Leta ya Zimbabwe yongeye guhakana ko idacumbikiye Umunyarwanda ukurikiranyweho icyaha cya Jenoside witwa Protais Mpiranya.
Abayobozi b’ibanze mu ntara y’Amajyaruguru baributswa ko bafite inshingano yo guteza imbere aho bayobora, bafatanya n’abayoborwa mu bikorwa bitandukanye by’iterambere.
Umugabo witwa Mvukiyehe Marc arashakishwa na polisi nyuma yo kugerageza guha abapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda ruswa y’amafaranga ibihumbi ijana kugira ngo bamureke ajyane imodoka yari atwaye irimo amagerekani arenga ijana arimo Melace ikoreshwa benga inzoga itemewe ya kanyanga.
Nyirankiranuye Serafine w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe yagwiriwe n’igiti cy’ipapayi cyari mu rugo iwabo ubwo imvura yagwaga ahita yitaba Imana ako kanya kuri uyu wa kabiri tariki 15/05/2012.
Abakuriye IBUKA mu mirenge igize akarere ka Nyabihu, basabye ko ubuyobozi bw’akarere kubishyuriza imitungo, bavuga ko imirenge n’utugari bisa n’aho byananiwe kubishyuriza.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu y’Ibirunga buremeza ko nta ngaruka ibiciro bishya byo gusura ingagi bishobora kuzagira kuri ba mukerarugendo, ubwo bizazamuka guhera mu kwezi gutaha.
Nyuma y’uko abagabo benshi bagaragarije impungenge zo kutamenya isaha nziza bashobora kuba batera akabariro, kugira ngo barusheho kunyura abagore babo, ikinyamakuru Women’s Health Magazine cyakoze ubushakashatsi kuri iki kibazo.
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryamaze kwemeza ko mu mwaka w’imikino utaha amakipe azava kuri 12 nk’uko byari bisanzwe akagera kuri 14.
Ibitero bibiri inyeshyamba za FDLR zagabye tariki 11 na 13 uku kwezi ku baturage batuye mu duce twa Lingende na Upamando duherereye muri Kivu y’Amajyepfo, byasize bihitanye abasivili bagera kuri 26 binakomeretsa abandi 16.
Umushinjacyaha w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, tariki 09/05/2012 yashyikirije urukiko icyifuzo cyo kohereza mu Rwanda imanza za Aloys Ndimbati na Charles Ryandikayo.
Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rukorera i La Haye rwashyizeho impapuro zita muri yombi Sylvestre Mudacumura uyobora umutwe wa FDLR-FOCA, ufatwa n’umutwe w’iterabwobwa n’umuryango mpuzamahanga.
Minisitiri w’Intebe, Habumuremyi Pierre Damien, kuri uyu wa kabili tariki 15 Gicurasi aratangira uruzinduko rw’iminsi ibiri mu Ntara y’Iburengerazuba.
Urugereko rwa mbere rw’iremezo mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rumaze gutangaza ko tariki 19/06/2012 ari bwo ruzasoma urubanza rwa Captaine Nizeyimana Ildephonse ufungiye Arusha muri Tanzania.
Mu mikino ya nyuma y’amajonjora mu irushanywa rihuje amakipe yabaye aya mbere ku mugabane wa Afurika, ikipe y’abagore ya Rwanda Revenue Authority (RRA) yabonye itike ya ¼ nyuma yo gutsinda ikipe ya KCB amaseti 3-1.
Abaturage, ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza hamwe n’inzego zishinzwe umutekano bafatanyirije hamwe gutwika no kumena ku mugaragaro litiro 231 za kanyanga, imifuka 15 y’inzoga zo mu bwoko bwa Vodka, ibiro 14 by’urumogi hamwe n’imifuka ibiri ya Chief Waragi.
Nsengiyumva Emmanuel utuye mu mudugudu wa Rugarama,akagari ka Cyendajuru mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye afungiye kuri sitasiyo ya poilisi ya Kirehe kubera kugurisha inka yahawe muri gahunda ya Girinka.
Ndikumana Hamad (Katauti) na Patrick Mutesa Mafisango bahamagawe mu ikipe y’abakinnyi 32 bazakina imikino wa Algeria na Benin mu gushaka itike y’igikombe cy’isi cya 2014 naho Kalisa Mao ntiyahamagawe kubera imyitozo mike.
Inama ya 26 y’umushinga Global Fund yateraniye i Geneve mu Busuwisi tariki 10-11/05/2012 yashyizeho abantu batandatu barimo Minisitiri w’Ubuzima w’u Rwanda bazahitamo uzasimbura umuyobozi mukuru wa Global Fund.
Abaturage bo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye bifashisha ibimina bagamije kugera ku mafaranga ya mituweri bageze kure begeranya ay’umwaka utaha uzatangirana n’ukwezi kwa Nyakanga 2012.
Ababyeyi b’umwana w’umukobwa umaze umwaka umwe n’amezi atandatu abonye urumuri rw’iyi si witwa Riyanna babujijwe kugenda mu ndenge ku kibuga cy’indege cya Fort Lauderdale muri Leta ya Floride nyuma y’aho abashinzwe umutekano basangiye amazina y’uyu mwana ku rutonde rw’ibyihebe.
Akanama k’Inteko Ishinga Amategeko gashinzwe gukurikirana uburenganzira bwa muntu n’ikoreshwa ry’umutungo wa Leta (PAC) kongeye gutumiza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo kamubaza ku kibazo cy’itinda ry’umushinga w’urugemero rw’amashanyarazi rwa Rukarara.
Iminota 5 y’inyongera yongewe ku mukino wahuzaga Manchester City na Queens Park Rangers (QPR) tariki 13/05/2012, yatumye Manchester City ibona ibitego 2 byatumye itwara igikombe, nyuma y’aho Manchester United zarwaniraha igikombe yizeraga kugitwara kuko yo yari yatsinze Sunderland igitego kimwe ku busa.
Nyuma yo kubyinana n’umukobwa bugacya, umuhanzi w’Umunyarwanda witwa TK uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika aherutse gushyira ahagaragara indirimbo ye nshya yise ‘I am in Love’.
Smart Motel iherereye ku Muhima mu mujyi wa Kigali yateguye amarushanywa yo kunywa inzoga mu gihe gito. Muri ayo marusanywa yabaye tariki 13/04/2012 uwitwa Jean Elysé Byiringiro ni we wegukanye igikombe agitwaye Sibomana Callixte.
Mu rwego rwo gukomeza gutegura imikino yo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014, u Rwanda rurateganya gukina umukino wa gicuti na Irak, uwo mukino ukazabera mu gihugu cya Turukiya.
Polisi yo mu karere ka Gasabo yataye muri yombi umusore witwa Mbarushimana Janvier w’imyaka 24, tariki 13/05/2012, akurikiranyweho gukoresha amafaranga y’amahimbano.
Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, ari kumwe n’abandi bayobozi batandukanye, tariki 12/05/2012, basuye bimwe mu bishanga byo mu karere ka Bugesera byibasiwe n’imyuzure ikomoka ku migezi ya Nyabugogo, Nyabarongo n’Akagera.
Imodoka itwara abagenzi yo bwoko bwa Hiace yagonze umukecuru witwa Nyirazigama ahagana saa tanu n’igice zo ku cyumweru tariki 13/5/2012 nayo ihita igwa mu mukingo. Uwo mukecuru n’umugenzi umwe mubo yari itwaye bakomeretse bikabije.
Umunsi wa 24 wa shampiyona wasigiye APR FC icyizere cyo gutwara igikombe nyuma y’uko Police FC itsindiwe kuri stade Umuganda na Marines FC 1-0 nubwo iyi igifite imikino ibiri.
Ishyirahamwe ry’imikino ngororamubiri mu Rwanda (RAF), kuri iki cyumweru tariki 13/05/2012, ryabonye ubuyobozi bushya nyuma y’amezi asaga 10 riyoborwa by’agateganyo.
Impunzi z’Abanyekongo zigera kuri 21 zari zicumbikiwe ku murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 13/05/2012 zajyanwe mu nkambi ya Nkamira iri mu karere ka Rubavu.
Mu muhango wo kwankira impamyabumenyi y’ikirenga yashyikirijwe na kaminuza ya William Penn University wabaye mu ijoro rya tariki 12/05/2012, Perezida Kagame yatangaje ko imiyoborere myiza igaragara mu Rwanda atari iy’umuntu umwe ahubwo ari umusaruro w’uruhare abantu bose babigiramo.
Abahagarariye ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani bakomeje kwishimira ibikorwa byazo n’uburyo zihagararira neza u Rwanda muri ubwo butumwa.
Imodoka ya FUSO ifite puraki RAA 554S yaguye mu mukingo ahagana mu masaa kumi n’ebyeri z’igitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 13/5/2012, maze umushoferi wayo ahita ahunga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubwishingizi (Rwanda Social Security Board) kirashaka ko imyaka y’ikiruhuko cy’izabukuru mu Rwanda yongerwa igashyirwa kuri 60.
Ababyeyi bafite abana biga mu ishuri ribanza rya Cyamburara mu kagari ka Cyamburara mu murenge wa Murundi wo mu karere ka Kayonza, baratabariza abana ba bo bavuga ko bari kudindira mu masomo kubera ko bamaze icyumweru kirenga batiga.
Irushanwa ryo kuzamura ubumenyi n’ubushobozi bw’abakinnyi b’amagare bakorera mu makipe (Ascension de milles collines) rizaba tariki 19/05/2012. Iri siganwa rizitabirwa n’amakipe yose akorera mu Rwanda n’abanyonzi basagana 30.
Umukino wa 24 wa shampiyona wagombaga guhuza Kiyovu Sport na Mukura VS tariki 12/05/2012 ntiwabaye kuko Kiyovu itabonetse ku kibuga cya Kamena kandi nta mpamvu zatumye Kiyovu itaboneka ku kibuga zamenyekanye.
Musanze FC na AS Muhanga zizakina shampiyona y’icyiro cya mbere mu mwaka w’imikino utaha, nyuma yo gutsinda amakipe zari zihanganye muri ½ cy’irangiza mu mikino yo mu cyiciro cya kabiri yabaye kuri uyu wa gatandatu tariki 12/5/2012.
Umwana w’imyaka itanu y’amavuko witwa Dieudonne Mugiraneza yagonzwe n’imodoka ahita yitaba Imana tariki 11/05/2012 mu masaha y’igicamunsi mu murenge wa Gashenyi, akarere ka Gakenke.
Ubwo abahanzi 9 basigaye mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star Season 2 biyamamazaga mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, tariki 12/05/2012, Abanyakarongi batagira ingano bagaragarije umuhanzi Jay Polly ko bamushyigikiye byimazeyo.
Ndungutse Valens wo mu kagari ka Tabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza yatewe gerenade n’abantu bataramenyekana mu ijoro rya tariki 12/05/2012 yitaba Imana.
Twahirwa Alikaab na Gasana Omar barwaniye mu mudugudu wa Akirabo mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 11/05/2012 bapfa umugore w’umupfakazi binjiye bombi.
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira zigiye kwimurirwa mu nkambi ya Kigeme iri mu karere ka Nyamagabe mu rwego rwo gukomeza kubungabunga umutekano wazo.
Minisitiri ushinzwe ubumenyi n’ikoranabuhanga mu gihugu cya Nigeria, Okon Bassey Ewa, yakiriye Ambasaderi w’u Rwanda muri icyo gihugu , Joseph Habineza, tariki 10/05/2012, amutangariza ko ashaka ko igihugu cye gishaka kubaka umubano n’u Rwanda mu bijyanye n’ikoranabuhanga.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe na Minisitiri w’Ingabo wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Alexandre Luba Tambo, basinye amasezerano y’ubufatanye mu kugarura umutekano muri Kongo.
Mu Rwanda hateraniye inama yiga ku buryo bwo gukoresha indege mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’iburasirazuba, no kureba ko ibibuga by’indege byujuje ibyangombwa mpuzamahanga.
Umugabo witwa Athnase Nangwanuwe ukomoka mu karere ka Musanze, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iherereye mu karere ka Burera, kubera gufatanwa ijerekani ya litoro 20 yuzuye Kanyanga.
Umugabo w’Umushinwa witwa YangGuanghe yakuruye imodoka yo mu bwoko bwa Mercedes ifite uburemere bwa toni 1.6, akoresheje ibigohegohe(paupieres), tariki ya 28/04/2012.
Uyu munsi tariki 13/05/2012, Umukuru w’igihugu, Perezida Paul Kagame, ashyikirizwa impamyabumenyi y’ikirenga yagenewe na kaminuza ya William Penn yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.