Bamwe mu bacuruzi bo mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe n’uburyo urukiko rw’ubucuruzi rukemura ibibazo mu rwego rwarwo rw’ibanze n’urwisumbuye, aho ngo umucamanza aba ari umwe rukumbi, ibi ngo bikaba bishobora kumutera kubogama.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Byimana, Abdallah Munyemana, aravuga ko bibabaje cyane kubona abantu bari bashinzwe gukiza ubuzima bw’abantu barabaye abambere mu kubusonga, agasaba ko umuganga wese wagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 akwiye kujya ahabwa ibihano biruta iby’abandi bayikoze.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yibukije abasirikare bakuru biga mu Ishuri Rikuru ry’Ingabo z’u Rwanda ko bafite inshingano zo kugarura amahoro muri Afurika.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bibumbiye mu mashyirahamwe atubura imigano ndetse akanayibyaza umusaruro, batangaza ko icyo gihingwa cyatumye bikura mu bukene ubu bakaba bagana iterambere.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’imyuga rya VTC Vunga riri mu Murenge wa Mbuye, Akarere ka Ruhango, burashimangira ko bwishimira ko bwashyiriweho amatora y’abakozi bahagagariye abandi, kuko ari izindi mbaraga bungutse zizabafasha mu kunoza neza akazi kabo.
Umuryango wa Nyirafurere Azera utuye mu Kagari ka Karengera mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke uvuga ko wasenyewe inzu n’ubuyobozi ndetse n’abakoraga umuhanda wa kaburimbo uva Nyamasheke ugana i Karongi, umwaka ukaba ugiye gushira bategereje ingurane bijejwe amaso agahera mu kirere.
Muri Kaminuza yigenga ya “Rusizi International University” haravugwamo kutumvikana hagati y’abanyamigabane b’iyo Kaminuza ari bo ba Nyirayo n’umuyobozi bari barashyizeho witwa Dr. Gahutu Pascal.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Claver Gatete, aratangaza ko Banki y’Isi ariwe muterankunga uyoboye abandi mu gufasha u Rwanda kugera ku iterambere rirambye.
Ikipe y’abakobwa y’umukino w’intoki wa Handball izwi ku izina rya Gorillas Handball Club yamaze gusezera muri Shampiona y’umwaka wa 2015 nyuma y’aho igiye gushyira imbaraga mu kuzamura impano z’abakiri bato by’umwihariko mu bakobwa.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira Iterambere ry’Abatuye Nyabimata (Association pour le development de Nyabimata, ADENYA) mu Karere ka Nyaruguru, buratangaza ko hari umuzungu waturutse mu gihugu cy’Ubudage ngo witwa Ingo Kochendörfer Giersemehl akabafungira urugomero rw’amashanyarazi akoresheje imibare y’ibanga (Code) batazi, (…)
Umunyamategeko muri Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenodie CNLG, Ndahigwa Jean Louis, avuga ko hakiri abantu banga gutanga amakuru kuri Jenoside yakorewe abatutsi muri mata 1994 kubera gutinya bagenzi babo.
Aborozi bo mu Mudugudu w’Akayange ka 2, Akagari ka Nyamirama, Umurenge wa Karangazi wo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko indwara y’uburenge iheruka kugaragara muri aka gace izanwa n’imbogo zikiri mu nzuri zabo.
Abaturage n’abikorera bo mu Mujyi wa Musanze, kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Gicurasi 2015, bamurikiwe imodoka nini izifashishwa mu guhangana n’inkongi z’umuriro izwi nka “kizimyamwoto”.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Uburengerazuba, Jabo Paul arasaba abaturage gushyira umutima wabo ku buhinzi bwa Kawa bazikorera kandi bazisasira, ku buryo bishobora kubateza imbere ndetse bikaba byabatunga byonyine.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB), ambasaderi George William Kayonga avuga ko kubarura ibiti bya Kawa biri mu gihugu bizateza imbere abahinzi bayo, ndetse n’igihugu muri rusange.
Ibiro bishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire (GMO) biratangaza ko bishima ingabo z’igihugu uburyo zishyira ingufu mu guhangana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina mu Rwanda n’ahandi zibungabunga amahoro ku isi.
Umuyobozi wa Banki y’Isi, Sri Mulyani uri mu ruzinduko mu Rwanda, yashimye ko inkunga bageneye u Rwanda mu mishinga y’ubuhinzi no gusubiza mu buzima abahoze ku rugero yabafashije kwiteza imbere.
Umukozi w’Umurenge wa Cyanika ushinzwe ubworozi, Ndagijimana Jean Baptiste, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gahunga iri mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Burera, akekwaho gukubita umugore we bikamuviramo urupfu.
Mu gihe abaperezida b’ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba EAC, East Africa Community bari mu nama idasanzwe ya 13 yo kwiga ku bibazo by’umutekano w’u Burundi mu mujyi wa Dar-Es-Saalam muri Tanzaniya ku gicamunsi cyo kuwa 13 Gicurasi 2015, igisirikare cy’u Burundi cyo cyahise gitangaza ko gihiritse ubutegetsi.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu, Tihabyona Jean de Dieu, ari mu maboko ya Polisi kuva ku mugoroba wo ku wa 12 Gicurasi 2015 ariko impamvu y’ifungwa rye ntiramenyekana.
Umukinnyi w’imikino ngororamubiri mu Rwanda Kajuga Robert aratangaza ko yamaze gukira ku buryo ubu yiteguye kwitabira imikino ya Marathon mpuzamahanga y’amahoro izabera mu Rwanda taliki 24 Gicurasi 2015.
Prof Ngorwanubusa Juvenal, Umwarimu w’ubuvanganzo muri Kaminuza y’ Uburundi na Kaminuza y’u Rwanda, akaba n’umwanditsi ku buvanganzo no ku mateka cyane cyane y’ igihugu avukamo cy’Uburundi, atangaza ko igitabo kitagirwa cyiza n’ururimi cyanditsemo.
Nyuma y’imvura imaze iminsi igwa, amateme yo mu muhanda Ruhango-Kinazi yatangiye kwangirika ku buryo bibuza abawukoresha bari mu modoka kugenda.
Umuturage witwa Emelita Uzamukunda wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Gicurasi 2015 ngo yaturukiweho n’igisasu cyo mu bwoko bwa geranade (stick) ubwo yararimo guhinga gusa ku bw’amahirwe ntibyamukomeretsa
Umusore witwa Hakizimana Jean w’imyaka 28 y’amavuko uvuga ko akomoka mu Karere ka Muhanga mu Murenge Nyamabuye ari mu maboko ya Polisi kuva kuri uyu wa 11 Gicurasi 2015 nyuma ngo yo kugubwa gitumo na Polisi y’Igihugu akorera undi mu ikizamini cy’uruhushya rwo gutwara ibinyabizika.
Mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Kiramuruzi, mu Kagari ka Gakenke, Umudugudu wa Akamasine, mu ijoro ryo ku wa mbere rishyira ku wa kabiri tariki ya 12 Gicurasi 2015 ahagana mu saa sita n’igice z’ijoro, umugabo witwa Twagirimana Muzehe bakunze kwita Murasi w’imyaka 31 y’amavuko yarashwe n’umupolisi ahita yitaba Imana.
Umugore witwa Icyitegetse Fortunée w’imyaka 56 y’amavuko wari utuye mu Kagari ka Shyira mu Murenge wa Busoro mu Karere ka Nyanza, yaketsweho gucuragura mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015 maze arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.
Ubukene no kuba bamwe mu babyeyi cyangwa abanyeshuri batarumva neza akamaro ka gahunda yo gufatira amafunguro ya saa sita ku ishuri ku bana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 n’ubw’imyaka 12 (9YBE na 12YBE) ngo n’imbogamizi zikomeye zituma iyi gahunda itagenda neza.
Ikorwa ry’umuhanda uherereye mu gace k’Umujyi wa Byumba kitwa Gashirwe ryatumye insinga z’amashanyarazi zari mu butaka hamwe n’ibitembo bijyana amazi byangirika maze umuriro n’amazi birabura.
Uwimana Claudine w’imyaka 25 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza akekwaho gukubita Umwana w’umuhungu w’imyaka itandatu uvuka mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza yari abereye Mukase amuziza kwiba ubunyobwa mu murima wa se wabo witwa Niyomugabo bikamuviramo urupfu.
Umukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona wagombaga guhuza ikipe ya APR Fc n’Isonga Fc kuri uyu wa kane wamaze kwimurirwa kuri uyu wa gatanu ,ndetse n’ikipe ya APR Fc yabasha kunganya cyangwa gutsinda ikazahita ihabwa igikombe nyuma y’umukino
Umuhanzi Bruce Itangishaka uzwi ku izina rya Bruce Melody arahakana amakuru ari kuvugwa ko umukunzi we yaba yibarutse, ndetse anakomeza ahakana ko baba babana nk’umugore n’umugabo.
Umulisa Claire, umugore w’imyaka 34 y’amavuko, utuye mu Mudugudu wa Kabuga, Akagari ka Rukina, Umurenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango, agiye kumara imyaka 7 akora akazi ko kotsa inyama z’ihene (Gucoma), nyuma yo kubona ko ababimukoreraga babikoraga nabi bikamutera ibihombo.
Mu gihe abaturage bo mu tugari twa Sheri na Bihembe tw’Umurenge wa Rugarika ngo bagorwaga no kubona serivisi z’ubuvuzi kuko nta kigo nderabuzima cyari hafi yabo ; barishimira ko abafatanyabikorwa b’Abanyakoreya babubakiye ivuriro rito (Poste de Sante) ribafasha kwivuriza hafi, ariko bagasaba ko ryakora no mu masaha ya nijoro (…)
Nyirampogoza Donathile, ni umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Muhe, Akagari ka Ruhengeri mu Murenge wa Muhoza mu gace k’Umujyi wa Musanze kazwi nko mu Kizungu kubera amagorofa n’amazu meza atagerakeranye abamo imiryango yifite yo mu Mujyi wa Musanze.
Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu Murenge wa Cyahinda mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bifuza ko ingingo ya 101 mu itegeko nshinga rya Repubulika y’u Rwanda yavugururwa, maze bakabasha kongera kwitorera Perezida, Paul Kagame nk’umukuru w’igihugu, kandi ko ngo bazakomeza kumutora igihe cyose azaba agihumeka.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA) iratangaza ko iteganya ko umwaka w’ingengo y’imari wa 2015/2016 uzarangira umubare w’Abanyarwanda bagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi uvuye kuri 23% ukagera kuri 40%.
Abaturage bakorana na Koperative yo kubitsa no kugurizanya (Sacco) mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza bavuga ko yababereye nk’ikiraro kibambutsa ubukene kibaganisha ku iterambere, kuko kuva batangiye gukorana na yo bagiye batera imbere ku buryo bugaragara.
Subuga Gasunzu w’imyaka 25 afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe akekwaho icyaha cyo kwiba ihene y’umuturanyi we, mu ijoro rishyira ku wa 12 Gicurasi 2015.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arasaba abagabo bo muri ako karere gucika ku ngeso yo gukubita abagore babo ngo kuko uzongera gufatwa akubita umugore we azajya ajyanwa mu bigo ngorora muco (Transit Center).
Abakozi birukanywe ku mavuriro yo mu Karere ka Rutsiro baribaza impamvu badasubwizwa mu kazi kandi haratanzwe amabwiriza yo kubasubiza mo, amavuriro akavuga ko nta gahunda bafite yo kubasubiza mo kubera amikoro make.
Abasirikare bavuye ku rugerero bibumbiye muri Koperative COPIBU ikora isuku mu Mujyi wa Gisenyi bashyikirije inka ebyiri abacitse ku icumu batishoboye mu Kagari ka Mbugangari ho mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu.
Bamwe mu borozi bo mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubworozi bwa gakondo bukiri imbogamizi ku iterambere ry’ababukora.
Ububiko bw’imifariso (matelas) y’uruganda rwitwa AFRIFOAM buri i Karuruma mu Murenge wa Gatsata, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali bwafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa tanu z’amanywa ku wa kabiri tariki 12 Gicurasi 2015.
Umugabo witwa Tuyisenge Anatole w’imyaka 30 y’amavuko, yaguye mu gico cy’abagizi ba nabi baramutemagura bamusiga ari intere.
Abanyamuryango 350 ba koperatve ihinga ibigori mu Murenge wa Murama(KOREMU) mu Karere ka Ngoma bavuga ko bakurikije iterambere n’umutekano Perezida Paul Kagame agejeje ku Banyarwanda bose, nyuma ya Jenoside,kutavugurura ingingo imubuza izindi mandat byadindiza iteramebere.
Kuri uyu wa kane ku bibuga bitandukanye bya hano mu Rwanda haraba hakinirwa imikino ibanziriza umunsi wa nyuma wa Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’Amaguru, aho ikipe ya APR Fc ya mbere ku rutonde rw’agateganyo irasabwa inota rimwe kugira ngo yegukane igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka
Dativa Yambabariye, umugore w’imyaka 32 y’amavuko wo Mudugudu wa Nkurubuye, mu Kagari ka Gakanka ho mu Murenge wa Kibumbwe mu Karere ka Nyamagabe ari mu maboko ya Polisi ikorera muri ako karere ashinjwa kubyara umwana akamuniga akamuta mu musarane.