Karambizi Vincent na Niyonzima Ephrem tariki 09/07/2014 bafatiwe mu murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera bafite amakaziye y’inzoga za Amstel Bock nini n’into zifite agaciro k’amafaranga angana n’ibihumbi 245.
Mu minsi ya vuba i Kigali haraba hari laboratwari ihanitse ishinzwe kugenzura ibimenyetso yifashishije siyansi ihanitse (Forensic Laboratory), bikazongerera ingufu inzego za Polisi n’iz’umutekano mu gutahura ibimenyetso bitari byoroshye kubona kubera nta bushobozi bwari buhari.
Nyuma yaho Gereza ya Muhanga na Rubavu byibasiwe n’inkongi y’umuriro, mu karere ka Rusizi kuri uyu wa 09/07/2014 bazindukiye muri gereza ya Cyangugu bashakisha ikintu cyose gishobora guteza impanuka y’inkongi y’umuriro.
Sosiyete ya MTN yashyiriyeho abakiriya bayo bakoresha imbuga nkoranyambaga nka WhatsApp, Twitter na Facebook uburyo bwo kwisanzura bakoresheje amafaranga atarengeje igiceri cya 50 ku munsi.
Abanyeshuri biga mu ishuri rya GS. Gahurire ho mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma, bemeza ko bamaze kubona ibyiza bya gahunda iherutse gutangizwa yo kurira ku mashuri saa sita bagakomeza amasomo yabo aho gutaha saa munani batariye nka mbere.
Agace k’ubucuruzi mu mujyi wa Kigali rwagati kazwi ku izina rya “quartier Matheus” kafashwe n’inkongi y’umuriro ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 09/07/2014.
Nyuma y’aho abaturage bo mu karere ka Nyabihu bakanguriwe kubungabunga ibidukikije hagashyirwaho za karabu (clubs) z’ibidukikije mu nzego z’ibanze ndetse na komisiyo ishinzwe gusuzuma uko ibidukikije bibungabunzwe ku rwego rw’akarere, imbuto z’ibikorwa mu kubungabunga ibidukikije zikomeje kugaragara.
Abanyarwanda basaga 300 bitabiriye icyiciro cya mbere cyo gutoranya abantu babiri bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rya “Big Brother Africa” rigaragaza imibanire y’abantu batandukanye kandi benshi mu nzu imwe.
Niyomubyeyi Claire w’imyaka 22 y’amavuko, yitabye Imana tariki ya 07/07/2014 mu bitaro bya Butare, nyuma yo gutwikwa na Kanyanga akabanza kubiceceka.
Kuva tariki ya 08/07/2014, akarere ka Nyamagabe kari kujyenda hirya no hino mu mirenge gasuzuma uko yashyize mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2013-2014, kakanifatanya n’abaturage kwishimira bimwe mu bagezweho mu mihigo mu mirenge.
Inama nkuru y’Urugaga rw’Abikorera (PSF) mu Ntara y’Iburasirazuba, yateranye tariki ya 8/07/2014 mu karere ka Rwamagana, yasabye ko abikorera barushaho kuba inkingi ikomeye mu kubaka iterambere u Rwanda rwifuza kugeraho, bibahereyeho ubwabo.
Kayinamura Francis wo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza avuga ko yishimira kuba izina yise agace atuyemo ryahamye kugeza n’ubu rikaba rikoreshwa mu nzego z’ubuyobozi.
Nshimiyimana Eric wahoze atoza ikipe y’u Rwanda Amavubi, yamaze kuba umutoza mukuru wa Kiyovu Sport, ndetse nyuma yo kwemera gusinya amasezerano y’umwaka umwe, yatangiye gukoresha imyitozo abakinnyi b’iyo kipe yiyemeje kuzakinisha abakinnyi bakiri batoya muri shampiyona itaha.
Abasheshe akanguhe bari kiruhuko cy’izabukuru (pension) bo mu karere ka Ruhango, baravuga ko batarumva inyungu bazabona mu muryango nyarwanda wa bari muri pension kuko babona nta buvugizi bakorerwa nk’imwe mu ntego zatumye uyu muryango ubaho.
Umugezi wa Nyabuvomo utandukanya akagari ka Kabagesera ko mu murenge wa Runda n’aka Murehe ko mu murenge wa Rukoma. Abaturage b’utwo tugari bamaze igihe kirekire bagorwa no kwambuka uwo mugezi kuko nta kiraro cyariho.
Nyuma y’uko abatuye Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo bashyiriye ingufu mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza bifashishije ibimina, ubu barahamya ko batakivunika cyangwa ngo bacyererwe muri iyi gahunda.
Abanyarwanda 37 batahutse bavuye muri Repuburika iharanira demokarasi ya Congo kuri uyu wa kabiri tariki ya 08/07/2014 bavuga ko batinze gutahuka kubera amakuru y’ibihuha babwibwa na bagenzi babo ko abatahutse ngo bafungwa cyangwa bagakorerwa ubundi bugizi bwa nabi ibyo ngo bikaba bihejeje binshi muri Congo bibwira ko ari ukuri.
Ishyirahamwe ry’imikino Olympique mu Rwanda (RNOC) ryashyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 21 bakina imikino itandukanye bazitabira imikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth Games), izabera i Glasgow muri Ecosse kuva tariki 23/7/2014.
Ikipe y’Ubudage yabonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma w’igikombe cy’isi, ubwo yari imaze kwandagaza Brazil ikayitsinda ibitego 7-1 mu mukino wa ½ cy’irangiza wabaye kuri uyu wa kabiri tariki ya 8/7/2014.
Nyuma y’uko inkongi y’umuriro yibasiye gereza ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu abantu batanu bakitaba Imana naho 64 bakajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Gisenyi, Minisitere yo gucunga Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yateguye ubufasha bwo gusimbuza ibyangiritse bifite agaciro kari hagati ya miliyoni 160 na 200.
Ikigo cy’igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) cyatangiye kumurikira intara n’uturere ibyavuye mu ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire rya kane ryabaye mu mwaka wa 2012. Iki gikorwa cyatangiriye mu ntara y’amajyaruguru kuri uyu wa kabiri tariki 08/07/2014.
Abanyamahanga baturutse mu bihugu bya Afurika ndetse n’Uburayi basuye abikorera mu by’ubuhinzi ndetse n’ubworozi bo mu karere ka Gicumbi babigize umwuga ndetse banabigiraho uburyo bwo kwagura ubworozi mu bihugu byabo.
Kuri iyi sabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye, abaturage b’akarere ka Ngororero barivuga ibigwi by’intambwe bamaze gutera mu bukungu, aho bavuga ko kwibohora bizamura mu bukungu ari inyiturano nziza ku barwaniriye igihugu ndetse bamwe bakahasiga ubuzima abandi bakahamugarira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyagaragarije abacuruzi bo mu turere twa Nyanza na Ruhango ko bimwe mu bibatera igihombo hazamo no kutamenya amategeko agenga umwuga wabo w’ubucuruzi.
Nyuma y’uko abahinzi bo mu kagari ka Ruli, umurenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga bagaragaje ikibazo cy’amafuku yangiza ibijumba n’imyumbati bahinga, ikigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) kivuga ko nta wundi muti wo guhangana n’amafuku uretse kuyatega.
Ntibisanzwe ko abantu bavukana bashobora gukundana bagashimana bakageza ubwo bafata icyemezo cyo gugashakana nk’umugore n’umugabo; amategeko y’u Rwanda ntabyemera kuko avuga ko abashakana bagomba kuba nibura badahuje amasano kugera ku gisekuru cya karindwi.
Imisuzumire y’imihigo y’uturere yarahindutse kuko ubu yeguriwe ikigo cy’igenga gikora ubugenzuzi n’ubusahakashatsi bwimbitse ku mibereho y’abaturage (IPAR) kandi abaturage nabo bari guhabwa ijambo babasanze aho batuye bakavuga uko babona ibikorwa bagejejweho n’ubuyobozi bwabo.
Ahitwa mu Rushakamba mu mujyi rwagati w’akarere ka Rusizi hafatwa nk’indiri y’abajura, kuko iyo umujura ashikuje umuturage amafaranga cyangwa ikindi kintu ariruka akaruhukira mu Rushakamba abaturage bagatinya kumusangayo kuko abajura bahabakubitira.
Amashami y’umuryango w’abibumbye (UN) akorera mu Rwanda, yahaye Leta inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari ya Amerika ni ukuvuga asaga miliyari 19 z’amafaranga y’u Rwanda yo gutanga ubumenyi bwashoboza urubyiruko n’abagore kwihangira imishinga cyangwa guteza imbere iyo bafite.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994 mu karere ka Nyabihu, barishimira cyane uburyo urwibutso rw’Akarere ka Nyabihu rukomeje kuvugururwa hakemurwa ikibazo rwari rufite. Bakaba bavuga ko ari igikorwa gishimishije cyane kandi ari gusubiza agaciro ababo babuze.
Sosiyete ikora ibijyanye n’ikoranabuhanga ya CYUDA Ltd. yakoze ingagi ikoze mu buryo bwa robot ngo izifashishwa mu kuvugurura imitangire ya serivisi mu Rwanda.
Abari bagize urwego rwa “Local defense force” mu karere ka Nyamagabe baributswa ko n’ubwo uru rwego rwavuyeho abari barugize bagifite inshingano zo kubungabunga umutekano w’igihugu cyabo nk’Abanyarwanda.
Umunyamuziki Shakira Isabel Mebarak Ripoll uzwi ku izina rya Shakira, ni umwe mu bazaririmba mu birori byo gusoza igikombe cy’isi kirimo kubera mu gihugu cya Brazil tariki 13/07/2014.
Mu gihe icyegeranyo cyakozwe n’itsinda ry’ingabo za EJVM zoherejwe n’ihuriro mpuzamahanga ry’akarere k’ibiyaga bigari ICGLR kigaragaza ko agasozi ka Kanyesheja 2 mu karere ka Rubavu kari ku butaka bwa Kongo bamwe mu baturage bo mu murenge wa Busasamana akagari ka Rusura umudugudu wa Cyamabuye bafite imirima kuri aka gasozi (...)
Bamwe mu bacukuzi b’amabuye y’agaciro bakorera muri koperative KOMIKAGI mu karere ka Gakenke barishimira ko uburyo bacukuramo amabuye y’agaciro bimaze kubateza imbere bitandukanye na mbere ubwo bucukuzi bwakorwaga mu buryo bw’akajagari hakaboneka umusaruro udashimishije.
Abaturage bo mu karere ka Gisagara baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera, aho basigaye bakemurirwa ibibazo badasiragijwe cyangwa ngo hakore ikimenyane na ruswa.
Abapolisi bakuru bo mu ishuri rikuru rya polisi riherereye mu karere ka Musanze baturuka mu bihugu icyenda byo ku mugabane wa Afurika, basuye ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) mu rwego rwo kwigira mu miyoborere myiza mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera butangaza ko nyuma y’imyaka ibiri gusa batangije serivisi yo kuvura kanseri hagiye hagaragara abantu batandukanye barwaye kanseri ngo kuburyo kuri ubu bari kuvura abarwayi barenga 2000.
Mukabarinda Marie Paul, umugore wo mu karere ka Nyamagabe, aratangaza ko nyuma y’uko u Rwanda rubohowe abagore bagahabwa ijambo byamuhaye urubuga rwo gukora akiteza imbere, akaba amaze kugera ku ntera ishimishije atari kugeraho iyo rutabohorwa.
Abantu bane bitabye Imana abandi barenga 60 bajyanwa kwa muganga biturutse ku mpanuka y’inkongi y’umuriro wibasiye amazu abiri mu mazu atatu agize gereza ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu ku mugoroba wa tariki 07/07/2014.
Nyuma y’amezi abiri bigaragaye ko mu karere ka Rusizi hari abana 426 batewe izonda zitateguwe, hamaze kugaragara abandi bana 6 b’abanyeshuri batewe inda nazo zitateguwe.
Umuhinzi mworozi Nzigira Pascal wo mu murenge wa Juru mu karere ka Bugesera ashishikariza abandi baturage guhinga urutoki avuga ko yatangiye ahingira abandi none kuri ubu akoresha abakozi 34 mu rutoki, akinjiza amafaranga asaga ibihumbi 500 buri kwezi.
Abatishoboye bakomoka mu miryango y’abahoze ari abakozi b’amakomine bakaza kwicwa mu gihe cya cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka 1994, bagiye kujya bafashwa by’umwihariko buri mwaka mu bihe byo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubunyamabanga bw’umuryango w’ubukungu bw’ibihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) butangaza ko ikibazo cy’amaviza yakwa Abanyarwanda bajya mu gihugu cya Kongo kandi bari muri CEPGL kizaganirwaho n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu bigize CEPGL mu nama iri gutegurwa.
Iyo ugeze hagati mu ishyamba rya Nyungwe ugera ahantu hari icyapa kivuga ngo ku Uw’inka, iyo ukomeje ukinjira mu ishyamba uhasanga hoteri nziza ukahasanga ba mukerarugendo benshi bagana ku rutindo runini ruzwi ku izina rya canopy, ndetse bamwe bakahaca bajya gusura ibisimba bitandukanye bigize urusobe rw’ibinyabuzima (...)
Nyuma yo gutuzwa mu mirenge itandukanye igize akarere ka Kamonyi, imiryango 20 yirukanywe n’igihugu cya Tanzaniya mu mwaka wa 2013, irishimira uburyo yakiriwe n’abaturage ndetse n’abayobozi bo mu mirenge batujwemo.
Mu gihe abaturage basabwa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014 hari amafaranga agera kuri miliyoni 14 yatanzwe n’abaturage ariko yariwe n’abayobozi b’ibimina bari bashinzwe kuyageza ku makonti ya za mituweli.
Abanyamuryango ba koperative y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rurenge akarere ka Ngoma, barashima iterambere bamaze kwigezaho ndetse nuko abaturage bashinzwe bamaze guhindura byinshi mu myumvire ngo bagire ubuzima buzira indwara.
Mu birori byo kwizihiza ku nshuro ya 20 umunsi wo kwibohoza byabereye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera, umuyobozi w’akarere Rwagaju Louis yasabye abaturage gushyira imbaraga mu gukorera hamwe, kugira ngo bagere ku iterambere rirambye.