Urwego rw’ubuhinzi n’urw’inganda bikomeje gutera imbere kubera impinduka zakozwe na guverinoma, biri mu bizatuma ubukungu bw’u Rwanda bwiyongera uyu mwaka kurusha umwaka ushize, nk’uko bitangazwa na Guverineri wa Banki Nkuru, Ambasader Claver Gatete.
Karla Vanessa Perez ukomoka muri Mexique ari mu bitaro aho ategerereje kubyara impanga z’abana icyenda, abakobwa batandatu n’abahungu batatu, azibaruka tariki 20/05/2012, nk’uko bitaganywa n’abaganga.
Mu Rwanda hari gukorwa ubushakashatsi bugamije kureba imbogamizi abakoresha ikoranabuhanga n’itumanaho, ndetse n’icyizere bafitiye amakompanyi acuruza iyo miyoboro ya internet na telefone.
Ababa n’abagenda mu Mujyi wa Kigali barakangurirwa kwihutira kugeza ku buyobozi n’abari mu nzego z’umutekano amakuru y’ibiteye impungenge byose babona ntacyo basuzuguye, nk’uko byemerejwe mu nama ya Komite y’umutekano y’Umujyi wa Kigali yateranye kuri uyu wa Gatanu tariki 27/04/2012.
Rayon Sport yugarijwe n’ibibazo by’ubukungu, kuri iki Cyumweru tariki 29/04/2012 kuri Stade Amahoro i Remera, iracakirana na mukeba wayo APR FC irajwe ishinga no kongera gutwara igikombe cya Shampiyona.
Emmanuel Gatorano wari ushinzwe iterambere ry’abaturage mu kagali ka Rubona, mu Karere ka Ruhango, yamaze gutoroka nyuma y’aho tariki 23/04/2012 atahuriweho ko yibye imifuka itatu y’ifumbire yari igenewe abaturage.
Perezida Kagame zitabira inama idasanzwe y’abakuru b’ibihugu bigize akarere k’Afurika y’Iburasirazuba, yiga kuguteza imbere ubufatanye mu kwihutisha ibicuruzwa bitinda mu nzira bijya mu bihugu bidakora ku Nyanja.
Abakozi bakora muri Call Center ya MTN basuye impfubyi za Jenoside mu mudugudu wo ku Nyenyeri, umurenge wa Rubengera mu karere ka Karongi babashyikiriza inkunga y’ibikoresho byo mu rugo bihwanye na miliyoni ebyiri mu gikorwa bise One Agent One Orphan.
Perezida wa FC Barcelone, Sandro Rosell yatangaje ku mugaragaro ko Tito Vilanova wari umutoza wungirije wa Guardiola ariwe wagizwe umutoza mushya wa FC Barcelone kuva uyu munsi ndetse no muri saison itaha.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyinjije amafaranga miliyari 428.4 ugereranyije na miliyari 397.3 yari yateganyije kwinjiza mu mezi 9 ashize (kuva muri Nyakanga 2011 kugeza muri Werurwe 2012). Amafaranga RRA yinjije arengaho 7% by’ayo yari yateganyije kwinjiza (…)
Urubyiruko rwibumbiye muri koperative SYCEP mu karere ka Gisagara umurenge wa Save ruratangaza ko rumaze kugera kuri byinshi rubifashijwemo n’umushinga IREX/USAID Youth for Change: Building Peace in Rwandan Communities.
Urukiko rw’ikirenga rwa Danmark rwemeje ko Umunyarwanda Emmanuel Mbarushimana uba muri icyo gihugu azaburanishwa icyaha cya Jenoside bitandukanye n’icyemezo cyari cyarafashwe n’urundi rukiko rwari rwemeje ko azaburanishwa ku byaha by’ubwicanyi gusa.
Abantu 5 bafungiye kuri polisi ya Kiramuruzi bakurikiranyweho icyaha cyo kwica Rwabukanga, umusore w’imyaka 17 wari umunyeshuri ku ishuri ryisumbuye rya Gakoni. Bamurange Afissa, umwe mu bafunze amaze kwemera icyaha nubwo hari abandi bafunganywe batarabyemera.
Minisitiri w’Intebe asanga abantu bahabwa serivisi mbi bakabyemera aribo batuma gutanga serivisi mbi bidacika mu Rwanda.
Karekezi Olivier ukinira APR FC ni uwa 43 ku rutonde rw’abakinnyi 45 b’Abanyafurika bahembwa akayabo ku isi yose, akaba uwa gatatu uhembwa menshi mu bakinira ku mugabane wa Afurika. Karekezi ahembwa amafaranga y’u Rwanda akabakaba miliyoni 45 ku mwaka.
Abanyarwanda bakorera Arusha muri Tanzaniya, tariki 26/04/2012, bifatanyije hamwe n’abandi baturage mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Pep Guardiola yaba yamaze gusezerera abakinyi be ba FC Barcelone muri iki gitondo cyo kuwa gatanu tariki 27/04/2012. Yabwiye abakinnyi ati “Bahungu banjye,ndasezeye muri Barca”.
Guverinoma y’u Rwanda irishimira umusaruro uva ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro ariko ikanenga ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo guhuza ubutaka ridakorwa neza bigatuma ibiribwa bitiyongera cyane.
Gasinzigwa Fabien yatsindiye isambu yaburanaga na Mugunga Kayitare Alexis tariki 23/03/2012 mu rukiko rwa Nyanza, ariko ngo kugeza n’ubu ntarabona uwamuhesha ibye.
Kuva yagezwa mu Rwanda, Pasteur Uwinkindi Jean yitabye bwa mbere urukiko tariki 26/04/2012 asomerwa urutonde rw’ibyaha akurikiranyweho aribyo Jenoside n’itsembatsemba nk’icyaha cyibasiye inyoko muntu.
Abantu batatu bitabye Imana abandi barakomereka bikomeye mu mpanuka y’imodoka ebyiri zagonganiye mu mudugudu wa Ruyenzi, umurenge wa Runda mu karere ka Kamonyi, ku mugoroba wa tariki 25/04/2012.
Michel Halbwachs washinze isosiyeti yitwa Data Environnement icukura gaz methane mu kiyaga cya Kivu yanze ku mugaragaro umudari w’ishimwe yahawe na Allain Juppé, minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Bufaransa kubera ko iyo minisiteri yanze kumufasha mu bikorwa bye mu Rwanda kandi yari ibishoboye.
Ubwo abakinnyi ba Rayon Sport bari barangije imyitozo, tariki 26/04/2012, ku kibuga Rayon Sport ikoreraho imyitozo giherereye ahahoze hitwa muri ETO Kicukiro bagiranye inama n’abafana mu rwego rwo kubagaragariza ibibazo bafite bikunze no gutuma batitwara neza.
Shampiyona y’icyiro cya kabiri irimo kwegereza umusozo; nyuma yo gukina imikino yo mu matsinda, ubu shampiyona igeze muri ¼ cy’irangiza, amakipe ane yazamutse muri buri tsinda akaba yaramaze kumenyekana.
Mu gihe shampiyona isigaje imikino itatu ngo igere ku musozo, Ruremesha Emmanuel wari umutoza wa La Jeunesse yeguye ku mirimo ye naho Sogonya Hamis watozaga Etincelles asezererwa kubera umusaruro mubi.
Byiringiro Augustin, wari ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Mugombwa mu karere ka Gisagara yitabye Imana tariki 26/04/2012 azize impanuka ya moto.
Nzibavuga Kaniziyo w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Nyabubare, akagari ka Kaburemera, umurenge wa Ngoma ho mu karere ka Huye, yishwe mu ijoro rishyira tariki 26/04/2012 atewe icyuma mu ijosi.
Abatuye akagari ka Karenge mu murenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma banenga cyane bamwe mu baturge baturiye irimbi rya Paruwasi riri imbere ya Economant ya Kibungo bazirika ihene muri iryo rimbi.
Minisitiri w’umuco na siporo unafite kwibuka Jenoside yakorewe Abatusti mu nshingano ze, atangaza ko gahunda yo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi itazigera ihagarara.
Abana b’impfubyi n’abapfakazi ba Jenoside bo mu murenge wa Shyorongi mu karere ka Rulindo bavuga ko mu bihe bitari ibyo kwibuka kenshi nta bantu babasura cyangwa ngo babafashe.
U Rwanda rwashyizwe mu bihugu 10 bya mbere bifite interineti yihuta ku mugabane wa Afurika ku rutonde rwakozwe n’ikigo Net Index gikurikirana kandi kigafata ibipimo ku muvuduko wa interineti n’uko igera ku bayikeneye.
Umuyobozi ushinzwe guteza imbere imiyoborere myiza mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere myiza arahamagarira abayobozi mu nzego zose gufata neza ababagana kuko kubarangarana ari ugukwihombya. Mu Rwanda habarurwa igihombo cya miliyoni 420 z’amadolari ku mwaka aterwa no kudafata abakiliya neza.
Umukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Gasana Emmanuel n’umukuru wa Polisi ya Uganda, Lt General Kale Kaihura basinye amasezerano y’imikoranire hagati ya Polisi z’ibihugu byombi nyuma y’inama yabaye kuri uyu wa kane tariki 26/04/2012 ku kicaro cya Polisi y’u Rwanda ku Kaciru mu mujyi wa Kigali.
Sakindi Alphonse w’imyaka 37 y’amavuko na Nzabarantumwe Triphonie w’imyaka 34 y’amavuko bo mu kagali ka Mucaca, umurenge wa Nemba, akarere ka Gakenke bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva tariki 24/04/2012 bazira ruswa y’amafaranga ibihumbi bitanu.
Muhayimana Jean Damascene wahoze ari umurezi ku kigo cy’amashuri yisumbuye i Mutenderi yafunzwe akekwaho kurya ruswa agatanga ishuri mu buryo bumewe n’amategeko ariko nyuma aza gufungurwa. Nyuma yo gufungurwa amaze amezi abiri atagira ikigo yigishaho.
Ikinyamakuru Slate Afrique cyashyize ahagaragara urutonde rw’abagore bavuga rikijyana ku mugabane w’Afurika babarizwa mu nzego zose kandi bagaragaje ubushobozi mu byo bakora.
Ejo kuwa gatanu tariki 27/04/2012 Minisitiri w’Intebe azagirana ibiganiro biziguye n’ababyifuza bose ubwo azaba amurikira Abanyarwanda ibyo Guverinoma ayoboye iri gukora.
Abiyemeje umwuga wo kwiba mu ngo bakomeje kwikinga imvura bakayogoza abaturage cyane cyane muri iyi minsi imvura irimo kugwa mu bice byinshi by’u Rwanda.
Igitambo cya Misa yo gusabira Irene Rwirangira, wari umubyinnyi mu itorero Inganzo Ngari, kizaba kuri uyu wa gatanu tariki 27/04/2012 kuri Centre Christus i Remera saa kumi n’imwe n’igice z’umugoroba.
Ubushakashatsi bwakozwe n’impuguke z’Ababiligi buhamya ko imyaka y’ubukure ari 24 aho kuba 18. Ku myaka 24 ngo nibwo umuntu yagombye kuboneraho uburenganzira buhabwa abantu bakuze akanirengera ingaruka z’ibyo yakoze byose.
Umugabo witwa Manirakiza Elias w’imyaka 26 wari utuye mu mudugudu wa Rwamurema mu kagari ka Rubimba umurenge wa Gahara yakuwe mu cyobo cy’amazi yapfuye tariki 25/04/2012 mu masaha ya saa moya za mu gitondo.
Umuryango w’Abahorandi ugamije iterambere (SNV) urakangurira buri wese kugira uruhare mu kubungabunga amazi no kuyagirira isuku mu rwego rwo kwirinda indwara zayakomokaho iyo ahuye n’ibiyahumanya.
APR FC ikomeje kwiyongerera amahirwe yo gutwara igikombe cya shampiyona nyuma yo gutsinda Espoir FC ibitego 2 kuri kimwe bigoranye, mu mukino w’umunsi wa 23 wabereye Rusizi tariki 25/04/2012.
Urubanza rwa Jacques Mungwarere, Umunyarwanda uba muri Canada ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, ruzatangirana n’igikorwa cyo gutoranya abazaca uru rubanza mu bantu 1200 b’inzobere bifuza kwegurirwa izi nshingano.
Niyonkuru Delphine, umukobwa w’imyaka 16 wo mu murenge wa Gasaka mu karereka Nyamagabe yafashwe, tariki 25/04/2012, yibye umwana w’umukobwa w’amezi 2 yari asanzwe arera nk’umukozi wo mu rugo.
Abagenzi bagendaga mu modoka ya Horizon Coach bari baturutse Uganda berekeza i Burundi batunguwe no kubona imodoka ifashe umuhanda werekeza Congo mu gihe bo berekezaga i Burundi.
Irekurwa rya Jean Damascene Biramahire w’imyaka 25 na Nkurunziza Vincent bo mu murenge wa Rukira mu karere ka Ngoma ,bari bafunzwe bazira kwica inka bazikase amara ryateje umwuka mubi hagati yuwapfushije inka nabo bafunguwe.
Umurambo w’umwana w’umuhungu w’imyaka 17 wigaga mu mwaka wa Kabiri w’amashuri yisumbuye watoraguwe mu mufuka, nyuma y’uko yari yaraye yishwe n’abantu bataramenyekana mu ijoro ryo kuwa Kabiri tariki 24/04/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko ubugizi bwa nabi bwakorewe umukecuru witwa Uzabakiriho Speciose bufitanye isano no kwibasira uwarokotse jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Ubutebera wasuye akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa Gatatu, mu ntara y’uburengerazuba, yasabye abagatuye kugira uruhare mu guteza imbere no gushyigikira ubutabera bwunga, mu rwego rwo gushyigikira inzego z’abunzi.