Abantu batatu bapfuye bagwiriwe n’igisenge cy’urusengero rw’Abadiventisiti b’umunsi wa Karindwi ruherereye mu Mudugudu wa Cyahafi, Akagari ka Kabuye, Umurenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera.
Umuhanzi Bruce Melodie noneho yemeye ko tariki 12 Gicurasi 2015 yabyaye umwana w’umukobwa.
Dr Nsabimana Damien, Umuyobozi w’Ibitaro bya Kibogora, asanga ari ngo agahomamunwa kubona umuganga agambanira abarwayi akwiye kuba aha ubuzima akarenga akabica kandi ubundi yarize gutanga ubuzima no gukumira urupfu.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora biri mu Karere ka Nyamasheke, Dr Nsabimana Damien avuga ko gufasha no kwita ku barokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994 batishoboye ari ngombwa kandi bikaba inshingano ya buri mu nyarwanda wese, niba igihugu cyifuza gukomeza gukataza mu iterambere kigezeho.
Umubyeyi w’imyaka 50 witwa Kabaraza Spéciose wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze yishimiye inkunga yagenewe n’umuryango w’urubyiruko, Rwanda Young Generation Forum (RYGF) kuko bimwereka ko atari wenyine.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier, arasaba urubyiruko rukoresha ibiyobyabwenge kubireka kuko bishobora kuba ari inzira umwanzi yahisemo yo kwangiza imbaraga z’igihugu.
Minisitiri w’Ingabo z’Igihugu, Gen. James Kabarebe asanga ikibazo cy’imvururu za politiki ziba imbere mu gihugu zikagira ingaruka ku bihugu bituranye cyakemuka ari uko imitwe yo kubungabunga no kugarura amahoro mu karere ihawe ubushobozi bukwiye bwo guhanga n’ibyo bibazo.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Francis Kaboneka avuga ko ari intsinzi kuba hari abafata umwanya bakibuka imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe abatutsi, kuko abayiteguye batifuzaga ko hazasigara n’uwo kubara inkuru.
Umugabo witwa Hakizimana Jean Paul w’imyaka 29 y’amavuko, utuye mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kiramuruzi akekwaho kwica umwana yibyariye witwa Habineza Eugène w’imyaka 5 amuciye umutwe.
Ku wa 15 Gicurasi 2015, mu Mudugudu wa Gakirage, Akagari ka Gakirage, Umurenge wa Nyagatare wo mu Karere ka Nyagatare, abanyamuryango b’ihuriro ry’amakoperative y’abahinzi b’umuceri mu kibaya cy’umugezi w’umuvumba (UCORIVAM) bakoze urugendo rwo kwamagana icuruzwa ry’abana b’abakobwa n’imirimo ivunanye ikoreshwa abana.
Kabarame Uzamukunda Egidie uri mu kigero cy’imyaka 23, ngo yabwiwe n’umubyeyi wamureze ko yamutoraguye mu mirambo y’abatutsi bari bamaze kwicirwa ku iteme rya Kayumbu mu Murenge wa Musambira, ariko akibaza impamvu akomeje kubaho nabi kandi yagafashijwe nk’uwarokotse Jenoside yakorewe abatutsi.
Marina Willemsen utuye ahitwa Schilde ho mu Ntara ya Anvers, mu Bubiligi, yamenye ko yitwa umugabo ku myaka 70 agiye gukora ubukwe. Ubu bukwe yari agiye kubugirana n’umugabo bamaranye imyaka 38, ku wa gatanu tariki ya 8 Gicurasi 2015.
Abakozi b’ikigo cyitwa Stone Service Ltd bahonda amabuye yo kubakisha mu kirombe kiri mu Kagari ka Kamatamu, Umurenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo; barataka ko bakora umurimo uvunanye utajyanye n’igihembo bahabwa, ndetse ngo bakaba nta bwishingizi n’ibibarinda impanuka bahabwa.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu y’urubyiruko (NYC) hamwe n’abakozi ba Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT), tariki ya 15 Gicurasi 2015 bafashe mu mugongo imfubyi za Jenoside zibana mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu.
Ku wa 16 Gicurasi 2015, Ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga mu ishami ry’ubuganga muri Kaminuza y’U Rwanda (MEDSAR), ryasuye urwibutso rwa Murambi abanyeshuri 80 babasha gusobanukirwa no kwigira byinshi ku mateka ya Jenoside yakorewe abatutsi mu w’1994.
Ba rwiyemezamirimo n’abakozi barebwa n’amasoko ya Leta bo mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, basobanuriwe itegeko rishya rigenga ayo masoko, mu rwego rwo gukumira ibibazo bya hato na hato bishobora kuvuka iyo hatabayeho kuyubahiriza.
Abakozi b’akarere ka Nyamasheke basabwe n’ubuyobozi bwabo kurangwa n’ishyaka mu kazi kabo, bafashanya muri byose kugira ngo bazagere ku ntego bihaye mu kwesa imihigo abaturage babategerejeho.
Abaturage n’abayobozi b’inzego z’ibanze mu karere ka Ngororero ntibemera kimwe akamaro k’igihano cy’amafaranga baca abafatiwe mu cyaha cy’ubuharike, bavuga ko kitabasha kugabanya kubugabanya ahubwo bagasaba ko hashyirwa imbataga mu bukangurambaga.
Mu gihe ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yitegura umukino uzayihuza n’ikipe Uganda y’abatarengeje imyaka 23 kuri uyu wa gatandatu taliki ya 23 Gicurasi 2015,umutoza Johnny McKinstry yamaze guhamagara abakinnyi 25 batangira imyitozo kuri uyu wa mbere
Abashoramari umunani bo mu Ntara ya Manisa yo muri Turukiya bishimiye iterambere n’amahirwe mu ishoramari bigaragara mu Ntara y’Iburasirazuba, by’umwihariko mu buhinzi n’ubworozi ngo ku buryo byabahaye icyizere cyo kuzahashora imari yabo.
Mu kwibuka kuncuro ya 21 urubyiruko rwo mu karere ka Rusizi rwishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwasabwe kwirebera mu indorerwamo y’Ubunyarwanda kuko aribyo byatuma batagwa mu mutego w’amacakubiri yasenye igihugu atuma habaho na Jenoside.
Abantu babiri bitabye Imana undi umwe akomeje kuburirwa irengero nyuma yo kurohama mu mugezi wa Nyabarongo, igice giherereye mu Murenge wa Kibangu, mu Kagari ka Gitega, Umudugudu wa Gasarara.
Abatuye mu kagari ka Rugendabari mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, bavuga ko kuba badafite ikigo nderabuzima hafi bibangamira ababyeyi bitegura kubyara kuko bituma bakora urugendo rurerure bashaka ivuriro.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abayobozi b’uturere n’abafatanyabikorwa mu bikorwa bikorerwa ku butaka kwitondera ibikorwa byo kubaka amazu ku butaka buhingwaho mu rwego rwo kwagura ibishushanyo mbonera by’imijyi.
Bamwe mu baturage bakomeje gushyikiriza inteko ishinga amategeko ibyifuzo byabo by’uko ingingo ya 101 y’itegeko nshinga ivuga kuri manda za Perezida zahindurwa, baratangaza ko abagize iyi nteko nibatubahiriza ibyifuzo byabo bazabatera ikizere kuko ari bo babashyizeho.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sports Kayiranga Baptista asanga mu bifashije ikipe ya APR Fc lwegukana igikombe cya Shampiona y’umwaka w’imikino wa 2014/2015 harimo no kuba amakipe atandukanye yaragize ibibazo byo kubura abakinnyi mbere y’uko Shampiona itangira
Urubyiruko rwo mu karere ka Burera rurasabwa kubakira ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda mu rwego rwo kubaka ubunyarwanda buzira icyo ari cyose cyatuma Abanyarwanda basubira inyuma.
Kuri uyu wa gatanu taliki ya 15 Gicurasi 2015 nibwo ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiona y’uyu mwaka mu gihe hasigaye umunsi umwe ngo Shampiona irangire
Kuri uyu wa 14 Gicurasi 2015, umugabo w’imyaka 45 y’amavuko witwa Ndirerere Samuel wari utuye my Kagari ka Mberi mu Murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro yibye inyama itogosheje ayimize bunguri imuhagama mu muhogo yitaba Imana.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, Rwanda Revenue Authority/RRA cyatangaje ko inzoga bakunze kwita suruduwire (sealed well) n’izindi nkayo, zigiye kurushaho guhenda nk’uko bigenda ku bindi bicuruzwa bisoreshwa by’umwihariko, mu rwego rwo gukumira kwangirika k’ubuzima bw’abaturage.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko kuba harashyizweho gahunda y’amarushanwa “Amashuri Kagame Cup” bizafasha abana bakiri bato kugaragaza impano zabo, no guca ukubiri no guhaha abakinnyi hanze y’igihugu bagakina mu Rwanda.
Mujyambere Louis de Montfort, Umuyobozi ushinzwe Ubucuruzi muri Cogebanque, aratangaza ko Cogebanque yoroheje uburyo bwo kwishyura amazi WASAC, aho nta mufatabuguzi wa WASAC uzongera gutonda umurongo ngo atinde, ategereje kwishyura.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe ngo bakomeje kugaragaza ubushake buke bwo kwishyura miliyoni 94 z’ifumbire bahawe na Minisiteri y’ubuhinzi (MINAGRI) bitwaje ko ari impano ya Leta.
Gahungu Enock ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyagatare nyuma yo gukubita umugore we Mukanziza Juliet ishoka mu mutwe, ubu akaba arwariye mu bitaro bya Nyagatare.
Itsinda ry’abashoramari umunani baturuka mu gihugu cya Turukiya bagiriye urugendo mu Karere ka Bugesera kuri uyu wa 15 Gicurasi 2015 bagamije kureba aho bashora imari.
Ku wa kane tariki ya 14 Gicurasi 2015, Umugore witwa Mukamurara Clementine utuye mu Kagari ka Mataba mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi yafatanywe udupfunyika tw’urumogi ibihumbi bibiri avuga ko yari arushyiriye uwitwa Mahoro Angélique ngo atumurangurire, bose batabwa muri yombi.
Nubwo bitoroshye kwemeza ko Umunyamerikakazi, Adrianne Lewis ari we ufite ururimi rurerure ku isi, we avuga ko yumva ku isi nta wa muhiga mu kugira ururimi rurerure.
Mu Ishuri rikuru ry’Abalayiki b’Abadivantiste rya Kigali (INILAK) ishami rya Nyanza riherereye i Busasamama mu Marere ka Nyanza habereye umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 nubwo iri shuri ryashinzwe nyuma y’ayo mahano ya Jenoside.
Shumbusho Seth w’imyaka 29 y’amavuko, umucungamutungo w’ikigo nderabuzima cya Gitoki, giherereye mu Murenge wa Gitoki mu Karere ka Gatsibo, afungiye kuri sitatiyo ya Polisi ya Kabarore akekwaho kunyereza amafaranga y’icyo kigo ari hagati ya miliyoni 2 n’ibihumbi 500 na miliyoni 3 z’amafaranga y’u Rwanda.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze rwahamije icyaha abantu 14 muri 16 bakekwagaho gukorana n’Umutwe wa FDLR, abandi babiri bagirwa abere.
Madamu wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Jeannette Kagame, ngo kuba ari umubyeyi birushaho kumuha imbaraga zo kuyobora no guteza imbere umuryango Imburo Foundation.
Kuri uyu wa kane. kuri Stade ya kicukiro ikipe ya Police Fc yatsinze ikipe ya Rayon Sports ibitego bibiri kuri kimwe ku mukino w’umunsi wa 25 wa Shampiona, mu gihe kunganya hagati ya AS kigali na Gicumbi byahise biha APR Fc igikombe cya Shampiona.
Abaturage basenyewe n’umuyaga mu kwezi kwa Mata 2015 barasaba Misitiri y’ Ibiza no gucyura Impunzi, MIDIMAR, kubafasha kubona isakaro kuko n’amatafari ari kubakwa ari gusenywa n’imvura.
Abaturage bo mu byiciro bitandukanye mu Karere ka Kayonza, tariki 14 Gicurasi 2015, bashyikirije umuyobozi w’akarere, Mugabo John, amabaruwa bandikiye inteko ishinga amategeko, basaba ko ingingo y’101 y’itegeko nshinga ry’u Rwanda yavugururwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’ Imisoro n’Amahoro (Rwanda Revenue Authority/RRA) cyaburiye abajyanama b’abacuruzi mu bijyanye no gusora, ko abazafatwa bafatanyije n’abacuruzi kwanga gutanga imisoro ya Leta, bazahanwa kimwe nk’abo bagiriye inama.
Bamwe mu bakora ku nyubako y’ibiro by’Akarere ka Kamonyi biri kubakwa i Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, tariki 14 Gicurasi 2015, bahagaritse akazi kuko bategereje guhembwa bagaheba, bakaba bafite impungenge ko inyubako nimurikirwa ubuyobozi Rwiyemezamirimo ubakoresha azigendera bakabura ubishyura.
Umutoza w’ikipe ya Vital’o Fc, Kanyankore Gilbert Yaounde yamaze guhungana umuryango we mu Rwanda Kubera ibibazo by’umutekano muke uri mu gihugu cy’u Burundi.
Umuhanzi Patrick Nyamitali yashyize hanze indirimbo yise “Nguhobere” ngo aririmbamo ibyamubayeho, aho ngo yabonye umukobwa akamubenguka ariko nyuma ntibongere kubonana.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yashyikirije inkunga ishuri ryisumbuye Gatolika rya Runaba (ES Runaba) riherereye mu Kagari ka Rusumo, Umurenge wa Butaro, Akarere ka Burera riheruka kwibasirwa n’inkongi y’umuriro tariki ya 10 Gicurasi 2015, icumbi ry’abahungu n’ibyarimo byose bigashya.
Nyuma y’uko u Rwanda rutangiye gukwirakwiza umuyoboro wa interineti yihuta wa 4G LTE hirya no hino mu gihugu ku bufatanye na Korea Telecom; kuri ubu uyu mushinga wamaze kwegukana igihembo mpuzamahanga.