Jim Yong Kim, inzobere mu buganga ifite ubwenegihugu bwa Koreya n’Amerika ni we watorewe kuyobora Banki y’isi mu gihe cy’imyaka itanu asimbuye Umunyamerika Robert Zoellick, kuwa mbere tariki 16/04/2012.
Ibyo mu Rwanda bita gushishura, aho umuhanzi cyangwa umu-producer afata indirimbo y’umuhanzi wundi runaka akayigana cyangwa se akaririmbira mu njyana (beat) yayo, ngo si mu Rwanda biba gusa kuko na bamwe mu baririmbyi bakomeye ku isi nabo hari indirimbo zabo zamenyekanye ariko injyana zazo barazibye ku bandi baririmbyi cyane (…)
Nubwo yarangije umwaka wa 2011 iri ku mwanya wa mbere ndetse na nyuma yabwo igakomeza kugaragaza ko ifite intego yo kwegukana igikombe cya shampiyona, muri iyi minsi yegereza umusozo wa shampiyona, ikipe ya Mukura irimo kugaragaza intege nkeya mu gihe andi makipe makuru arimo kurwanira igikombe.
Ishyirahamwe ry’abahinzi ryitwa Inkesha rikorera mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango ryagabiye Perezida Paul Kagame inka tariki 16/04/2012, mu rwego rwo kumushimira ibyiza byinshi amaze kubagezaho.
Biramahire Jean Damascene w’imyaka 25 wo mu kagali ka Nyinya, umurenge wa Rukira mu karere ka Ngoma kuva tariki 16/04/2012 afungiye kuri station ya polisi ya Kibungo azira gukata amara y’inka z’abaturanyi zigapfa.
IBUKA, Komisiyo ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), akarere na Kivu Serena Hotel baritana ba mwana mu kumenya niba hari imibiri y’abazize Jenoside yaba ikiri aho iyo hoteli yubatse.
Daihatsu yo mu bwoko bwa Dyna na Coaster ya sosiyeti itwara abagenzi Horizon Express zavaga i Kigali zerekeza mu majyepfo zagonganye n’ivatiri yavaga mu majyepfo yerekeza i Kigali ahagana mu ma saa moya z’umugoroba kuwa mbere tariki 16/4/2012 maze abantu batandatu barakomereka bikabije.
Perezida Paul Kagame, ejo tariki 16/04/2012, yifatanyije n’abaturage b’akarere ka Ruhango gufungura uruganda rw’imyumbati ndetse n’ibitaro bigezweho mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Abasirikare bane bakuru mu ngabo z’u Rwanda: Lt. Gen. Fred Ibingira, Brig. Gen. Richard Rutatina, Brig. Gen. Wilson Gumisiriza na Col. Dan Munyuza, bari bamaze igihe bafungishijwe ijisho mu ngo zabo kuri uyu wa mbere tariki 16/04/2012 barekuwe.
Nyirishema Eugène w’imyaka 32 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Mwima mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 13/04/2012 amahirwe yaramusekeye agura isambu n’igare binyuze muri Tomola ya New Africa Gaming ikorera muri aka karere.
Abanyeshuri biga mu ishuli rikuru ryigenga ry’abalayiki b’abadivantisiti rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza bagiye gutora komite ibahagarariye nshya.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gahunga, iri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera, hafungiye umugabo ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’umuhungu w’imyaka 16 witwa Mugiraneza uvuka mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera.
APR FC yagabanyije amanota irushwa na mukeba wayo Police FC ku cyumweru tariki 15/04/2012 ubwo yatsindaga La Jeunesse ibitego 3-0.
Polisi y’igihugu irasaba abantu bakoresha ikoranabuhanga kwitonda kuko muri iki gihe hari ibyaha bikoresha ikoranabuhanga byibasiye isi bigenda kandi byatangiye kugera no mu Rwanda.
Polisi ifite abakobwa bane yataye muri yombi mu cyumweru gishize benda kujyanwa mu Bushinwa gukoreshwa imirimo y’uburaya babwirwa ko bagiye guhabwa akazi.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, uyu munsi tariki 16/04/2012, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Uganda ku butumire bwa Jeannette Museveni, umufasha wa Perezida wa Uganda.
Imihango yo kwibuka abazize Jenoside mu cyahoze ari komini Runda ikorwa hashyirwa indabo muri Nyabarongo kuko benshi mu batutsi bishwe muri Jenoside bajugunywe muri uwo mugezi.
Muri iki gihe hari abatekamutwe bakoresha ikoranabunga rya telefone bakabeshya abantu ko bababoneye akazi gahemba amafaranga menshi kugira ngo babone uko babarya amafaranga cyangwa se babiba amatelefone.
Umugabo wo mu gihugu cya Brésil ari mu maboko ya polisi, guhera tariki 12/04/2012, ashinjwa kwica abagore batatu akabarya ndetse akanifashisha inyama za bo mu gukora imigati akayicuruza.
Gusoza icyunamo mu karere ka Kirehe byabereye mu murenge wa Nyarubuye, tariki 14/04/2012, hashyingurwa imibiri 24 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Hanabaye urugendo rwo kwamagana Jenoside.
Amazi y’imvura n’imigezi yahitanye abantu batatu mu turere dutandukanye barohamye mu migezi, undi aguye mu kizenga cy’amazi kuva tariki 14/04/2012.
Umwana w’imyaka 12 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Munini, akarere ka Nyaruguru, mu mpera z’icyumweru gishize, yishe mushiki we anakomeretsa murumuna we w’imyaka ine y’amavuko ku buryo bukomeye bazize kumwima ibyo kurya.
Imibiri 163 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, tariki 14/04/2012, yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa ruri mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera.
Abarokotse Jenoside mu karere ka Rwamagana barifuza kubarura umubare w’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi hakamenyekana umubare n’amazina yabo ndetse n’ababikoze kugira ngo ayo mateka atazibagirana mu gihe abarokotse bazaba batangiye gusaza.
Umugabo witwa Gashumba Aimable utuye mu mudugudu wa Nyarubuye, akagari ka Kabagesera, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, yivuganye umugore we, Uwizeye Donatha, arangije amuta mu muringoti.
Mukura VS yongeye gutungura abafana bayo kuri uyu wa gatandatu ubwo yatakazaga amanota 2 ku kibuga cy’ikipe y’Amagaju. Uyu mukino umaze kumenyererwa nka deribi (Derby) yo mu majyepfo warangiye nta kipe ibashije kureba mu izamu ry’indi.
Ubuhamya n’ubutumwa bwatangiwe ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kibirira ubwo hasozwaga icyumweru cy’icyunamo byagaragaye ko mu cyahoze ari komini Kibirira ariho hakorewe igeragezwa rya Jenoside mu 1990 ubwo Abatutsi bari bahatuye batangiye kwicwa abandi bakameneshwa.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, ari kumwe na bamwe mu badepite mu nteko ishingamategeko, ndetse na bamwe mu bayobozi batandukanye mu ntara y’uburengerazuba, bifatanyije n’abaturage b’akarere ka Rutsiro, mu muhango wo gusoza icyumweu cy’icyunamo, cyahariwe kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Banki yo muri Kenya, Equity Bank, yahaye abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Ruhuha mu karere ka Bugesera inkunga igizwe n’inka 4 za kijyambere n’imifuka 43 y’umuceri; byose bifite agaciro ka miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda.
Nyuma yo guhagarika imyidagaduro yose mu rwego rwo kwibuka ku nshuro ya 18 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’i 1994, mu mpera z’iki cyumweru shampiyona irakomeza ku munsi wayo wa 21.
Abanyeshuri batanu bo muri Ecole Secondaire Rukara bafungiye kuri sitasiyo ya polisi mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, kuva tariki 12/04/2012, bakekwaho kwiba mudasobwa eshanu mu ishuri ryitwa Groupe Scolaire Muzizi ryo muri uwo murenge.
Abatishoboye bo mu mudugudu wa Karama mu kagali ka Cyeru mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza barishimira amazu 20 bubakiwe.
Umwana w’imyaka itanu y’amavuko wo mu nkambi y’Abanyekongo iri mu mudugudu wa Gihembe, umurenge wa Kageyo mu karere ka Gicumbi yitabye Imana azize impanuka y’umuriro yabereye muri iyo nkambi mu ijoro rishyira tariki 15/04/2012.
Abaturage basenyewe n’amazi y’imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 12/04/2012 mu turere twa Musanze, Nyabihu na Rubavu Leta yabemereye ubufasha mu buryo bwihuse kugira ngo bahangane n’ingaruka batewe n’ibyo biza.
Umugabo w’umunyabukorikori w’Umudage w’imyaka 43 y’amavuko yananiwe kubahiriza inshingano z’abashakanye za hato na hato yigira inama yo gutabaza polisi kugira ngo abashe kuva mu nzara z’umugore w’imyaka 47y’amavuko.
Igihe abandi bashyiraga amafaranga mu gaseke yo gufasha abarokotse Jenoside batishoboye, umwana w’umunyeshuri wo mu murenge wa Musheri, mu karere ka Nyagatare washyizemo ibuye.
Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka yo mu murenge wa Kibilizi mu karere ka Nyanza irifuza kugira ikindi yakora kitari ukubumba inkono no kwirirwa bazikoreye ku mitwe bashakisha abaguzi.
Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Musa Fazil Harerimana, arahamagarira Abanyarwanda bose gufatana urunana bakomora ibikomere bya Jenoside kuko utazatanga umusanzu we mu kubikiza no gukumira Jenoside burundi azaba atiza umurindi abayiteguye bacyifuza no kuyikomeza.
Igitero inyeshyamab zo mu mutwe wa FDLR zagabye ku modoka zitwara abagenzi umunani kuri uyu wa Kabiri ushize mu muhanda wa Bendera uri mu birometero 120 uvuye mu Majyaruguru wa Kalemie (Katanga), cyahitanye umugore umwe zinasahura ibintu bitandukanye.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango, bavuga ko abarundi bari barahungiye mu Rwanda bijanditse muri Jenoside bagafatanya n’Abahutu kwica.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 13/04/2012, umurambo wa uwitwa Barthazar Uwizeye watoraguwe mu musarani w’inyubako z’amashuri ya ETO Gatumba, nyuma y’amasaha 12 yari amaze yapfuye.
Ingabo z’igihugu na polisi y’u Rwanda barizeza abacitse ku icumu ko batazababa hafi mu gihe cyo kwibuka gusa ndetse ko na nyuma yaho wibuka bizakomeza.
Abaturage bo mu murenge wa Mudende, mu karere ka Rubavu baranengwa uburyo bari baranze kwerekana aho imibiri y’Abatutsi bishwe mu gihe cya Jenoside batawe.
Bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza Gatolika y’u Rwanda n’abayobozi barifuza gukomeza kwigira ku mateka, nyuma yo gusura urwibutso rwa Jenoside rwa Murambi, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 13/04/2012.
Abasirikare 31 bakuru mu ngabo z’igihugu bagiye bazamurwa mu ntera zitandukanye hakurikijwe amapeti bari basanzwe bafite, nk’uko byatangajwe na Brigadien General Joseph Nzabamwita, umuvugizi w’Ingabo z’igihugu.
Umurenge wa Gatumba ukomeje igikorwa cyo gufasha abasenyewe n’umuyaga kubona aho biking. Nyuma y’uko ubahaye amahema, amwe nayo agatwarwa n’umuyaga, ubu noneho wabageneye amabati azabafasha gusana amazu yangijwe.
Abaturage n’abayobozi mu karerre ka Muhanga ku wa 13/04/2012, bibutse Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo, umuhango wabereye mu murenge wa Rugendabari, aho basabwe kuvuga amateka uko ari kugira ngo ibyabaye bitazongera.
Uwemeyinkiko Ladislas utuye mu murenge wa Murambi akarere ka Rulindo, avuga ko ibihe bya mbere ya jenoside byamugoye, kuko atabashaka gutera imbere bitewe n’uko yahoraga yigura ngo abone bwacya kabiri.
Imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ikomeza kugenda ibonwa irongera imibare y’abaguye muri iyi Jenoside, nk’uko bitangazwa na IBUKA igasaba ko hakongera hagakorwa isuzumwa.