Irekurwa rya Jean Damascene Biramahire w’imyaka 25 na Nkurunziza Vincent bo mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma ,bari bafunzwe bazira kwica inka bazikase amara ryateje umwuka mubi hagati yuwapfushije inka nabo bafunguwe.
Umurambo w’umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wigaga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye watoraguwe mu mufuka, nyuma y’uko yari yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 24/04/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko ubugizi bwa nabi bwakorewe umukecuru witwa Uzabakiriho Speciose bufitanye isano no kwibasira uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Ubutebera wasuye akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa Gatatu, mu ntara y’uburengerazuba, yasabye abagatuye kugira uruhare mu guteza imbere no gushyigikira ubutabera bwunga, mu rwego rwo gushyigikira inzego z’abunzi.
Ibyabaye kuri Real Madrid, ntibitandukanye cyane n’ibyabaye kuri Barcelone ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu ubwo Bayrern Munich yayisezereraga Real za penaliti.
Igihugu cya Canada kigiye kuburanisha Jacques Mungwarere w’imyaka 39 y’amavuko, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994. akazaba Umunyarwanda wa kabiri uburanishijwe n’ubutabera bwa Canada.
"Umuco wo gusoma ni ipfundo ry’ubumenyi bwose abana bagomba gutozwa hakiri kare kuko bidasaba ubukungu bisaba kubikunda kandi ukabitangira kare".
Mu rukiko Rukuru rwa Kigali, ubushinjacyaha bwasabiye Victoire Ingabire igihano cy’igifungo cya burundu no gutanga ihazabu ya miliyoni imwe n’ibihumbi maganane by’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo gusaba urukiko kumuhamya ibyaha bitandatu bwamureze.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) niyo igiye kujya ikurikirana ibirebana n’itangazamakuru, nyuma yo gukurwa mu cyahoze ari Minisiteri y’Itangazamakuru.
Ikigo gicuruza itumanaho rya telefoni na internet, MTN Rwanda, cyatangaje ko kigiye kugabanya ibiciro bya internet kugeza hafi ku kigero cya kimwe cya kabiri.
Rubirika Eugène w’imyaka 55 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 24/04/2012 aguye mu mpanuka y’imodoka yari ijyanye amavuta ku munara wa MTN uri mu mudugudu wa Kibilizi mu kagali ka Rwotso mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Nigeria (NFF) ryemeje ko umukino uzahuza Nigeria n’u Rwanda ugomba kuzabera kuri Esuene Stadium mu gace ka Calabar gaherereye mu majyepfo ya Nigeria.
Abahanzi 10 bari muri Primus Guma Guma Super Star (PGGSS), tariki 26/04/2012 bazasura abana baba mu kigo cya Gatagara mu Ntara y’amajyepfo hanyuma tariki 28/4/2012, bakine n’abanyamakuru bakora ibiganiro bijyanye n’imyidagaduro kuri sitade Amahoro i Remera.
Ubwo isiganwa ry’amagare ryiswe ‘Tropical Amisa Bongo’ ryatangiraga tariki 24/04/2012, Nicodem Habiyambere yabaye uwa 24, akaba ari nawo mwanya wa hafi wegukanywe n’Umunyarwanda.
Akana nkemurampaka gashinzwe gutoranya Abanyarwanda bazajya muri Tusker Projct Fame gakomeje kugira ibanga abo kahisemo mu majonjora yabaye tariki 22/04/2012. Ayo majonjora yitabiriwe n’abahanzi bagera kuri 50 hatoranywamo batandatu gusa.
Abahanzi b’inshuti z’umuhanzi Sentore harimo n’abo yatoje mu itorero ndetse n’izindi nshuti ze n’iz’umuryango ziri mu Bubiligi, tariki 21/04/2012, zaturiye igitambo cya Misa cyo kumusabira no kumwibuka.
Munyarugendo Zabuloni na Muhawenayo Joram bo mu karere ka Nyamasheke batawe muri yombi tariki 23/04/2012 bakekwaho gushaka kwiba amafaranga muri Sacco ya Rugarika, aho Muhawenayo yari amaze igihe cy’ibyumweru bibiri yimenyereza umwuga (stage).
Noheli Jean Baptiste w’imyaka 21 wo mu mudugudu wa Gabiro mu Kagali ka Buyange mu Murenge wa Mataba, akarere ka Gakenke yitabye imana nyuma yo kurohama mu mugezi wa Base ku gicamutsi cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012.
Umusaza Tabaro Mathias wacitse akaboko utuye mu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rubaya,umudugudu wa Karandaryi ababajwe n’inka ye yatemwe kandi yari yarayihayeho umwana we, Ndayambaje Bernard, umurange ngo azabashe kugira icyo yimarira.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), tariki 24/04/2012, yashyikirije inkunga y’ibiribwa n’amabati abaturage basenyewe amazu n’imyuzure bo mu karere ka Rubavu mu murenge wa Kanama.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012, Minisitiri w’Ubutabera, Karugarama Tharcisse, aragirira uruzinduko rw’akazi mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kanjongo.
Imodoka y’ubwoko bwa Toyota Hilux yakoze impanuka mu gitondo cyo kuwa kabiri tariki 24/04/2012 mu gasentere ka Rwamenyo mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke maze umushoferi wari yitwaye arakomereka.
Biteganyijwe ko mu nama ya 10 y’abayobozi b’ibihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) izaba taliki 28/04/2012 Arusha muri Tanzania hazigwa ku busabe bwa Sudani y’Amajyepfo mu mkwinjira muri uwo muryango.
Abayobizi babiri baturutse mu ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), barasura u Rwanda mu gihe cy’iminsi ine kuva uyu munsi tariki 25/04/2012. Bazaganira n’abayobora ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ku bijyanye n’imishinga y’iterambere.
Abasore batatu bafatanywe amafaranga y’amiganano mu mukwabo wakozwe mu ijoro rya tariki 23/04/2012, bafatirwa mu gasantere kitwa Video ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza.
Mu gihe habura imikino itatu kuri buri kipe ngo shampiyona irangire, APR FC na Police zifite imikino kuri uyu wa gatatu tariki 25/04/2012. APR FC irasura Espoir I Rusizi naho Police irakina n’Isonga FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo.
Uwabakurikiza Grace wo mu kagari ka Gakoma mu murenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mimuri akurikiranyweho gutema umugabo we Nkurunziza Leon Degarde akoresheje ishoka.
Gatsinzi Charles wo mu kagali ka Gakirage, umurenge wa Nyagatare mu karere ka Nyagatare afunzwe azira gusahura urugo no kubuza umutekano Niyonsaba Béata, umugore we bafitanye abana batandatu.
Mu ruzinduko Minisitiri w’Intebe yagiriye mu kigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) ishami rya Rubona mu karere ka Huye, tariki 24/04/2012, yasabye abayobozi kurushaho kwegera abaturage babafasha mu bikorwa by’iterambere.
Muri gahunda yo kwagura umujyi wa Kibuye, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi burateganya kubaka gare igezweho izatwara amafaranga miliyari 4 na miliyoni 545. Iyo gare izubakwa ahitwa mu cyumbati, mu murenge wa Bwishyura.
Umwana ukomoka mu gihugu cy’ubushinwa witwa Nong Yousui afite amaso adasanzwe kuko abasha kureba mu mwijima kuko afite amaso ateye nk’ay’inyamaswa.
Umuyobozi w’umuryango mpuzamahanga ushinzwe guteza imbere ubumenyi n’ikoranabuhanga mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere (TWAS), Professeur Romain Murenzi, arakangurira abacyeneye kwiga icyiciro cya 3 cya kaminuza mu bumenyi n’ikoranabuhanga kugana uwo muryango ukabafasha.
Mu karere ka Gatsibo umurenge wa Kiramuruzi akagari Nyabisindu abantu batazwi bakomeje kwitwikira amajoro bagatema intoki z’abandi.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda bwagejeje ubujurire ku rukiko rw’umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, tariki 23/04/2012, rujuririra icyemezo cyafashwe n’urugereko rw’ibanze rw’uru rukiko rwemwje ko Lt. Col. Rugigana Ngabo afunze binyuranyije n’amategeko.
Polisi y’igihugu irihanangiriza abatwara ibinyabiziga barenga ku mategeko y’umuhanda, bitaba ibyo bakemera kwamburwa impushya zabo zo gutwara ibinyabiziga.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gusubiza abari abasirikari mu buzima busanzwe (RDRC) cyafunguye ikigo gishya kizajya cyakira abana bahoze mu gisirikari bavuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, kugira ngo bigishwe mbere yo gusubizwa mu buzima busanzwe.
Muri iki gihe usigaye winjira mu modoka zitwara abagenzi ugasangamo umuvugabutumwa abwiriza ijambo ry’Imana ariko abagenzi usanga batabyishimiye bakavuga ko ijambo ry’Imana rikwiye gutangirwa mu rusengero gusa.
Baraka Elias, Umunyakongo ufite imyaka 10 y’amavuko yafatiwe ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda mu karere ka Burera, tariki 22/04/2012, yihishe muri “butu” y’imodoka ya Jaguar ashaka kujya muri Uganda.
Ishyaka rya Rwanda National Congress (RNC) ryashinzwe na Kayumba Nyamwasa ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo mu Rwanda rikomeje kubura abayoboke. Rimaze iminsi ritumiza inama nyinshi mu Burayi ariko hakabura uzitabira.
Uhagarariye Ibuka mu murenge wa Kanjongo wo mu karere ka Nyamasheke arasaba ubufasha mu rwego rwo kuvuza umugabo witwa Mukeshimana Aphrodis wacitse ku icumu ufite ihungabana rirenze ku buryo agaragara nk’umusazi.
Mu Baturarwanda bakabakaba miliyoni 11, abagera kuri 4,453,711 bakoresha telefoni zigendanwa; nk’uko raporo ya RURA yo mu mpera z’ukwezi kwa Werurwe 2012 ibitangaza.
Mukaruziga Venerenda, umukecuru w’imyaka 63 wo mu kagari ka Mutunda ko mu murenge wa Mbazimu, akarere ka Huye yitabye Imana tariki 22/04/2012 azira gushaka gukiza abasore barwanaga barimo n’umwana we.
Umugabo witwa Jack Kigongo wari utuye mu karere ka Kiboga mu gihugu cya Uganda yitabye Imana mu mpera z’ukwezi z’ugushyingo 2011 afite imyaka 103 asize abana 158 n’abuzukuru 500 bamukomokaho.
APR Volleyball Club ihagarariye u Rwanda i Sousse muri Tuniziya mu mikino uhuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, ikomeje gushakisha uko yagera muri ¼ cy’irangiza, nyuma yo gutsinda umukino umwe mu mikino ibiri imaze gukina.
Abakozi babiri ba Sosiyete irinda umutekano, Intersec Security, bari bagiye kwiba banki y’Abaturage ya Nyagatare mu ijoro rya tariki 19/04/2012, ubushinjacyaha rwabasabiye gufungwa imyaka 15.
Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriwe u Rwanda (ICTR), tariki 23/04/2012, rwatangiye kumvwa ubuhamya bushinjura Kabuga Felicien, umunyemari ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994 no kuyitera inkunga y’amafaranga.
Inama y’inteko rusange y’ishyirahamwe ry’umukino wa basketball mu Rwanda (FERWABA), tariki 21/04/2012, yasheshe Komite nyobozi yari iyoboye, itegeka ko hagomba kuba amatora yo gushyiraho abayobozi bashya bazatorwa ku cyumweru tariki 29/04/2012.
Minisiteri ifite umuco mu nshingano zayo (MINISPOC) yatangaje ko nibigaragara ko Bahati Grace atwite koko azamburwa ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda.
I Kigali hateraniye inama ihuje impuguke mu bya Gisirikare, ziga ku buryo hashyirwaho umutwe w’ingabo zihuriwemo n’ibihugu bihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba uzajya uhora witeguye gutabara ahavutse ibibazo muri aka karere.