Abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’umurenge wa Tabagwe mu karere ka Nyagatare bemeza ko umuco waharangagwa wo guterura wahacitse.
Umucungamutungo (comptable) w’ishuri rya G.S Bare iri mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, Niyitegeka Emmanuel, ari mu maboko ya police station ya Mutendeli, nyuma yuko atorotse mu kwezi kwa 11 umwaka wa 2013 hafashwe sima yari yagurishije zubakishwaga kuri iri ishuri.
Umwana w’imyaka 10 witwa Zobe Gentille na murumuna we Nshuti Fille w’imyaka 7 barohamye mu mugezi wa Rusizi ya mbere mu kagali Gahinga mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi bahita bitaba Imana ahagana saa tanu n’igice zo kuwa 06/07/2014.
Umunya Serbia Novak Djokovic yagukanye igikombe cya Wimbledon ku nshuro ya kabiri mu mateka ye ubwo yatsindaga ku mukino wa nyuma igihanganye Roger Federer amaseti 6-4, binamuhesha guhita afata umwanya wa mbere ku isi, awusimbuyeho Rafael Nadal.
NIBAN WINE Company Ltd ni sosiyete ikorera mu karere ka Rutsiro ahitwa mu Gisiza igizwe ahanini n’urubyiruko ikaba yarazanye agashya ko gukora inzoga n’umutobe mu bisheke mu rwego rwo gushaka igisubizo ku rutoki rwari rumaze gucika biturutse ku ndwara ya kirabiranya.
Ikipe ya APR Volleyball Club yiyongereye amahirwe yo kwegukana igikombe cya shampiyona uyu mwaka, ubwo yatsindaga mukeba wayo Rayon Sport Volleyball Club amaseti 3-1 mu mukino wa shampiyona wabereye kuri stade ntoya i Remera tariki 5/7/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Burera, Sembagare Samuel, arashishikariza abaturage bo muri ako karere guhindura imyumvire baharanira kugera ku iterambere rirambye kandi bakarwanya n’ubujiji kuko aribwo bazaba bibohoye 100%.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka yo mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hafungiye umusore witwa Niyonzima Dominique usanzwe akora ku bitaro bya Kigeme muri serivisi yo gupima ibizamini (laboratoire), akekwaho kwiba ibikoresho n’imiti byifashishwa mu gukora ibizamini binyuranye ku barwayi bagana ibyo bitaro.
Mukarugomwa Immaculee watashye mu Rwanda mu mwaka wa 2011 agasanga hari ibitandukanye n’ibyo yigishijwe mu buhunzi mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo yahise afata umwanzuro wo gufasha Abanyarwanda bari mu buhunzi gutaha.
Sina Gerome, rutahizamu wa Police FC, yahamagawe mu bakinnyi 30 barimo kwitegura gukina umukino wa gicuti na Gabon, uzatuma bitegura neza guhura na Congo Brazzaville mu mukino wo gushaka itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi buratangaza ko bwihaye gahunda ko umwaka wa 2018 uzasanga nta muturage wo muri ako karere uzaba agikennye ku buryo yaba agikeneye kwishyurirwa iby’ibanze nkenerwa kugira ngo ashobore kubaho.
Gukomeza gusigasira no kubumbatira ibyiza igihugu kimaze kugeraho, nibwo butumwa bwahawe abaturage b’Akarere ka Gatsibo ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye ingoma y’igitugu.
Abagore ngo ntibagomba kuvuga ko bahawe agaciro kuko bagasanganwe, ahubwo ngo Leta yashyizeho gahunda zituma bacya, ka gaciro gatangira kugaragara, nk’uko Perezida wa Repubulika Paul Kagame yabibamenyesheje mu birori bateguye byo gushima ingabo zabohoye u Rwanda.
Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 ishize ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ubutegetsi bw’igitugu bwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere ka Gakenke ho ngo kwibohora kwiza ni uguhitamo gukunda igihugu bishakamo ibisubizo.
Ubwo abahanzi 10 bahatana mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bari mu mujyi wa Musanze, kuri uyu wa gatandatu tariki 05/07/2014 bagaragaraje ko bamaze gutera intambwe igaragara mu gukora umuziki w’imbonankubone uzwi nka live mu rurimi rw’icyongereza.
Abahinzi b’umuceri bo mu makoperative atandukanye akorera mu karere ka Bugesera bashinja ubuyobozi bw’abo ko bwagiranye amasezerano n’uruganda Mayange Rice meal butababwiye none rukaba rutanga amafaranga make bikaba bigiye gutuma bahomba.
Abaturage bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, barasabwa kutazatatira igihango bagiranye n’ingazo zari iza RPA/RPF Inkotanyi ngo babe bakorana n’abashaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Abanyarwanda bibohoye ubutegetsi bwababibyemo amacakubiri, agasozwa na Jenoside yakorewe Abatutsi, Abashigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Kamonyi baratangaza ko Leta y’Ubumwe iyobowe na FPR Inkotanyi yababohoye ku kunenwa bakorerwaga n’ibindi byiciro by’Abanyarwanda.
Ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye, umwe mu baturage b’akarere ka Rwamagana yavuze ko ibyiza Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda yakoze nyuma yo guhagarika Jenoside no kubanisha neza Abanyarwanda bigatuma biteza imbere, ngo bituma abona ko igera ikirenge mu cy’Imana ngo kuko Imana itarobanura ku (...)
Abatuye akarere ka Muhanga barishimira byinshi bamaze kugeraho nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye, bamwe bakaba bahamya ko imiyoborere myiza yatumye bava mu bukene bakiteza imbere.
Umukozi w’umurenge wa Kinazi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Musa Bonfils Robert na Ndatemungu Reverie umucungamutungu wa sacco “imboni y’amajyambere” y’umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana bakurikiranyweho kunyereza amafaranga angana na miliyoni 5 n’ibihimbi 750 (...)
Mu gihe Abanyarwanda hirya no hino bizihizaga imyaka 20 ishize ingabo zahoze ari RPA zahagarikaga Jenoside yakorerwaga Abatutsi, abaturage bo karere ka Nyamasheke bahuriye mu midugudu yabo bahabwa ibiganiro ndetse baranasabana.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Volvo ifite plake za T257BRX yavaga mu gihugu cya Tanzania yerekeza mu murwa mukuru w’u Rwanda Kigali,yatahuwemo imifuka ine y’urumogi ipima hagati y’ibiro 150 na 200 ubwo yari igeze mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe kuri uyu wa gatanu tariki 4/7/2014.
Urubyiruko cyane cyane abakiri mu ishuli rurasabwa kwibohora ibiyobyabwenge rwita ku masomo ruharanira guteza imbere igihugu, nk’uko rwabisabwe ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye.
U Rwanda ruri mu ibihugu 10 bya mbere ku isi byateye intambwe igaragara mu kugabanya impfu z’umwana n’umubyeyi, nk’uko bigaragara muri Muri raporo iheruka gushyirwa ahagaragara mu nama y’ubuzima yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ibigaragaza.
Mugitondo cyo kuwa 4/7/2014 mu masaha ya saa kumi nebyiri za mu gitondo, mu gishanga cy’umwesa kiri mu murenge wa Mwogo mu karere ka Bugesera, hatoraguwe umurambo w’umwana witwa Ndayambaje Jean de Dieu ufite imyaka 20 y’amavuko.
Ikipe y’igihugu y’U Budage yamaze kugera muri ½ cy’irangiza mu gikombe cy’isi gikomeje kubera muri Brazil nyuma yo gutsinda u Bufaransa igitego 1-0, muri ½ cy’irangiza. Ikazahura na Brazil nayo yasezereye Colombia iyitsinze ibitego 2-1 ku wa gatanu tariki ya 4/7/2014.
Umushoramari David Banusan ukomoka muri Israel ariko akaba afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yashyikirije akarere ka Gasabo inkunga ya miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda yemeye yo gusana amazu y’abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abatuye umurenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma barishimira ko nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rwibohoye umwanzi,ubu bo bamaze kugera kuri byinshi mu kuvugurura ubuhinzi byatumye bibateza imbere bibohora ubukene n’inzara.
Ambasade y’u Rwanda mu Buyapani yateguye ibirori byo kwizihiza imyaka 20 u Rwanda rumaze rwibohoye. Umuhango witabiriwe b’inzego za Leta, abahagarariye ibihugu byabo mu Buyapani, abikorera ku giti cyabo, inzobere mu bijyanye n’uburezi, abahagarariye sosiyete sivili, na bamwe mu Banyarwanda batuye muri iki gihugu.
Isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika ryagombaga kubakwa mu mwaka wa 2014 ariko ntibize gushoboka biturutse ku mushoramari wahagaritse umushinga waryo, ubu noneho ngo rizubakwa mu mafaranga agaragara mu ngengo y’imari y’umwaka wa 2014-2015.
Abaturage bo mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bavuga ko kwibohora bifite icyo bivuze ku buryo bwihariye ku ruhande rwabo, kuko aho batuye hamaze kuba umujyi kandi barahatuye ari ishyamba batanakeka ko ubuzima bwaho bwashoboka.
Col. David Ngarambe ukuriye brigade ya 305 ikorera mu Turere twa Musanze na Burera, atangaza ko abantu bagifite ibitekerezo by’amacakubiri nk’ibya FDLR bakwiye kubireka kuko, kwibohora nyako kw’Abanyarwanda ni ukubakira ku bunyarwanda, abenegihugu bagatahiriza umugozi mu kubaka igihugu cyabo bose bibonamo.
APR FC ku nshuro ya munani yegukanye igikombe cy’Amahoro nyuma yo gutsinda Police FC igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku wa gatanu tariki ya 4/7/2014.
Mu kwizihiza isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 20, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye Abanyarwanda n’Abanyafurika muri rusange kwiyemeza inshingano zo gukorera ibihugu byabo badatinya kandi batisuzugura, kuko ngo ingaruka zirimo ubukene no guteshwa agaciro ari bo zigeraho.
Mu birori byo kwizihiza imyaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ku rwego rw’akarere ka Nyanza haturikijwe inzoga yo mu bwoko bwa champagne ndetse hanakatwa umugati w’iyi sabukuru mu birori byabereye kuri Stade y’aka karere tariki 04/07/2014.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/07/2014, u Rwanda rurizihiza isabukuru y’imyaka 20 ishize ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zibohoye u Rwanda ubutegetsi bw’igitugu bagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi. Twabahitiyemo amafoto yerekana uko ibirori byifashe hirya no hino mu turere.
Mu kiganiro umuyobozi w’akarere ka Kamonyi, Rutsinga Jacques yagiranye n’abanyamakuru, kuri uyu wa kane tariki 3 Nyakanga 2014 yagaragaje impinduka zagaragaye mu iterambere ry’aka karere, ibyo kakabikesha imiyoborere myiza yaranze igihugu mu myaka 20 u Rwanda rwibohoye.
Inkeragutabara 20 zirishimira ko zijihije umunsi wo kwiboro ku nshuro ya 20 zifite icyo zimaze kwigezaho mu rwego rw’iterambere. Ibi zabitangaje tariki ya 03/04/2014, ubwo zari zimaze kuremerwa inka na Koperative y’Inkeragutabara “Imbere Heza” ikorera mu karere ka Ruhango.
Ntirumenyerwa Yozefu uzwi ku izina rya Rwamahina arashimira umuturage witwa Nsengimana Pascal wamugiriye impuhwe nyuma yo kubona uburyo yari abayeho mu bukene, akamwubakira inzu akayimuha ku buntu hamwe n’ubutaka buyikikije.
Abayobozi b’imijyi ihuza ibihugu bivuga Igifaransa mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bashyizeho ihuriro rizabafasha gukemura ibibazo biboneka ku mipaka ihuza ibihugu bimwe na bimwe muri uyu muryango.
Madame Jeannette Kagame arashima abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi uburyo bitwaye muri iyi myaka 20 kuko bagaragaje ubutwari budasanzwe bakemera kwikorerera umutwaro uremereye w’amateka y’igihugu.
Urubyiruko rutandukanye rwaturutse muri za kaminuza zo mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’iburasirazuba (EAC) rurasabwa kurwanya Jenoside n’uburyo bwose bukoreshwa mu kuyipfobya.
Inama yaberaga i Kigali yiga ku miyoborere ishingiye kuri demokarasi muri Afurika, Asia n’uburasirazuba bwo hagati (ICDGAAM), yashojwe tariki 02/7/2014 hemejwe ko n’ubwo amahame ya demokarasi ari amwe ku isi hose, agomba gushyirwa mu bikorwa hakurikijwe imiterere n’imibereho byihariye bya buri gihugu.
Abaturage bo mu karere ka Gicumbi barishimira ibyo bamaze kugeraho mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye ariko by’umwihariko bagashima uburyo umutekano w’u Rwanda ucungwa kuko usanga nta muturage ukorerwa ihohoterwa iryo ariryo ryose.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, aravuga ko kuba Afurika ivugwamo ibibazo by’urusobe biterwa no kuba abayobozi n’urubyiruko badakora ibikwiye mu kubicyemura ndetse uru ruhare ngo abayobozi n’urubyiruko barusaranganyije ku gipimo cya 40 na 60%.
Mu ngengo y’imari y’akarere ka Ngoma y’umwaka wa 2014-2015 hashyizwemo miliyoni 28 zo gukora inyigo yo kubaka urwibutso rwa Jenoside rwa Kibungo mu rwego rwo guha icyubahiro abahashyinguwe bazize Jenoside no kubungabunga amateka ya Jenoside mu gihe kirekire.
Nyuma y’uko bimuwe mu isoko basanzwe bakoreramo kugira ngo ryubakwe mu buryo bugezweho, abacuruzi bakorera mu isoko rya Kabacuzi riri mu mujyi wa Nyamagabe baratangaza ko basabwa amafaranga arenze ayo bari basanzwe bishyura, bagasaba ko yagabanywa kugira ngo babashe kubona inyungu.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarucyamo ya gatatu mu kagali ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga binubira urusako rw’imashini ziswa ibigori rubabuza gusinzira ibi bikaba bimaze igihe kinini.
Okoko Godefroid wari usanzwe atoza ikipe ya Amagaju F. C. agiye gutoza ikipe ya Musanze FC mu gihe cy’umwaka umwe nyuma y’uko umutoza mukuru n’umutoza wungirije ndetse na kapiteni w’ikipe birukanwe mu kwezi kwa Mata uyu mwaka bashinjwa imyitwarire mibi.