Mukabandora Jeannette w’imyaka 30 yatawe muri yombi azira umwana yibye abaturanyi agira ngo abeshye umugabo we ko yabyaye.
Akimana Jean Claude wo mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi akekwaho gufasha umukobwa w’umunyeshuri wo mu ishuri ryisumbuye gukuramo inda. Akimana avuga ko atamukuyemo inda ngo ahubwo yamuvuraga indwara yo kuva amaraso.
Inzego z’ibanze mu mudugudu wa Adomboshova mu gihugu cya Zimbabwe ziri gushakisha uwitwa Simon Matsvara na nyina witwa Ethel Vhangare ngo bahanirwe ko uyu Ethel Vhangare atwite inda ya kabiri yatewe n’uriya muhungu we Matsvara.
Icyegeranyo cya banki y’isi kirerekana ko Somalia itatanze ibisobanuro bikwiye ku ikoreshwa ry’imfashanyo igera kuri miliyoni 130 z’amadolari yahawe mu myaka ya 2009 na 2010.
Umuhanzikazi Buzindu Aline uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Allioni aranyomoza amakuru amaze iminsi amuvugwaho ko yaba yarasimbuye Knowless mu gukundana na Safi.
Mu muhango wo gusoza amahugurwa y’ibyumweru bibiri y’abakozi b’umuryango w’abibumbye yaberaga i Kigali, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yavuze ko u Rwanda rurajwe ishinga no gushaka amahoro aho atari.
Mu gikorwa cy’ihererekanya bubasha cyabaye tariki 03/06/2012, Ministiri ufite imikino mu nshingano ze, Mitali Protais, yasabye abahawe ubuyobozi bw’ishyirahamwe ngororamubiri (RAF) gukorana ubushake, gukorera hamwe no kurangwa n’ubuyobozi bwiza.
Umuhanzi Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman amaze iminsi arwaye indwara y’umusonga ariko ntibyamubujije kwitabira ibitaramo bya PGGSS2 byo kwiyereka abafana i Nyamagabe na Huye byabaye mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 03/06/2012.
Nyuma yo kunyagirwa na Algeria ibitego 4 ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi, umutoza w’Amavubi, Milutin Micho, yavuze ko agiye kongera gutangirira kuri zeru kugirango yongere yubake ikipe bundi bushya.
Ishuli ryisumbuye rya EAV-Mayaga riri mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ryugarijwe n’ingengabitekerezo ya Jenoside ishingiye ku bikorwa n’inyandiko zisesereza bamwe mu banyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside biga muri icyo kigo.
Gilbert Nzeyimana ucururiza i Nyarutarama mu mujyi wa Kigali ari mu maboko ya polisi azira gutera urubwa polisi y’igihugu ayibeshyera ibintu bitari byo.
Bamwe mu rubyiruko rwaretse ibiyobyabwenge bemeza ko kuva babiretse abantu basigaye babaha icyizere bakabaha akazi; ariko ngo hari bagenzi babo bakirunywa kando ngo ntibatinyuka kubabwira ngo barureke.
Abasore n’inkumi 78 biga mu mashuri anyuranye mu Ntara y’Uburasirazuba batsindiye kuzahagararira Intara y’Uburasirazuba mu irushanwa rizahuza amashuri yisumbuye yose mu Rwanda mu mikino ngororamubiri izaba mu mpera z’icyumweru kizarangita tariki 10/06/2012 mu karere ka Nyanza.
Nyuma yo gufunguza amakonti muri Equity Bank, abanyamuryango bayo barasaba ko bafungurirwa ishami kugira ngo babone aho babitsa amafaranga kuko bashaka imikoranire myiza n’iyo banki, bityo babone inguzanyo zo kwiteza imbere.
Abantu bane bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kibungo kuva kuwa gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho kwiba ipikipiki y’uwitwa Bonaventure Karuranga.
Mu nama rusange yahuje ababyeyi barerera mu ishuri St François d’Assise de Shangi, ubuyobozi bw’iki kigo bwavuze ko nyuma yo kutishimira uko abana batsinze kuko abagiye muri kaminuza ari bake n’ubwo babonye impamyabumenyi bose.
Abagize inama y’igihugu y’urubyiruko yo mu Karere ka Huye bahuriye muri kongere ya 5, tariki 02/06/2012, bigira hamwe ibyagezweho banarebera hamwe ibyo bateganya kuzakora mu minsi iri imbere.
Irushanwa Primus Guma Guma Super Star ryakomereje i Nyamagambe kuri uyu wa gatandatu tariki 02/06/2012 aho abahanzi basigaye muri irushanwa biyeretse abafana babo muri gahunda isanzwe izwi ku zina rya ‘Road Shows.’
Diane Umutesi w’imyaka 20 niwe wegukanye ikamba rya Nyampinga naho Yves Muvunyi w’imyaka 21 yegukana irya Rudasumbwa muri Kigali Institute of Management (KIM) mu matora yabaye tariki 01/06/2012 kuri Sport View Hotel.
Kwizihiza ku nshuro ya 18 umunsi wo kwibohora bizaba tariki 01/07/2012 (umunsi usanzwe wibukwaho igihe u Rwanda rwaboneye ubwigenge) mu rwego rwo kwisuzuma aho u Rwanda rugeze rukosora ibibi rwanyuzemo guhera mu mwaka wa 1962 ubwo rwabonaga Ubwigenge.
Ikipe y’u Rwanda, Amavubi, yatsinzwe na Algeria ibitego bine ku busa mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi wabereye i Blida muri Algeria ku wa gatandatu tariki 2/6/2012.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi i Kabgayi, mu karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, bahangayikishijwe n’uburyo igikorwa cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi kigenda giteshwa agaciro, kandi aha ari ahantu hafite amateka mabi yagize ingaruka mbi ku gihugu cyose.
Umusore w’imyaka 28 witwa Chadil Deffy, wo mu gihugu cya Thaïlande, yashyingiranywe n’umurambo w’uwari umukunzi we Sarinya Kamsook w’imyaka 29, witabye Imana azize impanuka y’imodoka mbere y’ibyumweru bike ngo bakore ubukwe.
Umutoza w’ikipe ya Algeria aratangaza ko nta bwoba u Rwanda rumuteye ariko yihanangirije abakinnyi be kudasuzugura Amavubi, ubwo baza gucakirana mu mukino w’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’isi, kizabera muri Brezil mu 2014 muri Brazil.
Imiryango 489 ikomoka mu gace ka Bukomerwa mu karere ka Lubero muri Kivu y’Amajyepfo, kuva mu ntangiriro z’iki cyumweru, yavuye mu byayo kubera ibyo inyeshyambo za FDLR zikorera abaye muri ako gace.
Abanyeshuri batatu biga ku ishuri ryisumbuye rya APERWA, riri mu kagali ka Nyagahinga umurenge wa Rusororo, akarere ka Gasabo, bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo kuva kuwa Gatanu tariki 01/06/2012 bakekwaho ingengabiterezo ya Jenoside.
Bayibayi agatadowa ni gahunda y’umwihariko akarere ka Ngororero katangije, aho ubuyobozi buvuga ko abaturage bakwiye kugera ku iterambere ryo kubona urumuri rutari uruturuka ku matara ya gakondo yitwa “Agatadowa” kacyishwa na petelori cyangwa mazutu.
Mminisitiri w’Ubuzima, Agnes Binagwaho, yagiriye uruzinduko mu bitaro bya Kinazi ku mugoraba wo kuwa Kane, nyuma yaho ibitaro bya Ruhango byubatse mu murenge wa Kinazi bitangiriye imirimo yabyo tariki ya 28/05/2012.
Ikibazo cy’amazi meza akiri macye mu karere ka Ngororero gikomeje kuza imbere mu biganiro byinshi bitangwa mu nama z’akarere ariko ntikibonerwe umuti, bitewe n’imterere y’akarere kagizwe ahanini n’imisozi ihanamye.
U Rwanda rwiyemeje gushyira mu bikorwa byose byabungabunga amahoro no kuyagarura aho Atari, nk’uko byemejzwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, mu gikorwa cyo gusoza amahugurwa yahuzaga abayobozi b’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, kuri uyu wa Gatanu tariki 01/06/2012.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali burimo gutegura igishushanyombonera cyo kuyoborera amazi y’imvura n’akoreshwa mu bishanga, nyuma y’uko ayo mazi agaragaje kuba yangiza byinshi birimo ibikorwaremezo n’imitungo y’abantu.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba ko umushinga wa Rukarara wo kubaka urugomero rw’amazi azajya atanga ingufu z’amashanyarazi ushyirwamo imbaraga ukarangira kuko amashanyarazi akenewe.
Fondasiyo y’Abanyamerika yitwa Cummings Fondation imaze gutanga amadorali ibihumbi 500 yo gufasha imiryango nyarwanda itishoboye mu kwiteza imbere. Iyo nkunga, Cummings Fondation iyinyuza mu ishami ryawo ryitwa Institut pour la Justice Mondiale.
Inteko Ishingamategeko, umutwe w’Abadepite irasaba Abanyarwanda kutihunza inshingano zo kwita ku bana ndetse n’abasheshe akanguhe, kuko kutabitaho bigaragara nko guta indangaciro ku muryango nyarwanda.
Umusaza Gasigwa Stratton w’imyaka 68 utuye mu mudugudu wa Bienvenu mu kagari ka Gisanga umurenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, yabonye indi miryango igiye gusezerana tariki 31/05/2012 abwira umugore we Nyiransabimana Groliose ngo akarabe vuba bajye gusezera nk’abandi.
Hari impapuro zavumbuwe ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumye (UN), zigaragaza ko mu bubiko bw’ingabo za mbere ya Jenoside harimo intwaro za misile zaturutse mu Bufaransa zishobora kuba zarakoreshejwe mu kurasa indege ya Habyarimana.
Muri shampiyona irangiye ya 2010/2011, imishahara y’abakinnyi mu bwongerza yarazamutse igera kuri miliyari 1,6 z’amapound zivuye kuri miliyoni 201; nk’uko byashyizwe ahagaraga mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo Deloitte.
Erithrea na Maroc ntibarasubiza ubutumire bwo kwitabira isiganwa ry’amagare ryitiriwe kwita izina ingagi rizaba tariki 09-10/6/2012. Ibihugu nka Kenya, Tanzaniya, Burundi, Algeria byo byamaze kwemera ubutumire.
Abantu barindwi batawe muri yombi na Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Kicukiro bakekweho kwiba imodoka yo mu bwoko bwa FUSO y’umugabo witwa Edouard Rutayisire ucururiza muri karitsiye (quartier) ya Matheus mu mujyi wa Kigali.
Urukiko rw’ibanze rwa Busasamana mu karere ka Nyanza rwanze icyifuzo cya Mukandori Odette cyasabaga ko akurikiranwaho icyaha cyo kwihekura ari hanze ya gereza kubera ikibazo cy’abana avuga ko afite akeneye kurera.
Umushinga CREDI-Rwanda wahaye Abanyagatsibo indogobe esheshatu zo kunganira abagore n’abana mu gukora imirimo y’ubwikorezi cyane cyane iyo kuvoma amazi kuko abaturage bafite amazi meza hafi muri ako karere ari 55%.
Umusore wamenyekanye ku izina rya Alain utuye ahitwa ku Rwesero mu karere ka Nyanza tariki 31/05/2012 saa saba z’ijoro yarohamye mu bwogero rusange ( piscine) bwa Dayenu Hotel yasinze ariko ku bw’amahirwe arohorwa akiri muzima.
RWANDAMOTOR Ltd yabonye uburenganzira buyemerera gucuruza imodoka zo mu bwoko bwa TATA zikorerwa mu Buhinde.
Callixte Nzabonimana wahoze ari minisitiri w’urubyiruko muri Guverinoma yiyise iy’abatabazi mu 1994 kuri uyu wa kane tariki 31/05/2012 yakatiwe igihano cyo gufungwa burundu n’urukiko mpamabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Uruganda Inyange rwatangije imashini ishyirwamo amafaranga guhera ku 100 igatanga amata; ndetse rukaba rwazanye amata ashobora kubikwa igihe kirekire n’ubwo nta cyuma gikonjesha yaba abitswemo.
Kuri uyu wa gatanu tariki 01/06/2012 kuri Sport View hazabera ibirori byo gutora Nyampinga na Rudasumbwa (Miss and Mister) bo muri kaminuza ya KIM bikaba bizatangira saa kumi n’imwe z’umugoroba.
André Munyakaragwe w’imyaka 52 wo mu karere ka Rulindo arwariye mu Bitaro Bikuru bya Nemba kuva tariki 28/05/2012 kubera inkoni yakubiswe n’umusore yatesheje agiye kwambura umusaza wari wasinze.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yamaganye uwo ari we wese washaka kubangamira ubusugire bw’akarere u Rwanda ruherereyemo yaba abatavuga rumwe n’ubutegetsi cyangwa imiryango mpuzamahanga.