cy’iyi marathon cya kirometero 21, mu gihe mu birometero 42 yaje nyuma y’imyanya 11.
Umutoza Micho yasabye imbabazi Abanyarwanda, avuga ko nawe atashobora gusobanura icyateye kunyagirwa na Tuniziya ibitego 5-1, mu mukino wa gicuti waraye ubaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.
Umushoferi wari utwaye ivatiri yo mu bwoko bwa Toyota Corolla yakomeretse ubwo imodoka ye yagongaga ikamyo nini itwara izindi modoka, mu mpanuka yabereye mu Ruhango kuri iki Cyumweru tariki 27/05/2012.
Egide Nkuranga, Visi Pereziza wa IBUKA, asobanura ko gushyingura abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 hamwe bigira akamaro ko kurinda amateka y’urupfu rudasanzwe bapfuye, bikanafasha igihugu n’ababo kubarindira umutekano w’imva bashyinguyemo no gusurwa mu cyubahiro.
Abayoboke b’idini ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi 35 bagiye mu busabane nyuma y’igabiro ryera ryabaye kuri icyi cyumweru tariki 27/05/2012 mu mudugudu wa Gasaka, akagari ka Kigeme, umurenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe bamaze kugera kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Abacuruzi b’ifu y’imyumbati bakorera mu isoko rya Ngororero bamaze iminsi binubira igihombo bavuga ko baterwa n’abantu bacururiza ifu ku mbaraza z’amabutiki yabo kandi bitemewe bityo bagahagarika abakiriya ntibinjire mu isoko.
AJIC (Anti-Corruption Justice and Information Center) ni ikigo kigamije gufasha abaturage kurwanya ruswa n’akarengane. Nyuma y’amezi atanu iki kigo gitangiye ibikorwa byacyo mu karere ka Ngororero, umukozi wacyo muri aka karere, Niyigaba Fidele atangaza ko abaturage bacyiyambaza ari benshi.
Ikipe y’igihugu ya Algeria yatsinze iya Niger ibitego bitatu ku busa mu mukino wa gicuti wo kwitegura kuzakina n’u Rwanda. Uyu mukino wabereye kuri stade Tchaker iherereye mu mujyi wa Blida ku wa gatandatu tariki 26/6/2012.
Ubuyobozi bwa East African Promotors (EAP) buratangaza ko nta rutonde na rumwe rw’uko abahanzi bagenda bitwara muri PGGSS bwigeze bushyira hanze. Ubu buyobozi buvuga ko abahanzi bose bitwara neza kandi ko bakora uko bashoboye ngo bashimishe abafana babo.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda, Milutin Micho, yagaye imyitwarire ya Uzamukunda Elias ‘Baby’ kugeza ubu utari wagera mu myitozo y’ikipe y’igihugu aho iri muri Tuniziya, mu gihe Uzamukunda we avuga ko yamusobanuriye impamvu ataraza kandi ngo akaba yumva zifite ishingiro.
Kuva muri Nyakanga 2011 kugeza muri Mata 2012 akarere ka Nyabihu kakoze ibikorwa by’umuganda bifite agaciro k’amafaranga agera kuri miliyoni 412 mu gihe mu mihigo ya 2011/2012 hari hiyemejwe ko hazakorwa umuganda ufite agaciro kangana na miliyoni 350.
Abatuye santere ya Gitare iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera bavuga ko muri iyo santere hakorerwa uburaya bwinshi kandi bukorwa ahanini n’abana b’abakobwa bakiri bato.
Amarushanwa y’umukino wa Volleyball ukinirwa ku mucanga (Beach Volley) yaberaga mu karere ka Rubavu yarangiye u Rwanda rwegukanye umwanya wa gatandatu nyuma yo gutsindwa n’ikipe ya Algeria.
Umugore utuye mu kagari ka Ruhanga, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe yahengereye umugabo agiye gutangaza aho umuganda wa nyuma w’ukwezi uri bubere ahita atwara ibikoresho byo mu nzu afatanije na murumuna we baburirwa irengero.
Ntahondereye Jean Baptiste, umunyeshuri wimenyereza umwuga wo kuvura mu bitaro bya Bushenge mu karere ka Nyamamsheke wateye umwana urushinge agapfa, yatawe muri yombi na polisi y’igihugu tariki 24/05/2012.
Ubwo hizihizwaga umunsi wo kurinda umutungo bwite w’ubwenge hagaragajwe ko bikwiye ko Abanyarwanda bose basobanukirwa n’icyo umutungo bwite w’ubwenge ari cyo, ndetse n’itegeko riwugenga rigashyirwa mu bikorwa ku buryo bugaragara.
Ubushakashatsi bwakozwe kuri Lionnel Messi umukinnyi ufatwa nka nimero ya mbere ku isi mu mupira w’amaguru, bwagagaje byinshi birimo ko adakunda ko hagira umukingiriza mu byo akora byose.
Bamwe mu batuye mu murenge wa Rukozo mu karere ka Rulindo, bumvise ko isambu yabo irimo zahabu maze batangira kuyicukura uko biboneye none imirima yabo yabaye ibirombe.
Vénuste Nyombayire, impunzi y’Umunyarwanda uba mu gihugu cy’Ubufaransa ashobora koherezwa kuburanira mu Rwanda; nk’uko byasabwe n’umushinjyacyaha ubwo Nyombayire yagezwaga imbere y’urukiko rukuru rw’i Paris.
Umutoza w’igipe y’igihugu, Micho, aratangaza ko umukino wo kuri iki cyumweru uzamuhuza na Tuniziya uzamufasha kuzamura icyizere kandi ngo icyo kizere kiraboneka uko bagenda bakina imikino mpuzamahanga.
Imodoka yari itwaye abahanzi bari muri PGGSS II ibajyanye i Gicumbi kuri uyu wa gatandatu tariki 26/05/2012 yagize ikibazo ishaka gushya nk’uko byatangajwe na King James ku rubuga rwa Twitter.
Abarimu n’abanyeshuli b’ishuli ryisumbuye rya ESPANYA ryo mu karere ka Nyanza bakoze impanuka y’imodoka ku mugoroba wa tariki 25/05/2012 ubwo bavaga gufasha umunyeshuli wacitse ku icumu rya Jenoside kuri icyo kigo ariko ntawagize icyo aba.
Ku nshuro ya 8 u Rwanda rugiye kongera kwita izina abana b’ingagi. Mu birori by’uyu mwaka biteganyijwe tariki 16/06/2012 i Kinigi mu karere ka Musanze intara y’amajyaruguru, hazitwa amazina abana b’ingagi 19 hamwe n’ingagi nkuru imwe.
Abatangabuhamya bunganira Protais Mpiranya wari ukuriye umutwe w’ingabo warindaga Perezida Juvénal Habyarimana barangije gutanga ubuhamya tariki 23/05/2012 imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Umukuru w’igihugu, Nyakubahwa Paul Kagame, yifatanyije n’abaturage mu gikorwa cy’umuganda ngaruka kwezi wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 26/05/2012 i Rebero mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali.
Munyentwari Jean, umwarimu mu kigo cyigisha imyuga cya Kavumu wari ufunzwe akekwaho gucura umugambi wo kwicisha umugore we yarekuwe n’urukiko rw’ibanze rwa Busasamana nyuma yo gusanga ibimenyetso ubushinjacyaha bushingiraho bumurega bidafite ishingiro.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu bazitabira International Peace Marathon izabera i Kigali tariki 27/05/2012 ngo bizeye kwitwara neza muri ½ cya marathon kuko ahandi nta bunararibonye bahafite; nkuko bitangazwa n’umunyamabanga w’ishyirahamwe ry’ingororamubiri mu Rwanda, Rukundo Johnson.
Mugabe Thomas niwe wegukanye tike y’indege hamwe no kurara aho ashatse hose mu Burayi mu gihe cy’iminsi itatu byatanzwe muri promotion ya MTN Mobile Money ku bufatanye na Turkish Airlines.
Kuri Station ya Polisi ya Muhima hafungiye umugore witwa Isabele Umutesi n’umugabo witwa Eric Ntamuheza, bazira icyaha cy’ubusambanyi, nyuma yo gutabwa muri yombi n’inzego z’umutekano zo mu murenge wa Muhima, aho umugore yari yarahukaniye.
Abanyekongo b’Abatutsi bahungiye mu Rwanda bari mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi barasaba umuryango mpuzamahanga gukora ibishoboka byose abababiciye abavandimwe n’inshuti bagashyikirizwa ubutabera.
Itsinda ry’abayobozi b’Akarere ka Gicumbi ryagiriye uruzinduko rw’umunsi umwe mu karere ka Kabare ko mu gihugu cya Uganda mu rwego rwo kwiga uburyo bwo kunoza umutekano w’uturere twombi.
Impunzi z’abanyarwanda 272 zabaga muri Kongo-Kinshasa zatahutse mu Rwanda ku bushake tariki 25/05/2012. Gutahuka zabifashijwemo na Komisiyo yo Gucyura Impunzi ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (CNR) ifatanyije n’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Impunzi (UNHCR).
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’Afurika ku bushakashatsi mu by’ubuhinzi (FARA), burashima uburyo u Rwanda rushyira mu bikorwa politike z’impinduramatwara mu buhinzi, hagamijwe kuzamura imibereho y’abakora uwo mwuga.
Ishuli rikuru ryo kwigisha no guteza imbere amategeko (ILPD) riri mu Karere ka Nyanza ryatanze impamyabumenyi ku nshuro ya kabiri ku banyeshuli bagera kuri 94 mu muhango wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 25/05/2012.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 26/05/2012 abahanzi bari muri PGGSS2 bazerekeza mu karere ka Gicumbi mu Ntara y’amajyaruguru kwiyereka abakunzi babo nyuma y’ibitaramo bagiriye hirya no hino mu turere dutandukanye tw’intara z’u Rwanda.
Umunyeshuri wimenyereza umwuga wo kuvura mu bitaro bya Bushenge biherereye mu karere ka Nyamasheke witwa Ntahondereye Jean Baptiste yateye umwana urushinge mu masaha ya saa sita z’amanywa kuwa gatatu tariki tariki 23/05/2012 ahita apfa.
Abapolisi bakuru 40 baturuka mu Rwanda, u Burundi, Sudani y’Amajyepfo no muri Somalia bashoje amahugurwa yo kubongerera ubumenyi bwo guhangana n’ibibazo bitandukanye bigaragara mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira ku isi (FIFA), Sepp Blatter yatangaje ko umupira w’amaguru uta umwimerere iyo umukino urangiye bagaterae penaliti. Yabitangaje kuri uyu wa gatanu tariki 25/5/2012 mu nama ihuje abanyamuryango ba FIFA iri kubera muri Roumania.
Ishyirahamwe ry’Abaforomo, Abaforomokazi n’Ababyaza bo mu Rwanda (RNMA/ANIR) rirasaba iperereza ricukumbuye kugira ngo hagaragazwe ukuri ku cyatumye umuforomokazi Mbabazi Perpetue afungwa dore ko ari n’umuyobozi w’iryo shyirahamwe.